IMINSI 40 Y’UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 21, ‘KURENGERA ITORERO RYAWE’
IRIBURIRO
Umunsi umwe narimo
nganira n’abamwe mu bakristo umwe ati «ariko kuki amatorero asigaye afungurwa
ari menshi ? Wagirango ni amaduka ari gufungurwa?” Kuriwe yumvaga ko ari
bibi kuba amatorero ari gufungurwa ari menshi. Mbere yo gukomeza ikiganiro
twariho, naramubajije nti “kuki iyo utubari dufungurwa ari twinshi abantu
batagira impungenge ariko hafungurwa amatorero menshi bakagira impungenge.” Uyu
munsi mu gusoma igibato cy’ubuzima bufite intego turasoma icyigisho kivuga “KURENGERA
ITORERO RYAWE.”
KURENGERA
ITORERO RYAWE
Kurengera Itorero
bivugwa aha ni uguharanira ubumwe bw’abizera mu Itorero, ni uguharanira ko Itorero riguma kuba umubiri
umwe wa Kristo. Nkunze kuvuga ko Itorero rigizwe n’abantu kandi abantu tukaba
turi abanyabyaha, ariko itadukaniro rikaba ko abizera Yesu turi abanyabyaha
bamenye aho bakirira ibyaha kubw’Ubuntu twagiriwe na Yesu wadupfiriye. Kuko nta
Torero na rimwe riri ku isi wa vuga ko rikiranuka kurenza ayandi, nibyiza ko
duharanira ubumwe dushyira imbere gusana imibanire nk’uko tumaze iminsi
tubibona. Yesu yasabye ko tuba umwe nk’uko we na Data wa twese bari. Ubumwe ni kamere y’Imana ikwiye kuranga
abizera Yesu bose, abari mu Itorero rimwe cyangwa mu matorero atandukanye. Abanyarwanda
bo go “ahari abantu nti habura uruntu runtu.” Abizera Kristo dusabwa kurengera
ubumwe mu Itorero aho dusengera. Hari impamvu nyinshi amatorero afungurwa ari
menshi muri iki gihe, akenshi usanga abantu babona kutumvikana, kubura ubumwe
nk’impamvu ituma hashingwa amatorero menshi.
Ariko kurundi ruhande gufungura amatorero menshi ni uburyo bwo kurinda Itorero. Kuko aho kumva
abantu barwana mu matorero cyangwa batukana ibyiza batandukana nta ntonkanya
buri wese agakomeza gukorera Imana yo mucamanza mukuru. Ikindi ni uko Bibiliya igaragaza ko mu minsi iheruka
hazaduka abahanuzi b’ibinyoma benshi kandi bazaduka bava hagati muri twe. Bityo
mugihe habayeho kugoreka Ijambo ry’Imana, haba hakwiye kubaho na bagorora ijambo
ry’ImanA bakarivuga uko riri. Aha inama duhabwa ni ukwirinda gushyamirana ahubwo
hagashyirwa imbere kurengera Itorero. Kurengera Itorero ntibireba abashumba,
abayobozi ba matorero gusa, ahubwo abizera twese. Ukwiye kwirinda kuba uwo
gusebya abandi, kuvuga ibitagenda gusa, uwo gutunga urutoki gusa, ahubwo haranira
gutera intambwe eshatu Bibiliya idusaba turengera Itorero:
1.
Mugenzi wawe na kosa umusange umubwire
ikosa rye, na kumvira uzaba ubonye mwene so muri Kristo. Niyanga nta kumvire
utere intambwe ya kabiri.
2.
Mugende muri babiri cyangwa batatu mu muhugure mu mubwire ikosa rye, na bumvira bizaba ari
byiza, mukomezanye gukora umurimo w’Imana. Mugihe yanze kubumvira, mutere
intambwe ya gatatu.
3.
Mu mushyikirize Itorero naryo
rimuhugure, igihe atumviye Itorero nibwo afatwa nk’utizera.
Akenshi usanga izi
ntambwe tutazubahiriza ahubwo dushyira imbere kuvuga nabi bagenzi bacu,
kubasebya, kandi ibi ntabwo birinda Itorero. Reka imyitwarire yacu, imikorere
yacu bibe ibyo gukunda Itorero dusengeramo, duharanira kurengera ubumwe bwa
ryo. Ikindi gikomeye tuzirikane gusengera abayobozi b’amatorero aho kubatera
amabuye. Nabo ni abantu bashobora kugira intege nke, bityo kubasengera, kubagana
tukaganira nabo kubibazo bihari n’ingenzi.
Ingingo
yo kuzirikana: Ni nshingano yanjye kurengera ubumwe bw’Itorero
ryajye.
Umurongo
wogufata mu mutwe: “Nuko rero twibande kubizana ubwumvikane no
gukurira mu bumwe.” Abaroma 14:19
Ikibazo cyo
gutekerezaho: Njye ubu ndakora iki ngo ndengere ubumwe mu Itorero ndimo?
Icyumweru cyiza
Pasiteri Kubwimana Joel

Comments
Post a Comment