Uko wa kwirinda ibyonnyi bw’ubukwe bwa gikirisitu








Iriburiro
Ndabaramukije mwese nshuti bavandimwe mu izina rya Yesu. ubushize duherukana mbabwire “ ibyonnyi by’ubukwe bwa gikirisitu.” Bamwe muri mwe mwagiye munyandikira mubwirako mwemerenywa najye kuri ibi byonnyi, ko biriho kandi biri gukwirakira cyane mu rubyiruko. Ndashimira kandi mwe mwansabye ko nakomeza nkabagezaho uko mwakwirinda ibi byonnyi dushingiye ku ijambo ry’Imana. Ni byiza kandi byanyeretseko muba mwasomye inkuru yose. Reka mbonereho kubasaba kujya mushyira ibitekerezo byanyu ku rubuga mu mwanya wa “comments”. Ibi byafasha nabandi barusura kubibona kandi najye bingeraho vuba. Ariko ufite ikibazo cyihariye wakoresha facebook ukanyoherereza ubutumwa ukoresheje messenger. Reka turebe uko twakwirinda ibi byonnyi kuburyo twabasha kugera ku gihe cyo gukora ubukwe tutiyononnye.
1.      Uko wa kwirinda imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe
Mu igihe kirekire namaze nyoboye urubyiruko, haba kurwego rwa paruwasi, rejiyo cyangwase intara, no kuryego ry’igihugu mu Ishyirahamwe ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda (AEBR), mu bibazo nagiye mbazwa icyo kwirinda imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe nti cyaburaga. Hari abambwiraga ko muri iki gihe bidashoboka kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina. Ariko igisubizo cyihuse natangaga ni “Nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga.” Abafilipi 4:13, muri byose Yesu adushoboza, harimo nibyo twibwirako bidashoboka. Mpereye aha reka nkubwireko ayo mwajwi akubwirako bidashoboka ari amajwi ya Satani kandi ukwiye kutayumvira kuko ashaka kukubuza kuzabaho mu buzima bw’umunezero igihe uzaba ushinze urugo rwawe. Kuko imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe, ituma uzananirwa gukiranukira uwo muzashakana, kuko uba wara rohotse.
Kuki aringombwa kwifata gukora imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe? Iki kibazo dushobora kugisubiza mu buryo bwinshi ariko jye ndakoresha Ijamabo ry’Imana, n’umuco wacu abanyarwanda. Mu Ijambo ry’Imana haba isezerano rya kera ni rishya Imana igaragaza neza ko yanga ubusambanyi. “Ntugasamabane.” Kuva 20:14; Yakobo 2:11 hari nindi mirongo mwinshi ijyanye n’iri tegeko Imana yategetse. Ikindi aha ntabwo iri tegeko rireba abasore gusa ahubwo nabamaze gushaka nabo barabwirwa kudaca inyuma abo bashatse. Yesu yaguye iri tegeko arijyana kurundi rwego. “Mwumvise ko byavuzwe ngo ‘ntugasambane.’ Jyeweho ndababwira yuko umuntu wese ureba umugore akamwifuza, aba amaze gusambana na we mu mutima we.” Matayo 5:27-28, Yesu itegeko ntabo arirebera mu gikorwa cyo gusambana gusa, ahubwo no mumitekerereza yacu. Ibi ni ingenzi kuko ntawe gusambana bigwaho ahubwo habaho icyo Yakobo yita irari rishuka umuntu rishingiye kubyo ararikira. Yakobo 1:13-15. Yakobo agaragaza ko irari ritwita rigakura rikabyara urupfu. Icyaha cy’ubusambanyi nacyo ni uko. Uragitwita mu bitekerezo kikavuka mu bikorwa, ukagikuza ubigira akamenyero iherezo rikaba urupfu.  Hari imirongo mwinshi cyane muri Bibiriya ibuza ubusambanyi, ariko igikomeye gituma ukwiye kwirinda gusambana ni uko iki ari icyaha gikorerwa mu mubiri kandi imibiri yacu ari insengero za Kristo, 1 Abkorinto 6 18-19.
Tugarutse kuburyo bwo kwirinda, Pawuro agaragaza neza ko kurongora cyangwase gushaka ko aricyo gisubizo kirambye, kandi kubashatse hakaba kwirinda guhemukirana, 1Abakorinto 7:2. Ariko niba igihe cyo gushaka kitaragera wakora iki? Ijambo ry’Imana rivuga kwirinda, iyo kwirinda byanze niho haza gushaka. “Ariko niba badashobora kwirinda barongorane, kuko ibyiza ari ukurongorana kuruta gushyuha.” 1Abakorinto 7:9, aha nta cyumba cyo gukora imibonano mpuzabitsina hanze y’ubukwe gihari. Kurongorana Pawuro avuga n’ugukora ubukwe. Abasoma Bibiriya mu zindi ndimi byaborohera kubyumvu, ariko kubwo gushaka kumva ibijyanye nirari ryabo hari abagoreka uyu murongo bavugako korongorana bivugwa aha ari ugukora imibonano mpuzabitsina. Aha iyo ukomeje ubona ko ari ubukwe, kuko akomeza avugako abarongoranye ntawe wemerewe gutadukana nundi. Ni ibyo kwitondera kuko iyo ukoze imibonano mpuzabitsina uba ukoze igikorwa kigukura mu cyiciro cy’ingaragu ki kujyana mu cyiciro cy’abubatse. Usomye Malaki 2:15 hagaragaza ko ukwiye kwirinda kuko utemerewe kuriganya umugore wo mubusore bwa we. Bivuze ko iyo ukoze imibonano mpuzabitsina n’umukobwa aba abaye umugore wo mubusore bwawe ntukwiriye kumuriganya. Uwo niwe uba ukwiye gushaka, kuko iyo utamushatse uba umuriganyije. Niyo  mpamvu ari inkenzi kwirinda igihe cyose utari wageza igihe cyo gushaka. Hari inama nyinshi zitandukanye bitewe naho uri zagufasha ariko iyambere ikomeye kandi iruta izindi n’ijamabo ry’Imana.  Zaburi 119 byaba byiza uyisomye kuko igaragaza uko umusore ya kweza inziraze. Ariko umurongo wa 11 wo ugaragazako kubika ijamabo ry’Imana mu mitima yacu aribyo byadushoboza kudacumura.  
Izindi nama naguha zindashingiye ku ijambo ry’Imana, zirahari ariko simbona uko wazishyira mubikorwa udashobojwe n’Imana. Ndore bimwe mubyo ukwiriye gukora byagufasha kwirinda imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe:
-          Kugira umubano unyuze mu mucyo, aha ndavuga iyo umukowa afite umusore akunda cyangwa umusore afite umukwobwa akunda, nibyiza kutabihisha.  Kuva ku imyaka 18 umuntu aba atangiye gufatwa nkuwa kwifatira ibyemezo. Nibyiza no kumenya kudahisha ko ufite umukunzi. Iyo mu gize umubano uri mu mucyo birabafasha cyane ko nababyeyi bashobora kubagira inama kuko baba bazi umubano wanyu.
-          Kwirinda kwiyizera, aha ndavuga kubijyanye n’umubiri. Hari igihe wumva abantu bavugango turakijijwe ibi nti twabikora. Oya ukwiye kwirinda ushiraho imipaka. Nihe mukwiriye kuganirira? N’ibiki mukwiye kuganira? Nibiki mukwiye gukora nibyo mudakwiye gukora? Gusubiza ibi bibazo bibafahsa gushyiraho imipaka. Urugero mu ganirire aho abantu ba babona. Kuki mwwiherera? Kuki mwumvako mukwiye kuganirira mu cyumba mwicaye kuburirir? Uburiri ni ubwo kuryamaho. Hari abambwiye ko bidasaba uburiri, kandi koko niko biri. Ariko aho muri hose niba mushaka ko umubano wanyu uramba ni mushyireho imipaka, mu ganirire ahantu mubano ko namwe hatabatega imitego.
-          Kwiha intego mu mubano wanyu, jye nakundanye n’umugore wajye imyaka igera ku icumi. Twakundanye twigana mu mashuri yisumbuye, ariko intego twari dufite ni iyo gushakana turangije kaminuza nibura icyiciro cya kabiri. Ntabwo iyi ntego twari kuyigeraho iyo dutangira kwishora mu mibonano mpuzabitsina. Kimwe mu bituma ukwiye kwirinda imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni uko itera kurohoka kuba “addicted”. Iyo uyikoze rimwe nakabiri birashoboka nagatatu bityo bityo ejo, ukumva ko ukeneye guhidura uwo muyikorana, bikarangira ubaye nk’impfizi ya karere cyangwa ku mukobwa nk’urunyariro. Ibi wabifata ngo gutukana, ariko ndagirango nkubwire niko biri. Niga muri kaminuza nkuru yu Rwanda (UNR), hari abakobwa bitwaga ba miritipurize, urunyariro, nandi mazina mabi bitewe nibyo bakoraga. Ikibabaje ababitaga ayo mazina habaga harimo nabo bakorana imibonano mpuzabitsina. Abasore bo wumvaga bavuga ngo runaka n’umwicanyi, kandi kubasorebo babifataga nkibintu bibateye ishema. Ariko uretse no kuba ukijijwe ntabwo kugera kurugero rwo guteshwa agaciro hejuru y’imyitwarire yawe aribyiza. “Imrimo yawe yose uyiharire Uwiteka, ni ho imigambi yawe izakomezwa.” Imigani 16:3
-          Irinde firime n’andi mashusho arimo imibonano mpuzabitsina cyangwa nibindi bikorwa biganisha ku ribyo. Aha niho ruzingiye, kuko indirimbo zikunzwe nyinshi zirimo amashusho ya bambaye ubusa. Firime nyinshi zirimo imbonano mpuzabitsina yawe n’ubutinganyi, mbese ibyo nibyo byitwa ko bigezweho. Ariko, ukwiye kumenya ko umuntu yigira yakwibura agapfa. Iki cya mafirime n’andi mashusho yurukozasoni kirakomeye kuko kiri ku isonga mu bituma urubyiruko rwishora mu mibonano mpuzabitsina n’ibiyobyabwenge. Hari firime nyishi nziza wareba zika kwigisha ubuzima utiriwe utinda kuri izo zirimo ku kwigisha kwitwara no gukora ibyo wishakiye. Ntabwo ukwiye gutegekwa namashusho, ariko mu gihe utayirinze aragutegeke. Amashusho agira imbaraga yo kuguma mu bwonko igihe, niyo mpamvu iyo ureba izo firime zirimo imibonano mpuzabitsina, birangira iyo nzira ariyo ufashe uvuga ngo biragoye kwifata. Ikibazo ni uko wabihaye umwanya nawe bizagutwara umwanya wawe birangire bikononnye ubwonko, utangire witeshe agaciro.  “Rinda umubiri wawe kuruta ibindi byose birindwa, kuko ari ho iby’ubugingo bikomoka.” Imigani 4:23
-          Kugisha inama no kwirinda inshuti mbi, iyo uri mu bushuti hari igihe ukenera inama. Nibyiza kumenya uwo ugisha inama n’inde? Abayeho ate?  Akwiye kuba ari umuntu wafatiraho urugero rwiza, byaba byiza akaba ari uwubatse kuko akenshi nawe aba yaranyuze aho uri kunyura. Ariko abasore n’inkumi, ndabizi bakunze kwizera urungano cyane kuruta kwizera ababyeyi. Ibi si byiza, ariko no murungano rwawe byaba byiza umenye kwirinda inshuti z’ingurumbanya nka Yonadabu wagiriye inama mbi Amunoni yo gufata kungufu mushikiwe, 2 Samweli 13:2-15. Inshuti ifite imico mibi cyangwa imyitwarire mibi nta nama nziza ikugira keretse iyo kugushora mu bibi. Ntawe utanga icyo adafite, niba umuntu afite ibibi muriwe nibyo azaguha niba afite ibyiza nibyo azaguha.  
Kurwego rw’umuco wacu abanyarwanda, ntaho bitaniye cyane na Bibiriya. Mu Rwanda ubusugi n’ubumanzi byahabwaga agaciro cyane, akarusho kakaba ku busugi. Kuko umukobwa yashoboraga gusendwa iyo basangaga atari isugi. Umuco ntabwo uhiduka ahubwo urakura cyangwase uhuzwa n’igihe. Igihe turimo ni igihe mu Rwanda ubukristo bwamamaye, bivuze ko n’umuco wacu hari aho wagiye umurikirwa n‘ubukristo. Bityo uwavugako umuco wacu abanyarwanda udashyigikira imubonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ntiyaba abeshye. Ushobora kuba ubikora, ariko ntabwo uwo airi umuco w’I Rwanda. Mu Rwanda dushyigikira gushyingira umukobwa, umwari, ntabwo dushyigikira gushyingira umugore. Niyo mpamvu uzumva mu misango bavuga ngo umukobwa wacu ni…. Ntabwo bavuga umugore wacu. No kuruhande rw’abahugu ni uko bavuga umusore, bivuzeko ukwiye kuba ukiri umuzore cyangwa umukobwa. Iyo habayeho guterura, guce mu madirishyi, iyubusamu, ugashaka binyuranyije n’umuco wacu yewe n’amategeko ya leta, iki kubwira ko abanyarwanda batabishyigikira n’uko bigusaba kujya kwirega. Kuki wirega? Ni uko wakoze amahano, wakoze ibitari iby’I Rwanda. Ntwabo rero umuco wacu ushyigikiye imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe.  Niyo mpamvu habaho igihe cyo kurambagiza ni gihe cyo gushyingirwa.
2.      Uko wakwirinda ubutinganyi
Ubutinganyi ntabwo ari inzaduka, ushobra kuba ubu ariho uri kubwumba cyane ariko n’icyaha cyahozeho kuko ari kimwe mu byatumwe Imana irimbura Sodomo na Gomora. Bibiriya igaragaza neza ko Imana yanga ubutinganyi.
“Asenya amazu y’abatinganyi yari mu nzu y’Uwiteka, aho abagore baboheraga inyegamo zo gukingira igishushanyo cya Ashera”. 2Abami 23:7, Yosiya amaze kwima abaye umwami, yarwanije iby’ubupagani agarura abantu ku Mana. Abayisiraheri bari barimitse izindi mana bakora ibyangwa n’Uwiteka kugeza aho abatinganyi binjiye bagatura mu inzu y’Uwiteka. Umwami Yosiya mbere yo kurimbura iby’ubupagani yabanje kwegerenya abantu abasomera icyo ijambo ry’Imana rivuga.  “Maze umwami atumira abakuru b’Abayuda n’ab’i Yerusalemu bose, bateranira aho ari. Bageze aho, umwami arazamuka ajya mu nzu y’Uwiteka, hamwe n’abagabo b’Abayuda bose n’ab’i Yerusalemu bose, bajyana na we n’abatambyi n’abahanuzi n’abantu bose, aboroheje n’abakomeye. Amagambo yose yo muri icyo gitabo cy’isezerano cyabonetse mu nzu y’Uwiteka, arayabasomera barayumva. Maze umwami ahagarara iruhande rw’inkingi, asezeranira imbere y’Uwiteka ko azakurikira Uwiteka, akitondera amategeko ye n’ibyo yahamije, n’amateka ye abishyizeho umutima we wose n’ubugingo bwe bwose, kugira ngo asohoze amagambo y’iryo sezerano ryanditswe muri icyo gitabo. Maze abantu bose barahagarara bihamiriza iryo sezerano”. 2 Abami 23:1-3. Abantu bamaze kubona no gusobanukirwa ko mu ibyo Imana yasezeranye nabo gusenga izindi mana bitarimo, ubutinganyi nabyo butarimo n’ibindi bizira bakoraga, bemera gukurikiza isezerano nkuko umwami Yosiya amaze kubyiyemeza. Bafatanya nawe kwirukana abatinganyi kuko ubutinganyi ari icyaha Imana yanga urunuka. 
Ikizira cy’ubutinganyi kiri kwinjira ahera, kuko hari abantu bamaze kononekara bari konona imibiriyabo abagabo baryamana n’abandi bagabo n’abagore nabo baryamana na bagenzi babo. Nubwo kugeza ubu mu Rwanda bitarafata intera ikaze cyane, ariko isi iri mu muvuduko wo gushyikigira iki cyaha aho byitwako ari uburenganzira bw’umuntu. Mu bihe byambere umutinganyi yafatwaga nk’umurwayi wo mumutwe, ariko ubu ubutinganyi bwambitswe umwambaro w’uburenganzira bwa muntu. Yewe hari n’abajyakure bakavuga ko hari abantu bavuka ari abatinganyi, bityo bakavuga ko ari uburenganzira bwabo. Uko wabifata kose iki n’icyaha Imana yanga urunuka. Imana yaremye babiri (umugabo n’umugore) ifite impamvu, kuki itaremye abagabo gusa? Kuki itaremye abagore gusa?
Ntihazagire maraya mu Bisirayelikazi, ntihazagire utinga abagabo mu Bisirayeli. Ntuzajyane igisasūro cya maraya cyangwa ibihembo by’utingwa mu nzu y’Uwiteka Imana yawe ngo uhiguze umuhigo wose, kuko ibyo byombi ari ibizira Uwiteka Imana yawe yanga urunuka. Gutegeka kwa kabiri 23:18-19, mu ibyo Imana yategetse ubwoko bwayo nuko nta maraya cyangwa umutinganyi ugomba ku babamo. Ubutinganyi n’ubusambanyi n’ikizira imbere y’Imana, yewe n’ibihembo by’umutinganyi cyangwa maraya nti byemewe mu inzu y’Imana. Ntabwo ituro ry’umutinganyi cyangwa maraya rinezeza Imana. Hari insengero dusigaye tubona abatinganyi binjira baza gusenga, ntabwo twabirukana ngo bere kwinjira mu rusengero ariko nanone dukwiye kubigisha kugaruka mu inzira y’Imana. Tukabereka ko ibyo bakora ari icyaha Imana yanga urunuka, dukwiye kubasengera. Hari aho usanga abatinganyi bahabwa inshingano mu Itorero, ibi sibyo kuko  hari icyo Imana ivuga kubakwiye guhambwa inshingano mu inzu y’Imana. Ntabwo umutinganyi akwiye guhabwa inshingano mu Itorero ry’Imana ahubwo akwiye kugarukira Imana akabanza akihana akava mu butinganyi n’ibindi byaha yakoraga. Amaraso ya Yesu atweza, n’umutinganyi ya mweza, ntidukwiye kubagira ibicimbwa ariko nti dukwiye kubagira inshuti. Zaburi yambere iyo uyisomye ubonako tudakwiye kwicarana n’abakobanyi. Umutinganyi umubano wagirana nawe ushobora kwangiza ubuhamya bwawe, bisaba kuba ukuze mu gakiza kandi uzi neza ivugabutumwa. Hari abadayimoni bakurwaho no gusenga no kwiyiriza ubusa, ubutinganyi buterwa na dayimoni ikomeye yo kwigomeka ku Imana. Birakwiye kuvuga ubutumwa bwiza kandi tukabubwira abantu bose, ariko birakwiye no kumenye uburyo wirinda kugwa mu mutego wa sekibi satani. Reka twe guha satani urwaho, duha abatingani inshingao mu matorero kuko iki ari ikizira dukwiye kurimbura tugakiguzaho ijambo ry’Imana.  
Ubutinganyi n’umwuka uva kuri Satani wo kwigomeka ku Imana. Imana yari ifite ubushobozi bwo kurema abagabo gusa cyangwa ikarema abagore gusa, ariko yaremye babiri ifite impmvu. Imana yarebyeko bidakwiriye ko umugabo aba wenyine imuremera umufasha, Itangirinro 2:18. Bisobanuke neza, umufasha Imana yaremye ni umugore, si umugabo mugenzi we. Imana yaremye umugabo n’umugore, kuko umugore y’uzuza umugabo. Satani agambiriye kubiba umwuka mubi wo kwanga ubushake bw’Imana, kuko Imana mu Itangiriro ya bonye ko umugabo akwiye kubana n’umugore umwe kandi akaramata. Ariko Satani yabanje kwinjiza umwuka wo kw’Inangira abantu batangira gushaka abagore benshi, kuko sekibi ahora ashaka icyatuma abantu batumvira Imana niyo mpamvu akataje no mugukwirakwiza ubutinganyi. Satani azi neza ko igihe cye ari gito arashaka abo azarimbukana nabo, niyo mpamvu akora vuba kandi cyane ngo akuyobye uve mu nzira nziza yo gukiranukira Imana. Nuko rero mugandukire Imana ariko murwanye Satani, na we azabahunga. Mwegere Imana na yo izabegera. Yemwe banyabyaha, nimukarabe. Namwe ab’imitima ibiri, nimwiyeze imitima, Yakobo 4:7-8. Birakwiye ko tumenya uko twa rwanya ubutunganyi. Inama natanze kubijyanye no kwirinda ubusambanyi zadufasha no kwirinda ubutinganyi. Ikindi gikomeye ni ukwirinda no gushishoza ku bavugabutumwa n’abahanuzi bibinyoma bariho benshi ubu bagoreka ijambo ry’Imana. Kubera amafaranga menshi abamamaza ubutinganyi bakoresha hari amatorero menshi ari kugwa mu mutego wo kwemera ubutinganyi. Uyu murimo w’Imana ntabwo dukwiye kuwonona kubera intonke. Abayobozi b’amatorero niba bayobye kubera intonke, mukristo beramaso ubugingo bwawe. Birakwiye guhugura, kugira inama no gusengera abayobozi b’itorero usengeramo, ariko igihe ubona ikizira cyahawe intebe mu itorero birakwiye guhitmo kujya gusengera ahandi Uwiteka afite icyubahiro n’ijambo. Ntukihambire ku itorero ahubwo ujye wihambira kuri Kristo we rufatiro rw’Itorero, kuko abantu bahiduka ariko Kristo we ntahiduka. Ntabwo mvuzeko udakwiye kuba mu itorero usengeramo, ahubwo igihe ubuyobe bwinjiye mu itorero ukabona ntacyo wowe wakora ngo ugarure abantu mu murongo w’Imana, itadukanye n’ikibi ariko ukomeza kubasengera.



Umusozo
Imana idushoboze ku rwana intambara nziza yo kwizera, kuigirango tubashe guhagarara tudatsinzwe n’uburinganya bwa satani. Amahoro Imana itanga abane namwe mwese Amen.


Umanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'