Ibyonnyi by’ubukwe bwa gikirisitu





Kuva aho ubukirisitu bwinjirijwe mu Rwanda bwa mbere n’abapadiri bera mu 1900, gushyingirwa imbere y’Imana byahawe agaciro cyane n’abayoboke benshi mu matorero na za Kiliziya.  Ni byiza ko ubukwe buragizwa Imana yo yatangije uyu muhango bwa mbere muri Edeni, ubwo yahaga Adamu Eva. Muri iki gihe hari ho gutezuka cyane ku ibirebana no gushyingirirwa imbere y’Imana bitewe n’ibyo nise ibyonnyi by’ubukwe bwa gikirisitu bitadukanye bigaragara mu Rwanda rwa none.

a. Imibonano mpuzabitsina mbere yo gushyingirwa

Imibonano mpuzabitsina ikozwe n’umusore n’umukobwa barambagizanya cyangwa bakundana mbere yo gusezerana imbere y’Imana iri ku isonga y’ibituma hari kugaragara cyane ingo ziri gushingwa mu buryo nita guca iy’ubusamo. Ubukwe ujya kumva ukumva ngo burahagaritswe mu Itorero kuko basanze umukobwa atwite cyane cyane mu matorero akomera ku busugire by’Itorero n’ikinyabupfura. Muri iki kinyejana cya makumyabiri na rimwe hari byinshi biri gushora urubyiruko mu bikorwa by’urukozasoni harimo imiziki, amafoto n’amakuru hirya nohino ku imbuga nkoranyambaga. Ariko firime (film) cyane cyane izigaragaraza abakora imibonanao mpuzabitsina, ziri ku isonga mu gushora urubyiruko rwinshi mu gukora imibonano mpuzabitsina bakiri bato.
Iyo urebye firime zerekanwa ubutumwa zitanga usanga ahanini ari ubusambanyi, kunywa ibiyobyabwenge, urugomo, kuba ibyigenge n’ibindi usanga byangiza urubyiruko utaretse n’abakuru. Ubutumwa izi firime zitanga bugira uruhare rukomeye mu gushora abantu benshi mu gukora imibononano mpuzabitsina akenshi idakorewe igihe n’abantu bakwiye. Nta kuntu umusore usambanya umukobwa igihe ashakiye n’uko ashaka azagira ubushake bwo kumushaka, ahubwo usanga ahinduka umusogongezi w’amajipo.
Biragoranye kandi gushaka umukobwa wahindutse nk’urunyariro (mu mbabarire si ugutukana) ngo umujyane imbere y’Imana gushyingiranwa, n’ubwo muri iki gihe benshi batagitinya Imana. Umusore umwe twakoranye umurimo w’Imana wo kuririmba yigeze kuduha ubuhamya agira ati:“Nashatse ntabyiteguye kuko nari maze gutera umukobwa inda. Kandi namuteye inda turyamanye rimwe gusa, bituma ibirori numvaga nzakora by’ubukwe biyoyotse. N’ubwo ubu nateye igikumwe ntegereje gusezerana imbere y’Imana ariko numva imbaraga n’ubushake nari mfite mbere byo gukora ubukwe ntakibifite.” Uyu musore yibonye yaguye mu mutego wo gushaka huti huti kubera ko yari amaze gutera umukobwa inda ntiyabanza kuragiza urugo rwe Imana, kandi nawe byamukoze ho kuko wumva afite kwicuza n’ubwo agifite amahirwe yo kuzaza mu inzu y’Imana akaragiza urugo rwe Imana.

b. Kubana mbere yo gushyingirwa (cohabitation)

Isi ubu yabaye nk’umudugundu umwe kubera ahanini ikoranabuhanga. Usanga umunyarwanda akurikirana ibibera hanze y’u Rwanda amasaha 24/24 nk’umuntu uhibereye kubera tereviziyo, radiyo, murandasi, terefone n’ibindi byifashishwa mu itumanaho. Imico yo hanze irihuta gukwira mu Rwanda kubera ikoranabuhanga twavuze n’ingaruka z’ubukoroni aho usanga abanyarwanda benshi bafata ibikorwa n’abazungu byose nk’aho ari byiza kurenza ibyabo. Uzumva uti inka ya kizungu, undi ati runaka ni umuzungu kubera ko abaye ho neza ukagira ngo abazungu nibo bonyine babaho neza. Uku kwisuzugura kuranga abanyarwanda yewe nabandi birabura muri Afurika, bituma bahiduka abakira gusa. Ni ukuvaga ko ibije byose biturutse mu bazungu cyangwa mu bihugu by’iburayi na Amerika bifatwa nkaho byose ari byiza ntabyo akenshi habaho no kugenzura. Ni bake usanga bafata umwanya wo kugenzura impavu batsura amapataro, impamvu bambara imyenda ibandarika. Urugero uzasanga umwenda wambarwa nabakobwa baba iyo Iburayi na Amerika kuberako hakonje abacu bawambara mu bushyuhe, imwenda bajyana gukina za tanise twe uzabona bayizana mu rusengero ku ishuri nahandi. Urugero uzabona uwitwa umusitari muri Anerika I Burayi, yamabaye imyenda igaragaza nutwimbere yambariyeho nawe wihute wambare nkawe, arikose ko mbona benshi baba bari kwamamaza iyo myenda kandi babihemberwa wowe uba wamamariza nde?  Cyangwa irihe  duka? Abo bambara ukobashatse bari mubirori, iyo batumiwe mu nsengero no mubirori bya Leta bambara ukundi, ariko abacu bo kubera ubujiji uzababona ntaho bubaha hose baba biyandaritse. Aba mureberaho mwambara ubusa abenshi bafite aba barinda, yewe naho baba baririmbira cyangwa bakinira baba barikumwe nabarinzi babo, none ko wambara ubusa ukagenda mu muhanda wowe urunzwe nande? Adamu na Eva bihishe Imana igihe bari ba bonye ko bambaye ubusa kubera icyaha.  Biremeye imyenda mu mababi yibiti, ariko nayo Imana nti ya yishima ni ko kwica inyamaswa ifata uruhu ibaremera imyambaro. Bivuga ko n’Imana iyo wambaye ubusa uba utari mu bushake bwayo. Aho wakwibaza impamvu mu Burayi na Amerika hari kuvugwa ihohoterwa rikorerwa abagore na bakobwa? Usesenguye wasanga kuba barahisemo ubushake bwabo, bwokubaho uko bashatse, benshi bakumva ko bigenga bityo bakoresha imibiriyabo uko bashaka, ikivamo ni ibyo twumva, birimo ihohoterwa, ubutinganyi, kuryamana n’inyamaswa….. Rimwe na rimwe abantu twanga gusarura ibyo twabibye, ariko birakwiye ko umenya neza ko icyo ubiba aricyo uzasarura. Nubiba ubusa uzasarura ubusa, ariko nubiba imbuto nziza uzasarura imbuto nziza.
Mu ibihugu by’I Burayi na Amerika ubu hagaragara umubare munini w’ababana badasezeranye haba imbere y’amategeko cyangwa imbere y’Imana, ibyo Michel Johner mu gitabo cye “A QUOI SERT LE MARRIAGE?” yita mu ururimi rw’igifaransa “ conjugalité”, “ Union libre”, “concubinage”  cyangwa mu uburyo yita ubwiyubashye “ cohabitation” (Michel J., 1997, p 5-6). Ubu buryo bwo kubana hagati y’umuhungu n’umukobwa cyangwa umugabo n’umugore batandukanye nabo bari barashakanye, badasezeranye buri mo kwiyongera cyane muri iki gihe mu Rwanda.
Ubu usanga abasore n’inkumi benshi babana mu mazu akunze kwitwa geto, aho umusore   n’umukobwa bashobora kubana nk’umugabo n’umugore n’iyo baba muri geto zitadukanye kuko usanga bakora imibonano mpuzabitsina igihe bashakiye dore ko abasore bamwe bambwiye ngo « abanywa amata bose ntabwo boroye inka. »  Usanga ubu buryo bwo kubana bugaragara cyane mu bihugu by’I Burayi na Amerika buri kugenda bufata intera mu gihugu cyacu.
Hari umugabo w’incunti yanjye maze igihe nganiriza musaba ko yasezerana n’umugore we babana ariko akabyanga. Iyo mubajije impamvu atagirana amasezerano n’umugore babana kandi bamaze no kubyarana, ambwira ko atabikora kuko abona umugore atamwubaha. « Urabona umugore niba atanyubaha tudafitanye igikumwe ubwo tugiteye urumva noneho namukira? » Uyu mugabo impamvu adashaka gusezerana n’umugore imbere y’amategeko n’imbere y’Imana ni uko abanye n’umugore. Kuri we kubana n’umugore ni uburyo bwo gusuzuma ngo arebe ko basezeranye bazabana neza. Ariko ubukwe nti bukwiye kubanzirinzwa nicyo nakwita igerageza mu buryo bwo kubana. Ntibikwiriye kubanza kujya kugeregeza umubano ngo  « tubanze tubane turebe ko tuzashobora kubana.» Kubana si umukino cyangwa umwambaro wambara ukawukuramo uko ushatse n’igihe ushakiye.  Kubana ni ukwiyemeza, ni uguhitamo kandi ugahitamo utareba inyuma. Ndateganya gusohara igitabo mu kwezi kwa karindwi ubwo nzaba ndi mu biruhuko, nibyo byinshi tuzabisobanura neza.

C. Inshuti mbi

Hari imvugo y’Abafaransa igira iti «  mbwira uwo mugendana ndakubwira uwo uri we.» bivuga ko uwo mugendana cyane agira uruhare mu guhindura ubumuntu bwawe abugira bwiza cyangwa bubi. Inshuti mbi zituma ushobora kwishora mu ngeso mbi harimo n’ubusambanyi bwatuma utera inda cyangwa ukayiterwa byakuviramo kudakora ubukwe buragijwe Imana, cyangwa ukabukora huti huti, cyangwa bugakorwa ariko bwubakiye ku musengyi, bivuze ko butazaramba. Ni byiza guhitamo inshuti nziza ugendana na zo wabona hari ibyo inshuti zikujyana mo bitari byiza ukareka kugendana nazo.

D. Ubutinganyi

Muri iki gihe hari kugaragara abantu bemera ko bakorana imibonano mpuzabitsina n’abo bahuje igitsina. Hari abagore n’abakobwa duhora twumva bavuga ko bo bahisemo kwibanira n’abagore cyangwa abakobwa bangenzi babo n’abagabo n’abasore nabo ni uko. Ubutinganyi mu bihe byashize bwafatwaga nk’uburwayi yewe n’ababukoraga bakaba batarabushyiraga ku mugaragaro. Uburenganzira bwa muntu ubu bwabaye urwitwazo aho icyari uburwayi bwo mu mutwe kiri gufatwa nk’aho nta kibazo ahubwo ari uburenganzira bw’umuntu. Wa kwibaza niba uburenganzira bwa muntu buvuze gukora icyo umuntu ashatse cyose? Ese umuntu nakenera kwica undi azavuge ngo ni uburenganzira? Kwemerera abantu konona imibiri yabo, ubuzima bwabo, ibitekerezo byabo, yewe kwica ikiremwa muntu koko ni uburenganzira? Aha ni ho abakirisitu bakwiye gukanguka bakamenya ko Satani ari hafi gukora ku mugaragaro, ikibi kigahabwa intebe icyiza kikameneshwa. Ubutinganyi buri kwiyongera cyane kuburyo amafirime, indirimbo zikorwa, ibyandikwa byinshi cyane cyane mu bihugu byitwa ko byateye imbere abatinganyi batanga ubutumwa bukangurira abantu ubutinganyi.
Urubyiruko rwinshi ruri kugwa mu mutego mubisha wa Satani wo gusenya umuhango w’ubukwe Imana yatangije muri Edeni ishyingira Adamu Eva bicishijwe mu butinganyi buri kwamamazwa ku isi utaretse u Rwanda. « Killing humanity in the name of human rights.” bivuga: Kwica ikiremwa muntu mu izina rw’uburenganzira bwa muntu. Iyi mvungo nkunze kuyikoresha iyo numva umuntu avuga ngo ni uburenganzira bwa njye nyamara ibyo yita uburenganzira bwe ari urupfu rwe. Uko isi itera imbere hari n’ubupfu bwinshi butezwa imbere kuko hari abantu batunzwe no kwamamaza ibibi. Ni yo mpamvu kwambara ubusa bizitwa uburenganzira, uburaya no kubukangurira abandi ubageza ho firime z’urukozasoni na byo bikitwa uburenganzira, ubutinganyi bwonona ikiremwamuntu mu buryo bwi’mpagarike n’ubungingo bukitwa uburenganzira. Kugeza ubu mu Rwanda ubukwe hagati y’abahuje ibitsina nti bwemewe n’ubwo hagenda hagaragara abashaka gusaba ubwo burenganzira, ariko twibwira ko leta y’u Rwanda itazabaha ubwo burenganzira kuko kwaba ari uguha urwaho ikibi ku umugaragaro.   

Umusozo

Ibyonnyi biri gutuma abasore n’inkumi, abagabo n’abagore, bananirwa gukora ubukwe mu buryo bwubahisha Imana ni byinshi, ariko nti bikwiye ku tunesha ahubwo dukwiye kubinesha. Ni  nshingano yajye nawe abemera Yesu Kristo kuburira abantu ko aho bajya ari muri sodomo kandi sodomo icyo yakorewe n'ukurimburwa n’umuriro. Reka tubaburire hatazagira ugira urwitwazo avuga ko atabwiwe.  

Imana ibahe imigisha.

Umanditsi:
Pasitori Kubwiamana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana






Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'