IBIRANGA URUKUNDO (1Abakorinto 13:4-7)

 Iriburiro

Intego Nkuru: “Kwihangana, kugira neza, kutagira ishyari,kutirarira, kutihimbaza, kudakora ibiteye isoni, kutikubira,kudahutiraho, kudatekereza ikibi kubantu, kutishimira gukiranirwa kw’abandi ahubwo kwishimira ukuri, kubabarira byose, kwizera byose, kwiringira byose, kwihanganira byose, ni rwo rukundo abana b’Imana dusabwa kugira.”

Ku cyumweru gishize twaganiriye ku rukundo nk’igipimo gipima ubuzima bwacu abizera Yesu Kristo http://gasaboblessedhilli.blogspot.com/2021/01/urukundo-umunzani-upima-ubuzima.html

Kuri iki cyumweru turakomeza kuganira kuri uru rwandiko rwa mbere  Pawulo yandikiye Abakorinto igice cya 13:4-7. Nk’uko twabibonye biba byiza kubanza gusoma igice cya 12 kugirango umuntu abashe kumva neza ubutumwa buri muri iki gice bukomeza kugera mu gice cya 14. Uru rwandiko Pawulo yandikiye Abakorinto rwasubizaga ibibazo bitandukanye bari bafite mu itorero aho mu gice cya 12 kugeza ku cya 14 Pawulo avuga ku kibazo cy’impano z’Umwuka Wera. Aho mu Itorero abavuga mu ndimi nyinshi bumvaga ko baruta abandi. Pawulo abandikira abereka ko impano zose z’Umwuka zifite akamaro kandi ko Imana yazitanze kugirango Umubiri wa Kristo ari ryo Torero ry’ubakwe, rifashwe. Niko kuvuga ku rukundo agaragaza ko niyo umuntu yakora ibitangaza, akavuga mu ndimi, agatanga ibye cyangwa akitangwa we ubwe, ariko ntarukundo ko byose ari ipfabusa. Bivuze ko urukundo dukunda Imana n’abantu rukwiye kuba impamvu, gitera idutera gukora, no gukoresha impano zacu mu Itorero, mu murimo w’Imana. Ese uru rukundo ruvugwa ni rukundo rumeze gute? Rurangwa n’iki? Iki kibazo nicyo tugiye kuganiraho uyu munsi, tureba ibiranga urukundo abizera Yesu dusabwa kugira.  Reka turebe uburyo bune Pawulo avugamo urukundo muri iyi miromgo.  

4Urukundo rurihangana rukagira neza, urukundo ntirugira ishyari, urukundo ntirwirarira, ntirwihimbaza, 5ntirukora ibiteye isoni, ntirushaka ibyarwo, ntiruhutiraho, ntirutekereza ikibi ku bantu, 6ntirwishimira gukiranirwa kw'abandi ahubwo rwishimira ukuri, 7rubabarira byose, rwizera byose, rwiringira byose, rwihanganira byose. (1Abakorinto 13:4-7)

I.                   Icyo urukundo aricyo (v.4a)

Akenshi iyo havuga urukundo usanga benshi twumva urukundo rushingiye ku by’iyumvo, amarangamutima kenshi ruba rushyize imbere gukorerwa, kugira icyo ruhabwa. Muri iyi mirongo Pawulo agaragaza urukundo rushyira imbere abandi uko byaba biri kose, uko abantu bari kose: abakora byiza cyangwa bibi, abizera cyangwa batizera Imana. Urukundo Pawulo ari kuvuga aha nirwo Yesu yagaragaje, ubwo yadupfiraga tukiri abanyabyaha.  Reka turebe ibintu bibiri Pawulo agaragaza ko iyo umuntu abifite aba bafite urukundo:

a.       Urukundo rurihangana

Biratangaje kubona ko ikintu cyambere gikunze kutugora nk’abantu ko aricyo rukundo. Kwihangana kuri kuvugwa ntabwo ari ugushinyiriza, ahubwo ni ukwihanganira abantu uko byaba biri kose. Ese kwihangana kuri mu ngo zacu, aho dukorera, aho dusengera? Reba urugero rw’umugabo n’umugore basezeranya bakarahira ko bazabana haba mu byiza no mu bibi, ese kuki bananirwa kubahiriza amasezerano baba bagiranye? Impamvu zaba nyinshi ariko iri imbere ni ukutihangana. Kwihangana niko gukunda, kuvuga ko ukunda kandi utihanganira abantu ni ukubeshya. Aha twitonde ntabwo Pawulo ari kuvuga ngo uzahagarar bakwicire mu rugo ngo ni ukwihangana, ahubwo nigihe wahunze umuntu uri ku kugiriranabi, ku guhohotera, usabwa kumwihanganira umusengera kuko ijambo ry’Imana ridusaba gusabira abanzi bacu no kubagirira neza. Kwihangana mu byo tunyuramo, kwihanganira abo tubana nabo, dukorana nabo, dusengana ni ko gukunda.

b.      Urukundo rugira neza

Hari amategeko y’umwe mu bagabo bakomeye babayeho witwa Amurabi “ Hammurabi code of laws” yavugaga ngo ‘ iryinyo rihorerwe irindi, ijisho rihorerw irindi…” muri make icyo ukoze abe aricyo bakugirira. No mu mategeko ya Mose ibi tubisangamo, ariko mu byazanye Yesu Kristo kwari ukudukura muri iyo nzira yo guhora, kugirira abantu ibibi batugiriye. Urukundo Yesu yagaragaje rurangwa no kugira neza. Ntabwo Yesu yategereje ko tumugirira neza, ngo nawe atugirire ineza yo kudupfira, ahubwo no kumusaraba yasabiye imbabazi abari bari ku mubamba ati “Mana ubababarire kuko batazi icyo bakora.” Sitefano nawe kuko yarimo urukundo rw’Imana yasabiye imbabazi abarimo Pawulo ubwo bari barimo kumutera amabuye. Niba uvuga ko ugira urukundo, ese urangwa no kugira neza? Ese ineza uyigirira abantu bagukiriye neza? Aho ntiwaba wemera ko ‘akebo kajya iwamugarura?’ Umukristo wageze kuri Kristo arangwa no kugirira neza bose, kuko urwo ari rwo rukundo abana b’Imana dusabwa kugira. Yesu we ati ni mugirira neza ababagiriraneza gusa, muzaba mutadukaniyehe n’abapangani? Kuko nabo bagirira neza ababagiriye neza. Itandukaniro abizera twe dusabwa kugirira neza bose, yewe n’abatugiriye nabi. Imana yadukunze turi babi itugirira neza iduha Yesu nta cyiza twakoze, niko natwe dusabwa kugirira abandi niyo baba badukoreye n’abi.

II.                Icyo urukundo rutaricyo  (4b-5)

Nyuma yo kuvuga icyo urukundo ari cyo ko rwihangana rukagira neza, Pawulo akomeza agaragaza icyo urukundo rutaricyo, ikinyuranyo cy’urukundo.  

a.        urukundo ntirugira ishyari,  ntirwirarira, ntirwihimbaza,

Ahari ishyari, kwirarira no kwihimbaza bivuze ko nta rukundo ruhari. Ikibazo usanga abantu bavuga ngo ni abakristo, yewe ngo bakunda Imana ariko ishyari, kwirari no kwihimbaza byarabarenze. Nk’uko Yesu yavuze ko igiti cyiza cyangwa kibi kimenyerwa ku mbuto zacyo mbi cyangwa nziza, abarangwa n’ishyari, kwirarira no kwihimbaza ntarukundo baba bafite kuko urukundo rutagira ishyari, rutirarira kandi nti rwihimbaze.

b.      Urukundo ntirukora ibiteye isoni, ntirushaka ibyarwo.

Isi igeze mu gihe ibiteye isoni byitwa byiza, aho indirimbo zivuga ibishegu, abambara ubusa, abakina filime z’urukozasoni “pornography”  bahindurwa ibyamamare, abasitari. Usanga akenshi abakobwa babwirwa ngo kugirango bereke abasore ko babakunze ko ari uko bakora imibonano mpuzabitsina, urwo si urukundo ahubwo ni ibiteye isoni. Urukundo nti rukora ibiteye isono, ahubwo rurabyirinda, kuko Imana yaremye umuntu mu ishusho yayo ngo umuntu aheshe Imana icyubahiro, yiyubahe kandi yubahe abandi. Ubwo Imana yabonaga Adamu na Eva bambaye ibicocero yafashe inyamaswa irabambika. Kwamabaza umuntu atikwije mu izina ry’ibigezweho nti bikwiye ku bizera Imana, kuko biyeye iso, cyane ko usanga n’abambaye ibiteye isoni bagenda babikurura, bicara bikinze udukapu, cyangwa bagenda bazamura amapataro ari kugwa. Urukundo ntirushaka ibyarwo, bivuze kutikubira, kutishyira imbere gusa, ahubwo rushyira imbere Imana n’abandi. Ruzirikana abandi muri byose.

c.       Urukundo ntiruhutiraho, ntirutekereza ikibi ku bantu

Ntaguhubuka kuba mu rukundo, ahari guhutiraho, gushaka ikibi kubantu aho nta rukundo ruba ruhari. Usanga hari abantu batunzwe no kuvuga abandi nabi, kubaharabika, cyangwa gushaka amakosa naho atari. Niyo umuntu yaba akora ibibi, urukundo icyo rushyira imbere ni ukubwira abantu ibibagarura mu nzira nziza, ni ugutekereza ibyiza ku bantu, ntabwo rushyira imbere kuvuga ibibi ahubwo rushyira imbire gushakira abantu ibyatuma babaho bubaha Imana biyubaha kandi bubaha n’abandi. Iyo hariho guhubuka habaho no gukora nabi, kuvuga nabi, cyangwa gushaka ibibi ku bantu.

III.             Urukundo mu kigereranyo  (V.6)

Mu bintu bibiri cyangwa bwinshi tuba dufite guhitamo kugaragaza urukundo.  Kumurongo wa 6 Pawulo agaragaza uburyo dukwiye kwitwara igihe hari amahitamo dufite.

a.       Urukundo ntirwishimira gukiranirwa kw'abandi

Turi mu isi aho abantu dukora ibyaha buri munsi, ariko usanga hari abicaye ku ntebe yo kwishimira ko bagenzi babo baguye mu cyaha. Urukundo rwo ruhitamo kutishimira gukiranirwa kw’abandi. Nk’uko buri munsi dukiranirwa ariko Imana ntiyishimire gukiranirwa kwacu, niko natwe abizera Yesu dusabwa gukora, Igihe mugenzi wawe akoze ciyaha ntabwo ukwiye kubyina, ngo wishime wamamaze ko yaguye, ahubwo uba ukwiye kubabara ukamugira inama, kugirango agaruke mu nzira nzima. Hitamo kutishimira gukiranirwa kw’abandi nibwo uzaba ugaragaje urukundo.

b.      Urukundo  rwishimira ukuri,

Ukuri ni Kristo Jambo w’Imana, niwe dukwiye kwishimira, bityo igihe hariho ikinyoma dukwiye kuzirikana ko satani ariwe se w’ibinyoma tugahitamo gukurikira ukuri. Niba ukunda Imana n’abantu bayo uzarangwa no kwishimra ukuri aho kwishimira gukwiza ibinyoma cyangwa kubyishimira.

IV.             Ibyo urukundo rukora iteka (V.7)

Mu cyigisho tuziga ku cyumweru gitaha tuzeraba ko urukundo ruhebuje byose kuko ruzahoraho, rutazashira. Mu guhoraho ku rukundo rufite ibyo rukora iteka ryose, ahari urukundo uzahasanga ibikorwa byarwo ari byo:

a.       Urukundo rubabarira byose

Urukundo rurangwa no guhora rubabarira, ntabwo rugira yamvugo ngo “cyangihe narakubabariye, ejo bundi ndakubabarira none dore urongeye.” Oya urukundo iyo rubabariye ruba rubabariye ntabwo rugira inzika, ahubwo rubabari byose. Usanga abantu twe dufite ibyo twumva twababarira n’ibyo tutababarira, ariko nk’uko Yesu atubabarira muri byose  niko natwe dukwiye kubabarira abandi muri byose. Ikindi abizera twe dusabwa kubabarira n’abatadusabye imbabazi, bivuze ko tudategereza gusabwa imbabazi ahubwo kubabarira ari ubuzima, imibereho y’umukriso nyakuri.

b.      Urukundo rwizera byose,  rwiringira byose  

Kwizera ni iki? Kwiringira ni iki? Mu Baheburayo 11:1 hari igisubizo “ Kwizera ni ukumenya rwose ko ibyiringirwa udashidikanya ko bizaba, kandi ni ko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby’ukuri.” Kwizera no kwiringira n’impanga, birajyana ibyo twiringira tugomba kwizera ko bizaba. Urukundo rwizera kandi rukiringira byose Imana, yavuze, yakoze, kandi iri gukora. Kwizera no kwiringira bikwiye kuba mu buzima bacu bwa buri munsi. Ese uri mu rushako rukugoye, izere kandi wiringire ko Imana iza kugirira neza ikaguha urugo rwiza, bityo ihangane ntucike intege.

c.       Urukundo rwihanganira byose.

Kumurongo wa 4 Pawulo atangira avuga icyo urukundo aricyo agaragaza ko urukundo rwihangana, kumurongo wa 7 asoza yongera kugaragaza ko mubyo urukundo rukora iteka ari ukwihanganira byose. Ijambo byose ntacyo risiga inyuma, bityo niba dukunda Imana, tukaba tuzi ko itubabarira kandi ikatwihanganira muri byose, niko natwe dukwiye kwihanganira byose na bose. Ibyo tunyuramo dukwiye kubyihanganira, abo tubana nabo dukwiye kubihanganira niko gukunda Imana niko gukunda abantu. Hanze yo kwihangana nta rukundo, urukundo iteka ryose rukora umurimo wo kwihangana.

Muri iki gice tubonye icyo urukundo aricyo, icyo urukundo rutaricyo, urukundo mu mahitamo, n’ibyo urukundo rukora iteka. Kwihangana, kugira neza, kutagira ishyari,kutirarira, kutihimbaza, kudakora ibiteye isoni, kutikubira,kudahutiraho, kudatekereza ikibi kubantu, kutishimira gukiranirwa kw’abandi ahubwo kwishimira ukuri, kubabarira byose, kwizera byose, kwiringira byose, kwihanganira byose, ni rwo rukundo abana b’Imana dusabwa kugira.

Icyumweru cyiza

Pastor Kubwimana Joel

 

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'