IMINSI 40 Y’UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 6, ‘UBUZIMA NI ICUMBI RY’IGIHE GITO’
IRIBURIRO
Iyi shusho iriho ibirango bya sosiyete z’ubucuruzi zikora
ikoranabuhanga zitadukanye. Iki kinyejana cya 21 ni ikinyejana kirangwan’umuvuduko
mu iterambere cyanecyane mu rwego rw’ikoranabuhanga. Kimwe mu bintu bitwaye
umwanya wa bantu, kandi gitumye bibagirwa intego y’ubuzima aha ku isi, ni
imbuga nkoranyambaga. Usanga abantu babana mu rugo rumwe batagira umwanya wo
kuganira, umugabo amenya abagore bo hirya no hino ku isi aho kumenya umugore we babana, umugore
ni uko, usanga azi ibibera muri Amerika kuruta ibibera iwe mu rugo. Ababyeyi nti bakimenya abana babo kuko bahuze muri byinshi, bamwe batungurwa no kumva ngo umwana ariyahuye, cyangwa ngo yafashwe ku ngufu. Hari abatakigira n’umwanya wo kurya kuko bahuze, dore ko izi mbuga
nkoranyambaga zikusanya ibinezeza, imyindagaduro, imikono, amakuru, muri make
isi yose zikabyegereza abantu. Usanga abantu babayeho mu buzima bwa muradasi
aho kubaho ubuzima Imana yabaremeye kubamo. Ukwinezeza, no kwigenga nibyo biri
imbere muri iki kinyejana, igitangaje nuko iki kinyejana ari cyokinyejana
kirangwa n’impfu nyinshi za bantu biyahura kubera kwigunga no kwiheba. Wa kwibaza
ngo abantu biheba gute kandi hari imbuga nkoranyambaga zitabarika birirwaho? Ibisubizo
byaba byinshi ariko umutwe w’isimo ryacu ry’uyumunsi waba igisubuzo “UBUZIMA NI
ICUMBI RY’IGIHE GITO.”
UBUZIMA NI ICUMBI
RY’IGIHE GITO
Ejo hashize
twavuze ku kubona ubuzima uko Imana ibubona. Twabonye ko Imana ibona ubuzima nk’igeragezwa,
indangizo icyagatatu tutavuzeho ni uko
ibona ubuzima nk’igihe dufash ku murimo. Yaba kugeragezwa cyangwa indagizo yewe
n’igihe cyo gukora bigira iherezo kuko ubuzima bwaha ku isi tubuhwabwa igihe gito.
Hari imirongo mwinshi muri Bibiliya igaragaza ko abantu turama igihe gito, ko
turi aha ku isi ariko atariho iwacu, ahubwo ko turi mu isi duhita tujya aho
tuzaba iteka. Ariko nk’uko twabivuze haruguru turi mu kinyejana abantu bahuze
cyane ku buryo bibagirwa ko ubuzima bwabo buzagira iherezo bakabazwa icyo bakoze
mu gihe cyabo gito bamaze aha ku isi. Kubwa Rick Warren hari amahame abiri
dukwiye kutibagirwa:
1.
Ugereranije
n’ubuzima bw’iteka igihe tumara ku isi ni gito cyane: Imwe mu ingaruka zavuye ku cyaha Adamu na Eva
bakoze ni uko Imana yahise ihisha igite cyariho imbuto zo gutuma abantu barama
iteka (Itangiriro 3 :22). Bivuzeko tudashobora kurama iteka tukiri mu isi,
ahubwo kurama iteka bizabaho tumaze kugera mu ijuru aho tuzarya kuri izo mbuto
zo kurama iteka. Mu gihe tukiri ku isi nibyiza kuzirikana ko ubuzima bumara
igihe gito, bityo tukabaho ubuzima buhesha Imana icyubahiro. Kuko twabonye ko
ubu buzima bwo ku isi budutegurira ubwo tuzabamo iteka mu ijuru.
2.
Isi n’ubuturo
bwacu bw’igihe gito: Abizera Yesu Kristo iwacu ni mu ijuru, turi mu isi
nka bagenzi, ntabwo aha ariho iwacu. Ahubwo nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga isi
ni icumbi ry’igihe gito kuko icumbi ry’iteka Yesu yagiye kuritegura. Yesu agaragaza ko mu rugo kwa data hari amazu menshi (Yohana 14:1-2). Icyambere
muri iyi mirongo tubona ko bavuga ngo mu rugo, bivuze ko aha turi atari mu rugo
ahubwo ari mu icumbi ry ‘igihe gito. Ikindi nuko hari amazu menshi, ntabwo Yesu yavuze ngo hari amazu ibihumbi runaka ahubwo menshi. Bityo abakubwira ko
ijuru rifite umubare runaka w’abantu rya genewe ujye ubabwira uti Yesu niwe
kuri yavuze ko hari amazu menshi. Bityo haranira kuzaba umwe muri benshi bazaba
muri ayo mazu yateguriwe abizera Yesu we nzira y’ukuri n’ubugingo itugeza mu
ijuru.
Reka rero
duhindure intumbero, ibyo duhanga amaso bibe ibizatuma tuba mu buzima bw’iteka. Rick
Warren we ati, “Ibizagira agaciro mu buzima bw’iteka nibyo bikwiye kugira
agaciro mu guhitamo ibyo dukwiye kugenderaho mu buzima bw’igihe gito hano ku
isi .” Reka muri byinshi isi iri ku kwereka uhange amaso ibyo Imana ishaka ko
ukora. Ikindi gikomeye benshi tudakunze kuvuga ni urupfu. Reka tumenye neza ko “umunsi
wa pfuye ntabwo bazagutwara bakuvana iwanyu nibwo uzaba ugiye iwanyu.” Ikintu
cyose kigusunikira ku kwihambira ku isi aho gutegura ubuzima bw’iteka ryose ni
ikiva kuri sekibi Satani. Kuko twaremewe kubaho iteka niyo mpamvu tutanyurwa, ibizahaza kwifuza kwacu kose biri iwacu mu ijru ntibiri mu isi. Reka ibirangaza
by’isi byere ku kuvutse umunezero utagereranywa w’iteka twateguriwe mu ijuru.
Ingingo yo
kuzirikana: Iy’isi si iwacu.
Umurongo wo
gufata mu mutwe: "Ntitureba kubiboneka ahubwo tureba kubitaboneka, kuko
ibiboneka ari iby’igihe gito, naho ibitaboneka bikaba iby’teka ryose." (2Abakorinto 4:18)
Ikibazo Cyo Gutekerezaho:
Kumenya ko ubuzima hano ku isi ari umurimo w’igihe gito, byahidura gute uburyo
sanzwe mbaho muri iki gihe?
Mugire umunsi
mwiza
Pasiteri
Kubwimana Joel
Comments
Post a Comment