Abisirayeli mu Butayu: Amatungo, Manu, Ibitambo n’Icya Cumi – Isesengura rya Bibiliya
Uyu munsi mu gitondo umwe mu bantu tubana ku rubuga Dusome Bibiliya, yambajije ibibazo ku buzima bw' Abisirayeli mu butayu. Ibyo bibazo kuko hari abandi babyibaza nifuje kubisubiza muri iyi blog. Bimwe muri ibyo bibazo ni ibi: Ese Abasiyeli bavuye muri Egiputa bafite amatungo? Ayo matungo yabagaho ate mu butayu? Ese amatungo nayo yaryaga Manu? Ko bari mu butayu batagira imirima ni gute bashoboraga gutanga icya cumi? Iyi nyandiko igamije gusubiza ibi bibazo dukoresheje imirongo ya Bibiliya no gusobanura uko ibintu byari bimeze mu mateka ya Isirayeli mu rugendo bava muri Egiputa. 1. Ese Abisirayeli bavuye muri Egiputa bajyanye amatungo? Bibiliya ivuga neza ko igihe Abisirayeli bavaga muri Egiputa batagiye ari abantu gusa, ahubwo bajyanye n’amatungo yabo menshi. Ibi ni ingenzi cyane kuko ayo matungo ari yo bakuragamo ibitambo byo gutambira Imana. Mu gitabo cyo Kuva 12:38 handitswe ngo: “ Kandi n’ikivange cy’amahanga menshi kijyana na bo, n’imikumbi n’amashyo by’amatungo menshi cyane....