Ni Gute Wamenya Incuti Nyancuti n’incuti Yiyoberanya (Indyarya)?

 Iriburiro

Muri gahunda tugira yitwa "TURIBAZA BIBIRIYA IGASUBIZA" umuntu yabajije ikibazo adusaba ko twazamufasha kumenya uko umuntu yabasha kumenya incuti nyancuti n'incuti ziyoberanya. Iyi nyigisho mbasangije twayikoresheje muri iyo gahunda yo gufasha abantu kumenya kugenzura abo bita incuti kugirango babashe kugira ubwenge bwo kubana n'abantu bose yewe harimo n'abanzi. Akenshi twe turibaza ariko burya ibisubizo nyakuri biba bifitwe n’Ijambo ry’Imana (Bibiriya). Kuva umuntu aremwe kugeza uyu munsi isi iriho miriyari zirindwi zabantu, mu bantu harimo abo kugirwa incuti nabo kwirinda kugira incuti ahubwo tugaharanira kubanza kubafasha kugira ubumuntu na gakiza kava kuri Yesu Kristo. Ese birashoboka ko umuntu cyangwa abantu baba incuti zacu ariko baturyarya? Ibi birashoboka cyane, ariko akenshi tubibona byamaze kutugiraho ingaruka, twakomerekejwe nabo twizeraga ko ari incuti. Yesu ntabwo yagambaniwe n’umuntu uturutse kure, Yuda Isikariyoti babanaga, basangiraga niwe wamugambaniye. Reka turebe icyo abantu bagiye bavuga kuri iki kibazo twibaza, tuze kureba ibiranga incuti ziyoberanya (indyarya) nyuma turebe icyo Bibiriya ivuga ni nama induha.

1.      Quotations (Amagambo yavuzwe n’abantu batandukanye)

“Incuti nyayo ihora hafi yawe. Incuti iryarya igaragara gusa iyo igukeneyeho ikintu.” 

 “Incuti nyazo zizahora zibona uburyo bwo kugufasha. Incuti ziyoberanya zizahora zibona urwitwazo rwo kutagufasha igihe ukeneye ubufasha.”

"Incuti z‘iyoberanya zimeze nk'igicucu: ziba  hafi yawe mugihe cyawe cyiza, mu gihe cy’umucyo, ariko ntizishobora kugaragara mu gihe cyawe cy’umwijima, igihe ibintu bimeze nabi. Incuti nyancuti zimeze nkinyenyeri, ntabwo uhora uzibona ariko burigihe ziba zihari cyane cyane mu gihe cyawe cy’umwijima, igihe uri mu bibazo.”  

“Igihe  gifasha mu kumenya  agaciro k'ubucuti. Uko igihe gihita  incuti ziyoberanya ziva mu buzima bwacu naho incuti nyakuri ziguma mu buzima bwacu. Incuti nyazo zigumana natwe mugihe abandi bose baduhannye. incuti y’iryarya ni mbi, ukwiye  kuyitinya kuruta inyamaswa yo mwishyamba; kuko inyamaswa yo mu gasozi ishobora gukomeretsa umubiri wawe, ariko incuti mbi izakomeretsa umutima n’ubwenge bwawe. ”

2.      Ibiranga incuti ziyoberanya (Indyarya)

Incuti ziyoberanya (fake friends) ushobora kuzimenya kuko zigira imyitwarire, imvugo, imikorera iziranga, izigaragaza. Dore bimwe mubyagufasha kumenya incuti ziyoberanya, zikuryarya:  

-                  -          Zishishikazwa no kumenya amakuru yawe, amabanga kugirango zishobore kugusebya kubandi.

-          Ibirumira habiri: Zisekana nawe igihe muri kumwe, ariko aho utari zikagusebya. 

-          Zirangwa no gusebya izindi ncuti zabo. Uko uzumva zivuga nabi incuti zindi uzamenye ko ariko nawe zikuvuga iyo utari kumwe nazo.

-          Uzumva mu bandi zikomeza ku kunenga, kugaragaza ko ibyo ukora biciriritse, muri make kugutesha agaciro mu bandi no gutesha agaciro impano zawe nibyo wagezeho. Zihora ziguseka, zigaragaza umwuka wo guhangana nawe no kwerekana ko ibyo ukora zibizi kukurusha.

-          Zikugira inama mbi kubushake kugirango udatera imbere kuzirusha ( Imigani 18:24).

-          Iyo muri kumwe n’abandi cyane cyane bazwi zitwara nkaho zitakuzi.

-          Zishimira amakosa wakoze cyangwa ibibi byakubayeho. ( Yobu 16:20)

-          Zihora zishaka ku kungukiraho mugihe zo ntacyo wazikuraho.  Muri make mubana ari uko wowe wifite iyo ugezemugihe cy’ubukene, ibibazo akenshi urazibura.

-          Zihora zikubonamo ibibi, ntabwo zishimira ibyiza wagezeho, zijora ibyo ukora byose…

3.      Imirongo ya Bibiriya

Muri Bibiriya harimo imirongo mwinshi yadufasha kumenya incuti mbi ikiziranga, ibyozikora n’ingaruka bitugiraho. Yobu ni urugero rwiza rw’umuntu wagize incuti nyinshi ariko zose ziramuhana igihe yari ageze mu bikomeye (Yobu 19:14; Yobu 19:19). 

Muzabamenyera ku mbuto zabo…” Matayo 7:16 Yesu yavugaga ko abahanuzi bibinyoma bazaduka hagati muri twe abamwizera kandi ko tuzabamenyera ku mbuto zabo. Niko biri no ku ncuti ziyoberanya ushobora kuzimenyera kumbuto, imirimo yazo, imyitwarire n’imvugo yazo. Umuntu naho ari umwana amenyekanira ku byo akora…” Imigani 20:11  Imirimo umuntu akora yerekana uwo ariwe, bityo ujye wita kumirimo incuti zawe zikora byagufasha kumenya incuti ziyoberanya n’incuti nyancuti.  “ … Akanwa ke kanyereraga nka mavuta, Ariko umutima we wibwira intambara gusa,…” Zaburi 55: 21-22 akenshi usanga inshuti ziyoberanya zirangwa no kugira amagambo menshi asebanya, ateranya, ashyushya inkuru za bandi. Salomo umunyabwenge uruta abandi bose yabivuzeho 22Amagambo y'inzimuzi yongorerana aryohera amatwi,Kandi akuzura umutima. 23Ururimi ruvuga urukundo ruvanze n'umutima mubi, Ni nk'ikibindi gihomeshejwe inkamba z'ifeza. 24Uwangana ahorana amagambo ashukana, Ariko mu mutima we abitsemo uburyarya.” (Imigani 26:22-24) 

Turi mu gihe hari ingo nyinshi ziri gusenyuka kubw’impamvu zitandukanye zirangajwe imbere no kwiyongera ku busambanyi. Kurundi ruhandi nk’uko Salomo yabivuze “Incuti nyinshi zisenya urugo, Ariko haba incuti iramba ku muntu, Imurutira umuvandimwe.” Imigani 18: 24 Ntabwo umwanzi wawe yagusenyera kuko udashobora kumva inama ze, ariko akenshi usanga abantu basenyerwa nabo bita ko ari incuti nyamara ziba ari iziyoberanya zigamije kunezezwa no kubona usenya aho kubaka, urira aho kwishima. Kurundi ruhande Bibiriya iri kutwerekako hari incuti ijya irutira umuntu umuvandimwe we. Nubwo hari benshi bashobora kuza mu buzima bwawe biyoberanya hari abandi bake cyangwa se benshi Imana izana mu buzima bwawe bakakurutira abavandimwe. Bityo nibyiza gushishoza tukamenya ko hari incuti nyinshi zigenzwa no gusenya dukwiriye kwirinda gufatanya nazo, cyangwa se guha umwanya wacu ngo zidusenyeshe amagambo mabi atubaka.  Dawidi we ati “….8Abanyanga bose bamvugira mu byongorerano, Bangira inama zo kungirira nabi. 9Bati “Indwara ikomeye imubayeho akaramata, Noneho ubwo aryamye ntazabyuka ukundi.” 10  Kandi incuti yanjye y'amagara nizeraga nagaburiraga, Ni yo imbanguriye umugeri.” (Zaburi 41: 5-10) Nka Dawidi akenshi abatugirira nabi aba ari abantu twizeraga, abo twibwiraga ko ari incuti zacu. Ikibazo twakwibaza ese twakora iki? Tureka kugira incuti? Cyangwa duhitemo kwitura buri muntu ibihwanye n’ibyo adukoreye? Akayamategeko ngo “ iryinyo rihorerwe irindi, ijisho rihorerwe irindi?” reka turebe inama Bibiriya iduha.

4.      Inama Bibiriya Itanga

Hari inama nyinshi twabona muri Bibiriya kubijyanye n’ikibazo twibajije uko twamenya incuti nyancuti n’incuti ziyoberanya, nicyo dusabwa gukora. Igihe tumenye incuti ziyobiranya, ntabwo umuti ari ukuzigirira nabi tuzitura ibibi zadukoreye. Dushingiye kuri Bibiriya dore inama eshatu twakurikiza:

a.      Dusabwa gukomeza ibyo twigishijwe twirinda inzira y’inkozi z’ibibi ( Imigani 4:13-20)  Reka abakora ibibi babikore, ahubwo wowe komeza gukora neza ariko wirinde kujya munzira, mu bikowa by’inkozi z’ibibi, iryarya, abiyoberanya.

b.      Kwirinda kwifatanya na babi kuko byonona ingeso nziza ( 1Abakorinto 15:33). Kwifatanya n’umuntu ni ugukora nk’ibyo akora, bityo igihe tumenye ko uwo twibwiraga ko ari incuti burya ari iryarya yiyoberanya dusabwa kwirinda kwifatanya nawe mu byo akora. Niba agira amagambo yo kunegura abandi mwime amatwi, mubwire uti “ Niba ibyo utabivuga uwo uvaga adahari bireke.” Haranira kuguma mu nzira y’umucyo, irinde kujya mu inzira mbi, ukora ibyo ababi bakora. Zaburi 1  

C. Kubakunda no kubasabira (Luka 6:27; Matayo 5:44). Nk’uko twabivuze abo twibwira ko ari incuti akenshi nibo badukomeretsa batugirira nabi, igisubizo usanga akenshi abantu duharanira kwitura umuntu ibyo yatugiriye. Ariko abizera Yesu adusaba kugirira neza bose yewe n’abanzi bacu. Bityo  nk’uko Yesu adukunda turi babi, akatwihanganira akatubabarira bidaturutse kumirimo myiza dukora ahubwo biturutse ku rukundo adukunda, reka natwe dukunde abanzi bacu, incuti ziyobiranya tuzibwize ukuri kandi murukundo, tuzisengere kugirango zihinduke zive mu buryarya no mu kwiyoberanya. 

Mugire icyumweru cyiza cyo guharanira kuba no kugira incuti nziza, atari ukuba cyangwa kugira incuti ziyoberanya.

Pasitori Kubwimana Joel

 

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'