PASIKA: YESU NIWE GITAMBO CYARI GIKWIYE

IRIBURIRO



 Uyu munsi Abanyarwanda aho bari hose, mu Rwanda no hanze twatangiye icyumweru cyo kwibuka Jenosida yakorewe Abatutsi mu 1994.  Nk'uko mu Ijambo rye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda yavuze,"Uyu munsi turibuka amahano twanyuzemo, n'ibyo twatakaje, umuntu ku giti cye, n'Igihugu. Tuzakomeza kwigisha Abanyarwanda babyiruka ubu, n'abazakurikiraho, ibyabaye ku Gihugu cyacu, n'amasomo twabikuyemo." Nk'Abanyarwanda reka dukomeze gushyigikira ubumwe bwacu no gushyira hamwe kugirango dukomeze kubaka igihugu kitarangwamo amacakubiri. Iki cyumweru kandi ni icyumweru Abakristo tuzirikana ugupfa no kuzuka kwa Yesu wa tubereye igitambo gikwiye.  Urukundo Yesu yagaragaje atwitangira tukiri abanyabyaha reka ruturange aho turi hose.
1. Amaraso y'inyamaswa ntiyabashije kuba igitambo gikwiye 

Ejo hashize twabonyeko Yesu yatambwe isi ikiremwa. Uyu munsi reka tureba kuki hari hakanawe igitabo? Kuki Yesu ariwe gitambo cyari gikenewe? Iyo tuvuze igitambo tuba tuvuga incungu, umuntu cyangwa ikintu kijya mu cyimbo cy'umuntu cyangwa abantu. Muri Bibiliya hari ibitambo by'uburyo bwinshi ariko bigabanywa mu buryo buburi bw'ingenzi: 1. Inyamaswa, 2. Umuntu. Haba ku nyamaswa cyangwa umuntu "ubugingo" ariyo maraso niyo Imana yari yaraganeye kuba ayo gusukwa ku gicaniro. "Kuko ubugingo bw'inyama buba mu maraso, nanjye nyabahereye gusukwa ku gicaniro ngo abe impongano y'ubugingo bwanyu, kuko amaraso ari yo mpongano, ayihindurwa n'ubugingo buyarimo."  (Abalewi 17:11) Umuntu yari yemerewe kurya inyama z'inyamaswa ariko kurya amaraso byo ni ikizira, kuko amaraso ariyo mpongano. Abaheburayo 9:22 haravuga ngo: "kuko ukurikije amategeko ibintu hafi ya byose byezwa n'amaraso, kandi amaraso atavuye ntihabaho kubabarirwa ibyaha." Kugirango habeho kubabarirwa hagombaga kumenwa amaraso y'inyamaswa. Mu Balewi 17, twabonye ko amaraso y'inyamaswa ariyo yari yaragenewe gusukwa ku gicaniro.  Nubwo amaraso y'inyamaswa ariyo yagombaga gusukwa ku gicaniro, ntiyabashije gukuraho ibyaha by'abantu. "4Erega ntibishoboka ko amaraso y'amapfizi n'ay'ihene akuraho ibyaha! 5  Ni cyo cyatumye ubwo Yesu yazaga mu isi avuga ati “Ibitambo n'amaturo ntiwabishatse, Ahubwo wanyiteguriye umubiri. 6Ntiwishimiye ibitambo byokeje,Cyangwa ibitambo by'ibyaha. 7Mperako ndavuga nti ‘Dore ndaje Mana, ( Abaheburayo 10:4-7). Byasabaga ko uko umuntu akoze icyaha hicwa inyamaswa. Imana mu rukundo rwayo, yari yarabonye kuva isi ikiremwa ko abantu batazabasha guhora batamba ibitambo. Ikindi ni uko ibintu byose Imana yaremye irabikunda, ntabwo yari yishimiye ko inyamaswa zihora zicwa kubera ibyaha bya bantu. Bityo hari hakwiye igitambo kimwe kizima gisumba ibindi byose, cyo kuba incungu y'abo mu isi, n'ibyo mu isi byose.  

2. Yesu niwe Gitambo cyari Gikwiye 

Iyo usomye Abaheburayo 9: 15-28, hagaragaza neza uko Yesu ariwe gitambo gikwiye. Hari ibintu bibri by'ingenzi: 1. Hari hakanewe igitambo cyera kandi kiruta ibyari bisanzwe bitambwa. 2. Hari hakanewe igitambo cy'isi yose gitambwa rimwe gusa. "Ni we Imana yashyizeho kuba impongano y'uwizera amaraso ye, kugira ngo yerekane gukiranuka kwayo kwayiteye kwirengagiza ibyaha byakozwe mbere y'icyo gihe, ubwo Imana yabyihanganiraga." (Abaroma 3:25) Uretse kuba impongano y'ibyaha Yesu yaje ngo atwereke gukiranuka kw'Imana. Niyo mpamvu yavuze ko ariwe nzira n'ukuri n'ubungingo. Yesu ntabwo yabaye igitambo nk'inyamaswa zitavugaga, ahubwo yabaye igitambo cy'abantu bose kandi aba uwo kutwereka inzira. Kuba yari Imana yigize umuntu niwe wari ukwiye kandi uhagije kutugarura mu inzira y'ukuri.  

Mu gihe twitegura kwizihiza Pasika, reka dukomeze kuzirikana ko Yesu ataje kuba igitambo gusa, ahubwo ko yazanywe no kutwereka gukiranuka kw'Imana. Kuva Imana iremye umuntu icyo itwifuzaho ni ugurora ibyo gukiranuka. Urugero rwiza kandi rwuzuye rwo gukiranuka ni Yesu, wabaye mu isi ntakore icyaha. Twe nubwo tujya ducumura, reka uko bukeye nuko bwije duharanire gukiranuka. Ubukristo butarimo gukiranuka, kwera ntabwo bwatugeza mu ijuru. Imana irera kandi izegerwa n'abera. Yesu yaratambwe ngo tubone ubungingo, icyo jye nawe dusabwa ni ukumwemera mu buzima bwacu no kugera ikirenge mucye. 

Mu gire umugoroba mwiza. Reka kandi nk'Abanayarwanda dukomeze kuzirikana kwibuka twiyubaka. 

Pasiteri Kubwimana Joel

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'