Niba imfatiro zishenywe, Umukiranutsi yakora iki?
Iriburiro
Zaburi
ya 11 bigaragara ko yanditswe Dawidi arimo kugirwa inama yo guhunga abanzi be.
Abasesenguzi ba Bibiliya nti bavuga rumwe ku banzi Dawidi yarimo abwirwa
guhunga. Kuri bamwe iyi Zaburi yanditswe ubwo Dawidi yahungaga Sawuli, kubandi
yanditswe igihe yahugaga umuhungu we Abusalomo.
Ariko kuritwe icyo dushyize imbere ni uko Dawidi yarimo agirwa inama yo
guhunga abanzi be. Sawuli yari sebukwe wa Dawidi, mu gihe Abusalomo yari
umuhungu we. Biratangaje ko abanzi Dawidi yagize bari abo mu muryango, mu rugo
rwe. Reka dusome iyi Zaburi:
Uwiteka ni we
mpungiraho. Mubwirira iki umutima wanjye muti “Hungira ku musozi wanyu
nk'inyoni?” 2Kuko abanyabyaha bafora umuheto, Batamikira umwambi mu ruge,
Kugira ngo barasire mu mwijima abafite imitima itunganye. 3Niba imfatiro
zishenywe, Umukiranutsi yakora iki? 4Uwiteka ari mu rusengero rwe rwera,
Uwiteka intebe ye iri mu ijuru, Amaso ye areba abantu, imboni ze
zirabagerageza. 5Uwiteka agerageza abakiranutsi, Ariko umunyabyaha n'ūkunda
urugomo umutima we urabanga. 6Azavubira abanyabyaha ibigoyi, Umuriro n'amazuku
n'umuyaga wotsa, Bizaba umugabane mu gikombe cyabo. 7Kuko Uwiteka ari
umukiranutsi,Kandi akunda ibyo gukiranuka, Abatunganye bazareba mu maso he.
(Zaburi 11)
Niba imfatiro zishenywe,
Umukiranutsi yakora iki?
Ubwo
Dawidi yagirwaga inama yo guhungira ku musozi nk’inyoni. Bivuze guhunga
byihuse, Dawidi we yahise asubiza igisubizo cyi kibazo yibaza ku murgo wa 3.
Dawidi atangira avuga ngo “Uwiteka ni we
mpungiraho.” Iyi ni interuro yuzuye kandi yameza. Bivuzeko aha Dawidi yahise
agaragaza ko ntahandi afite ho guhungira urutse ku Mana. Cyane ko ibindi byose
yari yizeye, abantu yari yiringiye, muri make imfatiro zindi yari yubatseho
yabonaga ko zishenywe. Niko kubaza ngo “Niba
imfatiro zishenywe, Umukiranutsi yakora iki?” Aha twavuga ko Dawidi yabajije nka mwarimu,
kuko ngo abarimu nibo babaza ibibazo bazi ibisubizo. Dawidi yari yamaze
kugaragaza neza kandi ashimangira ko asigaranye ahantu hamwe gusa ho guhungira
ko ari ku UWITEKA. Muyandi magambo
mugihe imfatiro zishenywe umukiranutsi icyo akora ni uguhungira ku Uwiteka we
rufatiro rutajya runyeganyezwa. Dawidi yari azi neza ko nubwo ababisha be bari
gufora imiheto, ko Uwiteka ariwe uri kumugerageza. Soma umurongo wa 5 urahita
ubona ko Dawidi avuga uko Uwiteka agerageza abakiranutsi. Wahungirahe handi
uretse ku Uwiteka igihe ariwe ukugerageje? Imana Iberahose icyarimwe,
Ishoborabyose kandi Izibyose niyo yonyine yo kwishingikiriza muri byose, ibihe
byose.
Igihe umugabo w’intwari wishe igihangange
Goriyati yari ageze aho kugirwa inama yo kujya kwihisha, bigaragaza neza ko
imfatiro za Dawidi zigaragarira abantu zose zari zamaze gusenywa. Ariko Imana ishimwe ko Dawidi yari azi neza
ko hari urufatiro abanzi be badashobora gusenya, urwo nta rundi ni Uwiteka.
Pawulo
yandikira Timoteyo amuhugurira kuzibukira amagambo y’amanjwe n’impaka, yageze
aho avuga kurufatiro rugihagaze. “Nyamara urufatiro rukomeye rw’Imana
ruracyahagaze, rwanditseho iki kimenyetso ngo “Uwiteka azi abe”, kandi ngo “umuntu
wese uvuga izina ry’Uwiteka ave mu bidatunganye.” 2 Timoteyo 2:19. Aha Pawulo
ari gutanga ubutumwa bwuzuzanya nubwo Dawidi yatanze. Dawidi yasobanukiwe neza
ko imfatiro zindi abantu yewe n’abakiranutsi binshingikirizaho ko zishobora
gusenyuka, ariko nanone amenya ko hari urundi Rufitiro arirwo Uwiteka,
rugihagaze. Zaburi 11:4-7, usomye amagambo Dawidi akurikiza nyuma yo kubaza
ikibazo usanga ahita yivugira ku gukomera k’Uwiteka. Dawidi ntabwo yigeze agira
uwo yikoma ahubwo yahariye Imana ibibazo bye, yizera ko amaso y’Uwiteka ari
kubakiranutsi kandi ko abakiranutsi bazareba mu maso he. Ariko abanyabaha avuga
neza ko Uwiteka azabatwika mu muriro n’amazuku.
Ubu
turi mugihe twugarijwe nicyorezo cya koronavirusi, aho imfatiro zitandukanye
abantu twari twubatseho zashenywe, zashegeshwe. Turi mu kinyejana cya 21 aho
hari ibintu twari twarimitse twarabihinduye ibigirwamana. Urugero benshi bari
barubatse ubuzima bwabo ku : Ubutware (Power), Amafaranga (Money),
Ubumenyi n’ikoranabuhanga (Science and technology), siporo n’imyindagaduro, n’ibindi byinshi
bishyira imbere ukwigenga kwa muntu. Ariko ibi byose abantu bari barimitse ubu
byashegeshwe, byabategushye. Ubu ibibazo ni byinshi, abantu turi kwibaza icyo
gukora nka Dawidi. Ariko reka twigire kuri Dawidi nabandi batubanjirije mu
rugendo rwo kwizera Imana, tumenyeko urufatiro rukomeye, rutanyegaganya, rudashobora
gusenyuka ari Uwiteka, Yesu Kristo. Bityo reka abe ariwe duhungiraho muri iki
gihe. Mu gihe inshuti, abavandimwe, ababyeyi, abagabo, abagore, abana bacu,
abategeka, abahanga barimo kunanirwa gusubiza ibibazo dufite, Yesu niwe
gisubizo. Ahandi hose twari twubatse ni ku musenyi, urufatiro rwo kwikomezaho,
kubakaho ni Kristo.
Nka
Dawidi hari benshi muri twe bafite izindi mfatiro bubatseho, ariko kuko ibihe
biha ibindi, abantu bahinduka n’ibintu bigahinduka, usanga izo mfatiro
zishenywe. Mu miryango turi kubona tukumva intambara hagati y’abashakanye
kugeza aho kwicana, abana n’ababyeyi barimo kutumvikana kugeza ho bicana. Hirya
no hino havugwa amarozi, ubugambanyi, uko bukeye nuko bwije abantu bararushaho
kuba babi kuko bashaka kuba ibyigenge aho kugengwa n’Imana. indangagaciro
z’umuryango nyarwanda uko bukeye nuko bwije zigenda zisenywa mu izina
ry’uburenganzira bwa muntu. Kuko icyo umuntu abibi aricyo asarura, muri uko
gushaka kwigenga icyo abantu bari gusaruramo, n’impfu, sida n’ibindi byorezo,
gusazwa n’ibiyobyabwenge kuburyo utabona ejo hazaza mu gihe abantu batubatse
kuri Yesu. Nk’uko twabivuze izindi mfatiro zose zaba zubatswe ku ikoranabuhanga
rigezweho, zirasenyuka, bityo niyo mpamvu Dawidi akwiye kutubera urugero rwiza
rwo kubaka kuri Yesu.
Koronavirusi
iri kutwereka neza ko ibindi byose bitari Imana, bigira aho bigarukira. Bigira
igihe ntibibashe kugira icyo bitumarira. Bityo udahinduka ariwe Yesu niwe
dukwiye kubakaho ubuzima bwacu, kuko we no murupfu turajyana cyane ko
yaruhinduye irembo ridukura mu buzima bumwe ritujyana mu bundi bwiza tuzabamo
iteka ryoze.
Uze
gufata umwanya uririmbe indirimbo yi 107 muzo Gushimisha Imana.
Mugire
icyumweru cyiza cyo kwikomeza Kurutare arirwo Yesu.
Pasitori
Kubwimana Joel
Comments
Post a Comment