Ikibazo si ukugwa, ikibazo n’ukugwa ntu byuke; kuyoba ntumenye ko wayobye
Iriburiro
Mubuzima bwa buri munsi nkunda kugenda n’amaguru kandi
nihuta. Iyo nayobye mbibona ngeze kure kuburyo gusubira inyuma bingora kandi
bikamvuna. Ni ko biri no murugendo turimo rujya mu ijuru habaho kugwa,
kuyoba cyangwa gusubira inyuma kandi
biragora kwisubiraho iyo umuntu ya guye cyangwa ya vuye mu inzira. Kuyoba
s’ikibazo, kugwa nabyo s’ikibazo no gusubira inyuma si ikibazo, ikibazo ni
kimwe kutamenya ko wa yobye, wa guye cyangwa wa subiye inyuma. Reka turebe
ingero z’abami babiri bambere ba yoboye ubwoko bwa’abisiraheri kugirango dusobanukirwe n’icyigisho cy’uyumunsi.
1. Sawuri: Sawuri yabaye umwami wa mbere wa tegetse Isiraheri
nyuma yuko abisiraheri banze kuyoborwa n’abatambyi b’Imana bakisabira umwami. 1
Samweri igice cya 8, igice cya 9 ni gice cya 10. Ibi bice wa bisoma witonze
kugirango umenye neza uko abisiraheri banze kuyoborwa ni Mnana, kuberako
bivuzaga kumera nkabandi bose. Nkunze kubwira abakrito ko “ tutari nkabandi ngo
twifuze gusa nabo, kumera ngabo”, kuko turi ishyanga ryera Imana yatoranije,
idushyiriraho kuba urumuri. Ntabwo wamurikira abandi kandi umeze nkabo, urumuri
ruvugwa aha ni imirimo yacu mwiza yo gukiranuka. Uyumunsi turibanda kuri 1 Samweri 19:18-24; Iyo usomwe 1Samweri kuva kubice 17 kugeza kubice 31
Sawuri apfuye, ubona ko Sawuri yahize Dawidi ashaka kumwica Imana ikagenda
ikiza Dawidi kandi Sawuri akabibona ko Imana iri kumwe na Dawidi. Ariko Sawuri
ntiyigeze areka umugambi we mubisha wo gushaka kwica Dawidi. Muri ikigice cya 1
Samweri 19 iyo usomye, usanga byarageze naho Sawuri ahanura abantu
bakamwibeshyaho bibaza niba yabaye umuhanuzi.
Iyo umuntu ya yobye, akenshi we ntabimenye ahubwo ayobya nabandi. Sawuri
yakoresheje ingabo, intumwa, agera naho kwica abatambyi ashaka uko ya kwica
Dawidi. Sawuri yaguye mu bugome
abusinziriramo nti yabyuka, ahubwo apfira mu bugome. Dore bimwe mu biranga
umuntu wayobye nta bimenye cyangwa wa guye nta byuke: Kutumvira inama agirwa, kwigira bamenya agaragaza
ko ibyo akora abizi, Kuyobya abandi, guhubuka mubyo akora n’ibyo avuga,
ubugambanyi nibindi bibi byinshi cyane ko aba yagiye kure y’Imana. Sawuri
yakoze icyaha cyo kutumvira Imana, ariko igikomeye ni uko yanze kwihana. Yaraguye
nti yabyuka, arayoba nti yamenya ko yayobye.
2. Dawidi: Dawidi niwe mwami wa kabiri wa yoboye Abisiraheri nyuma
y’urupfu rwa Sawuri. Muri 1 samweri 16
niho dusanga uko Dawidi yatoranyijwe n’Imana ibinyujije ku mutambyi
Samweri. Nyuma yo guhigwa bukware na
Sawuri byarangiye Dawidi abaye Umwami kuko uwemewe n’Imana imwemeza abantu. Dawidi amaze kuba
umwami yagiye agira byinshi akora bitanejeje Imana ariko aho atadukaniye na
Sawuri ntabwo yagwaga ngo akomeze aryame, iyo Dawidi yagwaga yarabyukaga, iyo
ya yobaga yisubiragaho akagaruka mu nzira nziza. Hari inkuru nyinshi zishobora
kutwereka uko Dawidi yihutiraga kugaruka mu nzira nyuma yo kuyoba, kubyuka
nyuma yo kugwa. Ariko reka turebe inkuru imwe dusanga muri 2 Samweri 11 aho tubona uko Dawiti yakoze icyaha cy’ubusambanyi
n’icyaha cyo kwica muri 2 Samweri 12:
13-25. Inkuru ya Dawidi asambanya umugore wa Uriya, nyuma agategeka ko
bashyira Uriya aho urugamba rukomeye kugirango apfe, itwereka neza ukuntu iyo
umuntu amenye ko yayobye agaruka mu nzira nziza niyo yaba yageze kure. Imana
ya babariye Dawidi bitewe n’umutima yari afite wo guca bugufi. Dawidi yakoze ibyaha
byinshi cyane ariko Bibiriya itwereka ko Imana ya mukundaga “nk’umuntu ufite
umutima uhwanye nuko ishaka” nta kindi cya tumaga Imana ikunda Dawidi n’umutima
wo kwihana yari afite. Dawidi yambaraga ibigunira, akisiga ivu, akarira imbere
y’abaja igihe cyose yabaga yacumuye ku Mana.
Ushobora kuba wibwira ko wakoze ibyaha byinshi kuburyo Imana
itakubabarira. Hari benshi mu batubanjirije banyuze muri iyo nzira barayoba
baragwa ariko Imana nti yigeze ibareka. Igihe cyose bisubiyeho bakagarukira
Imana barababariwe.
Muri iki gihe hakenewe ba Dawidi, abantu badatinya
guca bugufi imbere y’Imana ngo bihane. Birakomeye kuko usanga har’ abantu bamaze
kugwa nti babyuka, abandi bamaze kuyoba nti bamenye ko bayobye. Ba ndabimenyereye, niko byahoze, ntacyo bitwaye,
ni ko nabaye n’abandi basinziriye kubera kugwa, iki nicyo gihe cyo kwisubiraho ukagaruka
mu nzira nziza. Inzira n’imwe ni Yesu, Yohana
14:6. Ntabwo byoroshye gukurikira Yesu, kuko inzira igana mu ijuru
ifunganye kandi n’abayinyuramo ni bake. Icyiza nuko Yesu atajya asiga intore
ze, ababarana n’abe, akabarwanirira mu ntambara bahura nazo. Ngwino garuka
murugo Yesu ateze amaboko y’imbabazi yiteguye ku kwakira.
Umusozo
Umusore umwe akunze ku tubwira ngo “ biragoye
gukangura umuntu wisinzirije, kuko naho wavuza ibyuma ntashobora gukanguka. Naho
kubyutsa uwari usinziriye biroroshye”. Sigaho kwihagararaho emera ko wayobye
usubire mu nzira, byuka kuko kugwa atari ikibazo. 2Petero 3:9, hatwereka ko Imana itifuza ko hagira urimbuka
itwahanganira itegereje ko twihana. Umurongo
wa 10 wo utwereka ko iherezo rizaba ibyo abantu binshingikirijeho byose bikaba
umuyonga. Kuyoba si ikibazo, ikibazo n’ukutamenye
ko wayobye, kugwa si ikibazo, ikibazo n’ukugwa ntu byuke.
Umwanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African
Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission
and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana
Comments
Post a Comment