IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 35, 'IMBARAGA Z'IMANA MU INTEGE NKE ZAWE.


IRIBURIRO

Uyu mugani [Yesu] yawuciriye abiyiringiye ubwabo ko bakiranuka, bagahinyura abandi bose. 10 Ati “Abantu babiri bazamutse bajya mu rusengero gusenga, umwe yari Umufarisayo undi, ari umukoresha w'ikoro.11“Umufarisayo arahagarara, asengera mu mutima we ati ‘Mana, ndagushimiye yuko ntameze nk'abandi b'abanyazi n'abakiranirwa n'abasambanyi, cyangwa ndetse n'uyu mukoresha w'ikoro. 12Mu minsi irindwi hose niyiriza ubusa kabiri, ntanga kimwe mu icumi mu byo nungutse byose.’ 13“Naho uwo mukoresha w'ikoro ahagarara kure, ntiyahangara no kūbura amaso ngo arebe mu ijuru, ahubwo yikubita mu gituza ati ‘Mana, mbabarira kuko ndi umunyabyaha.’ 14 Ndababwira yuko uwo muntu yamanutse ajya iwe, ari we utsindishirijwe kuruta wa wundi, kuko uwishyira hejuru azacishwa bugufi, ariko uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.” (Luka 18:9-14). Uyu munsi muri gahunda yo gusoma igitabo cy'Ubuzima Bufite Intego, turasoma icyigisho cya 35 "IMBARAGA Z'IMANA MU INTEGE NKE ZAWE."

IMBARAGA Z'IMANA MU INTEGE NKE ZAWE. 

Imana ishimwe ubu turangije amateraniro yacu mu rugo. Twasomye icyigisho cya 35 mu gitabo cy'ubuzima bufite intego 'IMBARAGA Z'IMANA MU INTEGE NKE ZAWE.' Twabonye ko: 

Intege nke zacu zituma twishingikiriza ku Mana: Iyo umuntu yumva ko yigize cyangwa ko agizwe n'umuryango, ibyo atunze akanshi nibyo usanga yishingikirizaho. Ariko igihe cyose twemera intege nke zacu yaba iz'umubiri, amarangamutima, ubushobozi n'ubwenge, bituma twishingikiriza ku Mana yo ishobora byose. Nta gihe cyiza cyo gusobanukirwa ko nta kindi cyo kwishingikirizaho uretse Imana kuuta iki gihe isi yose ihangayikishijwe na koronavirusi.

Intege nke zacu ziturinda kwishyira hejuru: Kwiyumva, kwiyizera bikunze kuba umutego benshi tugwamo tukishyira hejuru. Intege nke zacu zo zitwibutsa ko hejuru hari Imana dukwiriye gucira bugufi. Kwishyira hejuru bizana kugwa arigo guca bugufi bizana gushyirwa hejuru. Bivuze ko mu intege nke zacu ariho Imana ikorera umurimo wo kutuzamura. Niyo mpamvu dukwiye kwirinda kwishyira hejuru ahubwo tukemera intege nke zacu.

Intege nke zacu zituma tugira ubusabane na bandi: Iyo tuziko hari ibyo tudashoboye dukenera ababishoboye baka twuzuza. Kuko buri muntu agira intege nke bituma abantu dusobobanukirwa ko turi magirirane, ko dukenera bagenzi bacu bityo bikadutera kugira ubusabane. 

Intege nke zacu zituma tugirira abandi impuhwe kandi tukabakorera: Iyo usobanukiwe ko uri umunyantege nke kandi ko ukenera abandi aho utishoboye, biroroha ko nawe wumva umubabaro wa bandi igihe bari mu ntege nke. Ibi bigushoboza kugira icyo ubakorera kuko nawe uba uzi neza ko ukenera abandi. 

Reka dusoze twibuka umugani twatangiriyeho  Yesu yavuze muri Luka 18. Dukwiye guhora tuzirikana ko abantu twese turi abanyantege nke ko dukenera ubuntu bw'Imana kugirango tubashe gukomeza kubaho mu buzima bwo guhesha Imana icyubahiro. Bityo twirinde kuba nk'umufarisayo ngo dushyire imbere kwivuga imihango n'imigenzo y'idini dukora. Ahubwo duharanire guca bugufi imbere y'Imana, gusaba imbabazi z'ibyaha byacu kugirango Imana ikorere mu ntege nke zacu. 


Ingingo yo kuzirikana: Imana inkoresha kurushaho iyo nemera intege nke zanjye. 

Umurongo wo gufata mu mutwe: "Ubuntu bwanjye buraguhagije, kuko aho intege nke ziri ari ho imbaraga zanjye zuzura" 2Abakorinto 12:9a (NIV) 

Ikibazo cyo gutekerezaho: Ese naba mbuza imbaraga z'Imana gukorera muri jye ngerageza guhisha intege nke zanjye? Ni iki nakwerurira abandi kugirango ntangire kubafasha?

Icyumweru cyiza cyo kuzirikana ko mu intege nke zacu ariho imparaga z'Imana zigaragarira. 

Pasiteri Kubwimana Joel 


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'