KONGERE YA 4 YA LAUSANNE (L4) MU IMBONI Z’UWAYITABIRIYE

 

KONGERE YA 4 YA LAUSANNE (L4)  MU IMBONI Z’UWAYITABIRIYE 

 


Iriburiro

Kuva ku wa 21 Nzeri 2024 kugeza ku wa 28 Nzeri2024 Incheon-Seul Muri Koreya y’epfo habereye Kongere ya kane ya Lausanne. Iyi kongere yitabiriwe n’abantu barenga ibihumbi bitanu muri Koreya, n’abandi barenga ibihumbi bitanu bitabireye mu buryo bw’ikoranabuhanga (online). Abayobozi mu matorero, mu bigo byegamiye ku matorero n’imiryango ya Gikristo, Abakristo bakora mu nzengo zitandukanye za Leta cyangwa izingenga baturutse mu bihugu birenga 190 byo ku isi ba bashije kwitabira muri ubwo buryo bubiri twavuze haruguru nyuma yo gutoranywa no kwemezwa n’abayobozi ba Lausanne. 

Muvoma ya Lausanne n’amateka yayo

Muvoma ya Lausanne yatangijwe na Billy Graham, Leighton Ford na John Stott mu 1974 kugira ngo habeho  kwihuta no kubaka  ubufatanye bwiza bw’Ivugabutumwa ku isi. The Lausanne Committee on World Evangelization, (Komite ya Lausanne ishinzwe Ivugabutumwa ku isi ni ryo zina ryahawe iyi nama ya mbere ya bereye i Lausanne mu Busuwisi (Switzerland).    Ariko amazina magufi yaje kwamamara cyane ni Lausanne, (Lausanne Movement) Muvoma ya Lausanne, (Lausanne Congress) Kongere ya Lausanne, bitewe n’uko inama ya mbere yahuje abayobozi mu matorero atadukanye barenga 2500 baturutse impande zose z’isi.  Iby’ingenzi byavuye muri iyi Kongere ya mbere ya Lausanne ni amasezerano yo kwemera (Lausanne Covenant) kugeza uyu munsi aracyari inshingiro ryo kwemera guhuriweho n’amatorero menshi ku isi. Ikindi cyavuye muri iyi kongere ya mbere ya Lausanne ni ukumenya amatsinda y’abantu bataragerwaho n’ Ubutumwa.  Ubushakashatsi bugaragaza ko muri iki gihe, hari amatsinda y ‘abantu bagera ku 6000 ku isi bataragewaho n’ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo.

 Kongere ya kabiri ya Lausanne yabereye i Manila, muri Filipine (1989) yitabiriwe n'abantu barenga 4000.  Iki giterane cyari gitandukanye cyane kandi gitangira kwerekana iterambere ritangaje ry’itorero hanze y’Uburayi na Amerika y’amajyarugu (global South); igice cy’isi cy’uburengerazuba (Aziya, Afurika na Amerika ya majyepfo).  Iyi kongere yakoze Manifesito ya Manila.  Ikindi iyi kongere yagaragaje aho amatsinda y’abantu bataragerwaho n’Ubutumwa aherereye hakoreshejwe imvugo ’10-40’ window, indirishya ryerekana aho abataragerwaho n’Ubutumwa baherereye. Amatsinda agizwe n’Abahindu, Abayuda n'Abisilamu ni amwe muyagaragajwe n’ idirishya rya "10-40."

Kongere ya gatatu ya Lausanne yabereye i Cape Town, muri Afurika y'Epfo mu 2010 yitabiriwe n'abantu barenga 4000. Intambwe nini ya Lausanne ya 3 i Cape Town ni uko yitabiriwe n’abantu baturutse mu moko yose ku isi cyane abakiri bato.  Muri iyi kongere abitabiriye nibwo bwa mbere bahawe umwanya wo kwicarana bakaganira kuruta kumva gusa abahanga bababwira ibitekerezo byabo.  Kongere yashyizeho Cape Town Commitment yagize uruhare runini mu ivugabutumwa ku’isi yibanda kuri diyasipora (diaspora). Ukwiyemeza kwa Cape Town (Cape Town Commitment) kwagize uruhare rukomeye mu kugaragaza imigi nk’ahantu ho kwibanda mu kwamamaza Ubutumwa bwiza.   Ikindi iyi kongere yashyigikiye cyane ihindurwa rwa Bibiliya mu indimi Bibiliya itarahindurwamo.   Muri iyi kongere umunyarwanda Rev. Dr. Antoine Rutayisire yari mu bahawe umwanya wo kugira icyo bavuga mu iteraniro rya global church aho yavuze kuruhare rw’Itorero mu guharanira ubumwe n’ubwiyunge yifashishije urugero rw’u Rwanda “Wounded Nations, Wounded Healers.”


Nyuma y’imwaka 50 kongere ya mbere ibereye i Lausanne, kongere ya kane ya Lausanne (L4) yabereye Incheon-Seoul Muri Koreya y’epfo. Nyuma yo kwitabira ihuriro ry’abayobozi bakiri bato munsi y’imyaka 40, Lausanne Yougner Leader Gethering yabereye i Jakarta muri Indoneziya muri 2016, natumiwe kwitabira kongere ya kane ya Lausanne. Kongere ya kane yitabiriwe n’abantu barenga 10000 aho abarenga 5000 bari Incheon muri Koreya abandi barenga 5000 bakurikiranira kongere ku ikoranabuhanga aho bari mu bihugu byabo. Insanganyamatsiko ya L4 yari “Let the Church Declare and Display Christ Together” mu Kinyarwanda “Reka Itorero Ryature kandi Rigagazageze Christo Hamwe.” Muri iyi kongere ya kane hagaragajwe ibyuho bigera kuri 25 bigaragara mu murimo wo guhindurira abantu kuba abigishwa ba Yesu mu rwego rwo gusohoza Inshingano Nkuru twasigiwe na Kristo. Bityo L4 yagaragaje ubufashatanye (collaboration) nk’imbaraga zashoboza abizera Yesu aho bari hose ku isi kubasha kwamamaza no kugaragaza Kristo, kugira ngo abataragerwaho n’ubutumwa bwiza bubagereho. Mu masaha ya mu gitondo habagaho guhurira hamwe (the global church gathering) ihuriro ry’Itorero ry’isi, nyuma ya saa sita hakabaho guhurira muri gap zitandukanye muri 25 zatoranijwe. Nari muri gap ya 6 Least reached people, gap y’abatagerwaho n’ubutumwa bwiza. Uretse kuba nari muri iyi gap ya 6 nagize amahirwe yo kuyobora ibiganiro byaberaga muri iyi gap nk’umu facilitator. Icyo nigiye muri ibi biganiro ni uko aho umuntu ari hose hari abantu bataragerwaho n’ubutumwa bwiza kandi dukeneye gukorera hamwe kugira ngo tubagezeho ubutumwa bwiza bwa Yesu. Ku birebana n’inyigisho zitandukanye zatanzwe zibanze ku gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa, igitabo kigaragaza uko abizera bambere bayobowe n’Umwuka Wera babashije kwamamza ubutumwa bwiza bwa Kristo mu bihe byiza no mu bihe byakarengane. Nakunze cyane inyigisho yavuze kuri “the persecuted Church” Itorero ritotezwa. Iki cyigisho n’ikigniro cyagikurikiye byatanzwe n’abantu baturuka mu bihugu aho bigoye kuvuga ubutumwa bwiza nko muri Pakistan, Ubuhinde, Palestine, China n’ahandi. Byari agahinda kavanze n’umunezero kubona abantu biyemeje kuvuga ubutumwa bwiza no mu gihe bazi neza ko bashobora kwicwa, gufungwa, kurenganywa mu buryo bwose. Umwe mu Bapasitori yagize ati “Ubwo mperuka kuvuga mu ihuriro rya Lausanne nasubiye iwacu bampfunga imyaka irenga 7, n’ubu ntabwoba mfite mufate amafoto rwose, kuko niteguye kurenganywa kubw’ubutumwa bwiza.” Iyo nasomaga inkuru nk’izi zabarenganirijwe ubutumwa bwiza byabaga ari muri Bibiliya cyangwa mu bitabo by’amateka y’Itorero. Muri L4 nahuye n’abantu bafunzwe, bakubiswe, biciwe imiryango, abaciwe mu miryango, babayeho ubuzima bwa buri munsi biteguye gupfa bazira ubutumwa bwiza. Kuba hari abantu bavuga ubutumwa ku kiguzi cy’ubuzima bwabo, bikwiye kutwibutsa ko Yesu yarenganijwe kandi akavuga ko abazamwizera nabo bazarenganywa (Mariko 13:9). Bityo kwizera Yesu ni ukwikorera umusaraba iminsi yose (Luka: 9:23), bivuze kumukorera mu bihe byiza no mu bihe biruhije.  


                                             Bamwe mu banyarwanda bitabiriye L4

Ku wa 28 Nzeri2024, Pasitori Rick Warren, yagaragaje ibyo tugomba gukora kugira ngo dusoze, turangize umurimo Imana yaduhaye wo guhindura abantu bo mu mahanga yose abigishwa. Yavuze ku bintu icumi tugiye kugaragaza tukazafata undi mwanya wo kubisesengura neza tubihuza n’aho dukorera umurimo w’Imana mu Rwanda. Ku bwa Rick Warren ibintu 10 byadushoboza kurangiza, gusoza umurimo twasigiwe na Kristo ni ibi:

1.      Gusenga dusaba imbaraga z’Umwuka Wera (Ibyajoizwe n’Intumwa 1:14, 2:42, 1:8)

2.   Guhindura ijambo ry’Imana kugira ngo buri bantu bumve Ubutumwa mu rurimi rwabo kavukire (Ibyak.2:4)

3.      Kwemera no kwakira ubudasa bw’abantu (Ibyak.2:11)

4.      Kwigisha abizera kubwiriza ubutumwa bwiza (Ibyak. 2:17-18)

5.      Gushyira mu bikorwa ijambo ry’Imana mu buzima bwacu bwa buri munsi (Ibyak.2:42a)

6.      Kugaragariza isi urugero rwiza rw’urukundo (Ibyak. 2:42b)

7.      Gusubira ku Itorero rishingiye ku rugo (Ibyak. 2:46)

8.      Kuramya kwacu gukwiye kuba ubuhamya bw’umunezero (Ibyak.2:26)

9.      Gusangira ibyo dufite byose (Ibyak.2:44)

10.  Kwitanga ku butunzi (Ibyak.2:45 )

 



Ku munsi wa nyuma wa L4 habayeho gusinya Collaborative Action Commitment, aho twiyemeje gukorera hamwe mu buryo bufatika mu gusohoza ishingano nkuru twasigiwe na Kristo, ariyo guhindura abantu bo mu mahanga yose abigishawa. Kugira ngo ibi bishoboke hagomba kubaho ubugfatanye bw’abizera Yesu mu ngeri zose, abapasitori, abakristo, abayobozi b’imiryango ishingiye ku kwemera itandukanye mu Rwanda, muri Afurika no ku isi muri rusange.  L4 yagaragaje ko birenze umuntu umwe, Itorero rimwe,igihugu kimwe, umugabane umwe,  ahubwo hakanewe ubufatanye bw'abana b'Imana bayobowe n'Umwuka Wera w'Imana we mbaraga twahawe. Ibyakozwe n'Intumwa 1:8 "Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira, kandi muzaba abagabo bo kumpamya i Yerusalemu n'i Yudaya yose n'i Samariya, no kugeza ku mpera y'isi.” L4 yagaragaje kandi ko hakiri abantu bataragerwaho n'ubutumwa bwiza, bityo dukwiye gukomeza guhamya Yesu duhereye aho dutuye, dukorera, twiga, kugirango nabo ubutumwa bwiza bwa Yesu bubagereho. 

 


Pasitori Kubwimana Joel umwe mu banyarwanda bitabiriye L4

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'