Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza





Iriburiro

Umunsi ku wundi twumva inkuru nziza ariko tukumva n’inkuru mbi. Uyu munsi kuwa 13/11/2024, mu gitondo nibwo twumvise inkuru ibabaje yu rupfu rwa Rev. Mbanzabigwi Michel, umubyeyi akaba, umushumba, umubwiriza butumwa wakoreye Imana mu gihe cye. Kuko nari nzi ko Rev. Michel amaze iminsi arwaye, ijambo rya mbere ryanjemo kandi ariryo nahise nandika aho nari mbonye iyi nkuru ibabaje ni “ Ruhukira mu mahoro.”

Rev. Michel Umubyeyi wa benshi

Mbanzabigwi yari umubyeyi ufite abana n’abuzukuru ku isano ya maraso. Kurundi ruhande yari umubyeyi wareze benshi mu mashuri yisumbuye, mu insengero aho yakoze hose, yewe naho yatuye hose kuko yari umuntu urangwa n’urukundo, ukunda abantu bose nta kuvangura. Urugwiro n’urukundo umubyeyi Michel yagiraga, rwatumaga buri wese amwisanzuraho. Rev. Michel yabaye inshuti ya bakuru aba inshuti ya bato, umwe mu bana yareze ubwo twaganiraga yagize ati “Pastor Michel yari umubyeyi ugira urukundo kuburyo iyo wageraga iwe mu rugo, mwasangiraga icyo afite cyose. Ikindi yaguhaga inama zubaka. Tubuze umubyeyi wagiraga ubuntu bwinshi.” Nk’ inshuti ya bana be, icyo nababwira ni ukwihangana bakinshingikiriza ku Imana papa wabo yakoreye akiriho.

Rev. Michel umushumba w’umubwiriza butumwa bwiza

Pastor Michel yakoreraga umurimo w’Imana mu Ishyirahamwe ry’Amatorero ya Babatisita mu Rwanda (AEBR). Aho yakoze umurimo w’Imana hose nka Nyagahinika, Rubavu, Kigali, Huye, Musanze aho hose ahasize umurage mwiza. Ni gake uzabona umushumba wayoboye ku rwego rwo kuba umuvugizi wungirije, ajya mu ivugabutumwa ryo ku muhanda cyangwa urugo ku rugo. Ubwo  Rev. Michel , yari kuri AEBR kacyiru, yigeze gushyiraho icyumweru cy’ivugabutumwa urugo ku rugo no ku muhanda. Ubwo twajyaga mu ivugabutumwa muduce twa Kabagari, kanserege, nahandi pastor Michel niwe wabaga aturi imbere. Ntabwo yari umushumba ushora abo ayoboye ku rugamba atariho, ahubwo yatangaga urugero. Uzi Rev. Mbanzabigwi azi ko yari umuvugabutumwa mwiza, ubwiriza bibiliya mu kuri kandi agahuza ijambo ry’Imana n’abo aribwira no mugihe aribabwira. Iyo yakiraga abishyitsi mu iteraniro wabaga ari umwanya umuntu wese witabiriye iteraniro yagomba guseka bitewe nuko yabaga avuga igifaransa, icyongereza, ikinyarwanda n’igiswahili bitewe naho umushyitsi aturutse yahitaga uvuga rumwe muri izo ndimi. Nk’uko Ibyahishuwe 14:13 havuga “Numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Andika uti ‘Uhereye none hahirwa abapfa bapfira mu Mwami wacu.’ ” Umwuka na we aravuga ati “Yee, ngo baruhuke imihati yabo, kuko imirimo yabo ijyanye na bo ibakurikiye.”  Dufite ukwizera ko imirimo  Pastor Michel yakoreye Imana akiraho yagiye imuhereje. Ubu ari mu igicu cy’abahamya benshi  batubanjirije mu murimo, batubera urugero rwiza, barangiza urugendo rwabo neza (Abaheburayo 12:1). Mu bategerje ko abere bose tugera mu ijuru kugirango tugororerwe nawe arimo.

 

Nk’uko umuririmbyi yaririmbye “Aheza ni mu ijuru,” benshi turababaye ariko kandi dufite ibyiringiro ko tuzabana mu bwami bwo mu ijuru ahatazaba uburwayi no gupfusha. Umuryango n’inshuti za Rev. Mbanzabigwi Michel mukomeze kwihangana.  

 

Pastor Joel Kubwimana

 

 

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'