Posts

Showing posts from January, 2018

Ubukwe: Isezerano hagati y’Imana, Umugabo n’Umugore

Image
Ubukwe ni amasezerano hagati y’Imana, umugabo n’umugore. Iyo usomye muri Bibiriya mu itangiriro tubona ko Imana ari yo yatangije uyu muhango bwa mbere muri Edeni, ubwo yabonaga ko bidakwiriye ko Adamu aba wenyine maze imuremera umugore Eva, iramumushyira. Amagambo Adamu yavuze abonye Eva agaragaza neza ko iyo umuntu abonye umugore aba abonye uwo bahwanye kandi biranezeza. Adamu yanejejwe no kubona umugore we Eva maze avuga umutoma wa mbere ati: “Uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye, ni akara ko mu mara yanjye, azitwa umugore kuko yakuwe mu mugabo” Itangiriro 2:23. Kuki habaho ubukwe? Iki kibazo nticyoroshye, nyamara akenshi usanga abantu bihutira kugisubiza iyo ukibabajije. Iyo usesenguye, usanga impamvu benshi batanga z’ubukwe zidafatika. Uzumva umuntu cyanecyane abagabo agira ati:” nashatse umugore kugira ngo ambyarire abana”. Undi ati: “nta kindi nashakiye umugore uretse gukora imibonano mpuzabitsina.” Ku ruhande rw’abagore benshi usanga barashatse kuko imyaka yo gushaka ...

Ikibazo si ukugwa, ikibazo n’ukugwa ntu byuke; kuyoba ntumenye ko wayobye

Image
Iriburiro Mubuzima bwa buri munsi nkunda kugenda n’amaguru kandi nihuta. Iyo nayobye mbibona ngeze kure kuburyo gusubira inyuma bingora kandi bikamvuna. Ni ko biri no murugendo turimo rujya mu ijuru habaho kugwa, kuyoba  cyangwa gusubira inyuma kandi biragora kwisubiraho iyo umuntu ya guye cyangwa ya vuye mu inzira. Kuyoba s’ikibazo, kugwa nabyo s’ikibazo no gusubira inyuma si ikibazo, ikibazo ni kimwe kutamenya ko wa yobye, wa guye cyangwa wa subiye inyuma. Reka turebe ingero z’abami babiri bambere ba yoboye ubwoko bwa’abisiraheri  kugirango dusobanukirwe n’icyigisho cy’uyumunsi.  1. Sawuri: Sawuri yabaye umwami wa mbere wa tegetse Isiraheri nyuma yuko abisiraheri banze kuyoborwa n’abatambyi b’Imana bakisabira umwami. 1 Samweri igice cya 8, igice cya 9 ni gice cya 10. Ibi bice wa bisoma witonze kugirango umenye neza uko abisiraheri banze kuyoborwa ni Mnana, kuberako bivuzaga kumera nkabandi bose. Nkunze kubwira abakrito ko “ tutari nkabandi ngo twifuze gusa nabo...

Uko wa kwirinda ibyonnyi bw’ubukwe bwa gikirisitu

Image
Iriburiro Ndabaramukije mwese nshuti bavandimwe mu izina rya Yesu. ubushize duherukana mbabwire “ ibyonnyi by’ubukwe bwa gikirisitu.” Bamwe muri mwe mwagiye munyandikira mubwirako mwemerenywa najye kuri ibi byonnyi, ko biriho kandi biri gukwirakira cyane mu rubyiruko. Ndashimira kandi mwe mwansabye ko nakomeza nkabagezaho uko mwakwirinda ibi byonnyi dushingiye ku ijambo ry’Imana. Ni byiza kandi byanyeretseko muba mwasomye inkuru yose. Reka mbonereho kubasaba kujya mushyira ibitekerezo byanyu ku rubuga mu mwanya wa “comments”. Ibi byafasha nabandi barusura kubibona kandi najye bingeraho vuba. Ariko ufite ikibazo cyihariye wakoresha facebook ukanyoherereza ubutumwa ukoresheje messenger. Reka turebe uko twakwirinda ibi byonnyi kuburyo twabasha kugera ku gihe cyo gukora ubukwe tutiyononnye. 1.       Uko wa kwirinda imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe Mu igihe kirekire namaze nyoboye urubyiruko, haba kurwego rwa paruwasi, rejiyo cyangwase intar...

Ibyonnyi by’ubukwe bwa gikirisitu

Image
Kuva aho ubukirisitu bwinjirijwe mu Rwanda bwa mbere n’abapadiri bera mu 1900, gushyingirwa imbere y’Imana byahawe agaciro cyane n’abayoboke benshi mu matorero na za Kiliziya.  Ni byiza ko ubukwe buragizwa Imana yo yatangije uyu muhango bwa mbere muri Edeni, ubwo yahaga Adamu Eva. Muri iki gihe hari ho gutezuka cyane ku ibirebana no gushyingirirwa imbere y’Imana bitewe n’ibyo nise ibyonnyi by’ubukwe bwa gikirisitu bitadukanye bigaragara mu Rwanda rwa none. a. Imibonano mpuzabitsina mbere yo gushyingirwa Imibonano mpuzabitsina ikozwe n’umusore n’umukobwa barambagizanya cyangwa bakundana mbere yo gusezerana imbere y’Imana iri ku isonga y’ibituma hari kugaragara cyane ingo ziri gushingwa mu buryo nita guca iy’ubusamo. Ubukwe ujya kumva ukumva ngo burahagaritswe mu Itorero kuko basanze umukobwa atwite cyane cyane mu matorero akomera ku busugire by’Itorero n’ikinyabupfura. Muri iki kinyejana cya makumyabiri na rimwe hari byinshi biri gushora urubyiruko mu bikorwa by’ur...

BIBIRIYA INZU Y'IBITABO

Image
0      Iriburiro Bibiriya n’ibyahumetswe n’Imana, nkuko tubisanga muri 2Timoteyo 3:16-17. Bibiriya ni ibyahishuriwe abantu n’Imana, soma imirongo ikurikira igaragaza uruhare ry’Umwuka Wera W’Imana mu iyandikwa rya Bibiriya. 2Petero 1:21; Ibyakozwenintumwa 1:16; 1Petero 1:10-12.   ·        -  Bibiriya ni Imana ivuga ( Mt 22:43; At 1:16; 2Tm3:16)   ·        -  Bibiriya ni Imana ivuga binyuze mu mwuka Wera (Jn14:26; 16:13; 1 Co 2:10-13; Hb 3:7; 9:8;10:15; 2Pt 1:20,21; Jr 36:4). ·    -  Bibiriya n’Imana ivugana n’abantu  bakandika binyuze ku Mwuka Wera bahumekewe cyangwa babwiwe.   ( Ex 24 :4; 35:1; 2 Sm 23:2; Is 51:16; Jr 36:4-6; Ez 11:5; 1 co 14:37). ·        - Bibiriya ni Imana ivugana n’abantu binyuze mu bantu ( Lk 1:70; At 28:25; Rm1:2; 16:26). ·           Bibiriya ni Imana ivugana n’aban...