Posts

Kuki Umukristo Adakwiye Gutinya Amarozi, Imivumo n’Imbaraga z’Umwijima?

Image
Iriburiro  Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi babaho bafite ubwoba: ubwoba bw’amarozi, imivumo yo mu miryango (karande),  cyangwa imbaraga z’umwijima. Ibi bituma bamwe babaho bahangayitse, abandi bagashaka ubufasha ahantu hatari ho. Ariko se, Bibiliya ivuga iki kuri ibi byose? Ese umukristo akwiriye gutinya? Igisubizo kirasobanutse: Oya. Umukristo ntakwiye gutinya na gato. Dore amahame arindwi yagufasha kubaho adatinya n'abambari be bose. 1. Uri Icyaremwe gishya muri Kristo  Bibiliya ivuga iti: “Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize…” (2 Abakorinto 5:17) Ibi bisobanuye iki mku buzima busanzwe? Iyo wakiriye Yesu: • Uva mubuzima bwa kera • Uva mu  mateka ya kera (harimo n’imivumo) • Uhinduka umuntu mushya mu buryo bw’umwuka Ntukiri uwa kera. Ntukiri uwo muryango w’amaraso gusa, ahubwo uri mu muryango w’Imana. 2. Imbaraga ziri muri wowe ziruta iz’isi “ Bana bato, muri ab'Imana kandi ba bandi mwaraban...

Abisirayeli mu Butayu: Amatungo, Manu, Ibitambo n’Icya Cumi – Isesengura rya Bibiliya

Image
Uyu munsi mu gitondo umwe mu bantu tubana ku rubuga Dusome Bibiliya, yambajije ibibazo ku buzima bw' Abisirayeli mu butayu.  Ibyo bibazo kuko hari abandi babyibaza nifuje kubisubiza muri iyi blog. Bimwe muri ibyo bibazo ni ibi: Ese Abasiyeli bavuye muri Egiputa bafite amatungo? Ayo matungo yabagaho ate mu butayu? Ese amatungo nayo yaryaga Manu? Ko bari mu butayu batagira imirima ni gute bashoboraga gutanga icya cumi? Iyi nyandiko igamije gusubiza ibi bibazo dukoresheje imirongo ya Bibiliya no gusobanura uko ibintu byari bimeze mu mateka ya Isirayeli mu rugendo bava muri Egiputa. 1. Ese Abisirayeli bavuye muri Egiputa bajyanye amatungo? Bibiliya ivuga neza ko igihe Abisirayeli bavaga muri Egiputa batagiye ari abantu gusa, ahubwo bajyanye n’amatungo yabo menshi. Ibi ni ingenzi cyane kuko ayo matungo ari yo bakuragamo ibitambo byo gutambira Imana. Mu gitabo cyo Kuva 12:38 handitswe ngo: “ Kandi n’ikivange cy’amahanga menshi kijyana na bo, n’imikumbi n’amashyo by’amatungo menshi cyane....

KWIRINDA UBUSAMBANYI N’IBISHUKO

  Imigani 23:27 “ Kuko umugore wa maraya ari uruhavu rurerure, Kandi umugore w'inzaduka ari urwobo rufunganye. ” INGINGO NKURU (Big Idea): Ubwenge nyakuri ni ukwirinda ibishuko by’ubusambanyi n’ubutinganyi, kuko bitera umuntu kugwa no gutakaza icyerekezo cy’ubuzima.   I. INTANGIRIRO  Isi y’ubu yihindutse aho ubusambanyi n’ibishuko bifatwa nk’ibisanzwe. Ariko kuko Imana idukunda cyane, ni yo mpamvu itwibutsa ko hari inzira bgari igaragarira  amaso, nyamara irangira mu rupfu (Imigani 14:12). Uyu murongo wo mu  Imigani 23:27 utwibutsa ko: "Maraya ari uruhavu rurerure, kandi umugore w’inzaduka ari urwobo rufunganye.”  Si abagore gusa bashukana, ahubwo n’abagabo cyangwa abasore bashuka abakobwa nabo bari muri iyo nzira mbi Imana itubuza. II. UBUTUMWA NYAMUKURU 1. Ibishuko bituruka impande zombi (Imigani 23:27) Imigani ikoresha ishusho y’ "umugore w’inzaduka” ariko iyi mvugo igaragaza umuntu wese ugusha undi mu cyaha . Matayo 5:28 "Jyeweho ndababwira yuko...

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

Image
Urupfu ni umuryango unyurwamo n’uwo rutwaye abasigaye inyuma y’uwo muryango dutegereje igihe cyacu tugasigara mu marira, agahinda bivanze n’ibyiringiro ku bizera Imana. Ku mugoraba wo kuwa 19/06/2025, nibwo numvise inkuru ya kababaro ko Munganyinka, madame Pastor Kayabo Charles inshuti yanjye yitabye Imana azize impanuka. Ubwo madamu wanjye yanyerekaga amafoto abantu batangiye gushyira kuri sitati zabo za WhatsApp, nihutiye kwandikira Pastor Charles ariko mbona nawe yashyizeho ubutumwa buvuga ngo “Ruhukira mu mahoro mugore mwiza umutima wanjye ntacyo ugushinja….,” nibwo nabonye ko ayo makuru ari impamo.    Munganyinka Umugore akaba n’Umubyeyi Namenye nyakwigendera muri za 2007 ubwo nigaga muri Kaminuza Nkuru y’U Rwanda I Butare. Umugabo we Kayabo Charles niwe twamenyanye mbere, tuba inshuti, umudamu nawe tuba inshuti kubere umugabo we ariko nyuma kubera gukunda ijambo ry’Imana. Mu bakristo nayoboye bakunze kumbaza ibibazo byinshi kuri Bibiliya Marie Gorette arimo. Ubwo n...

ESE UMUKRISTO WAKIJIJWE ASHOBORA GUTAKAZA AGAKIZA?

Image
    IRIBURIRO  Iki kibazo maze ku kibazwa inshuro nyinshi, kandi akenshi ni Abakristo bamaze igihe mu gakiza bakibaza. Nk’ uko dukunze kubivuga twe turibaza ariko Bibiliya igasubiza. Reka twifashishe Bibiliya mu gusubiza iki kibazo. Ushobora kuba wowe ufite ukundi ubyumva ariko ibyiza ni ukugerageza kwemerera ijambo ry’Imana akaba ariryo risubiza tutarivugishije ibyo dushaka ahubwo turyemerera kutubwira icyo Imana ishaka ko tumenya. Umukristo wakijijwe bivuze umuntu wamenye neza ko yatoranijwe n’Imana isi itararemwa kandi ikamugira umwana wayo binyuze muri Yesu. Uwo aba yaravutse ubwakabiri akaba icyaremwe gishya. Bityo NTABWO BISHOBOKA KO UMUKRISTO WA KIJIJWE ATAKAZA AGAKIZA. Gusubiza tuvuga ko bidashoboka ko Umukristo wakijijwe akakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza we adashobora gutakaza agakiza tutifashishije ibyandtswe byera byaba ari ibitekerezo byacu gusa. Bityo dore impamvu Bibiliya igaragaza neza ko bidashoboka ko umuntu wakijijwe akakira Yesu Kristo we gaki...