Habakuki: Urugero rwiza rwo kwizera Imana mugihe ubushake bwayo busharira


 Iriburiro 



Abizera Imana benshi usanga tuyizera, tuyiringira, tuyishima, tuyiramya, igihe ibintu bimeze neza, igihe twumva tumeza neza, igihe twumva ko ubushake bw'Imana buri guhura n'ubushake bwacu. Muri iki gihe tunyura mubushake bw'Imana busharira kubera koronavirusi (COVID-19),ubuzima bw'umuhanuzi Habakuki butwigisha ko dukwiye kwizera Imana igihe cyose yewe no mugihe ubushake bwayo busharira. 

Intego nkuru: " Kwizera no kwishingikiriza ku Mana gusa, nibyo bibeshaho uwizera mugihe ubushake bw'Imana busharira."  

I. Ubushake bw'Imana ntibuhora buryoshye rimwe narimwe burasharira

Igitabo cya Habakuki kigizwe n'ibice bitatu, mu gice cya mbere Habakuki atangira abaza Imana kuki? kubera iki? yemera ko akarengane kabaho, amakuba abaho yewe no kubakiranutsi. Nka benshi muri twe birumvikana ko Habakuki atumvaga ukuntu ibyago, akarengane kagera kubantu bizera Imana, kandi Imana igasa nkaho ntacyo biyibwiye. Habakuki yumvaga ko hari icyo Imana yakora. Imana igiye gusubiza imubwira ko ahubwo igiye kubateza ingabo zikomeye z'Abakarudaya. Kuva kumurongo wa 6 kugeza kuwa 11 mu gice cya mbere cya Habakuki, Imana isobanurira neza Habakuki uko izo ngabo z'Abakarudaya ziteye n'ibyago zizateza Abisirayeli. Muyandi magambo ubwo Habakuki yatangiraga aganyira Imana ayibaza kuki? Imana yamusubije imubwira ko ibyo ari kubona ari intangiriro ko ibikomeye bigiye gukurikiraho bitewe n'uko abantu benshi baretse gukora ibitunganye bagakora ibyaha birimo urugomo, ubwicanyi, ubusinzi, ubusambanyi n'ibindi bitubahisha Imana. Aha niho tubona ko rimwe narimwe ubushake bw'Imana busharira bitewe n'ibyaha by’abantu cyangwa Imana ishaka kugerageza kwizera kw'abantu. Nyuma yokumva ibyo Imana ivuze Habakuki niko gusubiza Imana ati " Mbese nturi Ihiraho, Uwiteka Mana yanjye, Uwera wanjye? Ntabwo tuzapfa. Uwiteka we, wamutegetse gusohoza amateka, nawe Rutare, wamushyiriyeho guhana." (Habakuki 1:12). Aha tubona ko Habakuki ari kwemera ubushake bw'Imana busharira. Abizera dusabwa  kwemera ubushake bw'Imana niyo busharira kandi tuzirikana ko izi ibyo igendereye gukora binyuze muguteza abantu intambara, ibyorezo, inzira n'andi makuba. Kuko muri byose Imana ihora arinziza twe dusabwa kuyizera no kuyiringira gusa. 

II. Umukiranutsi azabeshwaho no kwizera kwe 

Mu gice cya kabiri Imana ibwira Habakuki kwandika ibyo yeretswe kandi azirikana ko bizaba, muyandi magambo ntabwo Imana iri kumuha icyizire ko izahindura ubushake bwayo bwo guteza intambara Abisirayeli, ahubwo iri gushimangira ko byatinda bitatinda ibyo yeretse Habakuki bigomba gusohora. Ariko Imana yahise ihishurira Habakuki ko nubwo intambara izatera, ingabo zikomeye zigasenya igihugu, abantu bagapfa, ibintu bikanyagwa, ariko ko "Umukiranutsi azabeshwaho no kwizera kwe" (Habakuki 2:4). Mubyago, mubyorezo nka COVID-19 Imana yemera ko bigera ku bantu bose yewe n'abayizera, icyo iduha nk'icyizera, nk'igisubizo ni ukuyizera. Ibaze nawe umuntu ugusaba kumwizera n'igihe uzi ko ibirikuba kandi bibi, bikubabaza afite ububasha bwo kubihagarika ariko nta bihagarike? None se kandi ko ari we wenyine ufite urufunguzo rw'ibiri kuba tutamwizeye, tutamwiringiye twakwiringira nde? Muri iki gihe COVID-19 ikomeje kudusharirira icyo dusabwa gukora ni kimwe, gukomeza kwizera Imana. Nibyiza kubahiriza amabwiriza yose tubwirwa yewe na Habakuki yubashye ubushake bw'Imana ariko nk'uko tugiye kureba igikomeye yakoze ni ukugaragaza kwizera Imana muburyo bukomeye no mugihe ubushake bwayo busharira. Niyo mpamvu natwe Abizera Imana, Abakristo dusabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira COVID-19, ariko ikizatubeshaho muri iki gihe cy'ubusharire ni UKWIZERA IMANA. 

III. Isengesho ry'umukiranutsi wakiriye ubushake bw'Imana bushaririye 

Mugice cya gatatu Habakuki asenga isengesho rigaragaza ko yari yameye kwakira ubushake bw'Imana nubwo bwari bushaririye. Hari amasomo atatu twakwigira muri iri sengesho rya Habakuki kugirango natwe muri iki gihe turikunyura mubushake bw'Imana kandi bushaririye tubashe gukomeza kuyizera. 

1. Umukiranutsi wizera Imana by'ukuri yakira ubushake bwayo busharira kandi yihanganye 

    "Narabyumvise umubiri wanjye uhinda umushyitsi, Iminwa yanjye isusumirishwa n'iryo jwi, Ikimungu cyinjira mu magufwa yanjye, Mpindira umushyitsi aho ndi, Kuko nkwiriye gutegereza umunsi w'amakuba nywitondeye, Igihe uzagera ku bwoko buzaduteza ibitero." (Habakuki 3:16) 

     Mugusenga kwe Habakuki ntabwo yahishe ko ibizaba bimuteye ubwoba, ariko yerekanye ko yiteguye kwakira ubushake bw'Imana kandi yihanganye.  Nk'umuntu Imana yari yeretse ibigiye kubaho, Habakuki yabonaga biteye ubwoba, bimukuye umutima, ariko ntabwo yavuze ngo ' Mana nkuvuyeho, ntabwo yavuze ngo Mana uratwanga', ahubwo yiyemeje gutegereza kandi yihanganye ibyago bikaza bikamugeraho kimwe nk'abandi bose. Ese twe tugira umutima wo kwizera ko nubwo Imana yaduteza ibyago dukwiye kuyizera kuko no muri ibyo byago ikomeza kuba Imana idukunda? Cyane ko umubyeyi ukunda umwana amuhana, amunyuza mu igeragezwa rimukomeza. Cyangwa tumeze nk'ababandi bizera Imana iyo ibintu bimeza neza gusa? No muri iki gihe turi kubona COVID-19 ikomeje guhindura isura, dusabwa kwihanganira ibiri kuba ahubwo tugakomeza kwizera Imana ko izi icyo ishaka muri ibi byose iri kwemera ko tunyuramo. 

 

2. No mugihe byose byanze, byabaye bibi, umukiranutsi wizera Imana akomeza kwishimira mu Mana yagakize ke. 

      "Naho umutini utatoha n'inzabibu ntizere imbuto, Bagahingira ubusa imyelayo n'imirima ntiyere imyaka, N'intama zigashira mu rugo n'amashyo akabura mu biraro, 18Nta kabuza ko nishimana Uwiteka, Nkanezererwa mu Mana y'agakiza kanjye." (Habakuki 3:17-18)

        Uyu ni umwe mu miringo yo muri Bibiriya igaragaza ukwizera Imana gukomeye cyane ko aha turi kubona umuntu witeguye gukomeza kwizera Imana naho yabura ibyo yari yiringiye ko bizamutunga mugihe kirimbere, ibyo afite n'ibyo yari aziko yitegenirije.  Muri uyu murongo wa 17 Habakuki ari kuvuga ibintu bitatu bikomeye dukwiye kumye: 

a.  Umutini n'inzabibu n'ibihingwa abantu bategereza igihe runaka bihagarariye imishinga yigihe kizaza Habakuki yari afite. muyandi magambo Habakuki ari kuvuga ngo " Naho ibyo nateganyaga kuzakora ndikubona bitazakunda, imishinga nari mfite ndikubona itazacamo, ntakizambuza kwishimira mu Mana yagakiza kanjye." Hari benshi muri ki gihe cya COVID-19 bari kubona imishinga, ibyo bibwiraga ko hari icyo bizabamarira mugihe kizaza byapfuye, bitazashoboka, ariko nubwo bimeza bityo dusigaje ikintu kimwe, gukomeza kwishimira mu Mana yo gakiza kacu. 

b.         Guhingira ubusa imyerayo no kutera kw'imyaka bigaragaza ibyo twishingikirijeho ubu, ibyo twibwirako aribyo bidutunze, bitubeshejeho ubu. Habakuki arikuvuga ko naho ibyo yari yishingikirijeho, ibyo yari afite nk'ibyo kurya, naho byarumba, ntibyere azakomeza kwishimira mu Mana yagakiza ke. Ese twe aho twiteguye gukomeza gushima Imana naho ibyokurya byashira, imyaka yarumba? Igisubizo cy'umukristo wizera Imana ni yego. Turamya Imana kuko ari Imana ntabwo tuyiramya kuko hari icyo yakoze, kuko yakora itakora ni Imana dukwiye kuramya no guha icyubahiro. 

c.   Intama n'amashyo bishushanya ibyo umuntu yiteganyiriza, ibyo ahunika, ibyo yitabaza igihe ibindi byose byanze. Habakuki ari kuvuga ko azakomeza kwishimira mu Mana yagakize ke, naho ibyo yari yarahunitse, ibyo yategenije byashira. Amatungo akenshi abantu tuyagurisha iyo tubona ntakundi twagira, kuko akenshi aba ameze nk'ubwiteganirize bwacu. No mugihe turi kubona ko kuri konti zacu ntakiriho, aho twitegenirje hose ntakiri kuhava, icyo gukora ni kimwe gukomeza kwishimira mu Mana yo gakiza kacu.   

        Pawulo yandikira Abatesalonike yababwiye ko bakwiye kwishima iteka, muri byose  kandi bagasenga ubudasiba (1 Abatesalonike 5:16-18), niko biri kugeza uyu munsi, abizera Imana dukwiye gushima Imana muri byose, no muri COVID-19 dushima Imana kuko ara Imana Rurema.

3. Umukiranutsi wizera Imana yishingikiriza ku mbaraga zayo ngo abe arizo zimushyira ahirengeye, zimukiza no mugihe ubushake bw'Imana busharira.

      "Uwiteka, Yehova ni we mbaraga zanjye, Ibirenge byanjye abihindura nk'iby'imparakazi, Kandi azantambagiza aharengeye hanjye." Habakuki 3:19 

        Ese twe ninde twitezeho gutwabarwa kwacu? Nk'Ahabakuki reka twishingikirize kumbaraga z'Imana yo ishobora byose, kuko ariyo yemeye ko iki cyorezo kiyogoza isi, niyo ifite urufunguzo, umuti urambye w'iki cyorezo. Ibisubizo byose abahanga batanga birahinduka umunsi kuwundi, ibyo bavumbura bita agaciro umunsi kuwundi, igisubizo kirambye kiri ku Mana, kandi izakoresha abantu nk'Ahabakuki mukuzana ihumure rirambye. Reka jye nawe tuzirikane ko "Kwizera no kwishingikiriza ku Mana gusa, nibyo bibeshaho uwizera mugihe ubushake bw'Imana busharira."

Icyumweru cyiza

Murakunzwe/ You are loved

Pstor Joel kubwimana


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'