Pasika Yesu Yasangiye n’Abigishwa be Itandukaniyehe na Pasika Abakristo Twizihiza ?

Iriburiro 

Mu minsi mikuru myinshi Abakristo tugira, harimo na Pasika kandi urebye kubizera Yesu Kristo  niwo munsi mukuru ukomeye kuko Pasika ari ishingiro ry'ubukristo. Iyo Yesu adapfa ngo azuke ntabutumwa bwiza tuba tubwiriza nta mpamvu yo kuba abakristo iba iriho. Turi abakristo kuko urupfu rutamuheranye ahubwo yarazutse. Ikibazo ese Pasika yizihizwaga mbere yo gupfa no kuzuka kwa Yesu itandukaniyehe na Pasika Abakristo twizihiza?  Mbere yo gupfa kwe no kuzuka kwe Yesu yasangiye n'abigishwa ibya Pasika. “ Ku Munsi wa mbere wo kurya imitsima idasembuwe, abigishwa begera Yesu Baramubaza bati “ Urashaka ko dutunganiriza he aho uri burire ibya Pasika?” Arabasubiza ati “ Mujye mu murwa kwa ntuza, mumubwire muti ‘Umwigisha aravuze ngo igihe cye kerenda kugera, ngo iwawe ni ho ari busangire ibya Pasika n’Abigishwa be’.” Matayo 26:17-18

Pasika yizihizwaga mbere yo gupfa kwa Yesu yari iy’Abisireyeli/Abayahudi

Yasu yavukiye mu muryango wa Yuda umwe mu miryango 12 ya Isirayeli. Bityo nk’abandi Bisirayeli bose yizihizaga Pasika y'Absirayeli dusanga mu Isezerano rya Kera. Kuva 12: 1-28 soma neza iyi mirongo urumva kandi usobanukirwe Pasika Abisirayeli bizihizaga yewe Abayahudi bo mu idini ya Kiyahundi (Judaism) bakomeje kwizihiza. 

Iyi Pasika ku Bisirayeli yari:

·         Ikimenyetso cyo kunyurwaho na Marayika wishe abana bimfura muri Egiputa 

Abisirayeli babwiwe kubaga umwana w'intama cyangwa umwana w'ihene bagombaga kurya bakamara, kandi amaraso yawo bakayasiga ku miryango ya mazu yabo kugirango Marayika wi Mana wari watumwe kwica abana bimfura azabanyureho ntiyice abana babo. Niyo mpamvu ijambo Pasika rivuga " Kunyuraho" "Gucaho" (Passover).

·         Bagombaga guhora bayizihiza bibuka uko bakuwe mu buretwa muri Egiputa 

Imana yabategetse kandi guhora bizihiza Pasika kugirango bibuke uko Imana yabakuye mu buretwa mu buzima bukomeye babayemo muri Egiputa. Ibyo kurya baryaga kuri Pasika byabaga bidafite umusemburo kandi bakabirisha imboga zisharira bishushanya ubuzima busharira babayemo muri Egiputa. Umunsi bariye umwana w'Intama wa Pasika niwo munsi bavuye muri Egiputa.

           Pasika Abakristo twizihiza  ni Pasika y'Abizera Yesu Bose

Kurundi ruhande Pasika Abisirayeli bizihizaga yashushanyaga umucunguzi Yesu (umwana wi  ntama na maraso byashushanyaga  Mesiya bari barabwiwe ko azaza ari umucunguzi wabo mu isi   bose).  Ubwo  Yesu yasangiraga n’Abigishwa be ibya Pasika ya Bisirayeli nibwo yakoze    umuhango   watangije Pasika twizihiza none ( Matayo 26: 26-27; Luka 22:19) Bakirya ibya Pasika    Yesu niko kumanyagura umutsima ati mwakire muryeho uyu ni umubiri wajye, yenda  n'igikombe arakibaha ati 'munywere kuri iki mwese kuko aya ari amaraso yajye yisezerano rishya.  Muri Luka 22:19 arababwira ati ibi mujye mubikora kugirango munyibukwe. Mu Munsi mukuru    usanzwe Yesu yatangijemo undi udasanzwe. Ubwo Pasika yambere yari iyo kwizihizwa n'Abisirayeli   gusa, aha Yesu yari atangije indi Pasika yo kujya yizihizwa n'abamwizera bose. Abizera ko umubiri we aribo watambiwe kandi ko amaraso ye aribo yamenekeye, abo nibo bakomeza kuzirikana kumwibuka kugeza ubwo azagaruka aje gutwara Itorero rye. 

Pasika Abakristo twizihiza ivuze:  

·         Kwibuka umubiri wa Yesu washenjaguwe kubwacu n’amaraso yametse  kubwacu 

·         Kwibuka gupfa no kuzuka kwa Yesu

·         Kwibuka gucungurwa kwacu dukesha amaraso ya Yesu

·      Ivuze ko abariho ikimenyetso cya maraso ya Yesu urupfu rw’iteka ruzatunyuraho, rutazatugeraho, ko tutazarimbuka ahubwo ko tuzahabwa ubugingo buhoraho kubwo kwizera Yesu Kristo nk'Umukiza n’ Umucunguzi wacu. 

Reka uko iminsi irushaho kutwegera natwe turusheho gukiranuka kandi twibuka ko Yesu yapfuye kubwacu. Niba utaramwizera nk'Umwami n'Umukiza, wamwakira mu buzima bwawe kuko hanze ya Yesu ni ukurimbuka ariko muri Yesu nimo hari ubuzima buhoraho.  

Pasika nziza 

Pasitori Kubwimana Joel

 

 

 

 

 

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'