Isabato n'Icyumweru mu mboni ya Bibiriya.

Iriburiro


Isabato n’icyumweru ni iminsi ikomeye mu buzima bw’abayoboke b’amadini nk’Abayahudi, Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi… Kiliziya Gatolika, Abaporotesitanti n’abandi. Usanga hari impaka hirya no hino mu bayoboke b’amadini n’amatorero ku munsi nyawo wahariwe gusenga cyangwa se umunsi twafata ko wera. Usanga amahame no kwemera kw’amadini n’amatorero ari isoko y’impaka twavuze. Ariko se Bibiliya yo ibivugaho iki? Hari icyo Bibiliya ivuga ku Isabato? Ku Cyumweru? Ese Isabato ni umunsi wera kuruta indi? Ese icyumweru cyo ni umunsi wera kuruta indi? Mu kwandika iki gitabo twakoze uko dushoboye twifashisha Bibiliya cyane kugira ngo twirinde kugira indi myumvire itari iya Bibiliya dushyira imbere. Bityo turagerageza kureba icyo Bibiliya ivuga ku munsi w’Isabato. Ese Isabato n’iki? Tuze no kureba ku munsi wo ku cyumweru niba hari icyo Bibiliya ivuga kuri uyu munsi. Turasoza dutanga umwanzuro usubiza ikibazo kigira kiti ”Ese abasenga ku cyumweru baba bishe itegeko ry’Imana?”

I.1. Ubusobanuro bw’Ijambo Isabato

Ijambo Isabato rikomoka ku ijambo ry’Igiheburayo shabbāth rivuze kurekeraho; ikiruhuko. Bivuze ko isabato isobanuye, guhagarika gukora, kurekeraho gukora, kutagira icyo umuntu akora, ikiruhuko.

I.2. Isabato mu Isezerano rya Kera

Iyo usomye mu Isezerano rya kera usanga havugwa amasabato agera kuri 64 mu buryo butandukanye. Reka turebe bumwe mu busobanuro bw'isabato mu bihe bitandukanye mu isezerano rya kera.

a. Umunsi Imana yarangije kurema

Ijuru n’isi n’ibirimo byinshi byose birangira kuremwa. Ku munsi wa karindwi Imana irangiza imirimo yakoze, iruhuka ku munsi wa karindwi imirimo yayo yose yakoze. Imana iha umugisha umunsi wa karindwi iraweza, kuko ari wo Imana yaruhukiyeho imirimo yakoze yose.  Itangiriro 2:1-3

Igitabo cy’itangiriro gitangira kitubwira uko Imana yaremye ibintu byose. Muri iki gice cya kabiri tubonye ko Imana yarangije kurema byose ku munsi wa karindwi.  Tubwiwe kandi ko umunsi wa karindwi Imana yaruhutse, aha turagira ngo twibaze ’ese kuruhuka aha ni ukwicara, cyangwa ni ukuryama ngo iruhuke?’ Nk’uko twabonye ubusobanuro bw’ijambo Isabato mu giheburayo ntabwo rivuga kuruhuka gusa ahubwo rivuga kurangiza cyangwa kurekeraho. Aha mu Itangiriro byumvikane ko ikiruhuko kiri kuvugwa aha ari ukurangiza kurema. Ntabwo bivuze ko Imana yari irushye, cyangwa se ko yicaye ikaruhuka, cyangwa ko yaryamye. Twibuke ko Bibiliya ari igitabo kimwe kigizwe n’ibitabo bitandukanye kandi byose bifite inkuru imwe: Yesu ni Umukiza w’abo mu isi. Bityo rero nk’uko Zaburi 121:4  ibivuga “ dore urinda Abisirayeli, ntazahunikira kandi ntasinzira.” Aha bitwereka neza ko Imana itaruha kuko idasinzira, idahunikira, ihora itubereye maso. Bityo kuvuga ko Imana yaruhutse, ni ukuvuga ko inanirwa kandi ibyo ntaho biri mu Ijambo ry’Imana. Aha mu itangiriro kuruhuka bivuze ko Imana yarangije kurema, yarekeyaho kurema. 

Ikindi twabonye mu mirongo twasomye haruguru ni uko Imana yahaye umugisha umunsi wa karindwi iraweza. Ese kuki Imana yejeje umunsi wa karindwi? Igisubizo nacyo kiri mu mirongo twasomye ahagira hati “kuko ari wo Imana yaruhukiyemo imirimo yakoze yose.”  Ese bivuze ko indi minsi yo itera, cyangwa ko hari umunsi wera kurusha iyindi. Iki gisubizo tuzagisubiza turi kureba Yesu n’Isabato. Kuko tudashaka gutanga igisubizo cyacu ahubwo tuzareba icyo Yesu avuga ku munsi w’Isabato.  Ariko ukwiye kuzirikana ko  umunsi Imana yarangije kurema wabaye ho rimwe utazongra kubaho.

b. Umunsi wo kuruhuka ku Bisirayeli 

Kuva mu Itangiriro aho tubona Imana irangiza umurimo wo kurema, ikarekeraho (Isabato) yo kuruhuka ku munsi wa 7 nta handi tubona abantu bayubahiriza kugeza Abisirayeli batangiye urugendo ruva muri Egiputa. Ahandi hose havugwa isabato mbere y'urugendo rwo kuva muri Egiputa, havuga kurangiza umurimo, kurangiza igikora, urugero Nowa arangiza kubaza inkunge. Ibi bitwereka neza ko Isabato yo kuruhuka ku munsi wa 7 yatanzwe mu mategeko yahawe Abisirayeli, harimo amategeko 10 yari yanditse ku bisate by'amabuye. Mugihe imbere ya Mose hari amategeko yanditse mu mitima ya bantu. Urugero tubona Kayini n’Abeli bajya gutura Imana ntawe ubibabwiye, kuko ari itegeko ryanditse mu mitima yacu, abantu. Aburahamu yatanze kimwe mu icumi(1/10) , kuko kwitura Imana tuyiha ku byo yaduhaye byanditse mu mitima yacu, abantu. Ntibisaba itegeko kugira ngo umuntu yiture Imana, bisaba umutima. Isabato yo, Abisirayeli bayihawe nk’itegeko bagomba kubahiriza.  Nk’uko twabibonye, ijambo “Isabato” bivuze kurekeraho, kuruhuka”.  Ku Bisirayeli, Isabato yabibutsaga uburetwa barimo muri Egiputa no kuba barabatuwe n’imbaraga z’Uwiteka. Isabato ikababera ikimenyetso cy’urwibutso.  Soma (Gut.5:15; Kuva 31:13-14) ikiruhuko cyarebaga buri wese uhereye ku mukuru, umwana, umugaragu kugeza ku matungo.  Itegeko ryahanishaga urupfu uwakoze umurimo ku isabato. (Soma Kub.15:32-36; Kuva 31:14)

Imana yategetse Abisirayeli kuruhuka Isabato mu buryo bwinshi kuko muri Bibiriya dusangamo amasabato agera kuri 64 Abisirayeli bagombaga kuruhuka. Ariko hari uburyo butatu bw’ingenzi twashyiramo amasaboto yizihizwaga cyane: (Soma Kuva 31:13):

a)      Umunsi wa karindwi ni isabato (soma Abal.23:3-8);  wari umunsi wa karindwi buri cyumweru: uwo munsi  bagombaga kuruhuka  nta mirimo bakora; wari umunsi wo kwibuka amategeko y’Imana no gusengera mu mahema yabo  (soma Kuva 16:22-25; 20:8-11; Kubara 15:32-36; Yer.17:24; Abah.4:9) Iyi sabato yo ku munsi wa karindwi niyo abakomera ku isabato bashyira imbere bagendeye ko mu mategeko icumi ivugwamo. Ikibazo wakwibaza ese hari amategeko yi Mana dukwiye kubahiriza andi ntituyubahirize? Aha niho abakomera ku mategeko yo mu Isezerano rya kera bakwiye kwitonda, kuko aya mategeko n’ibyahanuwe byose byasohoreye, byuzuriye muri Yesu. Bityo nibyiza gutera intambwe tukagera kuri Yesu krsto kugirango dusobanukirwe umwuzuro aho kugundira uduce twa mategeko.

b)     Umwaka w’Isabato (soma Abalewi 25:1-6). Imana yategetse Abisirayeli guhinga imyaka itandatu umwaka uwa karindwi ubutaka bukaruhuka Isabato,  mu mwaka  wa gatandatu Imana yabahaga kweza bagahunika kugira ngo batazabura ibyo kurya mu mwaka w’isabato. Ariko ntibubahirije iyi sabato nicyo cyatumye Imana ibahana ikabatereza amahanga bakajya mu bunyage imyaka mirongo irindwi i Babuloni kugira ngo ubutaka bwabo buruhuke nk’uko Isabato yo kudahinga umwaka wose yavugaga (soma Kuva 23:10-12; Gut. 15:1-15; 31:10-13  Abalewi 26:31-43 ; 2Ingoma 36:21, Yeremiya 25:1-14, Yeremiya )

c)      Umwaka wa yubile (soma Abalewi 25:8-55)  Imana yategetse Abisirayeli kwizihiza umwaka wa mirongo itanu nk’isabato: wari umwaka wo kubabarira imyenda   no kubohora imbata n’ibintu byaguzwe. (soma Abalewi 25:8-24; Kubara 36:4). Hari n’indi minsi mikuru itandukanye yafatwaga nk’isabato, ikiruhuko: Abalewi 16:29-32; Ituro ry’umuganura wundi nk’isabato Abalewi 23:16. Muri make Imana yategetse Abisirayeli kuziririza amasabato ntabwo yavuze isabato imwe (Kuva 31:13.)

Mbere yo gusoza ni byiza kuvuga ku murongo wo mu Balewi 23:3, ahavuga ‘umunsi wo guterana kwera’ hari abahita bumva ko habagaho amateraniro y’Abisirayeli ku isabato. Ibi sibyo, guterana kwera mu Bisirayeli byabagaho ku minsi mikuru nk’iy’imitsima idasembuye, pantekote…, nta teraniro rya buri cyumweru Abisirayeli bagiraga tubona mu isezerano rya kera. Guterana kwera aha bivuze kuba imbere y’Imana nk’iteraniro ryose ry’Abisirayeli cyane ko bari mu rugendo bava muri Egiputa. Isabato wari umunsi wo kuba hamwe aho bari, ntawe wari wemerewe kuva aho ari (Kuva 16:25). Ikindi ni uko nta materaniro nk’ayo tugira ubu yabagaho, kuko uretse kujya gutamba ibitambo, nta kindi cyari kujyana Abisirayeli mu materaniro hatabayeho kubahamagaza igihe hari icyo Mose cyangwa abandi babayoboye babaga bagiye kubabwira.

Ahantu hamwe tubona muri Bibiliya havuga urugendo rwo kugendwa ku Isabato ni mu Byakozwe n’Intumwa 1:12. Abasesenguzi ba Bibiliya bagaragaza ko ari urugendo rutarengeje kilometero imwe kandi rwagendwaga n’amaguru. Ikibazo usanga abakomera ku kubahiriza Isabato nk’itegeko ry’Imana, uretse guhonyora isabato bakora ingendo, batega za moto imodoka n’amagare; kandi indogobe n’ifarasi byakoreshwaga mu ngendo bitari byemerewe kuva mu rugo. Bashyira ku ruhande Umwaka w’isabato n’Umwaka wa yubile, n’andi masabato yose Imana yategetse Abisirayeli kuziririza. Muri make bahitamo ibyo kubahiriza n’ibyo kutubahiriza. Ariko Itegeko rirebana n’isabato nk’uko turibonye mu mirongo twavuze ntaho ryemereraga Abisirayeli guhitamo ibyo bazubahiriza n’ibyo batazubahiriza. Ikindi ntabwo wavuga ngo mu mategeko icumi hatubwira kwibuka kweza umunsi w’isabato, noneho ngo wirengagize ko uwanditse ayo mategeko ari nawe watanze uko isabato Abisirayeli bagomba kuyubahiriza mu buryo butandukanye kandi mu bihe bitandukanye. 

Muri make Isabato mu Isezerano rya kera irimo íbice bibiri by’ingenzi: Imana irangiza umurimo wayo wo kurema, n’ikiruhuko ku Bisirayeli, amatungo yabo n’ubutaka. Amategeko ntabwo yabashije kuruhura Abisireyeli kuko yari aremereye kandi atabasha gukiza abantu. Yesu niko kuza kuzuza no gusohoza ibyo amategeko atashoboye.

Isabato mu Isezerano Rishya

Hari impande eshatu zitandukanye, abakirisito bafashe ku kibazo cyo kubahiriza Isabato:

1. Abakirisito bagomba kubahiriza Isabato kuwa gatandatu (nk’uko Imana yabitegetse Abayisirayeli );

2. Abakirisito bagomba kubahiriza Isabato ku cyumweru (nk’uko Abakirisito benshi bavuga ko ariko babigenza); 

3. Abakirisito bubahiriza Isabato muri Yesu kristo we Sabato ihoraho, ndetse ntabwo bategetswe gufata umunsi uwo ariwo wose w’icyumweru (haba kuwa Gatandatu cyangwa ku Cyumweru) ngo bawugire uwera kuruta indi minsi.

Abari ku ruhande rwa mbere bavuga ko Isabato, kuba iri mu mategeko icumi, izahoraho kandi ko bidahinduka (kuba byaranditswe ku ibuye). Bavuga y’uko kubahiriza Isabato byagombaga kuba ikimenyetso cy’Imana gihoraho cy’isezerano Imana yagiranye n’Abayisirayeli mu bisekuruza byose, kandi ko Yesu na Pawulo bubahirije Isabato. Bavuga ko batari bemerewe guhindura Isabato ngo bayikure kuwa gatandatu bayishyire ku wundi munsi w’icyumweru (urugero, Ku cyumweru).

Abari ku ruhande rwa kabiri bizera ko itorero rya mbere bahinduye umunsi bubahiriza Isabato uva kuwa gatandatu ushyirwa ku cyumweru, mu rwego rwo kubaha ko Krisito yazutse ku cyumweru. Bafata ku cyumweru nk’ “umunsi w’Umwami” nuko bakizera ko wasimbuye isabato yo ku munsi wa karindwi w’icyumweru.

Abari kuruhande  rwa gatatu bizera ko Isabato yari uburyo, igicucu cyo kuruhuka mu mwuka, kandi ko abakrisito bayizihiza neza ari uko bahagaritse gushaka kugera ku gukiranuka binyuze mu “mirimo” ahubwo bakaruhukira mu murimo warangijwe na Yesu ku musaraba. Kubw’ibyo, abakrisito, kuba barinjiye mu kuruhuka kw’Imana binyuze mu kwakira Yesu Kristo mu buzima bwabo, basogongeye ku iyuzuzwa ry’Isabato, kubw’ibyo ntabwo bagengwa no kubahiriza umunsi uwo ariwo wose w’icyumweru kuwurutisha indi minsi, ahubwo bagengwa na kristo Umwami iminsi yose. 

Wakwibaza ngo uruhande ruri mu kuri ni uruhe?  Hashingiye ku bihamya byo mu Isezerano Rishya, tugiye kureba ko uruhande rwa gatatu ruri mukuri kwa Yesu na Bibiliya.

Ibibazo byo ku ruhande rwa mbere:

 Muri Bibiliya nta hantu hagaragaza ko amategeko icumi azahoraho kuruta andi mu mategeko yatanzwe na Musa. Ahubwo Isezerano rya Kera ryose rikubiyemo amategeko n’ubuhanuzi byujurijwe muri Kristo Yesu mu Isezerano Rishya (Matayo 22 : 37-40 ; Matayo 5 :17). Ntabwo twafata amategeko icumi ngo abe ariyo tuvuga ko Imana yashyizeho ubudakuka, kandi turi kubona Yesu we avuga amategeko yose, n’ibyahanuwe byose. Mu Baheburayo 8 :13, ho hatwereka neza uburyo Isezerano rishya rya shajishije irya kera, bivuze ko isezerano rishya ariryo rwuzuye mu gihe irya kera ryari igicucu, umushorera utugeza kuri Kristo we mwuzuro wa byose. Kugundira ibyakera bicagase kandi Kristo we mwuzuro yaraje ni ukutamenya ukuri no guhakana Yesu ko ariwe ibyahanuwe byose  byavugaga. Imigenzo y’amategeko (harimo kubahiriza amasabato, imboneko za mezi…) byuzurizwa muri Kristo, ndetse ntabwo bitegetswe ko bikomezwa mu Isezerano Rishya. Kubw’ibyo gukebwa (gusiramurwa), ibitambo by’amatungo,  amasabato, iminsi mikuru yi mboneko zamezi …  ntabwo bikiri ibyo gukurikizwa bunyuguti ku bantu b’Imana bamaze kwakira Yesu kristo (reba Abakolosayi. 2:16-17/ Abagalatiya 4:9-11/Abaroma14:5-6). Aha dukwiye kumva ko icyo turi gusobanura ari uko mu Isezerano Rishya tubona umwuzuro w’ibyo mu Isezerano rya Kera. Bityo Kristo niwe ushyirwa imbere mu byo dukora byose, cyane ko adusaba kumukurikira iminsi yose tumwigiraho. Niyo mpamvu ibyo tuziririza byose bikwiye kuba bishingiye ku gushaka guhesha Imana icyubahiro dusohoza inshingano nkuru twasigiwe na Yesu Kristo (Matayo 28:18-20). Guhindurira abantu kuba abigihswa ba Yesu ntibigira umunsi ahubwo bikorwa buri munsi aho turi hose kugeza Yesu agarutse kujyana Itorero rye.

Nubwo ari ukuri ko byavuzwe y’uko Isabato yagombaga kuba ikimenyetso gihoraho cy’isezerano Imana yagiranye na Isiraheli ( Kuva 31:13,16-17), yemwe ni nabyo byavuzwe mu gusiramurwa (Itang. 17:9-11), nubwo tuzi y’uko isiramurwa, gukebwa ko ku mubiri kwasimbuwe no gukebwa ko mu mutima ( Abaroma 2:28-29/ Abakorosayi.2:11), ndetse ko imigenzo y’itorero yo gusiramurwa ku batizera bihwanye no guhakana Ubukrisito. Ese nigute kubahiriza Isabato n’umugenzo wo gusiramurwa bitandukanye? Iyabaye atari muri ubu buryo, Yesu yavuze ko gusiramurwa byari ingirakamaro kurusha Kubahiriza Isabato mu mategeko y’Abayahudi (Yohana7:22-23)? Abisireyeli bahaga gukebwa agaciro cyane kuburyo babikoraga no ku isabato kandi nta murimo bari bemerewe gukora kuri uwo munsi. Aha Yesu ubwo yari amaze gukiza umuntu, yabibukije ko basiramura abahungu babo ku isabato. Niba gusiramurwa byarahawe Abisireyeli nk’ikimenyetso gihoraho kandi bikaba bitakiri itegeko ku bakristo kuki kuziririza umunsi w’isabato byo twakumva ko bikwiye kuguma kuba itegeko ntakuka ku bakristo? Nk’uko gusiramurwa byashushanyaga gukebwa ko mu mutima niko Isabato yashushanyaga kurangira kw’imirimo abantu bakoraga ngo bababarirwe ibyaha bitavuye ku bitambo bazanye cyangwa imirimo bakoze, ahubwo bivuye kuri Yesu we gitambo kizima, kandi we turuhukiramo. Bityo uwakiriye Yesu aba yinjiye mu isabato ihoraho, itagengwa n’umunsi runaka, kuko Kristo ahoraho.

Kuvuga ko Yesu na Pawulo bubahirizaga Isabato, nta byanditswe bibivugaho. Abavuga ibyo bashingira ku hagaragara henshi kuri Yesu na Pawulo nk’ibisanzwe bajya mu isinagogi ku minsi y’Isabato Kubwiriza. Ariko se ibi bihuriye he no kubahiriza isabato? Itegeko ntabwo ryigeze ritegeka Abisirayeli kwitabira cyangwa kubwiriza mu masinagogi ku Isabato. Biragaragara ko Yesu na Pawulo bajyaga mu materaniro yo mu isinagogi kugira ngo babwirize Abayahudi babaga bakoraniye ku Isabato.  Mu iyindi minsi y’icyumweru babwirizaga ahandi hantu babonaga abantu. Bivuze ko nta munsi n’umwe Yesu atakoze umurimo wamuzanye, kimwe n’uko nta munsi n’umwe Pawulo atabwirije ubutumwa bwiza bwa Yesu.     

Nubwo Yesu cyangwa Pawulo baba barubahirizaga Isabato (ingingo itemezwa mu byanditswe), biroroshye kumva ibi kuko Yesu yubahirizaga imigenzo y’amategeko y’Abayahudi  kuko yaranasiramuwe ndetse yakoze n’urugendo rwanditswe ajya ku rusengero mu  minsi mikuru ya Bisirayeli, nyamara ibi  abizera Isezerano Rishya ntibategetswe kubikora, kuko Yesu we yarimo yigisha Abayahudi kugira ngo bamenye ukuri ngo kubabature mu migenzo n’imihango yose yari ishingiye ku mategeko atarigeze abaruhura. Pawulo ashobora kuba yarubahirije Isabato ubwo yari mu Bayahudi, mu buryo bwo kubaha ubuyobozi kugira ngo yubahirize umuco ndetse n’imyumvire y’itorero ry’abantu abo aribo bose yashakaga kugeraho, (1 Abakor.9:20-21). Aha agaragaza neza ko ku Bayuda yabaye Umuyuda, ku Bagereki aba Umugereki, agamije ko abageza kuri Kristo.

Nubwo nta byanditswe bigaragaza ko Yesu yubahirije Isabato, dufite ibihamya bya Bibiriya aho ATUBAHIRIJE Isabato (Yohana 5:18). Aha abayuda bagaragaje ko Yesu azirura Isabato, wakwibaza impamvu Yesu yaziruraga Isabato.  Ikindi bamuregaga kwiyita Imana, Yesu ni ko kubabwira ko ibyo akora aribyo na Data akora ahubwo ko bakwiye kumwizera kugira ngo babone ubugingo. Muyandi magambo Yesu arikubabwira ati “muve mu mihango n’imigenzo dore ninjye Mwami w’isabato nayo” (Mariko 2:28).  Aha bivuze ko Yesu ari Umwami iminsi yose n’ibintu byose n’isabato nayo, ntabwo Yesu ari Umwami w’isabato gusa.  Nk’ “Umwami w’Isabato nayo” ntabwo byari icyaha kuba atayubahiriza, nk’uko umupolisi wacanye amatara n’akamo gasakuza aba atishe amategeko yo mu muhanda igihe ari kugenda ku muvuduka wa mirongo icyenda ku isaha ahateganirijwe umuvuduko wa mirongo itandatu ku isaha. Abanyesabato bashimangira ko Yesu yubahirizaga itegeko ry’Isabato, ahubwo ko icyo atubahirije ari amategeko y’Abayahudi yerekeye Isabato. Ariko ibi ntabwo ari byo ibyanditswe bivuga.  Yesu yavugiye intumwa ze ubwo zitubahirizaga isabato ashingiye ko ibyo bari bakoze byari bihwanye n’ibyo Dawidi yakoze ubwo yaryaga imigati yo kumurikwa itari yemerewe kuribwa n'utari umtambyi. Yesu yatanze n'urugero rw'ibyo abatambyi  bakora iyo bakomeje imirimo yabo isanzwe ku Isabato (Mat.12:2-7). Ikigereranyo cya mbere kigereranya kubahiriza isabato n’itegeko ry’imigati yo kumurikwa (ry’ibirori, ntabwo ari itegeko ry’imyitwarire ikwiye Yesu ari kuvugaho kuko ikibazo Yesu yari abajijwe cyabazaga impamvu abigishwa be bakora ibizira ku isabato.) Amaze guhuza ukutubahiriza Isabato kw’abigishwa be n’ugukora kw’abatambyi  ku Isabato, Yesu yari azi icyo abayahudi bari bagiye kumubwira: “Ariko abatambyi bemerewe kutubahiriza Isabato kugira ngo buzuze inshingano zabo mu rusengero!” Yesu ahita asubiza icyo kibazo mbere y’uko bagisohora: “ariko ukomeye kurusha urusengero ari hano” (Mat. 12:6). Muyandi magambo, niba akazi ko mu rusengero ari ingirakamaro bihagije byo gusimbura ukubahiriza Isabato, rero ninako biri ku murimo wa Kirisito (ukomeye kurusha urusengero), kandi uwo murimo ukomeye kuruta urusengero niwo abigishwa ba Yesu barimo bakora, kuko bari kumwe nawe agenda avuga iby’Ubwami bw’Imana. Yesu yahise agaragaza ko amategeko atabuza gukora neza ku isabato (Mat.12:12), wakwibaza ese Yesu avuze ko dukwiye gukora neza ku isabato gusa? Oya, ariko ca akarongo ku ijambo gukora. Tugomba gukora neza ibihe byose, buri munsi, kandi iyi ngingo, Yesu Kirisito yayivuzeho, “Umwana w’umuntu ni Umwami yewe no ku Isabato” (Mat.12:8), uyu murongo wahinduwe neza muri Mariko 2:28. Aha muri Matayo  harimo ijambo ngo “YEMWE n’uw’Isabato”? Kuko ari umwami  buri munsi - YEMWE n’uw’Isabato. Kubw’ibyo inshingano z’intumwa ze, zari gukora ugushaka k’Umwami wabo, izo nshigano ni zimwe buri munsi; yemwe no ku munsi w’Isabato.    Uwo dufatiraho urugero ni Kristo urikutubwira ko dukwiye gukora neza iminsi yose, nta munsi Yesu ari kuvuga ko tudakwiye gukora, icyo kuzirikana ni uko dukwiye gukora neza.

Ibibazo n’abari ku ruhande rwa kabiri:

Kuvuga ko itorero rya mbere ryahinduye Isabato ikava kuwa gatandatu ikajya ku cyumweru ntanyandiko ya Bibiliya ibihamya. Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa inshuro nyinshi kigaragaza Isabato (nyuma yo kuzuka kwa Krisito), kandi muri buri buryo, kiba kigaragaza kuwa Gatandatu ariho ku munsi wa karindwi. Undi munsi uvugwa mu isezerano rishya ni kuwa mbere w’iminsi irindwa ariho ku cyumweru 1 Abakor. 16:2, Ibyakozwe n’Intumwa 20:7.  Cyangwa Umunsi w’Umwami Ibyahishuwe 1:10. Mu by’ukuri, Abakrisito ba mbere bagiraga amateraniro yabo buri minsi yose y’icyumweru (Ibyakozwe n’Intumwa 2:46/ 5:42) kandi Pawulo yafataga ”iminsi yose kimwe”, ibyo nta kosa yabibonagamo kuko (bivuze kudafata umunsi umwe ko wera kuruta indi, ahubwo ko iminsi irindwi igize icyumweru yose yera (Abar.14:5). Icyakora tubona ko kuwa mbere w’iminsi rindwi ariho abizera bahuraga bamanyagura imitsima mu rwego rwo gukomeza kwibuka umubiri wa Yesu Kristo n’amaraso ye yamenetse ku musaraba.  Kuwa mbere w’iminsi irindwi niho Yesu yazutse, tubona Yesu abonekera abigishwa kuri uyu munsi Toma adahari (Yohana 20:24), yongeye kubabonekera ku munsi wa mbere w’iminsi rindwi Toma nawe ahari (Yohana 20:26). Uyu munsi wa mbere w’iminsi irindwi waje no kwitwa umunsi w’Umwami, Abizera bambere bahuraga mu rwego rwo kwibuka Yesu, bakora igikorwa yavuze ko bakwiye gukora ngo bamwibuke, gusangirira hamwe bamanyagura imitsima ibyo twita igaburo ryera/ifunguro ryera. Ntabwo icyumweru cyangwa kuwa mbere w’iminsi irindwi, Bibiliya ivuga ko wasimbuye umunsi w’Isabato Imana yari yarategetse Abisireyeli kuruhuka, kuko abizera bambere batarekaga gukora imirimo yabo mwiza yose kuwa mbere w’iminsi irindwi ngo bari kubahiriza isabato.

Abari ku ruhande rwa gatatu:

Abakirisito bubahiriza Isabato muri Kristo we Sabato ihoraho, ndetse ntabwo bategetswe gufata umunsi uwo ariwo wose w’icyumweru (haba kuwa Gatandatu cyangwa ku Cyumweru) ngo bawugire uwera kuruta indi minsi. Iki nicyo gice Itorero Harvest Bible Fellwoship Rwanda turimo, kuko iyi ariyo myizerere ihura n'ubuzima bwa Yesu n'ibyo yigishije byose dusabwa kumvira no kugenderamo.

Uburyo bwo bugaragaza uko Isabato yizihizwaga, n’umumaro ukomeye wabyo ( hamwe no gusiramurwa) nk’ikimenyetso cy’umugenzo w’Isezerano rya Kera. Ibi byemezwa n’ikigereranyo Yesu yatanze cyo kubahiriza Isabato n’amategeko yo kumurika imigati n’ibitambo by’amatungo (Mat.12:2-4,7), na Pawulo ahuza akamaro k’Isabato no kuvuga kubyo kurya byafatwaga nk’ ibitaribwa, kwizihiza iminsi n’imboneko z’amezi (Abakol. 2:16). Imigenzo nk’iyo yuzurizwa muri Kristo ndetse ntabwo ikomeza kuziririzwa nko mu isezerano rya Kera.   Ubwo Yesu yasubizaga uwari ubajije itegeko risumba ayandi, Yesu yavuze gukunda Imana no gukunda bagenzi bacu nk’uko twikunda asoza agira ati “Muri ayo mategeko yombi, amategeko yose n'ibyahanuwe ni yo yuririraho” (Matayo 22:40). Amategeko yose, caho akarango, ibyahanuwe byose, caho akarongo. Ese ku byo Yesu yavuze kuki dushaka kongeraho ibindi? Yesu yafashe ibyahanuwe byose n’amategeko yose abikubira muri abiri ahuriye mu RUKUNDO. None ni kuki abantu twakomeza kwihambira ku migenzo ituzirika? Ese wakunda Imana umunsi umwe? Indi minsi ukayanga? Cyangwa dusabwa gukunda Imana iminsi yose? Niba dukunda Imana iminsi yose n’umurimo wayo tuwukora iminsi yose.

Hari imirongo ibiri kenshi na kenshi ikoreshwa mu impaka zivuga ku isabato dukwiye gusesengura tukumva neza: Abah.4:9 na Mrk.2:27. Mu kigiriki, Abaheburayo 4:9 havuga ngo “haracyariho uburuhukiro bw’Isabato bubikiwe abantu b’Imana” ibi bigigaragaza ko hari isabato ibikwiwe, itegenirijwe abantu b’Imana.  Ikibazo kikiba ese iyi sabato yubahirizwa gute? kuwuhe munsi? Iyo urebye ubuzima bwa Yesu n’ibyo yigishije uhita ubona ko iyi sabato ivugwa mu Isezerano Rishya ibikiwe, yateganirijwe abantu b’Imana, bivuze “iruhuka” tugirira muri Kirisitu. Nicyo gituma ndahirana umujinya nti “Ntibazinjira mu buruhukiro bwanjye.”  Zaburi 95:11. Ese Uburuhukiro Imana yavugaga aha ni ubuhe? Ni isabato nk'umunsi cyangwa ni Kristo? Ubu buruhukiro ni Yesu Kristo niyo mpamvu umunsi umuntu yakiriye Yesu aba yinjiye muri wa wundi munsi uvugwa mu Baheburayo 4:8-11. Duhita tubona ko aha ikiri kuvugwa atari umunsi wo kuziririza ahubwo ni umunsi wo kumvira ijwi rya Yesu rihamagara ngo ngwino nkuruhure. Yesu niwe Sabato yacu, iyo twinjiwe muri we tuba turuhutse imirimo yacu dukora dushaka kwicira inzira, ahubwo tukemera ko yarangije umurimo wo kuducungura ku musaraba. Mu 1 Abakor.5:7-8, Pawulo agaragaza neza ko dukwiye kwiyezaho umusemburo wa kera kuko hariho pasika nshya ariyo Yesu Kristo, Pawulo ntabwo ari gukora ubuvugizi bwo kugumishaho pasaka y’Abayahudi n’ibirori by’imigati idasembuye, ahubwo ni ukuzuzwa mu mwuka mu buzima “bw’ukuri” tubonera muri Yesu Kristo.  Ni byiza gusobanukirwa ko ibirori by’abayahudi n’iminsi yera (harimo n’Isabato) byuzurizwa muri Kristo. Ntabwo dukwiye kubyubahiriza mu buryo bwa kera ahubwo dukwiye kuyubahiriza turebera kuri Yesu Kristo, abigishwa be bageze ikirenge mucye, n’abandi bizera Kristo batubanjirije natwe twese tugere ikirenge mu cya Kristo.         

Muri Mariko 2:27, Yesu yaravuze, “Isabato yashyiriwe ho umuntu, ntabwo ari umuntu washyiriweho Isabato.” Uburyo byavuzwemo byerekana ko ibi mu buryo bworoshye bivuze ko Imana ntabwo yigeze ishaka gushyira Isabato hejuru mu mwanya w’ibyo umuntu akeneye, ahubwo yashakaga ko iba nk’impano n’inyungu, atari iyo kuzirika, umuntu. Abubahiriza Isabato bashaka ko Isabato iba  inshingano ku nyoko muntu, nk’uko byari biri ku Bisirayeli mu Isezerano rya kera, ibintu nabo ubwabo bananiwe kubahiriza, Yesu akaza kuba igisubizo. Ibi birikure cyane y’ubuzima bwa Kristo ubwo yari mu isi ngo atwereke urugero rushyitse. Ntabwo mu isezerano rya kera tubona Imana itegeka andi mahanga kubahiriza Isabato, keretse igihe babaga ari abaja mu ngo z’Abayahudi (Kuv.20:10) cyangwa abashyitsi. Ikindi igihe umunyamahanga yabaga ashaka kuba mu Bayahundi yagomba kubahiriza amategeko yose, harimo no gusiramurwa ndetse no gutanga ibitambo (Yes.56:7).

Mu gushaka gushyira ku bakristo kubahiriza Isabato, abubahiriza isabato bakunda kugaragaza imirongo yo mu Isezerano rishya ivuga ko Abakristo b’ukuri ari “abubahiriza amategeko y’Imana” (urg.,Iby.12:17/22:14,ugakomeza). Bigaragara ko batekereza ko “ametegeko y’Imana” ahwanye n’ “amategeko cumi,” harimo n’itegeko ryo kubahiriza Isabato. Icya mbere twabonye ko amategeko yose, n’ibyahanuwe byose Yesu yabikubiye mu RUKUNDO DUKUNDA IMANA N’ABANTU.  Icya kabiri hari ibintu byinshi byategetswe n’Imana mu Isezerano rya Kera, byinshi (nk’uko bose babyemera) ntabwo wasanga bikorwa nk’uko Abakristo babikora, urugero nko gutamba ibitambo, kudakora ingendo cyangwa kuva aho umuntu ari ku isabato, kwica uwafashwe asambana… Mu Isezerano Rishya, amategeko y’Imana ahwanywa n’ibintu Yesu yategetse intumwa ze gukora (Mat, 28:20), n’amategeko yahawe amatorero n’intumwa ubwazo (1 Abakor.14:37). Nta na hamwe muri aha dusanga itegeko ryerekeye Isabato. Igihamya cyoroshye kitagibwaho impaka kiguma kigaragaza ko n'uko nta tegeko rikomoka kuri kristo cyangwa intumwa ryo kubahiriza umunsi ukagirwa uwera kuruta indi. Mu isezerano rishya, ntabwo tubwirwa y’uko Yesu cyangwa Abakiristo ba mbere bubahizizaga Isabato nk’umunsi wera badakwiye kugira umurimo numwe bakora. Nta n’ubwo (bigeze baba uko) abakrisito ku bw’ibyo bafite inshingano yo kubahiriza Umunsi w’Isabato cyangwa se wo kuruhuka ku munsi wose bahisemo ku bwa Yesu Kristo. Ntabwo umuntu agomba gushyira ku bantu b’Imana inshingano Yesu n’abigishwa batabashyizeho. Ikindi ushaka gukomeza amategeko uko yari mu isezerano rya kera byaba byiza ayubahirije yose agaharanira gukizwa nayo, n'ubwo tubona ko n'abisirayeli bayahawe batigeze babasha kuyubahiriza.. Ariko abizera Kristo by’ukuri turuhukira muri Kristo we Sabato yacu ihoraho, bityo ntabwo tuziritswe ku mategeko y’iminsi, ahubwo tuziritswe ku ITEGEKO RISUMBA AYANDI ‘URUKUNDO.’

Kuki dukwiye kurebera Isabato no kuyumva turebeye kuri Yesu ? Yesu niwe cyitegererezo cyiza abamwizera twese dusabwa ku mureberaho, tukagenda, tugakora, tukabaho nk’uko yabayeho ari mu isi. Mu magembo make dusabwa kugera ikirenge mu cya Yesu kristo. Bityo dukwiye kurebera Isabato mu mboni ya Yesu kuko:

-          Amategeko n’ibyahanuwe byose byasohoreye, byuzuriye muri Yesu (Matayo 5:17; Matayo 22:36-40)

-          Amategeko yari umushorera utugeza kuri Yesu Kristo ( Abagalatiya 3:24)

-          Yesu n' Umwami iminsi yose (Mariko 2: 28)

-          Yesu yavuze ku Isabato (Mariko 2:27)

-          Yesu we cyitegererazo cyacu yakoraga umurimo we iminsi yose ( Luka 19:47 

-          Yesu niwe uturuhura kandi niwe twigiraho (Matayo 11: 28-30) 

- Ubwo Yesu yageragezaga gusubiramo amategeko ayasobanura neza yewe ayaha ikindi gisobanuro ntiyigeze avuga ku itegeko ryo kweza umunsi w'isabato kuko Yesu ariwe Sabato yacu. Matayo 5:27-48. 

None Kuki Dusenga ku cyumweru?

Niba abizera Yesu dusabwa gufata iminsi yose nk’iyera, kuki dusenga ku cyumweru? Dusenga ku cyumweru kuko ijambo ry’Imana ritwemerera dutoranya umusni uwo ariwo wose kubwa Kristo (Baroma 14:5-6). Ikindi ni uko kucyumweru atari umunsi wo kuruhuka ahubwo ni umunsi wo gusenga, guterana kwera. Dore impamvu zitandukanye zituma dusenga, duterana kucyumweru:

-          Kubera kwibuka gupfa no kuzuka kwa Yesu (Luka 22:19; Yohana 20:19-27):  

Yesu yazutse kuwa mbere w’iminsi irindwa ariho kucyumweru, asanga abigishwa bari hamwe aho bari bihishe ariko Toma adahiri. Yongeye kubabonekera hashize iminsi umunani, hari nano ne kuwa mbere w’iminsi irindwi Toma nawe ahari. Kuva ubwo tubona ko Abizera Yesu bajyaga baterana kuri uwo munsi bitaga umunsi w’Umwami, kuwa mbere w’iminsi irindwi, aho bateraniraga kumanyagura imitsima bibuka amaraso n’umubiri wa Yesu watambwe kugirango dukizwe. 

-          Umurage w’Itorero rya mbere:  

Dusenga kucyumweru kuko ari umurage twarazwe n’abizera bambere bizeye Yesu Kristo. Kuko Abayahudi babambye Yesu batamwemeraga Abakristo bahisemo umunsi Yesu yazutseho akaba ariho bajya baterana hamwe, bikomeza gutyo kugeraza ubu kugihe cyacu. Abizera bambere bateraniraga hamwe iminsi yose (Ibyakozwe n’intumwa 2:42-47; 5:40-42). Ku munsi w’Umwami, kuwa mbere w’iminsi irindwi bateraniraga hamwe bagamije kumanyagura imitsima, gusonzoranya impiya (amaturo), kuganira ku ijambo ry’Imana, kuba mu mwuka w’ubusabane ni Mana (Ibyak. 20:7; 1 Abakorinto 16:1-2.)  Na Yohana ubwo yajugunywaga ku kirwa cy’Ipatimo, umunsi w’Umwami ugeze (Ku cyumweru) agaragaza ko yari mu mwuka (Ibyahishuwe 1:10). Byerekana agaciro Yohana yahaga umunsi w’Umwami kuburyo n’igihe yari wenyine yahisemo kujya mu Mwuka wo guterana bityo niko guhishurirwa na Yesu Kristo ibyo yaditse mu gitabo cy’Ibyahishuwe.   Dusenga kucyumweru kuko ijambo ry’Imana ridusaba kutirengagiza guteranira hamwe kugirango duhugurane (Abaheburayo 10:25). Dusenga kucyumweru kuko ari umunsi watoranijwe kubera Yesu Kristo (Abaroma 14: 4-6). Dusenga kucyumweru kuko atari umunsi wo kuruhuka, ahubwo guterana kwera (Abaheburayo 10:25).

Ku birebana n'umunsi wo gusenga, guterana, mu Baroma 14:5-6 Pawulo agaragaza neza ko abantu batandukanye mu kurutishanya iminsi, ariko inama atanga avuga ko umunsi wose umuntu atoranya akwiye kuwutoranya kubw'Umwami Yesu. Bivuze niba habayeho gufata umunsi runaka ngo abe ariwo tugira uwihariye wo gusenga tubikore kubwa Yesu Kristo.

Ikibazo abatsimbarara ku mategeko bavuga ko mu mategeko 10 irya kane rivuga kwibuka kweza umunsi w'isabato. Nibyo ariko Isabato bivuze ikiruhuko, kandi twabonye ko Yesu ariwe kuruhuka kwacu.  Kuko iyo tumwakiriye nk’Umwami n’Umukiza mu buzima bwacu  tuba twinjiye mu buruhukiro buhoraho. Bityo ku bamenye Yesu Kristo niwe Sabato yacu turuhukira muri we. Iyo wakiriye Yesu uba winjiye mu Isabato ihoraho bityo kuko Yesu Kristo ari Umwami iminsi yose, umunsi wose wo gusenga, guterana kwera dushyizeho kubera  Yesu ntacyo utwaye cyane ko umunsi utaruta nyiri minsi. Niba warakiriye Yesu Kristo ukaba ukunda Imana ugakunda abantu, ugakiranuka ntabwo kudasenga ku Isabato (kuwa gatandatu) ari byo bizakubuza ijuru. Ijuru turihabwa na Kristo ntabwo turihabwa n'iminsi. Kimwe ko n’abasenga ku Isabato batazabura ijuru kuko badasenga ku cyumweru, ahubwo uwakiriye Kirsto wese agakora ibyo Kristo ya mutegetse, gukunda Imana, n’abantu no guhindurira abandi kuba abigishwa uwo azaragwa ijuru na Yesu ntabwo isabato cyangwa icyumweru aribyo bizamuha ijuru.

Tugarutse ku kibazo turiho, wakwibaza impamvu abakristo benshi baterana ku cyumweru, Kuwa mbere w'iminsi irindwi. Abizera Yesu bambere bahuraga iminsi yose, ariko kuwa mbere w'iminsi irindwi umunsi Yesu yazutseho bahuraga mu rwego rwo kumanyagura imitsima no gusangira divayi bibuka umubiri n'amaraso ya Yesu Kristo nk'uko yari yarababwiye kujya babikora bamwibuka. Abari mu Bayahudi, bakomezaga kandi kujya muri gahunda z'Abayahudi harimo no kwitabira Isabato cyane cyane bagamije kubigisha ibya Yesu. Ariko kuko Abayahudi batemeraga Yesu Kristo nk'Imana batangiye kurenganya abizera Yesu bituma habaho ko Abakristo bahitamo kutajya guterana nabo ahubwo bakomeza guhura indi minsi no kuwa mbere w'iminsi irindwi ariho kucyumweru. Amatorero atangizwa hirya no hino hanze ya Isirayeli, uwa mbere w’iminsi irindwi, umunsi w’Umwami wabaye umunsi ngaruka cyumweru wo guhura mu rwego rwo kumanyagura imitsima, gusangira divayi no gusoma inzandiko z’intumwa za Yesu. Ibi bigaragazwa n’amateka y’Itorero ariko n’igitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa kirabigaragaza.  Isabato Icyo gihe yasigaye ari iy’abahakana Yesu, ku cyumweru haba umunsi w’abemera Yesu. Ibi byatumye hari benshi mu bakristo usanga bafata umunsi wo kuwa gatandatu nk'umunsi w’abahakana Yesu. Abayahudi nabo basengaga kuwa gatandatu bemera Isezerano rya Kera gusa bagafata Abakristo nk'abayobye.

Ikindi abantu dukwiye kumenya ko Abadivantisiti twavuga ko aribo bakristo bemera Yesu batangiye kongera kuziririza Isabato nk'umunsi wo gusenga batangiye kuva 1830 n'umuhanuzi w'umubatisita witwaga William Miller nyuma yo kwiga igitabo cya Daniyeli yahanuye ko kuwa 22/10/1844, ariho Yesu azagaruka. Yaje kugira abayoboke benshi baramuyoboka ariko iyo tariki igeze Yesu ntiyaza. Benshi basubiye inyuma abandi basubira mu matorero babagamo barihana basaba imbabazi, ariko haba irindi tsinda ryakomeje mu murongo Miller yari yatangiye rivuga ko yibeshye ahubwo ko Yesu yavuye ahera akinjira ahera cyane kuri iyo tariki Miller yari yavuze ko aribwo Yesu azagaruka.  Iryo tsinda niryo ryiyise Adventists bivuze Abategereje. Iri tsinda ryakomeje gushishikariza abantu gutegereza kugaruka kwa Yesu. Aha ntawe dushaka gucira urubanza, ahubwo tugamije kuvuga ibyabaye cyangwa ibiriho, kuva Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi batangiye muri bo hakomeje kubamo uyu mwuka wo guhanura itariki Yesu azaza iteka bikarangira ataje, cyane ko Yesu yavuze ko ibyo kumenya iminsi cyangwa igihe cyo kugaruka kwe atari ibyacu ( Ibyakozwe n’Intumwa 1 :6-7).  Kurundi ruhande hari abandi badivantisiti bazi ukuri ko badakwiye gushyira imbere kumenya umunsi ahubwo bakwiye gushyira imbere kumenya Yesu. Abo bazi ko ataribyo kubaha umunsi cyane kuruta nyir’umunsi ariwe Yesu. Akaba ari yo mpamvu n'abasenga ku cyumweru, cyangwa indi minsi ariko bemera Yesu dukwiye kwirinda guca iminza, twirinda kubaha umunsi cyane kuruta Yesu we Mwami w'iminsi yose. Bityo impamvu abizera benshi basenga ku cyumweru usanga ari uko ari umunsi basanze abera ba mbere bahuraga bamanyagura imitsima nk’ikimenyetso cy’umubiri wa Kristo, basangira divayi nk’ikimenyetso cy’amaraso ya Kristo mu rwego rwo gukomeza kwibuka gupfa no kuzuka kwa Yesu. Yewe usanga n’abadivantisiti buri ku cyumweru mu gitondo baba bafite gahunda yo guteranira hamwe kuko nabo kubera uyu mugenzo wo kwibuka Yesu. Bityo abafata ku cyumweru nk’umunsi wera kuruta iyindi sibyo, kimwe n’abafata kuwa gatandatu, ku isabato nk’umunsi wera kuruta indi sibyo. Iminsi yose irera kuko uwayiremye ari Uwera kandi ariwe ugenga iminsi yose, n’ibiriho byose.

Iyi ngingo nubwo wayandikaho ibitabo ntabwo abantu bazayumva kimwe ariko hari imirongo ibiri dukunda guha abakristo cyane iyo hariho urujijo:

 Matayo : 5:17 “Mwitekereza ko naje gukuraho amategeko cyangwa ibyahanuwe. Sinaje kubikuraho, ahubwo naje kubisohoza.” Uyu murongo usanga benshi bavuga ko Yesu yaje 'gukomeza amategeko' ariko sibyo havuga ko  Yesu yaje gusohoza amategeko n'ibyahanuwe. Nk'uko twabivuze tuvuga ku itegeko risumba ayandi niba warakiriye Yesu, wamwakiranye nibyo yaje gusohoza byose. Yesu yakiranukaga iminsi yose, kandi agateranya (agahuriza abantu hamwe) iminsi yose. Ushoboye guterana iminsi yose bikore, niba ushoboye umunsi umwe bikore ariko kubwa Yesu Kristo.

Yohana :14 :6 Yesu aramubwira ati “Ni jye nzira n'ukuri n'ubugingo: nta wujya kwa Data ntamujyanye. Twasoza tukubwira ko inzira yo kujya mu ijuru atari Isabato, atari Icyumweru, kuwa Gatanu.... Ahubwo ni Yesu. Iyo wakiriye Yesu uba winjiye mu Isabato ihoraho, uba uruhutse kuko Yesu ariwe uturuhura, bityo reka kuvunwa n’iminsi, imihango n’imigenzo, ahubwo wemerere Yesu ku kuruhura.  Ibindi haranira kuba uwejewe kuko abejejwe aribo bazabona Imana.  Wirinde kurutisha imihango n’imigenzo y’idini ijambo ry’Imana, ahubwo ukurikize ukuri dusanga mu byanditswe byera.  Imana ibahe umugisha. 

Murakunzwe/ You are loved 

Paastor Kubwimana Joel na Bishop Niyonzima Samvuraa Jean Damascene. 


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'