Posts

Showing posts from April, 2020

Niba imfatiro zishenywe, Umukiranutsi yakora iki?

Image
Iriburiro Zaburi ya 11 bigaragara ko yanditswe Dawidi arimo kugirwa inama yo guhunga abanzi be. Abasesenguzi ba Bibiliya nti bavuga rumwe ku banzi Dawidi yarimo abwirwa guhunga. Kuri bamwe iyi Zaburi yanditswe ubwo Dawidi yahungaga Sawuli, kubandi yanditswe igihe yahugaga umuhungu we Abusalomo.   Ariko kuritwe icyo dushyize imbere ni uko Dawidi yarimo agirwa inama yo guhunga abanzi be. Sawuli yari sebukwe wa Dawidi, mu gihe Abusalomo yari umuhungu we. Biratangaje ko abanzi Dawidi yagize bari abo mu muryango, mu rugo rwe. Reka dusome iyi Zaburi: Uwiteka ni we mpungiraho. Mubwirira iki umutima wanjye muti “Hungira ku musozi wanyu nk'inyoni?” 2Kuko abanyabyaha bafora umuheto, Batamikira umwambi mu ruge, Kugira ngo barasire mu mwijima abafite imitima itunganye. 3Niba imfatiro zishenywe, Umukiranutsi yakora iki? 4Uwiteka ari mu rusengero rwe rwera, Uwiteka intebe ye iri mu ijuru, Amaso ye areba abantu, imboni ze zirabagerageza. 5Uwiteka agerageza abakiranutsi, Ariko umunyaby...

“NDI UWO NDI WE.”‘NDIHO no muri iki gihe cya koronavirusi.'

Image
IRIBURIRO  Intego Nkuru: "Imana irikutubwira ngo, mbere ya COVID-19 NDIHO, Muri iki gihe COVID-19 ihangayikishije isi NDIHO, nyuma ya COVID-19 NDIHO." Nyuma y'imyaka 430, Abisirayeli bari muburetwa mu gihugu cya Egiputa Imana yasohoje ibyo yari yaravuze yohereza Mose kujya kubakura mu buretwa. Kuva igice cya 3 niho tubona Imana ivugana na Mose ubwo yamutumuga ku Bisirayeli bari muri Egiputa.  "NDI UWO NDI WE." 7 Uwiteka aramubwira ati “Ni ukuri mbonye kubabara k'ubwoko bwanjye buri muri Egiputa, numvise gutaka batakishwa n'ababakoresha uburetwa, kuko nzi imibabaro yabo.  8 Kandi manuwe no kubakiza mbakure mu maboko y'Abanyegiputa, mbakure muri icyo gihugu, mbajyane mu gihugu cyiza kigari, cy'amata n'ubuki, gituwemo n'Abanyakanāni n'Abaheti n'Abamori, n'Abaferizi n'Abahivi, n'Abayebusi.  9 Nuko dore gutaka kw'Abisirayeli kwangezeho, kandi nabonye agahato Abanyegiputa babahata.  10 Nuko none ngwino ...

Icyo Yesaya 41 itwigisha muri iki gihe cya Koronavirusi.

Image
 IRIBURIRO  Yesaya ni umuhanuzi wahanuye mu buryo bukomatanya abantu bo mu bihe bitandukanye. Hari aho ahanura avuga Abisirayeli nk’ubwoko bwihariye, ahandi agahanura avuga Isirayeli nk’ubwoko bw’Imana. Iteka muri Bibiliya igihe cyose uzabona havugwa urubyaro rwa Aburahamu uzitonde usome neza, kuko akenshi baba bavuga abantu bose bizera Imana. Aha muri iki gice cya 41, Yesaya ahanurira urubyaro rw’Aburahamu, abantu b’Imana, ntabwo avuga Abisiyeli nk’abene Yakobo gusa. Ubwo nasomaga Yesaya igice cya 41, nabonyemo amasomo atatu y’ingenzi twakiga cyane muri iki gihe isi yugarijwe na Koronavirusi.   Aya masomo twiga muri iki gice ari budufashe kumva neza intego nkuru y’iki cyigisho. Intego Nkuru: “ Reka guhanga amaso ibibazo ureba gukomera kwabyo, ahubwo hanga amaso Imana urebe gukomera kwayo kugaragarira mu ntege nke zacu abana ba bantu.” 1.       Koronavirusi iratwibutsa ko Imana ariyo yaremye byose bityo ko ishobora no guhagarika b...

PASIKA: 'MWITINYA'

Image
IRIBURIRO  Uyu munsi hirya no hino ku isi Abakristo turizihiza Pasika, tuzirikana ko Yesu yapfuye agahambwa maze kuwa mbere w'iminsi irindwi, ariho ku munsi w'Umwami, urupfuYesu ararutsinda arazuka. Abanditsi bu Butumwa bwiza bose (Matayo, Mariko, Luka na Yohana) bavuze ku izuka rya Yesu. Uyu munsi bitewe ni bihe turimo, reka twifashishe Matayo igice cya 28, turebe ubutumwa butabwira ngo "MWITINYA."   INTEGO NKURU: WITINYA KUKO YESU  WATSINZE URUPFU, ARIWE UFITE UBUTWARE BWOSE MU ISI NO MU IJURU KANDI ARI KUMWE NATWE KUGEZA KU MPERUKA Y'ISI.  Mu materaniro twakoze mu rugo, twaganiriye ku butumwa bwatanzwe Yesu akimara kuzuka, butubwira ngo  'MWITINYA.' Twasanze hari impamvu enye z'ingenzi Abizera Yesu Kristo tudakwiye gutinya. Turi mu gihe isi yose yugarijwe nicyorezo cya COVID-19, hirya no hino hari amarira, ubwoba no kwiheba. Ariko uko biri kose uyu munsi twibuka izuka rya Yesu ubutumwa duhabwa buratubwira ngo 'MWITINYA.' Rek...

PASIKA: YOSEFU UMUNYARIMATAYA URUGERO RWIZA RWO GUKORESHA UMWANYA N'UBUTUNZI KU MURIMO WO KURAMYA IMANA

Image
IRIBURIRO  Mu mwaka itatu Yesu yamaze akora umurimo we wo kwigisha ubutumwa bwiza bw'Ubwami bw'Imana, benshi baramukurikiye. Muri abo benshi harimo abigishwa be batandukanye, bivuze abakurikiraga inyigishoze ku buryo buhoraho. Muri abo bigishwa kandi nimo yatoranije Intumwa 12 harimo na Yuda Isikaliyoti wa mugambaniye. Intumwa 12 zari mu bigishwa ba Yesu bari bazwi cyane kandi bahoranaga nawe. Mbere yo kubambwa Petero wa kundaga kuvuga cyane yari yiyemeje ko ari bubane na Yesu kugeza ku gupfa. Ariko byarangiye Petero amwihakanye gatatu nk'uko Yesu yari ya bimubwiye. Ikindi ni uko ubwo Yesu yafatwaga abigishwa be batatanye. Na bakurikiranye ibyari birikuba kuri Yesu bagendaga bihishe.  Ubwo Yesu yari yatereranywe n'abigishwa bahoranaga nawe, nibwo umwigishwa we utari uzwi yigaragaje.   42 Bugorobye kuko wari umunsi wo Kwitegura, ari wo munsi ubanziriza isabato,  43 Yosefu Umunyarimataya, umujyanama w'icyubahiro kandi na we yategerezaga ubwami bw'Imana, ara...

PASIKA: BISOBANUYE IKI KUBA UMWENDA UKINGIRIZA AHERA CYANE WARATABUTSEMO KABIRI.

Image
IRIBURIRO  Hari ibitangaza byabaye Yesu akimara gupfa ku musaraba: Umwenda ukingiriza Ahera cyane watabutsemo kabiri, habaye ubwira kabiri, umutingito, ibituro by'abera birakinguka abera benshi barazurwa, umutware w'abasirikare ahamya ko Yesu yari Umwana w'Imana (Matayo 27:51-54). Kuri uyu mugoroba benshi twita umugoroba wera, cyangwa mutagatifu, reka turebe igisobanuro cyo gutabukamo kabiri ku mwenda ukingiriza Ahera cyane.  1. Umwenda ukingiriza ahera cyane   Ubwo Imana yahaga Mose amabwiriza yo kubaka Ihema ry'ibonaniro yamubwiye ibizakenerwa byose, uko Ihema rizubakwa, imubwira no kuzashyiraho umwenda ugabanya ahera na Hera cyane. Bivuzeko Ihema ry'ibonaniro ryari rifite ahera ariko rikagira na Hera cyane (Kuva 26:33-37). Ahera cyane niho hashyirwaga isanduku y'isezerano, ikindi ni uko hatagerwaga nuwo ariwe wese (Kubara 18:1-7).  Ahera na Hera cyane hagerwaga na batambyi gusa mu gihe cyose isanduku y'Imana yari ikiri mu Ihama ry'ibo...

PASIKA: IGISOBANURO CY'IBITI BIBIRI BIGIZE UMUSARABA YESU YABAMBWEHO

Image
IRIBURIRO   Muri gahunda y'inyigisho zitegura Pasika, uyumunsi turareba ubusobanuro bw'ibiti bibiri byari bigize umusaraba Yesu yabambweho. Umusaraba Yesu yabambweho wari ugizwe n'ibiti bibiri: kimwe gihagaritse n'ikindi gitambitse. Ese ibi byari ibiti gusa, Cyangwa bifite icyo bivuze? Ibi biti byombi hari icyo bivuze, ntabwo byari ibiti gusa.  " Ariko ibyo byose bituruka ku Mana yiyunze natwe ku bwa Kristo, ikaduha umurimo wo kuyunga n'abandi ." (2Abakorinto 5:18)  1. Igiti gihagaze   Igiti gihagaze gishushanya kungwa n'Imana, kongera guhuzwa n'Imana. Ejo twabonye ko intego y'umusaraba wa Yesu harimo kuduhuza, kongera gusana imibanire y'abantu n'Imana. Iki giti gihagaze cy'umusara gishushanya ikiraro kinduhuza n'Imana.  2. Igiti gitambitse  Ntabwo Yesu yazanywe no kuduhuza n'Imana gusa, ahubwo yazanywe no kuduha umurimo wo kunga abantu n'Imana. Igiti gitambitse gishushya umurimo wo kunga Imana n...

PASIKA: INTEGO Y'UMUSARA WA YESU

Image
IRIBURIRO  Abantu mo mu bihe bitandukanye bagiye barangwa no kugira uburyo butandukanye bwo guhana abanyabyaha, abagizi banabi. Ubwami bwa Baromani nibwo bwari bukomeye mu gihe Yesu yari ku isi nki Mana yigize umuntu. Abagome, abicanyi, abambuzi mbese abanyabyaha ruharwa, bahanishwaga igihano cyo kwicwa babambwe ku musaraba. Nubwo Pilato yahamije ko nta cyaha Yesu yakoze, kandi koko yari Uwera, urupfu abagome bicwaga nirwo Yesu yapfuye. Umunsi abambwa yari hagati y'abambuzi  babiri, umwe ahitamo ku mwizera undi kumushinyagurira. Akiri ku musaraba Yesu yatangiye umurimo we wo kunga abantu n'Imana, ubwo yizezaga igisambo cy'ihannye ko bari bubane muri Paradizo. Ese uru rupfu rubi rwo kubambwa ku musaraba Yesu yapfuye, rwari rugendereye iki? Intego yarwo yari iyi he?    INTEGO Y'UMUSARA WA YESU Dore intego zimwe mu zatumye Yesu, utarigeze gukora icyaha yemera kubambwa ku musaraba:  1.  Kudusongorerera ku rupfu : " ahubwo tubona Yesu wacish...

PASIKA: YESU NIWE GITAMBO CYARI GIKWIYE

Image
IRIBURIRO  Uyu munsi Abanyarwanda aho bari hose, mu Rwanda no hanze twatangiye icyumweru cyo kwibuka Jenosida yakorewe Abatutsi mu 1994.  Nk'uko mu Ijambo rye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda yavuze,"Uyu munsi turibuka amahano twanyuzemo, n'ibyo twatakaje, umuntu ku giti cye, n'Igihugu. Tuzakomeza kwigisha Abanyarwanda babyiruka ubu, n'abazakurikiraho, ibyabaye ku Gihugu cyacu, n'amasomo twabikuyemo." Nk'Abanyarwanda reka dukomeze gushyigikira ubumwe bwacu no gushyira hamwe kugirango dukomeze kubaka igihugu kitarangwamo amacakubiri. Iki cyumweru kandi ni icyumweru Abakristo tuzirikana ugupfa no kuzuka kwa Yesu wa tubereye igitambo gikwiye.  Urukundo Yesu yagaragaje atwitangira tukiri abanyabyaha reka ruturange aho turi hose. 1. Amaraso y'inyamaswa ntiyabashije kuba igitambo gikwiye  Ejo hashize twabonyeko Yesu yatambwe isi ikiremwa. Uyu munsi reka tureba kuki hari hakanawe igitabo? Kuki Yesu ariwe gitambo cyari gikene...

PASIKA: YESU YATAMBWE ISI IKIREMWA

Image
IRIBURIRO  Ku Cyumweru kuwa 12/04/2020, Abizera Yesu Kristo hirya no hino ku isi bazizihiza umunsi mukuru ukomeye cyane uzwi nka Pasika. Pasika ni ishingiro ry'ubukristo, Bibiliya igitabo gikoreshwa na bizera bose gikubiyemo inkuru imwe gusa: " Yesu n'Umurimo we kuva  ku kuremwa ku isi ku geza ubwo azagaruka eje gushyiraho iherezo." Bityo kuko Pasika irenze kwibuka gupfa no kuzuka kwa Yesu,dukwiye gufata umwanya tukiga Ijambo ry'Imana kugirango dukomeze kumenya no gusobanukirwa Pasika neza. Reka uyu munsi duhere ku kureba ubuhanuzi bw'umusaraba.  Yesu yatambwe isi ikiremwa Kuri benshi ubu hashize imyaka 2020, Yesu abambwe, agapfa agahambwa nyuma y'iminsi itatu akazuka. Ubyemera utabyemera ibi ni ukuri kandi ibimenyetso bifatika bibyerekana birahari kugeza uyu munsi: Imva ya hambwemo, imyenda yari yambaye imwe muriyo iracyabitswe kugeza ubu, aho yabaye, yakoreye ibitangaza bitandukanye harasurwa kugeza uyu munsi. Ariko nubwo gushyirwa mu bi...