BIBIRIYA INZU Y'IBITABO







   Iriburiro

Bibiriya n’ibyahumetswe n’Imana, nkuko tubisanga muri 2Timoteyo 3:16-17. Bibiriya ni ibyahishuriwe abantu n’Imana, soma imirongo ikurikira igaragaza uruhare ry’Umwuka Wera W’Imana mu iyandikwa rya Bibiriya. 2Petero 1:21; Ibyakozwenintumwa 1:16; 1Petero 1:10-12.  
·       - Bibiriya ni Imana ivuga ( Mt 22:43; At 1:16; 2Tm3:16)  
·       - Bibiriya ni Imana ivuga binyuze mu mwuka Wera (Jn14:26; 16:13; 1 Co 2:10-13; Hb 3:7; 9:8;10:15; 2Pt 1:20,21; Jr 36:4).
·   - Bibiriya n’Imana ivugana n’abantu  bakandika binyuze ku Mwuka Wera bahumekewe cyangwa babwiwe.   ( Ex 24 :4; 35:1; 2 Sm 23:2; Is 51:16; Jr 36:4-6; Ez 11:5; 1 co 14:37).
·       -Bibiriya ni Imana ivugana n’abantu binyuze mu bantu ( Lk 1:70; At 28:25; Rm1:2; 16:26).
·          Bibiriya ni Imana ivugana n’abantu bi bihe byose binyuze kubantu ( Jr 1:9; Ez 2:7; 3:4, 11,17; 1Th 2:13; 2 Tm 3:16,17; Hb 1:1,2 

  Ibitabo bigize Bibiriya 

Ijambo Bibiliya rituruka ku ijambo ry’ikigiriki “Biblia” rivuga igitabo, bityo bibiriya akaba ari igitabo kigizwe n’ibitabo byinshi, Bibiriya n’inzu y’ibitabo “Library”. Ibitabo bigize Bibiriya harimo ibitabo by’amateka amategeko, ubuhanuzi, ubusizi, imigani, indirimbo, ubutumwa bwiza,n’ inzandiko bikubiyemo ubwenge byinshi nu bwiru bw'Imana. N’ubwo ibitabo bya Bibiriya bitandukanye kandi bikaba byaranditswe n’abantu batandukanye Imana yakoresheje, byose bihurira kuntego imwe kugeza ku bantu ubutumwa bw’Imana.  Imana yaremye ijuru n’isi, kugirango yi hishurire abantu kandi ibagezeho ubushake bwayo yakoresheje abakurambere bacu aribo Admu, Eva, Nowa, Aburamu n’abandi batubanjirije yagiye yiyereka mu bihe bitandukanye. Iyo ufunguye Bibiriya haba iyimpapuro cyangwa izo dufite muri terefone na mudasobwa, usanga ifite ibice bibiri (Isezerano ryakera n’Isezerano rishya) ibice bifitanye isano kandi byuzuzanya.  Ibitabo bigize Bibiriya biri mu byiciro bikurikira:
 Isezerano rya kera ririmo:
·          Ibitabo  by’amategeko cyangwa ibitabo 5 bya Mose
·         Ibitabo 13 by’Amateka
·         Ibitabo 4 by’ubwenge
·          Ibitabo 17 by’ubuhanuzi birimo: Abahanuzi bakuru 5, Abahanuzi bato 12
        Isezerano rishya ririmo:
·         Ibitabo 4 by’ubutumwa bwiza bwa Yesu
·         Igitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa
·         Ibitabo 21 by’inzandiko
·          Igitabo cy’ibyahishuwe (gikunze gushyirwa ukwacyo ariko nacyo  ni urwandiko)

Ntabwo Bibiriya zikoreshwa ku isi zifite umubare w’ibitabo bingana kandi ntibina tondetse kimwe. Ingero z’imwe zifatika ni:
-Bibiriya ikoreshwa n’amatorero akunze kwitwa ay’abaporotesitanti ifite ibitabo 66, Isezersno ry’akera 39 naho isezerano rishya 27.
-Bibiriya ikoreshwa mu idini y’Abayahundi “Judaism” igizwe n’ibitabo 24 byo mu Isezerano rya kera gusa. N’ubwo umubare w’ibitabo ari 24 ariko ungana n’umubare w’ibitabo 39 bigize Isezerano rya kera muri Bibiriya ikoreshwa n’abaporotesitanti. Itandukaniro n’uburyo ibitabo bigabanyijemo n’inyito y’abyo. Impamvu umubare w’ibitabo ugabanuka n’uko muri Bibiriya y’Abayahudi ibitabo bya Samweli, Abami, Ingoma, Ezira kugeza kuri Nehemiya bifatwa nk’igitabo kimwe n’ibitabo kuva kuri Hoseya kugeza kuri Malakiya na byo bifatwa nk’igitabo kimwe. 
-Bibiriya ya Gatorika igizwe n’ibitabo 66 by’iyongeraho ibindi bita ibitabo by’ubuziranenge bwa kabiri” Second conon” 11 byose bikaba 77.    
- Hari na Bibiriya ya Bahamya ba Yehova, umwihariko wayo ni uko aho Yesu avugwa nk’Imana usanga muri yo handikishijwe inyuguti nto urugero Muri Yohana 1:1 “ Mberena mbere hariho Jambo; Jambo yahoranye n’Imana kandi Jambo yari Imana”. Iyi “Imana yanyuma uzasanga yanditse “imana”. 
Ikindi ukwiye kumenya ni ukwo umubare wi bitabo dusanga muri za Bibiriya zacu, amacapiro n'imiryango ya Bibiriya mu Bihugu, bigira uruhare mu kwiyongera cyangwa kugabanuka bitewe nuko iyo Bibiriya yahiduwe n'impamvu yahiduwe. urugero hari za Bibiriya uza sanga zihuza ibitabo twita ko byemewe n'abaporotesitanti hamwe n'ibindi abakatorika bita ibyubuziranenge bwa kabiri. hari igihe uzasanga Bibiriya ifite isezerano rishya gusa na zaburi. Ibi biba bitewe n'umuryango cyangwa idini, itorero byagize uruhare mu ihidurwa ry'iyo Bibiriya. 
Hari nizindi Bibiriya zitadukanye dore ko hari nizitwa ko ari iza satani, kandi nazo zifite ubutumwa zitanga kubemera satani. Ubu rwose abantu barahari berura ko satani ari imana yabo, nabo bafite ibitabo byabo batambutsamo ubutumwa, kandi barakataje kuko bamaze no kwinjira mu matorero banyuze muri bamwe mubayobozi ba matorero, abavugabutumwa, abaririmbyi, abanyamasengesho nabandi bafite ibyo bakora mu Itorero. Intego yabo ni ukugoreka Ijamabo ry’Imana, kugirango ba bone uko bayobya abizera. Niyompamvu dukwiriye kubamaso. Tuzagira igihe cyo kuvuga “ku masega yiyambitse uruhu ry’intama agamije kurya intama”.  


2. Ubuziranenge bwa Bibiriya
Ibitabo biri muri Bibiriya nti byanditswe n’umuntu Umwe cyangwa igihe kimwe Bibiriya yanditswe n’abantu batadukanye bayobowe n’Umwuka w’Imana kandi mu bihe bitadukanye. Igitangaje n’uko usenga ibitabo bigize Bibiriya ubutumwa burimo bw’uzuzanya n’ubwo bitandikiwe hamwe, igihe kimwe cyangwa n’umuntu umwe.
Ubuziranenge bwa Bibiriya “Canon of the Bible” burebana n’uburyo ibitabo bya shyizwe muri Bibiriya cyangwa nti bishyirwemo. Nta bwo ibitabo byose byakoreshwaga n’Abayuda cyangwa Abakristo mu Isezerano rishya, byashizwe muri Bibiriya. Kugirengo igitabo gishyirwe muri Bibiliya hari ibyo icyo gitabo cyagombaga kuba cyujuje. Mu nama “council” yabereye Jamnia ahagana muri 90 nyuma ya Yesu, ibitabo byashyizwe mu Isezerano rya Kera byari by’ujuje ibi bikurikira: 

·         Kuba igitabo kigaragara ko cyanditswe uwandika ayobowe n’Umwuka wera w’Imana
·         Kuba igitabo cyaranditswe n’intwari z’Abayahudi nka Mose, Yosuwa,Dawidi, Salomo n’abandi.
·         Kuba igitabo cyara koreshwaga mu isinagogi mu gihe cyo gusenga
·         Kuba igitabo cyari mu bitabo byahumetswe by’Abayahudi (Hebrews Canon) 

Ibitabo byo mu isezerano rishya kugirango bishyirwe muri Bibiriya byafashe ibinyejana bitatu nyuma ya Yesu. Muri 367 nyuma ya Yesu Athanasius yagaragaje ibitabo 27 byujuje ubuziranenge akaba aribyo bigize Isezerano rishya. Ibintu bitatu byingenzi byagendeweho kugirango igitabo gishyirwe mu Isezerano rishya ni:
·         Gukomoka ku intumwa: igitabo cya gombaga kuba cyaranditswe n’intumwa za Yesu kugirango gishyirwe mu Isezerano rishya.
·         Gukoreshwa mu nsengero: Iyo igitabo cya koreshwaga mu nsengero cya shyirwaga  mu bitabo bigize Isezerano rishya.  
·         Kuzuzanya: Igitabo cyagombaga kuba cy’uzuzanya n’isezerano rya kera hamwe n’ibindi bitabo byo mu Isezerano rishya kugirango cyemerwe. 

3.      Ubutumwa bwa Bibikiya 
Iyo usomye Bibiriya usanga ubutumwa burimo bukubiye mu isanganyamatsiko imwe Umugambi w’Imana wo gucunkura abantu. Ibi bituma Bibiriya ifatwa nk’igitabo cy’amateka y’agakiza. Imana yaremye umuntu mu ishusho yayo, ariko umuntu aza gucumura arya ku mbuto Imana yari yamubujije. Ugucumura kwa Adamu na Eva kwatumye umubano w’Imana n’abantu uzamo igitotsi.  Isezerano rya kera ryerekana umugambi w’Imana wo gucungura amahanga yose binyuze mu gutoranya Abisiraheri nk’ubwoko bwayo umucunguzi w’abo mu isi yavukiyemo. Isezerano rishya rigaragaza ugusohora k’umugambi w’Imana wo gucungura abantu. Nkuko tubisanga muri Yohana 3:16 urukundo Imana yakunze abo mu isi nirwo rwatumye Imana itanga Yesu ngo aducungure, atubera igitambo kizima cyera kandi gishimwa n’Imana.  

Umusozo  

Bibiriya ni inzu y’ibitabo, umuntu atabasha gusobanukirwa akoresheje ubumenyi bwe n’ubuhanga bwe. Umwuka Wera niwo udufasha gusobanukirwa no kumenya, kandi kubera kamera ya muntu tumenyaho bike. Hari ibindi tuzaganiraho kuri bibiriya mu minsi irimbere urugero: Uko Bibriya ikoreshwa, Uko Bibiriya yagiye ihindurwa mu izindi ndimi. Mbifurije kugira amahoro y’Imana no gukunda kwibwira amagambo y’Imana kumanywa na nijoro. Ijambo ry’Imana ribe mu mitima yacu ahokuba kumunwa, mubitabo, mudasobwa na terefone.

Mugire amahoro y’Imana 

Byateguwe na:
Pasitori Kubwiamana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana



Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'