ANTIKIRISITU: Impamvu 5 zigaragaza ko Itorero rya kristo ritazaba riri ku isi mu gihe Antikirisitu azaba akora ku mugaragaro.

Iriburiro



Kubera Koranavirusi (COVID-19) hirya no hino ku isi wumva ubuhanuzi n’inyigisho zivuga ko iki cyorezo ari ikimenyetso ko Antikirisitu yatangiye gukora ku mugaragaro. Bamwe bati kwambara agapfukamunwa ni ikimenyetso, abandi bati, urukingo ni ikimenyetso, abanda bati amabwiriza yose ashyirwaho yo kwirinda COVID-19 ni ikimenyetso dore ko ntaho ujya batakwanditse, batagusabye gukaraba, abandi bati  urukingo rugiye kugirwa itegeko. Ese koko ibi birikuba nibyo byerekana ko Antikirisitu yatangiye gukora ku mugaragaro? Ubwo duheruka kuganira ku ijambo ry’Imana tuvuga kuri ANTIKIRISITU, IMPERUKA NATWE ABAKIRISITU (2 ABATESALONIKE 2:1-17, twabonye ko:

1.     1.   Guhanura ko imperuka igeze, ko umunsi w’umwami Yesu umaze gusohora byahozeho 

2.   2.  Kwimura Imana bikwiye kubanza kubaho, Antikirisitu akwiyekubanza guhishurwa imperuka ikabona kuba

3.  3.   Antikirisitu, umugome azahabwa igehe cye cyo gukora kumugaragaro nubwo ubu akora mu bwihisho, mu mayoberane y’ubugome.

4.   4.  Antikirisitu, umugome azaza mu buryo bwo gukora kwa Satani

5.    5. Abizera dusabwa gukomeza gukora icyo twahamagariwe kugeza Yesu agarutse

Hariho impamvu nyinshi zigaragaza ko Imana itazahana abakiranutsi ahubwo ko izahana abanyabyaha, kandi kwemerera Antikirisitu gukora ku mugaragaro ni igihano, iteka Imana izaba iciriye ku isi bitewe nuko abantu banze kumva ukuri. Bityo kuko Imana itahana abakiranutsi, Antikirisitu azakora ku mugaragaro Itorero ritakiri mu isi. Uyu munsi reka turebe impamvu zigera kuri eshanu zerekana ko Itorero ritazaba riri ku isi ubwo Antikirisitu azaba yahawe gukora ku mugaragaro. 

1.    Yesu yavuze ko Itorero rizarindwa igihe cyo kugeragezwa ki giye kuza (Ibyahishuwe 3:10)

Ubwo Yohana yahishurirwaga ibimaze kuba, ibiri kuba n’ibigiye kuba, yasabwe kubyandika kugirango abyoherereze amatorero arindwi yo muri Aziya. Aya matorero arindwi yari amatorero ariho, ariko ubutumwa yahawe bwari ubutumwa buhagarariye amatorero yo mubihe byose. Bivuze kuva Yesu we Rufatiro Itorero ry’ubatseho aje ku isi gucungura isi kugeza igihe azagaruka aje gutwara Itorero turi mugihe cyitwa igihe cy’Itorero. Bityo ubwo Itorero rya Filadelifiya, Itorero ry’urukundo ryahabwaga ubutumwa bwo gushimwa dore ko ariryo Torero ritigeze rigira icyo rigawa cyane ko ari Itorero rihagarariye Itorero rya Yesu Kristo ku isi hose, ryabwiwe ubu butumwa “Kuko witondeye ijambo ryo kwihangana kwanjye, nanjye nzakurinda igihe cyo kugerageza kigiye kuza mu bihugu byose kugerageza abari mu isi.” (Ibyahishuwe 3:10) Aha ntabwo iri Torero ribwirwa kuzarindwa ibihe byo kugeragezwa, ahubwo ribwirwa igihe kandi iki gihe ntakindi ni igihe isi yose izageragereshwa ububata bwa satani kubera kutumvira. Ubwo Pawulo yandikiraga Abatesalonike mu rwandiko rwe rwa kabiri yagize ati “Ntimwibuka yuko nababwiye ibyo nkiri kumwe namwe? 6Kandi none muzi yuko ikimubuza ari ukugira ngo azahishurwe mu gihe cye, 7kuko amayoberane y'ubugome n'ubu atangiye gukora, ariko ntazahishurwa keretse uyabuza ubu akuweho.”  (2Abatesalonike 2: 6-8). Aha tubona neza ko hari ubuza umugome ariwe Antikirisitu gukora kumugaragaro akuweho, uwo ntawundi ni Yesu Kristo umubuza kubera Itorero rye rikiri mu isi. Yesu avuga ku imperuka yavuzeko bizaba ngo mugihe cya Nowa ( Matayo 24:37-39). Nk’uko Nowa atarimbutse nabari kumwe nawe ahubwo isi ikarimbuka ari mu nkuge niko bizaba ubwo Yesu azaba agarutse kujyana Itorero. Abizera Yesu aribo Torero ntibazanyura mu makuba isi izanyuramo kuko bazaba bari kumwe na Yesu we nkuge yacu abamwizera.  Mu Rwandiko Pawulo yandikiye Abaroma agaragaza neza ko kubwo gutsindishirizwa n’amaraso ya Yesu, tuzarushaho gukizwa umujinya w’Imana. Mu 2 Abatesalonike 2: 11-12 Pawulo yanditse avuga ngo “Ni cyo gituma Imana izaboherereza ubushukanyi bukomeye cyane ngo bizere ibinyoma, 12kugira ngo abatizeye iby'ukuri bose bakishimira gukiranirwa, bacirwe ho iteka.”  Ibi byerekana neza ko iki gihe isi izaba iyobowe n’ubushukanyi kugirango abatumvira Imana, abatizeye ukuri ariwe Yesu Kristo bacibweho iteka; Ntabwo iki gihe Itorero rizaba riri mu isi ahubwo hazaba hariho ubushukanyi kuko ukuri kuzaba kutakiri mu isi. Icyo Antikisitu azashyirirwaho ni uguciraho iteka abatizera, bityo ntabwo abizera bazaba bari kumwe nabo, ahubwo bazaba bari kumwe na Kristo we mutwe w’Itorero.

2.      Ingero zo Muri Bibiliya zigaragaza ko Imana itahana Abakiranutsi ahubwo ko abakiranirwa aribo izahana.

Urugero rwa mbere turuvuzeho ni Nowa. Mu itangiriro igice cya 6, tubona ko abantu bahindutse babi kugezaho Imana yicuza icyo yabaremeye. Ariko Nowa wakiranukaga yagiriye umugisha ku Mana bityo asabwa kubaza inkuge kuko Imana yari igiye kurimbuza isi umwuzure. Inkuge ishushanya Itorero rya Yesu, umuryango umwe gusa iyi nkuge Nowa yabaje ishushanya ko Yesu ariwe rembo ryonyine ryo kwinjira mu Itorero mu bana bi Mana bo bazarindwa akaga n’amakuba isi izasukwaho ubwo Antikirisitu azaba atangiye gukora ku mugaragaro.  Itangiriro igice cya 7 kigaragaza uko umwuzure warimbuye isi ariko Nowa n’umuryango we n’ibindi yari yategetswe gushyira mu nkuge bo bari mu mahoro. Uku niko Itorero rizarindwa akaga gakomeye, bityo ntabwo abizera Yesu dukwiye gutinya Antikirisitu kuko uwanesheje kandi ufite ubutware bwose ni Yesu. Ubwo turi muri we turi amahoro ntabwo ibihe byo kugerageza abanze kwizera no kugerageza Abisirayeli kugirango bizere Mesiya, Yesu banze bizaba Itorero riri ku is.

Urundi rugero ni Loti warokotse ubwo Imana yarimburaga Sodomu na Gomora (Itangiriro 19). Loti yarokotse kuko yari umukiranutsi. Ubwo Imana yabwiraga Aburahamu ko igiye kurimbura Sodomu na Gomora Aburahamu nawe yagize ikibazo yewe aganira nayo ayibaza niba yarimbura iyi midugudu yombi igihe haba harimo abakiranutsi 50, Imana ati oya. Aburahamu yaramanutse agera ku icumu barabura (Itangiriro 18:23-33). Uwarokotse ni Loti n’abakobwa be babiri dore ko n’umugore we nawe yahindutse inkingi yu munyu kubera gukebuka inyuma kandi yari yabibujijwe. Urugero rw’umugore wa Loti rutwigisha ko hari Abizera Kristo ariko bazahura n’akaga kuko batamaramaje mukwizera kwabo ahubwo usanga kwizera kwabo kuri ku munwa gusa ariko imitima yabo ikaguma mu byaha. Niyo mpamvu kwizera nyakuri ari ukwegurira Yesu Kristo ubugingo bwacu bwose,umwuka n’umubiri byose akabigenga.

3.      Urukundo rw’Imana rugaragazako Itorero ritazacibwaho iteka (Yohana 3 :16)  

Yohana 3 :16 ni umurongo benshi mu batangira kujya mu nzu y'Imana ari bato bahita bamenya, kuko uvuga urukundo rw’Imana yakunze isi igatanga umwana wayo w’ikinege kugirango umwizera wese atarimbuka (mu kigereki uyu murongo wanditswemo bwambere havuga ngo ADACIBWAHO ITEKA). Kubera urukundo rw’Imana ntabwo iteka abanyabyaha bazacibwa binyuze ku guhanwa mu maboko ya Antikirisitu rizagera ku bizera. Ahubwo kubw’urukundo rw’Imana ntabwo abizeye Yesu Kristo bazahura nakaga kubera ko Yesu azaba yabatwaye bari mu munezero.

4.      Igitabo cy’Ibyahishuwe kigaragaza neza ko umubabaro uzaba kubatizera Imana

Iyo usomye igitabo cy’Ibyahishuwe mu gice cya 1, 2 n’icya 3 usanga Ijambo Itorero rivugwa inshuro zigera kuri 19. Kuva mu gice cya 4 kugeza Igitabo kirangiye ntabwo Itorero ryongera kuvugwa ahubwo mu gice cya 20 havugwa Abakiranutsi bimana na Yesu imyaka igihumbi, mugice cya 21 hakavuga ijuru rishya n’isi shya igice cya 22 kigarangira hagaragraga kunesha kwa Yesu Kristo. Benshi mu basesenguzi bemeza ko impamvu Itorero ritongera kuvugwa kuva mu gice cya 4 cy’Ibyahishuwe ari uko rizaba ritakiri mu isi. Icyakora Abisirayeli bakiranutse bazakizwa, aha mu Byahishuwe 7 :1-8 ntabwo bakoresha ijambo kwizera ahubwo gukiranuka. Bivuze Abisireyeli bakiranuka mu idini yabo ya bayahudi bazahabwa irisumbwe rwo gushyirwaho ikimeynyetso kugirango barindwa mu gihe cya Antikirisitu. Aha havugwa Abisireyeli gusa kuko Itorero, abizeye Yesu bose bazaba bari kumwe nawe, cyane ko mu Byahishuwe 21 Ururembo rushya Yerusalemu rumanuka ruva ku Mana rugereranwa n’umugeni kandi umugeni ni Itorero. Byerekana ko Itorero rizamanuka riva mu ijuru aho ryari riri rihishwe akaga ko mu gihe cya Antikirisitu.

5.      Antikirisitu azakora kumugararo ayobore isi kuko azaba yahawe ubutware aho Yesu atari

3Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka. 4 Ni umubisha wishyira hejuru y'icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw'Imana, yiyerekane ko ari Imana. (2Abatesalonike 2: 2-4)

Antikirisitu azakora ku mugaragaro yewe yinjire no mu insengero kuko Umwuka w’Imana n’Itorero rya Kristo rizaba ritari ku isi. Niyo mpamvu aribyiza kuva I Beteli munzu y'Imana tukagera Eli Beteli ku Mana yo nyiri nzu. Kuko ababa mu insengero batabana n’Imana yo nyiri rusengero abo bazasigara mu bubata bwa Antikirisitu ubwo Itorero rizaba ritakiri ku isi. Ntabwo ubwami bubiri bwa bangikana, bityo ubwo Antikirisitu azakora akayobora isi yose, agashyiraho gahunda imwe ku isi, Itorero ryo rwego rusumba izindi zose ku isi rizaba ritakiri ku isi (Abefeso 3:10). Kuko Itorero ariryo rihishura ubwiru bw’Imana igihe rizaba ritakiri ku isi nibwo gukora kwa satani kuzahishurwa ku mugaragaro.  

Umusozo

Nk’uko Yohana yabivuze, Antikirisitu amaze imyaka mwinshi akora ariko mu marenga, mu mayoberane. Icyo twe dusawa ni uguhora twiteguye tukirinda kugwa mu mutego wa satani, ahubwo turusheho gukiranuka kugirango urupfu rudutunguye cyangwa imperuka tuzabe mubazabana na Yesu Kristo mu bwami bwe.

 Icyumweru cyiza 


Pasitori Kubwimana Joel

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza