VINO Y’UMUHAMA ITERA ABAKOBWA KUBENGERANA: ESE ZAKARIYA 9:17 HIGISHA KUNYWA VINO CYANGWA KUGIRANEZA KW’IMANA?

Iriburiro 

Nk’uko bisanzwe iki gitondo binyuze kuri sitati (status) ya WhatsApp  nasangije abantu umurongo ukurikira:  ”Erega kugira neza kwe ni kwinshi, kandi ubwiza bwe na bwo ni bwinshi! Ingano zizatera abasore kubengerana, kandi vino y'umuhama na yo izatera abakobwa kubengerana.” Zekariya 9:17 ubusobanuro bukurikira nibwo nashize kuri uyu murongo “Mwaramutse, kugira neza n'ubwiza bw'Imana bikugereho kugirango abakubona babone ineza n'ubwiza bw'Imana. Umunsi mwiza”

Nyuma naje kubona ubutumwa butandukanye bamwe mu basoma ubutumwa bwanjye bagaragaza uko uyu murongo bari kuwumva.  Uwa mbere mu buryo bwo gutembya yagize ati “iki cyanditswe ni sawa cyane,abakobwa bacu baraje bakunywere umuhama bacike kuri mukorogo ngo bakunde bakayangane." Uyu mwenedata muri Kristo yambwiye ko hari abantu batandukanye yasangije uyu murongo, bamwe bati reka turebe uko izindi Bibiliya zivuga uyu murongo, abandi bati eeehh ko mbona uyu murongo watuma abantu banywa vino, undi ati ese ahubwo urwarwa rw’umuhama ruracyabaho? Ku rubuga Dosome bibiliya nyuma yo kubasangiza uko abantu bari kumva uyu murongo wo muri Zekariya 9:17 undi yahise yandika aya magambo: "Cyane nanjye hari uwambwiye ko *Icyanditswe* cyemereye abakobwa kuinywa ku gacupa ngo ese ubwo abagabo n'abagore bo bazajya baranywa iki???"

Ibi bitekerezo bigaragaza kutumva neza ubutumwa buri muri uyu murongo. Ni byo binteye kwandika kuri uyu murongo kugira ngo tuwusobanukirwe neza aho kumvirana ubutumwa buri muri uyu murongo. Kugirango wumve neza umurongo wa 17 bisaba kubanza kumva neza ubutumwa bubanza.

1. Imana Icira Amahanga Urubanza (imirongo 1–8)

Muri iki gice, umuhanuzi Zekariya agaragaza ko Imana ibona ibikorwa by’amahanga yari afite ubwibone kandi akarenganya abandi. Havugwamo ibihugu n’imijyi nka: Hadiraki, Damasiko,Tiro, Sidoni n’Abafilisitiya.   Ibi bihugu byari bikomeye mu bukungu no mu ntambara, ariko Imana ivuga ko izabicisha bugufi kubera ubwibone bwabyo n’ibibi byabyo. Kuva ku murongo wa 9 ku manuka Imana igaragaza ko izatabara I Siyoni , I Yerusallemu ikarangiza intambara zaho. Muri make iki gice kigaragaza uko Imana izatabara ab’I Yerusalemu ikahagarura amahoro n’uburumbuke nyuma yo kuba mu bubata bw’ibi bihugu byavuzwe.  Ubuhanuzi bw’Umwami uzaza (umurongo 9). Uyu ni umwe mu mirongo uzwi cyane muri Bibiliya: Wa mukobwa wi Siyoni we, nezerwa cyanedore Umwami wawe araje…” Uyu murongo uvuga Umwami w’amahoro uzaza yicishije bugufi, agenda ku ndogobe. Abakristo benshi bawusobanura nk’ubuhanuzi bwa Yesu kristo  igihe yinjiraga i Yerusalemu. Ibi byerekana ko Imana itazazana agakiza binyuze mu mbaraga z’intambara gusa, ahubwo no mu mahoro, gukiranuka no gucungura abantu.

3. Imana Isezeranya Gukiza no Kongera Guha Umugisha Ubwoko Bwayo (imirongo 10–16)

Nyuma y’ubwo buhanuzi: Imana ivuga ko izakuraho intambara,  izazana amahoro, izabohora imbohe, kandi izarwanirira ubwoko bwayo.  Mu murongo wa 16 havuga ko abantu b’Imana bazaba nk’amabuye y’igikundiro mu ikamba ry’Umwami — bisobanura ko bazaba abafite agaciro gakomeye imbere yayo.Noneho umurongo wa 17 uza nk’umusozo w’icyo cyizere.

4. Ingano na Vino: Ubuntu n’ineza by’Imana ( umurongo wa 17)

Erega kugira neza kwe ni kwinshi, kandi ubwiza bwe na bwo ni bwinshi! Ingano zizatera abasore kubengerana, kandi vino y'umuhama na yo izatera abakobwa kubengerana.” Zekariya 9:17

Muri Zekariya 9:17, Imana irimo kuvuga ku mugisha n’ugusubizwamo imbaraga ku bwoko bwayo nyuma y’igihe cy’ingorane. Uyu murongo werekana uko Imana ari nziza kandi uko iha abantu bayo ubuzima bwuzuye umunezero n’umugisha. Ibisobanuro by’uyu murongo mu Kinyarwanda cyoroshye: “Erega kugira neza kwe ni kwinshi, kandi ubwiza bwe na bwo ni bwinshi!” Ibi bishaka kuvuga ko Imana ifite ubuntu bwinshi, ineza nyinshi, kandi ibyo ikora byose birangwa n’ubwiza. Ni iyo gushimwa kubera urukundo n’impuhwe igirira abantu bayo. “Ingano zizatera abasore kubengerana” Ingano ni ikimenyetso cy’ibiribwa n’umusaruro mwiza. Bisobanura ko Imana izaha abantu ibyo bakeneye, kandi abasore bazagira imbaraga, ubuzima bwiza n’ibyishimo kubera umugisha wayo. “Vino y'umuhama na yo izatera abakobwa kubengerana.”


Vino nshya cyangwa y’umuhama ishushanya ibyishimo n’ubuzima bwiza. Abakobwa “kubengerana” bivuga kugira ubuzima bwiza, umunezero, n’icyizere kubera umugisha Imana yabahaye.
Ubutumwa bw’ingenzi bw’uyu murongo: Uyu murongo utwigisha ko iyo Imana ihaye abantu bayo umugisha:
• ibaha ibyo bakeneye,
• ibasubizamo imbaraga n’ibyishimo,
• kandi ubuzima bwabo bukagaragaza amahoro n’umunezero.
Ni umurongo werekana ubuntu bw’Imana n’umugisha wayo ku bantu bayiringira, si umurongo ushyize imbere kunywa vino kugira ngo abakobwa bagire ubwiza.

Murakunzwe

Pastor Dr. Kubwimana Joel

 

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

IMINSI 40 Y'UBUZIMAN BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 31, 'GUSOBANUKIRWA IMITERERE YAWE'