Kuki Umukristo Adakwiye Gutinya Amarozi, Imivumo n’Imbaraga z’Umwijima?
Iriburiro Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi babaho bafite ubwoba: ubwoba bw’amarozi, imivumo yo mu miryango (karande), cyangwa imbaraga z’umwijima. Ibi bituma bamwe babaho bahangayitse, abandi bagashaka ubufasha ahantu hatari ho. Ariko se, Bibiliya ivuga iki kuri ibi byose? Ese umukristo akwiriye gutinya? Igisubizo kirasobanutse: Oya. Umukristo ntakwiye gutinya na gato. Dore amahame arindwi yagufasha kubaho adatinya n'abambari be bose. 1. Uri Icyaremwe gishya muri Kristo Bibiliya ivuga iti: “Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize…” (2 Abakorinto 5:17) Ibi bisobanuye iki mku buzima busanzwe? Iyo wakiriye Yesu: • Uva mubuzima bwa kera • Uva mu mateka ya kera (harimo n’imivumo) • Uhinduka umuntu mushya mu buryo bw’umwuka Ntukiri uwa kera. Ntukiri uwo muryango w’amaraso gusa, ahubwo uri mu muryango w’Imana. 2. Imbaraga ziri muri wowe ziruta iz’isi “ Bana bato, muri ab'Imana kandi ba bandi mwaraban...