Posts

Showing posts from August, 2020

Luka 15: Abararukiye hanze n'abararukiye mu rusengero twese dukeneye urukundo n'imbabazi z'Imana

Image
 Iriburiro  Big Idea: "Twese Imana yadukunze tukiri abanyabyaha, bityo ntiyifuza ko hagira uzimirira hanze cyangwa mu rusengero niyo mpamvu imbabazi zayo zibereyeho twese."   " Nuko abakoresha b'ikoro bose n'abanyabyaha baramwegera ngo bamwumve. 2Abafarisayo n'abanditsi barabyivovotera bati “Uyu yiyegereza abanyabyaha, kandi agasangira na bo .” ( Luka 15:1-2 ) Kwivovota kw'Abafarisayo  n'abanditsi  kwatumye Yesu abacira imigeni igera kuri itatu. "  Umugani w'intama yazimiye, umugani w'igice cyifeza cyazimiye n'umugani w'umwana wikirara. Iyi migani yose ihuriye ku kwigisha urukundo rw'Imana rudashingira kubyo abantu dukora cyangwa twakoze, n'imbabazi zayo zitagira umupaka. Uyu munsi mu matateraniro twagize mu rugo, twaganiye ku mugani uzi cyane nk'umugani w'umwana w'ikirara. Icyo twabonye ni uko uyu mugani ugaragaza neza ko Yesu yavuze abana babiri, ariko usanga abigisha benshi bibanda ku mwana wavuye mu rugo ak...

2Timoteyo 4:1-5: Ijambo ry'Imana mu gihe gikwiriye no mu kidakwiriye

Image
 Iriburiro  Big Idea: "Twatongerewe kubwiriza ijambo ry'Imana, si ukuvuga imigani n'ibindi bitari ijambo ry'Imana nk'inkuru n'ubuhamya bwo kwivuga gusa."  Pawulo ubwo yarimo yitegura kurangiza urugendo rwe ku isi, yandikiye Timoteyo umwana we mu gakiza amuhugura kandi amukomeza, kugirango akomeze gukora umurimo wo kugabura iby'Imana. Mu rwandiko rwa kabiri yamwandikiye, Pawulo yashyizemo ubuhanuzi bwinshi bugamije kwereka Timoteyo uko abantu bazaba bameze, n'icyo we akwiye kuzakomeza gukora. Uyu munsi twaganiriye ku 2 Timoteyo 4:1-5, aho twabonye ko Pawulo yatongereye Timoteyo agira ati:  1Ndagutongerera mu maso y'Imana no mu ya Kristo Yesu uzacira ho iteka abazima n'abapfuye, ubwo azaboneka aje kwima ingoma ye. 2Ubwirize abantu ijambo ry'Imana ugire umwete mu gihe kigukwiriye no mu kitagukwiriye, uhane, uteshe, uhugure ufite kwihangana kose no kwigisha, 3kuko igihe kizaza batazihanganira inyigisho nzima, ahubwo kuko amatwi yabo azaba a...

Imboni ya Rev. Gato Etienne ku gitabo 'UBUKWE N’UMURYANGO WA GIKRISITU MU RWANDA RWA NONE'

Image
  Iki gitabo   cyanditswe na Pasiteri KUBWIMANA Joel, Umushumba mu Itorero Harvest Bible Fellowship Rwanda   , Njye ubwanjye nkikibona nagize amatsiko yo kugisoma.   M u kugisoma   numvaga ntakirambika hasi ntararangiza kugisoma,   bitewe nuburyo cyanditswe   muburyo bw’ubuhanga.   Bigaragara ko umwanditsi atashyize imbere kwandika ibitekerezo   bye gusa,   ahubwo yifashishije n'ibindi bitabo byanditswe   n’abanditsi babahanga,   binararibonye   mu muco wacu wa kinyarwanda no muri Bibiliya urugero Mgr. Aloys BIGIRUMWAMI wanditse «  Imihango n’imigenzo n’imiziririzo   mu Rwanda » n'abandi banditsi nka:    GASIMBA Munezero «  Ubukwe bw’iwacu » NDEMESI   Moise MUSEKWA   «Construire un foyer prospere » NDYAMIYEMENSHI Nathan «  Bible and Divorce  » Tharcisse GATWA «  Histoire du Christianisme au Rwanda » …… n'abandi banditsi babahanga… Muri iki gitabo har...

Kuva Rehoboti kugera Berisheba: Urugendo rwo kuva ahagutse ukagera ku iriba ry'igihango (Itangiriro 26:12-25)

Image
 Iriburiro  Big Idea: "Umugisha Imana itanga ntamubabaro yongeraho, ariko abantu bo bajya ba babazwa n'umugisha Imana iha abayubaha, bityo dukwiye kurenga kugundira imigisha ahubwo tugaharanira kugundira Yesu we mugisha nyakuri." Muri kamera ya muntu harimo kwifuza ibyiza, kuba heza, gukorera aheza, muri make gutera imbere, kugubwa neza, kandi si bibi. Ariko kurundi ruhande iyo abantu baguwe neza akenshi usanga bibagirwa Imana bakayishyira kuruhande ubundi bakihugiraho bakora ibibanezeza. Muri Bibiliya hari abantu batandukanye bagiye bashyira imbere Imana kuruta ibintu, cyangwa umunezero wakanya gato. Uyu munsi twaganiriye kuri Isaka, wagaragaje guhanga amaso Imana kuruta ibintu. Itangiriro igice cya 26 gitangira tubona Isaka asuhuka kubera inzara. Imana yamubujije kumanuka ajya muri Egiputa ahubwo imusezeranya kuzabana nawe mu gihugu cy'Abafilisitaya. Mu mwaka umwe gusa ageze mu gihugu cy'Abafilisitiya tubona ko Imana yamuhaye umugisha arahinga areza aratunga ara...

Mariko 10:46-52: ABANTU?

Image
  IRIBURIRO  Big Idea: "Imana ikoresha abantu, Satani nawe akoresha abantu. Bityo dukwiye gutumbira Yesu kandi tuzirikana ko azanyura mu bantu azana ibisubizo byacu,reka twirinde kuvuma abantu ahubwo tubasabire."  Hari imvugo ikomoka ku mwuka wa satani no kumva Bibiliya nabi, usanga bamwe mu bakristo bakoresha. Uzumva umuntu avuga ngo "Umwana w'umuntu ntacyo yakumarira." Undi nawe ati " Uretse Imana yonyine naho abantu ntacyo bakumarira, ntakibavaho." undi nawe ati," Ndashima Imana ko yankoreye ubukwe, kuko nta mwana w'umuntu wari kugira icyo amarira." Wumvise izi mvugo wagirango ibi ni ukuri kuko muri Bibiliya harimo imirongo ivuga ko tudakwiye kwizera, kwiringira umwana w'Umuntu. Urugero Zaburi 146:3 " Ntimukiringire abakomeye, Cyangwa umwan w'umuntu wese, Utabonerwamo agakiza ." Iyo usomye Bibiliya neza usanga hari ikintu kimwe gusa Imana yatanze kitanyuze ku muntu, icyo ni agakiza. Akaba ariyo mpamvu iyo bije ku gaki...

Yohana 17:20-26: Yesu asengera ubumwe bw'abamwizera bose

Image
Iriburiro  Big Idea: " Ubumwe bw'abizera Yesu bushoboka iyo tubashije kugirana ubumwe ni Mana binyuze mukwakira Yesu Kristo we muhuza w'abantu n'Imana."  Muri Yohana igice cya 17 niho dusanga isengesho rirerire Yesu yasenze mu Isezerano rishya. Mbere yo kubambwa Yesu yasenze isengesho rigabyemo ibice bitatu by'ingenzi: Yohana 17:1-5, Yesu arisengera ubwe asaba Imana kumwubahisha nk'uko yayubahishije. Yohana 17:6-19, Yesu asengera abigishwa be ngo babe umwe nk'uko we na Data wa twese bari. Yohana 17: 20-26, Yesu asengera abizera bose ngo nabo babe umwe. Ku cyumweru cyashize twavuze ku isengesho rya Yesu asabira Petero, uyu munsi tugiye kuganira ku isengesho Yesu yasenze asabira abizera bose. Bityo turibanda ku gice cya gatatu cy'isengesho rya Yesu (Yohana 17:20-26). Ubwo twaganiraga kuri iri sengesho mu materaniro twagize mu rugo, twabonye ko, nubwo Yesu yari agiye kubambwa kandi abigishwa be bagacika intege, yari azi neza ko ibyo yabigishije bazaby...