Glossa and Glossolalia: Kuri Pentekote havuzwe Indimi zumvikana cyangwa indimi zitumvikana?


 

Umunsi wa Pentekote usohoye, bose bari bari hamwe mu mwanya umwe bahuje umutima. 2Nuko umuriri ubatungura uvuye mu ijuru umeze nk'uw'umuyaga uhuha cyane, ukwira inzu bari bicayemo. 3Haboneka indimi zīgabanije zisa n'umuriro, ururimi rujya ku muntu wese wo muri bo. 4Bose buzuzwa Umwuka Wera, batangira kuvuga izindi ndimi nk'uko Umwuka yabahaye kuzivuga. 5Muri Yerusalemu habaga Abayuda b'abaturage b'abanyadini, bari baraturutse mu mahanga yose ari munsi y'ijuru. 6 Uwo muriri ubaye abantu benshi baraterana, batangazwa n'uko umuntu wese yumvise ba bandi bavuga ururimi rw'iwabo. 7Barumirwa bose baratangara bati “Mbese aba bose bavuga si Abanyagalilaya? 8None se ni iki gitumye twese tubumva bavuga indimi z'iwacu za kavukire? 9Kandi turi Abapariti n'Abamedi n'Abanyelamu, n'abatuye i Mezopotamiya n'i Yudaya, n'i Kapadokiya n'i Ponto no muri Asiya, 10n'i Furugiya n'i Pamfiliya no muri Egiputa, no mu gihugu cy'i Libiya gihereranye n'i Kurene, n'Abaroma b'abashyitsi n'Abayuda n'abakomeza idini yabo, 11kandi n'Abakirete n'Abarabu, turabumva bavuga ibitangaza by'Imana mu ndimi z'iwacu.” 12Bose barumirwa, bibayobeye barabazanya bati “Mbese ibi ni ibiki?” 13Abandi barabanegura bati “Basinze ihira.”

Abahanga mu bya Bibiliya benshi bemeza ko ku munsi wa Pentekote ko ariho Itorero rya mbere rya Kristo ryatangiye nyuma yuko Umwuka Wera amanukiye abigishwa ba Yesu, Petero akabwiriza abantu ibihumbi 3000 bakihana bakakira Yesu kristo. Ubwo Umwuka Wera yazaga ku intumwa igitangaza yakoze cyatumye benshi batangara ni uko Abigishwa ba Yesu bose bari Abanyagalilaya ariko abaraho babumvaga mu indimi zabo kavukire. Mu  murwa Yerusalemu harimo Abayuda baturutse hirya no hino muri Diaspora (mu bindi bihugu aho benshi babaga, barabaye bakavukire baho), yewe hari n’abandi batandukanye baturutse mu bihugu byinshi bari baramaza kwemera idini ya Bayahudi. Abo bose bari baje kwizihiza Pentekote kuko wari umunsi mukuru usanzwe ubaho Abayahundi bawizihizaga nyuma y’iminsi 50 Pasika ibaye. Muri iki gihe turimo hagaragara indimi zitumvikana nyinshi zitirirwa Umwuka Wera. Muri iyi nyigisho ya none turareba itandukaniro hagati y’indimi zumvikana (glossa)  n’indimi zitumvinaka (glossolalia).  

Ururimi ni iki?

Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco isobanura ururimi muri ubu buryo:

Ururimi ni igikoresho nyamuryango cy’ubwumvane gishingiye ku gukoresha ubushobozi kamere abantu bifitemo bwo kumvikana bakoresheje amajwi yatuye abantu bagize umuryango nyarurimi umwe baba baremeranyijeho. Ku rwego rw’abantu hagati yabo, ururimi rubafasha gushyikirana, kugezanyaho amakuru, kuranga ibibakikije, gushyira ku murongo ibitekerezo no kubigaragaza, kugaragaza imbamutima n’ibindi. Ku rwego rw’umuryango nyarurimi cyangwa rw’igihugu, ururimi rugira uruhare runini mu mibereho y’abantu n’inzego nyamuryango, mu guhuza no kunga imbaga, mu kubumbatira, gukuza no gusakaza  umuco, ndetse no mu guhanga no guhererekanya ubumenyi n’ibindi bitekerezo bifasha umuryango kwiyubaka no kwiteza imbere. Ururimi ni igikoresho ntagereranywa cy’ubwumvane n’ubumwe nyamuryango, rukaba n’umusingi w’iterambere abantu bagenda bageraho. Koko rero, kwita ku rurimi ni imwe mu nzira zo kugeza bene rwo ku iterambere rirambye.[1]

Ubu busobanuro bugaragaza ko  ururimi rwumvikana, rufasha abantu gushyira ibitekerezo byabo ku murongo no kubisangiza abandi kandi ruba rufite amategeko arugenga abarukoresha bemeranywaho. Ku munsi wa Pentekote havuzwe indimi zifite abazikoresha kuko bihamirije ko bari kumva mu indimi zabo kavukire. None izi ndimi zitumvikana, usanga buri wese mu bazivuga aba afite ibye avuga bitumvikana zo bite? Zivahe? Ko atarizo zavuzwe ku munsi wa Pentekote, bivuze ko zitava ku Mwuka w’Imana. Urashaka kumenya ibyerekeye indimi zitumvikana z’iki gihe? Rero dukeneye kwiga bihagije Ibyakozwe n’Intumwa 2 na 1 Abakorinto 12, 13 na 14 ahavugwa ibyerekeye ‘kuvuga mu ndimi.’ Kugirango twigi  icyigisho nk’iki, umuntu agomba gushyiraho ubusobanuro bw’ukuri ku ‘ndimi.’ Iryo ni ryo shingiro ry’iri somo. Wirinde, kuko abahanuzi b’ibinyoma bazahakana inyigisho za Bibiliya mu gihe nk’iki.

Ijambo nkomoko (Etymology) rivuga ‘ururimi’ cyangwa ‘indimi,’ rikoreshwa muri Bibiliya y’Ikigiriki  ni ‘γλῶσσα.’ (The English transliteration is ‘glossa’) mu buryo bwo guhindura Ikigiriki ngo gisomeke mu cyongereza ni ‘glossa’(Mukinyarwanda ugenekereje ni ‘ururimi’)  inkoranya y’ikigiriki isobanura ‘glossa’ nk’imvugo y’ubwenge, urimi kavukire, ururimi rw’ababyeyi bawe. Ibi bitandukanye cyane no ‘kuvuga mu ndimi zitumvikana’ aribyo byitwa ‘glossolalia’ ‘imvugo itumvikana.’ Munkoranya y’icyongereza ‘glossolalia’ isobanurwa nk’ imvugo mpimbano itumvikana.  Muri iyi minsi tugezemo  bamwe bagiye kure y’ubusobanuro bw’ inkoranyamagambo na Bibiliya mu gusobanura ijambo ‘indimi.’ Nyamara, Intumwa ku munsi wa pantekote zakoresheje ‘glossa’ bivuze indimi z’umvikana. Itorero ry’ukuri- nk’intumwa- rihakana indimi zidasobanutse ryivuye inyuma.

Kubona ubusobanuro bugaragara kandi bufututse kuriyi ngingo, Reka turebe amagambo ya Bibiliya Yera. Ibyo turabikora dukoresheje ubusobanuro bwanyabwo bwa ‘γλῶσσα’  (glossa/ururimi).  Ibyakozwe n’Intumwa 2: 4,6,8, hatweretse ko abigishwa ba Yesu bavuze abantu bakumva mu indimi zabo kavukire. Bivuze ko ibyanditswe byera bitwereka ko:

·         Indimi bisobanura ‘indimi kavukire.'

·         Indimi zari imvugo y’ubwumvane.

·         Indimi zafashaga uwumva gusobanukirwa HATABAYEHO umusobanuzi.

·         Indimi ntabwo zari ‘indimi zitazwi’ cyangwa ‘indimi zitumvikana’ cyangwa ‘indimi z’abamalayika.’

Abavuga indimi zitumvikana bagoretse ubusobanuro bw’ikigiriki bwa ‘γλῶσσα’ kugira ngo bashyigikire inyigisho igoreka Ijambo ry’Imana. Ibyiyongeraho, bahinduye Ibyakozwe n’Intumwa bivugako ari ‘indimi zumvikana.’ Ubusobanuro bw’indimi ba busobanuye ukundi. Ubusobanuro bw’ukuri bwa Bibiliya bwerekeye ‘ururimi rw’ ababyeyi, ururimi kavukire’ ntabwo bukiri bwo. Bwahinduwemo ‘imvugo itumvikana’ (glossololia).  Gukuraho ino nyigisho igoreka Ijambo ry’Imana bisaba ko umuntu yibuka ko Bibiliya ariyo muyoboro w’ukuri twahawe. Bityo ikintu cyose kinyuranya na Bibiliya abizera dusabwa kucyanga no kucyirinda. Ibuka ko ijambo ry’ikigiriki rivuga ururimi/indimi ari γλῶσσα’ (glossa) niryo dusanga, mu byakozwe n’Intumwa 2, rinasangwa no mu 1 Abakorinto 12, 13 na 14. Hano, inshuro cumi n’ebyiri, intumwa Pawulo ikoresha γλῶσσα’ ubwo yavugaga ku ndimi. Iri jambo risobanura imvugo y’ubwumvane, yumvikana bivuze ibyo abantu bashobora kumva.  

Indimi zitamenyakana n’indimi zitumvikana ziratandukanye

Nuko bene Data, mwifuze guhanura kandi ntimubuze abandi kuvuga indimi zitamenyekana.” (1 Abakorinto 14:39)   Benshi bitwaza ko Pawulo yavuze ngo nti mubuze abandi kuvuga mu ‘indimi zitamenyekana’ nk’impamvu yo kuvuga indimi zitumvikana. Aha Pawulo yavugaga ‘indimi zitamenyeka’ ukwiye kubanza guca akarongo ku ijambo indimi. Icyo Pawulo ari kuvuga aha ni igihe umuntu avuze mu rurimi rwe kavukire ariko rutamenyekana kubandi ari kubwira, cyangwa igihe umuntu avuze mu rundi rurimi azi ariko abo ari kubwira bo bataruzi.  Urugero mvuze Igisango ururimi ruvugwa mu gihugu cya Centrafrique  (Afurika yo hagati) ruba ari ururimi rutamenyakana ku Munyarwanda ariko nti bivuzeko atari ururimi rwumvikana ku baruvuga. Ikibigaragaza ko Pawulo ari kuvuga indimi nk’izavuzwe kuri Pentekote, ku murongo wa   10 Pawuro agira ati “Indimi zo mu isi nubwo ari nyinshi zite nta rudafite uko rusobanurwa.” Ibi byerekana neza ko Pawulo ari kuvuga indimi zivugwa mu isi. Ikindi Pawulo nawe akoresha ijambo izindi ndimi, kandi twabonye ko no kuri pantekote Umwua Wera yahaye yahaye abigishwa kuvuga izindi ndi. Cyane ko Imana ariyo yaremye indimi zivugwa mu isi, kandi ikaba ifite ubushobozi bwo kuzivuga zose ivugana na bantu bayo yaremye. Ikindi ni uko Pawulo yandikiye iri Torero arinenga gukoresha nabi impano yo kuvuga mu indimi zitamenyekana, aho abavugaga izindi ndimi abandi batazi bumvaga ko aribo bakomeye. Nk’uko biri no muri iki gihe aho usanga hari abavuga ikinyarwanda bakivanga ni ndimi nk’icyongereza, cyangwa igifaransa kugirango bagaragaze ubusirimu, nubwo mu byukuri ubusirimu ari ukumenya ururimi rwawe kavukire.  Uyu mwuka wo kwiyemera umuntu ashaka kuvuga mu zindi ndimi abo abwira batumva niwo Pawulo yarimo arwanya mu Itorero rw’I Korinto. Agera aho ababwira ngo : “Nshimira Imana yuko mwese mbarusha kuvuga indimi zitamenyekana, 19 ariko mu iteraniro aho kuvuga amagambo inzovu mu rurimi rutamenyekana, nahitamo kuvuga amagambo atanu nyavugishije ubwenge bwanjye, kugira ngo nigishe n'abandi.” (1 Abakor. 14:18) Pawulo nk’umuntu wari wariza kandi yarabaye hirya no hino mu bwami bwa Baromani yari azi indimi nyinshi, ibi nibyo byamufashije mu kuba intumwa ku Banyamahanga kuko yashoboraga kuvugana nabo. Aha ari kunenga Abakorinto ababwira ko biruta ko umuntu avuga amagambo atanu ayavugishijwe n’ubwenga aho kuvuga ibyo abantu batumva. Umwuka w’Imana agusobanurire kandi aguhe kugira ubwenge n’ubushishozi kuko satani akataje mu kugoreka Ijambo ry’Imana. Ese Imana yananirwa kuvugana na bantu mu rurimi rwabo kavukire? Oya, Imana ishoboye kuvugana na bantu mu ndimi zabo kavukire kuko aribyo byabaye kuri Pentekote. Pawulo koresha ijambo izindi ndimi, bivuze ko indimi zitamenyekana nk’uko twabivuze ari urundi rurimi,  ongera uce akarongo ku ijambo ururimi. Ikindi soma ubusobanuro twavuze bw’ururimi, bityo uretse umwuka wo kugoreka ijambo ry’Imana kuvuga mu indimi zitumvikana ni ukugoreka ijambo ry’Imana. Cyane ko Pawulo agaragaraza ko igihe cyose umuntu avuga mu rurimi abandi batumva aba yiyungura ubwe, naho uhanura akungura Itorero. Aha niho Pawulo ahita agaragaza ko guhanura biruta kuvuga mu zindi ndimi.

Guhanura no kuvuga mu indimi zitamenyekana ni mpano ebyiri zitandukanye

1Mushimikire urukundo kandi mwifuze impano z'Umwuka, ariko cyane cyane mwifuze guhanura. 2Uvuga ururimi rutamenyekana si abantu abwira keretse Imana, kuko ari ntawumva ahubwo mu mwuka avuga amayoberane. 3Ariko uhanura we abwira abantu ibyo kubungura n'ibyo kubahugura, n'ibyo kubahumuriza. 4Uvuga ururimi rutamenyekana ariyungura, ariko uhanura yungura Itorero.5Nakunda ko mwese muvuga izindi ndimi, ariko ibirutaho ko muhanura. Uhanura aruta uvuga izindi ndimi, keretse azisobanuye kugira ngo Itorero ryunguke. 6Ariko none bene Data, ninza iwanyu mvuga indimi zitamenyekana nzabamarira iki, nintababwira ibyo mpishuriwe cyangwa ibyo mpawe kumenya, cyangwa guhanura cyangwa kwigisha? (1 Abakor. 14:1-6)

Abavugaga izindi ndimi mu Itorero ry’Ikorinto kimwe nabo twumva kandi tubona ubu bibwiraga ko aribo bonyine barimo Umwuka w’Imana kandi ko bafite impano iruta izindi. Ariko Birasobanutse Pawulo yahise ababwira ko bibeshya kuko uhanura aruta uvuga izindi ndimi, kuko uhanura yungura Itorero. Guhanura ni ugutanga ubutumwa wahawe n’Imana, ni ukwigisha no guhugura abantu b’Imana. Abahanuzi bose, abigishwa ba Yesu na Pawulo ubwe yitanzeho urugero ntabwo bigeze bavugana na bantu mu rurimi batumva. Bityo kuvuga indimi zitumvikana mu Iteraniro ni ukurenga ku Ijambo ry’Imana, ni ukurigoreka ni ukuyobya abantu no guteza urujijo kandi Imana twizera ntabwo iteza urujijo.

Iri tandukaniro ryo guhanura no kuvuga mu indimi zitamenyekana, usanga abavuga indimi twise izitamvukina bagoreka Ijembo ry’Imana bagaragaza ko kuvuga mu indimi zitumvikana ko ariko guhanura, cyane ko benshi muri aba bavuga ibitumvikana biyita abahanuzi.  Iki n’ikinyoma kuko Umwuka w’Imana atanga impano nyinshi kandi murizo harimo guhanura, kuvuga mu zindi ndimi, kwigisha, kugira ubuntu, kwihangana, n’izindi nyinshi. Ijambo ry’Imana ritubwiye ko guhanura biruta kuvuga mu zindi ndimi, kandi ko guhanura aribyo bikoreshwa mu Itorero kugirango abantu bunguke. Reka twumvire ijambo ry’Imana twirinda kuzana amarangamutima no guha satani urwaho ngo agoreke ijambo ry’Imana.

Ibyanditswe bidaciye kuruhande bitwereka indimi zukuri ni indimi zumvikana. Iyo umunyamahanga avuze mu rundi rurimi, abantu batumva (abantu bakoresha urwo rurimi) bahita bumva uwo munyamahanga uvuga-ARIKOmu rurimi kavukire rwabo.’ nta ndimi zitumvikana zibaho iyo Imana itanze Impano z’Indimi.  Iyo ‘indimi’ z’umuntu zitumvikana, n’iki umwuka aba arikubaha kuvuga iyo izo ndimi zitumvikana? Rwose pe uwo ntabwo ari Umwuka Wera, kuko ibyo Mwuka Wera yakoze kandi akora biri hagati mu Ijambo ry’Imana.  

Umusozo

Reka nsoze mvuga ko Imana iberahose icyarimwe bivuze ko no mu Rwanda ihari, Imana izi byose bivuze ko ni Kinyarwanda ikizi, Imana ishobora byose bivuze ko ishobora kuvugana n’Abanyarwanda mu Kinyanrwanda. Niba uri Umunyamahanga ikaguha ubutumwa uzavuga mu rurimi rwawe twe twumve mu Kinyarwanda, cyangwa uzasanga ururimi uvuga hari umunyarwanda uruzi asobanurire Abanyarwanda bumve. Ariko umunyarwanda wese uvuga ngo Imana yamuhaye ubutumwa bw’Abanyarwanda mu rurimi Abanyarwanda batumva, uwo ni umuhananuzi w’ibinyoma. Abantu bakunze kuvuga ngo ko yavuze ibi ni bi bikaba? Satani ajya yigira Malayika w’umucyo, na Mose yakoze ibitangaza, abakonikoni ba Farawo nabo barabikora. Muri Matayo 7: 22-3, Yesu avuga uko benshi baziregura imbere ye bavuga ko bahanuye bagakora ibitangaza mu izina rye. Ariko ngo nibwo azaberurira ko atigeze abamenya. Bivuzeko hari benshi muri twe bahanura bakora ibitangaza mu izina ryaYesu ariko Yesu atabazi. Nubwo igihe cyo kwerura Yesu akababwira ko atabazi kitaragera, muri iki gice cya Matayo 7 Yesu avuga ko tuzabamenyera ku imbuto zabo. Kuba hari abitwaza izina rya Yesu bagakora ibitangaza ntabwo ari ibintu bikwiye gutuma twemera imyuka yose, ahubwo dusabwa kuyigenzura.  

Guhanura no kuvuga mu indimi zitamenyekana biratandukanye. Nta muhanuzi numwe Imana yatumye ku bantu yamuhaye ubutumwa mu rurimi abo bantu batumva, cyangwa ngo agende avuga mururimi batumva yongere yisobanurire. Uwo ntawe tubona muri Bibiliya, tubibona ubu aho satani n’amarangamutima ya bantu agoreka Ijambo ry’Imana. Wowe ufite ikibazo cyo kumeya abahanuzi bukuri n’abahanuzi b’ibinyoma usome Abagalatiya 5 kugirango usobanukirwe imbuzo za kamere n’imbuto z’Umwuka. Kuko abahanuzi bamenyekanira ku mbuto bera, ibyo bakora nuko babayeho. Umwuka w’Imana watanze ubushobozi ku bigishwa ba Yesu bakomokaga I Galilaya kuvuga mu indimi kavukire z’abantu bari bateraniye I Yerusalemu niwe abayoborwa n’Umwuka bemera. Naho abayoborwa n’imyuka bemera ibije byose yewe ni bihabanye n’ijambo ry’Imana niyo mpamvu ni ndimi bavuga nazo ari nyinshi kandi zidasobanutse kuko ni myuka ibakoreramo idasobanutse. Umwuka w’Imana urasobanutse nta rujijo uteza kuko Imana izi byose n’indimi tuvuga zirimo. Niyo mpamvu no mu nzozi iyo Imana iri kuvugana natwe Ikoresha indimi zacu kavukire. Kuko turota mu ndimi zacu kavukire. Ba maso satani yatangiye kwinjira mu matorero agoreka ijambo ry’Imana yitwaza ibitangaza no kuvuga indimi zitumvika ngo abantu bahurure bagwe mu buyobe.  Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira, kandi muzaba abagabo bo kumpamya i Yerusalemu n'i Yudaya yose n'i Samariya, no kugeza ku mpera y'isi.” (Ibyak. 1:8) Ese wahamya Yesu uvuga mu rurimi abantu batumva? Oya, duhamya Yesu tuvuga ubutumwa, mu rurimi abantu bumva, kandi nibyo byabaye kuri Pentekote.

Pentekote nziza yo kwirinda ikinyoma cya satani gica mu indimi zitumvikana.

Pasitori Kuwimana Joel  

 

 



[1]  “Ururimi” accessed on 30/May/2020  http://ralc.gov.rw.


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'