YOHANA KU KIRWA CY’I PATIMO: Gusenga Imana ku kirwa cya Korona Virusi (Ibyahishuwe 1: 9-11).


IRIBURIRO

Intumwa za Yesu zagiye zirenganywa kubera kuvuga ubutumw bwiza. Yohana nawe yararenganijwe kubera ubutumwa bwiza agera aho ashyirwa mu kato ku kirwa cy’i Patimo. Mugihe yari kure yabantu, azengurutswe n’inyanja, ari ahantu wenyine Yohana yitwaye ate? Yarigunze? Cyangwa yakomeje kugira ubusabane n’Imana? Muri iki gihe aho kubera Korona Virusi Abakristo dusabwa guteranira mu ingo zacu, reka turebe uko Yohana yitwaye. 

Yohana ku kirwa wenyine

9Jyewe Yohana, mwene So musangiye amakuba n'ubwami no kwihangana biri muri Yesu, nari ku kirwa cyitwa Patimo bampōra ijambo ry'Imana no guhamya kwa Yesu. 10Ku munsi w'Umwami wacu nari ndi mu Mwuka, inyuma yanjye numva ijwi rirenga nk'iry'impanda 11rivuga riti “Icyo ubona ucyandike mu gitabo, ucyoherereze amatorero arindwi ari muri Efeso n'i Simuruna, n'i Perugamo n'i Tuwatira n'i Sarudi, n'i Filadelifiya n'i Lawodikiya.” (Ibyahishuwe 1:9-11)

Yohana atangira agaragaza ko yari ku kirwa cy’i Patimo kandi ko atari ahari kubera gushaka kwihererana n’Imana. Ntabwo yariyo  kubera ibyo bamwe bita ubutuya muri iki gihe, ahubwo yariyo kubera kurenganywa. Bivuze ko yari ku kirwa nk’igihano yahawe, badashaka ko akomeza kuvuga ubutumwa bwiza. Yohana nubwo yari wenyine agaragaza ko hari icyo yakoze ku munsi w’Umwami ariho kuwa mbere w’iminsi irindwi (Kucyumweru). Ijambo umunsi w’Umwami rikoreshwa bavuga umunsi Yesu yazutseho, ariho kuwa mbere w’iminsi irindwe twita ku cyumweru. Buri wa mbere w’iminsi irindwi abizera bambere bateraniraga gusangira igaboro ryera mu rwego rwo kwibuka gupfa no kuzuka kwa Yesu (Ibyakozwe n’Intumwa 20:7).

Yohana nk’umuntu wari umenyereye kubana na bandi ku igaburo ryera no kuganira ku Ijambo ry’Imana, umunsi w’Umwami wage ari mu Mwuku wo gusenga, wo gukora ibyo asanzwe akora kuri uwo munsi nubwo yari wenyine. Iyo avuga ngo nari mu Mwuka, abizera yandikiraga bo bahitaga bumva umwuka yarimo uwo ariwe. Kuko umunsi w’Umwami wizihizwaga n’abizera byari byoroshye kugirango bumve ko kuri uwo munsi Yohana yarimo asenga Imana.  Akiri mu Mwuka wo gusabana n’Imana, Yohana yumvise ijwi inyuma ye, rimuteguza ko hari ubutumwa agiye guhabwa ku girango abugeze ku matorero arindwi yo muri Aziya. Kuba Imana iri ahantu kandi ikora nibyo James Macdonald yita Manifest presence. Ibi bivuze ko Imana itwigaragariza ko iri kumwe natwe kandi ikora iyo tuzamura izina ryayo mukuramya kwacu, iyo dufitanye ubusabane n’Imana. Aha nibyo turi kubona kuri Yohana, kuba mu Mwuka ku munsi w’Umwami byatumye Imana imuvugisha imuha ubutumwa bw’Amatorero.

Twakwigira iki kuri Yohana muri iki gihe duhejejwe mu ingo zacu na Korona Virusi?

Hari byinshi dushobora kwigira kuri Yohana muri iki gihe ariko reka turebe bitatu byingenzi:

1.      Umunsi wo gusenga ukwiye kubahirizwa aho waba uri hose, uko byaba biri kose.   
Kuba ku kirwa byarashobokaga ko Yohana atamenya iminsi, amasaha, ariko bigaragara ko yazirikanaga Umunsi w’Umwami cyane ku buryo atigeze ayoberwa ko wageze ngo ajye mu Mwuka wo gusenga. Yari yarazirikanye ko adakwiye kwirengagiza gutera kwera. Natwe kuba tudashobora guhurira mu insengero ngo dusengere hamwe nti bikwiye gukuraho ko guterana kwera bikwiye kubaho, aho twaba turi hose, nuko bimeze kose. Ese ibi bivuze iki? Bivuze kurenga ku mabwiriza tukajya mu insengero? Oya, ahubwo bivuze ko nka Yohana aho turi twenyine dukwiye kujya mu Mwuka wo gusenga Imana, nk’uko dusanzwe tubikora buri cyumweru turi hamwe na benedata mu Insegero cyangwa Kiliziya duteraniramo.

2.      Ntabwo aho gusengera ari mu rusengero gusa, ahubwo aho uri hose wasenga Imana

Nibyiza kugira aho dusengera, insengero/kiliziya zubatse neza. Ariko ubu iki nicyo gihe cyo gusobanukirwa neza impuguro Pawulo yahaye Abakorinto ubwo yababwiraga ati “ mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari insengero z’Umwuka Wera  uri muri mwe, uwo mufite wavuye ku Mana? Kandi ntimuri abanyu ngo mwigenge.” (1Abakorinto 6:19) Umubiri wawe, umubiri wanjye nirwo rusengero Umwuka w’Imana abamo, bityo reka muri iki gihe twere kwigenga ngo tureke gusenga, ngo ni uko tutagiye ku rusengero rw’ubatswe n’amaboko yacu abana ba bantu. Oya, ahubwo kuko tugifite umubiri bisobanuye ko dushobora gusenga aho turi mu ingo zacu. Nka Yohana benshi muri iki gihe ntabwo dufite guterana na bagenzi bacu dusanzwe dusengana kubera iki cyorezo cya korona Virusi. Itandukaniro na Yohana Patimo yacu ni ingo zacu turimo. Bivuze ko twe tutari twenyine nka Yohana, ahubwo dufite abo tubana mu miryango yacu. Reka dufate umwanya ku munsi w’Umwami wacu Yesu natwe dusenge kandi twizeye ko Imana itwumva.

3.      Gusenga  Imana ikumva si umubare w’abantu ahubwo ni umutima uramya Imana.

Yohana yari wenyi ku kirwa, aho atari afite uburenganzira bwo guterana ngo asangire igaburo ryera, ijambo ry’Imana na bandi bizera. Ariko tubona ko ku munsi w’Umwami yagiye mu Mwuka wo gusenga. Bivuze ko atirengagije guterana kwera nubwo yari wenyine. Iki ni ikintu gikomeye dukwiye ku mwigiraho, tukamenya ko gusenga Imana atari umubare w’abantu ahubwo umuntu ufite umutima uramya Imana bivuze  unezeza Imana. Umuntu ufite umutima wo gukora ubushake bw’Imana aho ari hose iyo esenze Imana irumva. Nibyiza gusengana na bandi, ariko iyo bibaye ko guterana bitabaho kubera impamvu zitadukanye urugero iki cyorezo, reka Yohana atubere urugero rwiza rutwereka ko Imana yumva gusenga ku muntu wese ititaye ku mubare w’abantu. Ushobora kuba uvuga uti, pasiteri niwe wayoboraga amateraniro, runaka niwe wa sengaga, iki ni igihe cyo kumenya ko nawe Imana yakumva. Isengesho Imana itumva n’iry’umunyabyaha, kandi iteraniro itishimira n’irya banyabyaha. Twe nk’abizera Imana, dufite isezerano ko igihe cyose dusenze Imana itwumva ititaye ku mubare wacu, cyangwa aho turi ahubwo yitaye ku mutima uyicira bugufi kandi uyiramya.  

Ejo kucyumweru ni umunsi w’Umwami, reka nka Yohana  tuzabe mu Mwuka wo gusenga. Tuzaterane mu miryango yacu dusenge, kandi  Imana izumve gusenga kwacu maze iduhe ubutumwa  bw’ Itorero ryayo muri iki gihe isi yugarijwe ni ki cyorezo cya Korona Virusi. Yohana yari ku kirwa cy’I Patimo kubera kurenganywa, twe turi mu ingo zacu kubera icyorezo, ikidahinduka ni Umwuka w’Imana. Uko Imana yariri ejo n’uyumunsi ni ko iri, kugeragezwa nti bikwiye kutubuza kuba mu Mumwuka wo gusenga Imana yo yaremye byose.


Mbifurije ihumure riva ku Mana,  dukomeza kwizeraYesu.

Pasiteri Kubwimana Joel

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'