Icyo Yesaya 41 itwigisha muri iki gihe cya Koronavirusi.
Yesaya
ni umuhanuzi wahanuye mu buryo bukomatanya abantu bo mu bihe bitandukanye. Hari
aho ahanura avuga Abisirayeli nk’ubwoko bwihariye, ahandi agahanura avuga
Isirayeli nk’ubwoko bw’Imana. Iteka muri Bibiliya igihe cyose uzabona havugwa
urubyaro rwa Aburahamu uzitonde usome neza, kuko akenshi baba bavuga abantu
bose bizera Imana. Aha muri iki gice cya 41, Yesaya ahanurira urubyaro
rw’Aburahamu, abantu b’Imana, ntabwo avuga Abisiyeli nk’abene Yakobo gusa. Ubwo
nasomaga Yesaya igice cya 41, nabonyemo amasomo atatu y’ingenzi twakiga cyane
muri iki gihe isi yugarijwe na Koronavirusi.
Aya masomo twiga muri iki gice ari budufashe kumva neza intego nkuru y’iki
cyigisho.
Intego Nkuru:
“ Reka guhanga amaso ibibazo ureba gukomera kwabyo, ahubwo hanga amaso Imana
urebe gukomera kwayo kugaragarira mu ntege nke zacu abana ba bantu.”
1.
Koronavirusi
iratwibutsa ko Imana ariyo yaremye byose bityo ko ishobora no guhagarika byose.
1Mwa birwa mwe,
nimucecekere imbere yanjye, abanyamahanga basubiremo imbaraga nshya bigire hafi
bavuge, maze duterane tuburane. 2Ni nde wahagurukije uva
iburasirazuba, akamuhamagaza gukiranuka ngo agere ku birenge bye. Amugabije
amahanga, amuha gutwara abami, abagabiza inkota ye ibahindura nk'umukungugu,
abagabiza n'umuheto we abahindura nk'ibishingwe bitumurwa. 3Arabirukana
akahanyura amahoro, anyuze mu nzira atigeze gukandagiramo. 4Ni
nde wabikoze akabisohoza, agategeka ibihe uhereye mbere na mbere? Ni jyewe
Uwiteka, uwa mbere n'uw'imperuka. Ndi we.
5Ibirwa byararebye biratinya, impera z'isi zihinda
umushyitsi, abo ku mpera z'isi bigira hafi baraza. 6Umuntu wese
yatabaye umuturanyi we, akabwira mugenzi we ati “Komera.” 7Maze
umubaji akomeza umucuzi, uhwika akomeza ucura akavuga ngo “Ibyuma twabiteranije
neza.” Maze akagikomeresha imisumari ngo cye kunyeganyega.
Uwambere
n’uw’imperuka, Ndi we, ari kutwibutsa ko byose ari we wabiremye. Iki kinyajana
cya 21 turimo kirangwa no kwivuga, kwiyamamaza, gufata isi nkaho ari iyacu.
Ariko ubu abantu bose basabwa kwicara hamwe niwo manya wo kongera gutekereza neza
tukibuka ko hari Gihanga wa hanze byose kandi akaba ari nawe uzashyiraho
iherezo rya byose. Ese ni nde ushobora kwigira hafi ubu akavuga? Ko abakomeye
nabo bavuga ngo “guma mu rugo.” Ubwoba buri hose, abatavuganaga bari kuvugana,
ibihugu bitagiranaga umubano ubu biri kuwugirana. Ubu ntabyo kuvuga ngo Abashinwa ni Abakominisite none twe Abataliyani turi Abakapitalisite ntimuza
kudufasha. Oya ibyo byavuyeho kuko umubaji
ari gukomeza umucuruzi. Aha Yesaya
yavugaga ababaza ibigirwamana, na babigurishaga, kuko byari bya batengushye bagombaga gukomezanya; umubaji w'ibigirwamana agahumuri ubicuruza wahombye. Imbaraga (Power) Amafaranga (money) Ubumenyi na tekinoloji (Science and
technology) byari bimaze kugirwa
ibigirwamana ku isi hose, ariko ubu buri wese byamutengushye bityo ni
ugutabarana, abantu bagakomezanya kuko ibyo bari bishingikirije byabaye ubusa.
2.
Mugihe
isi ihindishwa umushyitsi na Koronavirusi, abizera Imana, urubyaro rwa Aburahumu
turabwirwa ngo ‘witinya.., si naguciye.., ndagutabaye.’
8Ariko weho
Isirayeli umugaragu wanjye, Yakobo natoranije, rubyaro rwa Aburahamu incuti
yanjye. 9Weho nahamagaye, nkagukura ku mpera z'isi no mu
mfuruka zayo nkakubwira nti “Uri umugaragu wanjye, naragutoranije
sinaguciye. 10Ntutinye kuko ndi kumwe nawe, ntukihebe kuko ndi
Imana yawe. Nzajya ngukomeza, ni koko nzajya ngutabara kandi nzajya nkuramiza
ukuboko kw'iburyo, ari ko gukiranuka kwanjye.11“Dore abakurakariye
bose bazakorwa n'isoni bamware, abagutonganya bazahinduka ubusa ndetse
bazarimbuka. 12Abakugisha impaka uzabashaka ubabure, kandi
abakurwanya bazahinduka ubusa babe nk'ibitariho, 13kuko jyewe
Uwiteka Imana yawe nzagufata ukuboko kw'iburyo nkubwire nti ‘Witinya,
ndagutabaye.’ 14Witinya, Yakobo wa munyorogoto we namwe bagabo
b'Abisirayeli, ni jye uzagutabara.” Ni ko Uwiteka avuga kandi ni we Uwera wa
Isirayeli umucunguzi wawe. 15“Dore nzakugira umuhuzo mushya
w'ubugi ufite amenyo, uzahūra imisozi ukayimenagura, n'udusozi ukaduhindura
nk'ibishingwe. 16Uzabigosora umuyaga ubitumure, umuyaga wa
serwakira ubitatanye, nawe uzishimira Uwiteka wiratane Uwera wa Isirayeli. 17“Abakene
n'abatindi bashaka amazi bakayabura ururimi rwabo rukagwa umwuma, jyeweho
Uwiteka nzabasubiza, jyeho Imana ya Isirayeli sinzabahāna. 18Nzazibura
imigezi mu mpinga z'imisozi n'amasōko mu bikombe hagati, ubutayu nzabuhindura
ibidendezi by'amazi, n'igihugu cyumye nzagihindura amasōko. 19Mu
butayu nzahatera imyerezi n'imishita, n'imihadasi n'ibiti by'amavuta, kandi mu
kidaturwa nzahatera ibiti by'imiberoshi n'imitidari n'imiteyashuri
bikurane, 20kugira ngo barebe bitegereze, batekereze bamenyere
hamwe yuko ukuboko k'Uwiteka ari ko kubikoze, kandi yuko Uwera wa Isirayeli ari
we ubiremye.
Urubyaro rwa Aburahamu
ruvugwa aha ni abizera Yesu Kristo nk’Umwami n’umukiza wabo. Mu (Itangiriro 22:
18) tubona Imana ibwira Aburahamu ko mu rubyaro rwe arimo amahanga yose yo mu isi azahererwa
umugisha. Umugisha twaherewe mu rubyaro rwa Aburahamu ni Yesu, kandi abamwemeye
bose bakizera izina rye yabahe
ubushobozi bwo kuba abana b’Imana (Yohana 1:12). Aha ntabwo Imana irikuvuga ko
ibibazo, ibyago bitazagera kubayizera, ahubwo iri kuvuga ngo ‘mwitinya, si
nabaciye, ndi kumwe na mwe, nzajya mbakomeza.’ Ushobora wowe gutekereza ko iki
cyorezo cyari gikwiye kugera ku batizera Imana gusa, oya si byo. N’abizera
Imana kibageraho, yewe ingaruka zacyo zigera kuri twese. Itandukaniro ku bizera
Imana hari isezerano ry’uko Imana izaba iri kumwe natwe, izadufata ukuboko mu gihe
tunyura mu bikomeye. Ikigaragaza ko
ibikomeye, ibyago bigera kuri twese ni uko Imana ivuga ngo “witinya” uhumuriza
ufite ubwoba. Ikindi iravuga ngo “sinaguciye” uha ubutumwa bw’ihumure nk’ubu
umuntu wibwira ko wamukuyeho amaboko. Ikandi
kugira ngo umuntu agera aho gutekereza ko Imana yamukuyeho amaboko ni uko aba
ari mu bikomeye. Imana iravuga ngo “nijye uzagutabara” hatabarwa uri mu kaga,
mu ngorane, mu bibazo. Abizera turi kubwirwa ngo twere gutinya, ntabwo Imana
yatwibagiwe, ntiyaduciye, ahubwo niyo izadutabara. Iki cyorezo kiri kutwereka
neza ko tutarengewe n’Imana nta kindi cyo kuturengera kuko n’abakomeye babuze
ibisubizo.
Ubwo
hirya no hino ibihungu bisaba abantu guhagarika ingendo, imirimo bakaguma mu
ngo, benshi bahita bibaza ngo, ‘abari batunzwe
no guca incuro barabaho gute?’ Nibyo kwibaza, ariko igisubizo ni uko Uwiteka
azatembesha amazi mu butayu. Ibi bivuze ko aho ubona ko bidashoboka Imana yo
niho itangirira gukora. Iteka mu intege nke zacu abantu niho Imana igaragarira.
Usanga igihe twe tukiri gutera imigeri twirwanaho Imana itureka, iyo dutsinzwe
tukamanika amaboko tukayitabaza Imana iratabara, imigezi igatemba mu butayu.
3. Koronavirusi iri kutwereka ko Imana ariyo yonyine yo
kwishingikirizaho kuko imirimo yacu yose ari ubusa, n’ibyo twishingikirizaho
bindi byose ari ubusa.
21“Nimushinge
urubanza rwanyu”, ni ko Uwiteka avuga. “Muburane imanza zanyu zikomeye.” Ni ko
Umwami wa Yakobo avuga. 22“Nibazane ibigirwamana byabo
bitubwire ibizaba, nibivuge ibyabayeho uko bimeze, tubitekereze tumenye
amaherezo yabyo cyangwa mutubwire ibyenda kubaho. 23Nimuduhanurire
ibizaba hanyuma tumenye ko muri imana koko, nimukore ibyiza cyangwa ibibi
tubirebe twumirwe twese. 24Dore nta cyo muri cyo kandi nta
n'icyo mwakora, uwabahitamo aba abaye ikizira. 25“Ngira uwo
nahagurukije aturutse ikasikazi, dore araje avuye iburasirazuba akambaza izina
ryanjye, azakāta abatware nk'ukāta urwondo cyangwa nk'uko umubumbyi akāta
ibumba. 26Ni nde wabivuze ubwa mbere ngo tubimenye, cyangwa ni
nde wabivuze kera ngo tuvuge ko ari ukuri? Ni ukuri koko nta wabivuze, ni ukuri
nta wabimenyekanishije, ni ukuri nta n'umwe wumvise amagambo yanyu. 27Ni
jye wabanje kubwira i Siyoni nti ‘Dore ngabo!’ Kandi i Yerusalemu nzahatuma
intumwa yo kubabwira ubutumwa bwiza. 28Kandi iyo ndebye muri bo
ubwabo mbona nta muntu, nta n'umujyanama wabasha kunsubiza mbabajije. 29Dore
bose imirimo yabo ni ubusa kandi nta cyo imaze, ibishushanyo byabo biyagijwe ni
umuyaga kandi ni imivurungano.
Mu
gihe cya Yesaya abantu biringiraga ibigirwamana bibajwe byakozwe n’abantu. No
muri iki gihe hirya no hino ku isi hari ibigirwamana abantu basenga, biringira.
Uretse ibigirwamana bizwi abantu bita amazina runaka bitewe n’iyobokamana
ryabo, kurundi ruhande ikintu cyose umuntu arutishije Imana, ahaye umwanya,
agaciro, kuruta Imana gihinduka ikigirwamana. Muri sitade zitandukanye usanga
abafana bafite ibyaba bigaragaza ikipe, abakinnyi bahinduye ibigirwamana. Urugero uzabona bafite ibyapa bivuga ngo ‘Manchester United my religion.” Mu
Kinyarwanda ngo “ Manchester United idini yanjye.” Hari abandi bafata
abakinnyi, ibyamamare bakabita ko ari ‘idol’ babo. ‘Idol’ ubundi bivuze
ikigirwamana. Usanga umuntu yaragize umukinnyi, umuririmbyi, umunyapolitike,abahanuzi, abapasitori, muri make icyamamare ikigirwamana. Barihe? ko batadutabara? Nuwo watabaza ubu
nawe urasanga atabaza. Imikino yahagaze, aho gukinira hamwe hatangiye kuba aho
gushyira imirambo yabo icyorezo cyishe. Insengero nyinshi hiryano no hino ku isi zirafunze, nubwo urusengero nyakuri arirwo mubiri rwo rudafunze kuko no murugo abizera Imana basenga. Ese nta butumwa twumva, tubona Imana
iri kuduha. Imana irimo kutubwira ko imirimo yacu yose ari ubusa, ko ibyo
twizera, twiringira, twishingikirizaho byose bitari Imana ari ubusa.
Salomo
niwe wavuze ko ‘byose ari ubusa ari nko kwiruka inyuma y’umuyaga.’ Icyo Salomo
yabonye kitari ubusa ni Imana. Yesaya
aha ari kutweraka ko Imana ariyo ikomeye ko twe abantu turi abanyantege nke
kandi ko ibyo twiringira bindi byose ari ubusa. Nasoza mvuga ngo ufite ugutwi
kumva niyumve icyo Umwuka abwira Itorero. Hari ubutumwa Imana ishaka ko twumva,
tumenya dusobanukirwa. Imana iri kutwibutsa ko ariyo yaremye byose, ko byose ibifite mu
biganza. Ko mu munota umwe, isengonda rimwe, yashyiraho iherezo rya byose.
Bityo Itorero turi kubwirwa ngo 'ntidutinye' ahubwo Imana izadukomeza,
izadutabara. Reka twumve ubutumwa bwayo muri iki gihe aho gutinya duhagarare
dusenge kandi dufite kwizera. Kandi twibuka ko Ijambo ry’Imana ritubwira neza
ko isi izagira iherezo bityo ko icyo dukiye gushyiraho imbaraga ari
ugukomeza gukiranuka muri byose kugeza ku gupfa cyangwa ku iherezo ry’isi.
Pasiteri Kubwimana Joel
Comments
Post a Comment