Posts

YESU ARASINZIRIYE?: KWIZERA MU GIHE CY'ICYOREZO CYA COVID-19

Image
IRIBURIRO  Intego Nkuru : " Dukwiye kugira kwizera kwinshi no mu gihe Yesu asa n'usinziriye, kuko Yesu uri muri twe afite ubutware n'ubushobozi bwo gutegeka imiyaga y'uburyo bwose indandabiranya ubuzima bwacu igatuza ."  Iyo dusomye mu butumwa bwiza dusanga ko akenshi buri uko bugorobye Yesu yazamukaga umusozi akajya gusenga (Matayo 14:23; Mariko 6:46). Ni gihe Yesu yajyanaga Petero, Yohana na Yakobo, nabwo hari ku mugoroba. Ahantu hambere havugwa ko Yesu yasinziriye ari ku mugoroba habayeho igitangaza cyatumye abanu batangara, bibaza uwo ariwe.  Muri Matayo 8:23-27 hari inkuru ivuga uko Yesu yaturishije inyanja. Iyi nkuru iri no muri Mariko 4:35-41 na Luka 8:22-25). Muri iki gitondo mu materaniro twakoze mu rugo twaganiye kuri iyi nkuru dusanga muri Matayo 8: 23-27, tuvuga ngo "DUKWIYE KUGIRA KWIZERA NO MU GIHE YESU ASA N'USINZIRIYE." Nifuje kubasangiza ibyo twize muri iri jambo ariko mbihuza cyane n'igihe turimo. Reka  turebe icyo...

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 40,'KUBAHO UFITE INTEGO'

Image
IRIBURIRO  Uyu ni umunsi wa 40 kuva dutangiye gusoma iki gitabo cy'Ubuzima Bufite Intego cyanditswe na Rick Warren. Ikibazo nyamukuru twatangiye twibaza ni " IYI SI NYIBEREYEHO IKI?" Mugusubiza niho Rick Warren agaragaza intego eshanu z'ubuzima bwacu aha ku isi dusanga mu ijambo ry'Imana. Igihe tumara aha ku isi ni gito kandi ni icyo kwitoza ubuzima tuzabaho iteka ryose mu ijuru. Bityo niyo mpamvu ibindi byose bishingiye ku marangamutima yacu, kurarikira no kwifuza kwacu bikwiye kujya kuruhande tugashyira imbere gusohoza izi ntego eshanu z'ubuzima aha ku isi. Icyigisho cyanyuma gisoza kiravuga ngo "KUBAHO UFITE INTEGO."  KUBAHO UFITE INTEGO  Ejo hashize twabonye ko dukwiye kuringaniza  intego eshanu z'ubuzima tukazisohoza zose kimwe. Rick Warren asoza atanga ibintu bibiri byadufasha kubaho dufite intego mu buzima bwacu: kwandika icyemezo cy'intego z'ubuzima no kugira incamake, interuro igizwe ni ntego eshanu z'ubuzima...

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 39,'RINGANIZA INTEGO Z'UBUZIMA BWAWE'

Image
IRIBURIRO  Iki gitabo cy'ubuzima bufite intego tuzasoza ejo, kitwigishije intego 5 tubereyeho aha ku isi. Izi ntego uko ari 5 ntabwo Rick Warren yazihimbye ahubwo yazikuye mu ijambo ry'Imana. Ibyanditswe bibiri byo muri Bibiliya byafashije Rick Warren gusobanukirwa izi ntego: Inshingano Nkuru Yesu yadusigiye (Matayo 28:18-20), Itegeko Risumba ayandi yose ( Matayo 22: 36-40). Icyigisho  kibanziriza icyanyu kivuga " RINGANIZA INTEGO Z'UBUZIMA BWAWE."   RINGANIZA INTEGO Z'UBUZIMA BWAWE   Reka twifashije incamake Rick Warren atanga atwibutsa Intego eshanu z'ubuzima bwacu aha ku isi, nyuma turebe mpamvu ki ari ngombwa kuringaniza izi ntego zose.  1. "Ukundishe Imana umutima wawe wose": waremewe gushimisha Imana, intego y'ubuzima bwawe ni ugukunda Imana mu buryo bwo kuyiramya .  2. "Ukunde mugenzi wawe nkawe ubwawe": waremewe gukorera abandi, ni yo mpamvu intego y'ubuzima bwa ari ugukunda abandi ukabigaragariz...

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 38,' GUHINDUKA UMUKRISTO KU RWEGO MPUZAMAHANGA'

Image
IRIBURIRO  Iyo uvuze umumisiyoneri, usanga benshi mu Banyarwanda twumva umunyamahanga cyane cyane w'umuzungu. Akenshi ibi biterwa nuko ubutumwa bwinjijwe mu Rwanda na Bera (Abazungu) baturutse ku mugabane w'Uburayi na Amerika. Kuba Abera aribo batangiye umurimo wo kuvuga ubutumwa bwiza bwa Yesu mu Rwanda nti bikwiye kuba impamvu yo kumva ko aribo bonyine bafite uwo muhamagaro wo kujyana ubutumwa. Abanyafurika barangajwe imbere na bayoboye Itorero nyuma yo gupfa kw'Intumwa za Yesu (Church fathers) nka Terullian, Minucius Felix, Cyprian, Lactantius, Optatus of Milevi, Augustine na bandi, bagize uruhare mu gutuma ubukristo bukwira mu burayi na handi ku isi kuva mu kinyejana cya 1 kugeza mu cya 7 ubwo abayisiramu bigruraga agace ka majyaruguru ya Afurika. Amahame menshi y'ubukristo Itorero rigenderaho kugeza ubu aba babyeyi b'Itorero bagize uruhare runini mu kuyashyiraho. Kuba Afurika yaragize uruhare mu gukwira ku bukristo kuva butangiye mu kinyejana cya 1, ...

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 37,'KUGEZA KU BANDI UBUTUMWA BWIZA BW'UBUZIMA BWAWE'

Image
IRIBURIRO  Hashize iminsi ibiri nsomye inkuru y'abangana bo mu Butaliyani bari abahakanyi batemera ko  Imana ibaho. Aba baganga bizeye kandi bemera Imana binyuze mu buzima bw'umupasitori uheruka kwitaba Imana azize iki cyorezo cya Koronavirusi. Mu gihe aba baganga babonaga ubumenyi bwabo butakibashije gukiza abantu kuko buri munsi abantu bapfaga ari benshi, haje umupasitori nawe urwaye ariko batungurwa no kubona no mu burwayi bwe avuga ubutumwa bwiza, asengera abandi barwayi, agahumuriza abihembye. Kubona ubuzima bw'uwo mukozi w'Imana wari urembye ariko agakomeza kwizera Imana no gufasha abandi byatumye abo baganga bahitamo kwisunga Imana itanga bene ayo mahoro no mu gihe ibintu bikomeye. Ubuzima bw'uyu mupasitori bwavuze ubutumwa kuko bwatumye abishingikirizaga ku bumenyi bwabo  babona ko Imana iriho. Abaganga nyuma yo kwizera Imana, bahamya ko nubwo uwo mupasitori yapfuye azize COVI-19 ko igihe gito bamubonye mu bitaro cyatumye nabo bahinduka bemera Imana...

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 36,'WAREMEWE KUJYANA UBUTUMWA'

Image
IRIBURIRO  "Kandi ubu butumwa bwiza bw'ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize" (Matayo 24:14). Kuva iki cyorezo cya koronavirusi gitangiye gukwira hirya no hino ku isi, byinshi byaravuzwe n'ubu biravugwa cyanecyane kubirebana n'imperuka. Kuri bamwe isi irarangiye iri ni iherezo, imperuka. Ariko Yesu avuga ibimenyetso bizaranga imperuka ntabwo yavuze ibyorezo gusa ahubwo yavuze ko ubutumwa bwiza bukwiye kubanza kubwirizwa mu isi hose imperuka ikabona kuza. Uyu munsi muri gahunda yo gusoma igitabo cy'Ubuzima Bufite Intego, turasoma icyigisho cya 36 kivuga ngo, 'WAREMEWE KUJYANA UBUTUMWA.'  WAREMEWE KUJYANA UBUTUMWA Uyu munsi dutangiye intego ya gatanu ariyo yanyuma dusanga muri iki gitabo cy'ubuzima bufite intego ivuga ngo "WAREMEWE UMUHAMAGARO." Mugusoza iki gitabo tuzafata umwanya wo kureba mu incamake izi ntego 5 z'ubuzima bwacu aha ku isi. Uyu munsi...

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 35, 'IMBARAGA Z'IMANA MU INTEGE NKE ZAWE.

Image
IRIBURIRO Uyu mugani [Yesu] yawuciriye abiyiringiye ubwabo ko bakiranuka, bagahinyura abandi bose. 10 Ati “Abantu babiri bazamutse bajya mu rusengero gusenga, umwe yari Umufarisayo undi, ari umukoresha w'ikoro.11“Umufarisayo arahagarara, asengera mu mutima we ati ‘Mana, ndagushimiye yuko ntameze nk'abandi b'abanyazi n'abakiranirwa n'abasambanyi, cyangwa ndetse n'uyu mukoresha w'ikoro. 12Mu minsi irindwi hose niyiriza ubusa kabiri, ntanga kimwe mu icumi mu byo nungutse byose.’ 13“Naho uwo mukoresha w'ikoro ahagarara kure, ntiyahangara no kÅ«bura amaso ngo arebe mu ijuru, ahubwo yikubita mu gituza ati ‘Mana, mbabarira kuko ndi umunyabyaha.’ 14 Ndababwira yuko uwo muntu yamanutse ajya iwe, ari we utsindishirijwe kuruta wa wundi, kuko uwishyira hejuru azacishwa bugufi, ariko uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.” (Luka 18:9-14). Uyu munsi muri gahunda yo gusoma igitabo cy'Ubuzima Bufite Intego, turasoma icyigisho cya 35 "IMBARAGA Z'IMANA MU ...