Ubukwe: Isezerano hagati y’Imana, Umugabo n’Umugore



Ubukwe ni amasezerano hagati y’Imana, umugabo n’umugore. Iyo usomye muri Bibiriya mu itangiriro tubona ko Imana ari yo yatangije uyu muhango bwa mbere muri Edeni, ubwo yabonaga ko bidakwiriye ko Adamu aba wenyine maze imuremera umugore Eva, iramumushyira. Amagambo Adamu yavuze abonye Eva agaragaza neza ko iyo umuntu abonye umugore aba abonye uwo bahwanye kandi biranezeza. Adamu yanejejwe no kubona umugore we Eva maze avuga umutoma wa mbere ati: “Uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye, ni akara ko mu mara yanjye, azitwa umugore kuko yakuwe mu mugabo” Itangiriro 2:23.

Kuki habaho ubukwe?

Iki kibazo nticyoroshye, nyamara akenshi usanga abantu bihutira kugisubiza iyo ukibabajije. Iyo usesenguye, usanga impamvu benshi batanga z’ubukwe zidafatika. Uzumva umuntu cyanecyane abagabo agira ati:” nashatse umugore kugira ngo ambyarire abana”. Undi ati: “nta kindi nashakiye umugore uretse gukora imibonano mpuzabitsina.” Ku ruhande rw’abagore benshi usanga barashatse kuko imyaka yo gushaka yari igeze, kuko abo bangana bashatse, kuko bamaze kubengwa cyangwa kwirinda ko uwo bakundana amwanga. Izi mpamvu ntabwo zihagije kandi si zo z’ibanze kugira ngo habeho ubukwe. 
Mu gitabo Construire un foyer prospere: Catéchѐse de préparation au mariage cyanditswe na Moise Ndemesi Musekwa  agaragaza neza ko Imana ari yo mpamvu ya mbere y’ubukwe nk’uko bigaragara mu itangiriro 2:18 aho Imana ariyo yabonye ko umugabo adakwiye kuba wenyine, imuremera umufasha, Ku bwa Ndemesi urukundo Imana yakunze umuntu rugatuma imuremera umufasha, ni rwo rukwiye kuba umusingi ubukwe bushingiraho. Indi mpamvu Ndemesi atanga ni ukororoka; gushinga umuryango. Ubukwe bubaho kugira ngo abantu bororoke nk’uko Imana yabwiye Adamu na Eva ikimara kubarema.[1]   
Jye mbona ko Imana, urukundo n’urubyaro ari zo mpamvu z’ibanze zituma ubukwe bubaho. Imana ntitwayishyira ku ruhande ngo tugire ikindi tugeraho, ni yo idushoboza. Abanyarwanda bayita Gihanga bivuga ko ari yo yahanze byose, Rurema bivuga ko ari yo yaremye byose, abo dukunda nabo barimo. Nomero ya mbere ni Imana. Aha nta mukirisitu wajya impaka kuko ku bwacu tutakwiyubakira urugo, ahubwo nk’uko Bibiriya ibivuga “Umugore mwiza umuntu amuhabwa n’Uwiteka.” Urubyaro ntabwo jye ndushyira ku mwanya wa kabiri, nubwo hari abandi bashobora kubona ko urubyaro ari rwo ruza ku mwanya wa kabiri mu mpamvu zituma ubukwe bukorwa cyangwa umuntu ashaka umugore cyangwa umugabo. Mbese kubura urubyaro bivuze ko ubukwe cyangwa urugo rusenyuka? Oya, urubyaro rutangwa n’Imana. Kutabyara birababaza ariko ntibikwiye kuba impamvu yo gutana kuko Imana n’urukundo iyo bihari, iby’ingenzi biba bihari. Hari ibihugu usanga bifite umuco ushyigikira ko umukobwa abanza kubyarira iwabo kugirango bamenye neza ko azabyara, ariko ntibivuze ko muri ibyo bihugu ingo zidahura n’ibibazo bitadukanye. Ntabwo urubyaro ari rwo rukwiye kuza mbere y’Imana irutanga cyangwa urukundo ngereranya n’ibyo kurya bitunga abagize umuryango. Ubukwe si ukubyuka umunsi umwe ngo umusore arongore umukobwa wa mbere bahuye. Si no kubona abandi bashaka ngo uvuge ngo nange ngiye gushinga urugo. Ni ukumvira Imana ugakora ubushake bwayo. Icyakabiri urukundo niro rukwiye guhabwa agaciro, urubyaro rugaragaza kwaguka k’umuryango rugakurikiraho tuzirikanako rutangwa n’Imana.
Muri iki gihe hari abavugabutumwa bavuga ibijyanye nirari ryabo bigisha ko Imana yemera gatanya ndagirango dusome  Matayo 5: 31-32;  Matayo 19: 3-9; 1 Abakorinto 7: 10-16, iyi mirongo yose ihuriye ku kintu kimwe kivuga ko gutadukana kwabashakanye bitari mu bushake bw’Imana. Niyo habaye gutadukana kubwo ubusambanyi Pawuro yerekana neza ko kubabarirana ariwo muti, bitaba ibyo abatadukanye ntawe wemerewe gushaka undi. Ubukwe ni isezerano ry’iteka kandi burya nubwo umugabo nu mugore aribo barihana imbere y’Itorero ariko baba basohoza ubushake bw’Imana yo yatangije uyu muhango. Bivuga ko baba bagomba kubahiriza icyo Imana yashyiriyeho ubukwe. Imana ivuga kubana akaramata, kandi ivuga umugabo umwe n’umugore umwe. Ibindi abantu bagenda bahidagura bakora ibijyanye n’irari ryabo sibyo dukwiye guha agaciro twe abizera Kristo.
Abamaze gukora ubukwe mbifurije kubana akaramata kugeza Yesu agarutse cyangwa urupfu rubatadukanyije,  namwe mutarakora ubukwe ariko mukaba mubana, mbifurije gutera intambwe yo gukora ubukwe kuko mugifite amahirwe yo kuragiza Imana imibanire yanyu.  
Imana ibane namwe.
Umwanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana




[1] Moise Ndemesi  Musekwa,  CONSTRUIRE UN FOYER PROSPERE, Catéchèses de préparation au marriage, (Goma, Editions SAIBI, 2010), p16-17).

Comments

  1. Ndanezerewe gusoma ibi byongeye kunyubaka nokumpa Imbaraga mukubaka urugo nahawe na nyagasani nanjye ndemeranya nawe 100/100 ko Imana urukundo bibanza abana bakaza nyuma kuko bidahari icyo watunga cyose ntiwagiha agaciro utayobowe n Imana harimo nabo bana

    ReplyDelete

Post a Comment

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'