Inkwano




Mu bikorwa bikorwa mu umuhango w’ubukwe bwo gusaba no gukwa icy’ingezi ni ugutanga inkwano, aho umuryango w’umusore utanga inkwano ku muryango w’umukobwa. Inkwano mbere yabaga akenshi ari inka yatangwaga. Ubu akenshi hatangwa amafaranga mu icyimbo cy’inka. Inkwano yabaga ari ikimenyetso cy’ishimwe ku muryango w’umukobwa n’uwumuhungu kuko umuryango w’umukobwa nawo wagiraga igihe cyo gutanga indongoranyo yabaga ari inka. Ubu hasigaye hagaragara igisa no kugurisha mu ugutanga inkwano kubera umubare w’amafaranga asigaye asabwa umusore. Usigaye wumva bavuga bati: “umukobwa wacu yarize bityo muraduha miriyoni izi.” Ibi bituma rimwe na rimwe umusore cyangwa umugabo afata umukobwa nk’aho yamuguze.

 Inkwano isigaye iri ku isonga mu ibitera ubukene ku ingo zigishingwa kuko umusore aba yarafashe amadeni ngo akunde yuzuze ishingano ze. Nti byari bikwiye ko inkwano ituma urugo rusenyuka rutamaze kabiri. Uruhare runini ruri ku umuryango w’umukobwa ukwiye kutifuza ibya mirenge mu gihe batanga umukobwa wabo. Abasore nabagira inama yo kutiyemera ngo bemere ibizatuma birya bakimara birundaho amadeni ngo babone uko bashimisha uwo bagiye gushaka.
Gukunda no kwiyahura biratandukanye niyo mpamvu abasore bagomba gushyira ku ruhande ibyo kwiyemera ngo dore ko umusore utiyemeye atarongora inkumi, bemera inkwano badafitiye ubushobozi.

Mukobwa nawe ujye umenya ko inkwano umusore atanga atari ikiguzi, kandi wibuke ko utanga iyo nkwano ari uwo mugiye kubana yewe mushobora no kuvanga umutungo bivuze ko n’imyenda azafata ngo agukwe muba muzafatanya kuyishyura.
Byaba byiza inkwano igumye kuba ikimenyetso cy’ishimwe kandi ishimwe nta ujya mu ibiciro. Ni byiza ko abantu batekereza neza ku inkwano kuko aho kubaka ingo ziri gusenya. Inkwano ziri gukenesha ingo zigishingwa cyangwa zikazana amakimbirane mu gihe umusore cyangwa umugabo yumva ko aguze umugore, nyamara nta giciro cy’umuntu kibaho. Agaciro kagomba guhabwa abagiye kurushinga bombi kuruta kureba ku amafaranga.

Ikindi kubera inkwano ihanitse, abasore bamwe bahitamo guca iyubusamu bakora ibikunze kwitwa ‘guterura’. Iyo urebye bamwe baba bahunga amafaranga y’umurengera bacibwa. Uretseko hari nabatagisha inama, kuko mu Rwanda hari abantu bakigira umuco ba bafasha. Guterura bituma hatabaho ubukwe dukunze kwita bwa Kinyarwanda "gusaba no gukwa”. Ubukwe bwa Kinyarwanda bugira umumaro kuko butuma umusore ahabwa umukobwa n’umuryango bityo imiryango yombi ikagira inshingano yo gukomeza kwita ku rugo rushya, binyuze mu bujyanama cyane igihe bagize ikibazo mu imibanire yabo. Kwiha agaciro, ubupfura n’ubunyangamugayo ni zimwe mu indangagaciro z’abanyarwanda kandi ntidukwiye kuzirengagiza. Umusore uterura umukobwa cyangwa umukobwa wishyingira aba agaragaje ko nta ndangagaciro agira. Ntibikwiye ko washaka umugore cyangwa umugabo mu uburyo butubahirije umuco wacu nk’Abanyarwanda. Niba hari ikibazo kigeze ku abandi bagufashe bakugire inama aho gukora ibigayitse. Ubukwe bwa Kinyarwanda bugira akamaro ko gukomeza umuco wacu kuko ariwo uduhuza. Bitera ababyeyi ishema n’umunezero wo gushyingira abana babo. Imihango yose ijyana n’ubukwe bwa Kinyarwanda ituma haba umubano mwiza hagati y’imiryango kandi ababyeyi bagaserukana ishema mubandi kubwo kubahishwa n’abana babo.

 Imana ibahe imigisha 

Umanditsi:

Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana




Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'