Ibintu 5 Biranga Itorero Ritubakiye Kuri Yesu Kristo n’Ijambo ry’Imana



Iriburiro


Itorero ryagiye rigira ubusobanuro butandukanye bitewe n’abantu, aho bari n’igihe barimo. Ariko ubusobanuro Ijambo ry’Imana ritanga bwo nti buhinduka. Abantu bashobora kumva ubwo busobanuro nabi cyangwa neza, ariko twizera ko Ijambo ry’Imana ari ukuri kandi ko ari ryo muyoboro twahawe wo kugenderaho. Ijambo ry’Imana ritwereka ko Itorero ryashyizweho na Yesu, “Nanjye ndakubwira nti ‘Uri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y'ikuzimu ntazarishobora.’”Matayo 16:18.  Uyu murongo urimo kutwereka ko Yesu ariwe ubwe wavuze ko azubaka Itorero rye, bivuze ko Itorero mbere ya byose ari irya Kristo. Itorero rikaba rigizwe n’abantu bahamagawe na Yesu, bakemera umuhamagaro wo kwizera Yesu, bityo bakihana bakava mu byaha bagahitamo kuba ingingo z’igize umubiri wa Yesu ari ryo Torero (Abefeso 5:23). Mu magambo make Itorero rigizwe n’abizera Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza wabo kandi baharanira gukiranuka no gushyira mu bikorwa ibyo yigishije byose. Aba bizera Yesu bari mu moko yose yo ku isi, mu madini na matorero yose yo ku isi, kuko Yesu ari Imana kandi ibera hose icyarimwe, Izi byose kandi Ishobora byose. Iri Torero rifite izina rimwe ITORERO RYA KRISTO,ikindi nti riba ahantu hamwe runaha, ahubwo rihuriwemo n'abantu batandukanye bari mu matorero hirya no hino ku isi. Iri Torero abarigize twavuze ko ari abizera Yesu bose kandi barangwa n’imbuto z’Umwuka, Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso nziza no gukiranuka, no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana. Aba Kristo Yesu babambanye kamere, n'iruba n'irari byayo. Niba tubeshwaho n'Umwuka tujye tuyoborwa n'Umwuka. Twe kwifata uko tutari, twenderanya kandi tugirirana amahari. (Abagalatiya 5: 22-26). 
Kuba Itorero rya Kristo ari rimwe ku isi yose nti bivuzeko abantu bose bavuga ko bizera Yesu Kristo basengera mu Itorero rimwe rya hantu. Kuko ni byiza ko buri bantu aho bari bagira aho basengera. Akenshi amatorero agaragara yahantu runaka ashingira ku bushobozi bw’abantu bwo kumva Ijambo ry’Imana.  Ntabwo umuntu yizera Yesu ngo ahite agera ku rugero rukwiye, ahubwo nyuma yo kwizera no kubatizwa niho atangira kwiga neza kugirango ahinduke umwigishwa wa Yesu. Matayo 28:18-20 hatwereka ko nyuma yo kugenda tukigisha ijambo ry’Imana bivuze kuvuga ubutumwa bwiza abantu bakihana habaho kubatiza nyuma bakigishwa kwitondera ibyo Kristo yigishije byose. Usanga akenshi rero abantu twumva ijambo ry’Imana igice bityo amarangamutima nuko tubona ibintu akaba aribyo dushyira imbere. Aha niho akenshi hava kugira amatorero afite amazina, amahame, n’imikorere itandukanye. Ariko no muri uko kumenya guke kw’abantu hari abo Imana yihishurira binyuze mu Ijambo ryayo ryo buhanuzi butavangiye, bakamenya neza ko amatorero yahantu ari aderesi yo mu isi ariko ko Itorero rya Kristo ari rimwe ku isi yose, kandi mu moko atari amwe. Aba nibo twavuze barangwa n’imbuto z’Umwuka.  Ijambo ry’Imana ritwereka ibintu byose: ibyabaye, ibirikuba n’ibizaba. Yesu ubwe yavuze ko hazaza abahanuzi b’ibinyoma,  Mwirinde abahanuzi b'ibinyoma baza aho muri basa n'intama, ariko imbere ari amasega aryana. Muzabamenyera ku mbuto zabo. Mbese hari abasoroma imizabibu ku mugenge, cyangwa imbuto z'umutini ku gitovu?(Matayo 7:15). Ibyo Yesu yavuze turabibona turabyumva hirya no hino aho abantu bahanura ibihabanye n’Ijambo ry’Imana. Aho umuntu utagira urukundo, ukunda amafaranga, icyubahiro, usanga ariwe witwa umukozi w’Imana ukomeye. Yesu ati muzabamenyera ku imbuto zabo.  
Kubera amasega yiyambitse uruhu ry’intama akinjira mu matorero,  hanze aha dufite amatorero akora ibintu byerekana neza ko atubakiye kuri Kristo we Rutare Itorero ry’ubatseho no ku Ijambo rye twahawe ngo rituyobore. Reka turebe mu incamake ibintu ibitanu biranga Itorero rya hantu runaka rivuga ko ari irya Kristo ariko Ridafite Kristo n’Ijambo rye, muri make Itorero  ry’ubakiye ku izindi mfatiro zitari Kristo Yesu.
1.      Itorero ry’ubakiye ku muntu
Hari abantu batangiza cyangwa bayobora amatorero ugasanga Itorero ari irye atari irya Kristo. Bene aya matorero niyo ari gukwira cyane muri iki kinyejana cyo kwigira ibyingenge mu izina ry’uburenganzira bwa muntu. Amatorero ya mbere yagiye atangizwa n’Intumwa za Yesu, abizera Kristo, wasanga ari amatorero yahantu runaka. Itorero ry’Iyerusalemu, Ikorinto, Efeso… Ariko ubu uzumva ngo Itorero rya runaka, Itorero ryo  kwa runaka. Pawulo ari mu bantu batangije amatorero menshi dusanga muri Bibiliya, ariko nta Torero narimwe tuzi yi yitiriye cyangwa ngo abantu bo muri icyo gihe barimwitirire. No Mugihe hadukaga ibice mu Itorero ry’Abakorinto bamwe bavuga ko ari aba Pawulo, abandi aba Apolo, abandi aba Kefa ariwe Petero, dore igisubizo Pawulo yabahaye, Ariko bene Data, ndabingingira mu izina ry'Umwami wacu Yesu Kristo kugira ngo mwese muvuge kumwe, kandi he kugira ibice biremwa muri mwe, ahubwo muhurize hamwe rwose muhuje imitima n'inama, kuko bene Data nabwiwe ibyanyu n'abo kwa Kilowe, yuko habonetse intonganya muri mwe. Icyo mvuze ngiki, ni uko umuntu wese muri mwe avuga ati “Jyeweho ndi uwa Pawulo”, undi akavuga ati “Ariko jyeweho ndi uwa Apolo”, undi na we ati “Jyeweho ndi uwa Kefa”, undi ati “Jyeweho ndi uwa Kristo.” Mbese Kristo yagabanijwemo ibice? Pawulo ni we wababambiwe? Cyangwa mwabatijwe mu izina rya Pawulo? (1. Abakorinto 1 :10-13). Pawulo yanze ko hagira abamwirata ahubwo abibutsa ko bakwiye kuba umwe kuko ari Abakristo atari aba Pawulo, Apolo, cyangwa Kefa. Ko we Pawulo nabo bandi bose icyo bakoze ari umurimo bahawe na Kristo ariko ko nyirumurimo ari Kristo. Dore ibiranga Itorero ry’ubakiye ku muntu :
-          Itorero ry’ubakiye ku muntu usanga rishyira imbere uwo ryubakiyeho. Ahabwa icyubahiro kurenza Imana, abayoboke bamumenya kuruta uko bazi Imana. Usanga yarahindutse ikigirwamana abantu basenga, baramya, mu magambo no mu bikorwa bakora. Itorero rihinduka irye aho kuba irya Kristo. Iyo aguye n’Itorero riragwa, iyo apfuye n’Itorero rirapfa kuko aba ariwe ry’ubakiyeho.  
-          Usanga amatorero yubakiye kubantu arangwa no kwigisha ibyo abo bantu bemera aho kwigisha icyo Ijambo ry’Imana rivuga.    
-          Abayobozi barangwa no kwiha amatitire atandukanye y’icyubahiro, kuko usanga ukuriye Itorero aba ashaka ko bose baba hasi ye. Bityo ntabwo bene aya matorero akunze kugira abayobozi bafite titire bahuriyeho n’abandi muri iryo Torero. Urugero nti wamwita pasitorri ngo yemere, we aba afite kwiyumva ko ari hejuru.
-          Usanga umugabo n’umugore bose bigira abashumba. Umuhamagaro wo kuba umushumba n’umuhamagaro w’umuntu kugiti cye, ariko amatorero y’ubakiye ku bantu yahinduye icyo Bibiriya ivuga, Itorero barigira urugo rwabo. Umugabo aba umushumba none agahita agira umugore we umushumba, ntabwo kuba umugore w’umushumba bigira umuntu umushumba. Iki n’ikimenyetso ki kwera ko Itorero ry’ubakiye ku bantu ritubakiye ku Ijambo ry’Imana. 
-          Usanga imitungo y’Itorero icungwa n’umuntu umwe, kandi akenshi igakoreshwa mu inyungu ze aho kuba mu inyungu z’Itorero ryose.
Niba uri muri iri Torero ry’ubakiye ku muntu, icyo wakora ni ukurivamo ntayindi nama nakugira kuko Ijambo ry’Imana ritubwira ko dukwiye kudahagaraga mu inzira y’abanyabyaha no kwicarana n’abakobanyi. (Zaburi 1)  
2.      Itorero rishingiye ku buhanuzi bw’ibinyoma
Ni bwo benshi bazasubira inyuma, bazagambanirana bangane. N'abahanuzi benshi b'ibinyoma bazaduka bayobye benshi. Maze kuko ubugome buzagwira, urukundo rwa benshi ruzakonja. Ariko uwihangana akageza imperuka ni we uzakizwa. Kandi ubu butumwa bwiza bw'ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize….Icyo gihe umuntu nababwira ati ‘Dore Kristo ari hano’, n'undi ati ‘Ari hano’, ntimuzabyemere. Kuko abiyita Kristo n'abahanuzi b'ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n'ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n'intore niba bishoboka. Dore mbibabwiye bitaraba. Matayo 24 :10-26
Aha Yesu yarimo asobanurira abigishwa be ibizaranga iminsi y’imperuka, ko hazaduka abahanuzi b’ibinyoma benshi kandi ko bazayobya benshi. Kuki aba bahanuzi bazayobya benshi? Kuko bazaba bakora ibitangaza ngo berebe ko niba bishoboka ko bayobya n’intore z’Imana. Ikigaragaza ko umuhanuzi ari uw’ibinyoma ni:

-          Guhanura akoresheje indimi z’itamenyekana. Ntahantu nahamwe mu Ijambo ry’Imana Imana yavuganye n’abantu mu rurimi batumva. Ahubwo abakoreraga ibigirwamana bya bagereki nibo bavugaga mu indimi zitamenyekana. Kimwe ko natwe mu Rwanda rwa kera abapfumu wasanga bavuga indimi zitamenyekana kugirango uwabagannye agirango bari mu isi y’abazimu, y’umwuka.  Ku munsi wa Pentekote havuzwe indimi abantu bumva, indimi kavukire z’abantu. Pawulo afata umwanya uhagije agaragaza ko indimi z’itamenyekana atari izo kuvugira mu Iteraniro ry’abizera ko we byaruta akavuga ijambo rimwe arivugishijwe n’ubwenge aho kuvuga mu indimi zitamenyekana. Soma 1 Abakorinto igice cya 14 cyose, aha yahuguraga abakorinto kuko bari barazanye ibyakorwaga n’abakurambere babo mu Itorero, bityo bakumva ko kuvuga mu indimi zitamenyekana ko ariko kuba umuntu ufite impano y’umwuka.  Guhanura uvuga mu indimi zitamenyakana ni ubuyobe no guhakana ko Imana izi byose. Kuko niba uri umunyarwanda ukwiye kwizera ko Imana izi ikinyarwanda ko bitayinanira kuvugana nawe mu kinyarwanda. Ikindi Yesu niwe Itorero ryubatse ho kandi niwe cy’Itegererezo cyacu twese abizera, hari aho uzi Yesu yavuze mu indimi z‘Itamenyekana? Hari aho uzi Intumwe ze zahanuye zibwira abantu mu indimi zitamenyekana ? ntaho muri Bibiliya tubona Yesu cyangwa Intumwa ze bavuga indimi zitamenyekana. Bityo abahanuzi bibinyoma nibo bakoresha izi ndimi kugirango bayobye intore z’Imana. Ariko umwizera nyawe akwiye gutera umugogo bene aba bahanuzi kuko icyo bagamije ari uku kuyobya no kugukura kuri Yesu.
-          Abahanuzi bibinyoma bakoresha ibitangaza mu kwemeza abantu ko ari abakozi b’Imana nyakuri.  Hari abantu benshi bameze nka Toma bashaka kwizera ari uko babonye ibimenyetso, ariko se Yesu yasubije Toma iki, Yesu aramubwira ati “Wijejwe n'uko umbonye, hahirwa abizeye batambonye.”(Yohana 20 :29)  Toma yari yanze kwemera atarabona inkovu za Yesu, ariko Yesu ati ‘hahirwa abizeye batambonye.’ Mu yandi magambo kwizera Yesu nibyo bibanza ibindi bikaza ari inyongera. Kuko igitangaza gikuru kiruta ibindi byose ni ukwakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza wawe. Ariko kuko abahanuzi b ‘ibinyoma baba bazi ibyo abantu bakunda, ko bakunda kubanza kubona, bahita bacurika Ijambo ry’Imana bakigisha ibitanga gusa, bitarimo kwakira Yesu. Aba Yesu yavuze ko azabihakana, Benshi bazambaza kuri uwo munsi bati ‘Mwami, Mwami, ntitwahanuraga mu izina ryawe, ntitwirukanaga abadayimoni mu izina ryawe, ntitwakoraga ibitangaza byinshi mu izina ryawe?’  Ni bwo nzaberurira nti ‘Sinigeze kubamenya, nimumve imbere mwa nkozi z'ibibi mwe.’   Menye neza ko abantu bahari bakora ibitangaza mu izina rya Yesu, yewe bakazura n’abapfuye mu izina rya Yesu ariko Yesu atabatumye yewe atanabazi, wiga mu mutego wo kwizera ibitangaza ahubwo izere Yesu we gitangaza.
-          Gucuruza ibyo bakoresha ibitangaza. Aba bahanuzi b’ibinyoma uzasanga barangwa no gucuruza ibyo bakoresha ibitangaza nk’amazi bita ko yera, amavuta bavuga ko ari aya Elayo, ibitambaro bakoresha n’ibindi. Muri make ni abacuruzi bahinduye inzu z’Imana iguriro nk'uko abatambyi bakuru bari barabigenje ubwo Yesu yirukanaga abaguriraga mu rusengero i Yerusalemu. Nta hantu nahamwe tubona muri Bibiliya  Yesu agurisha ibitangaza cyangwa intumwa ze zigurisha amazi, amavuta n’ibindi ngo abantu babikoreshe bakire.
-          Bahanura ibihabanye n’Ijambo ry’Imana. Urugero Ijambo ry’Imana kuva mu itangiriro rigaragaza ko umugabo akwiye kubana n’umugore umwe kandi akaramata, bivuze ubudatandukana. Aba bahanuzi bo bazakubwira ko umugabo cyangwa umugore ufite atariwe Imana yakugeneye, ko gutandukana n’umugore cyangwa umugabo wawe nta kibazo. Bazakubwira ko wambara uko ushatse ko icyo Imana ireba ari umutima, nyamara Ijambo ry’Imana rivuga neza ngo,  Imana y'amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n'umwuka wanyu, n'ubugingo n'umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza. (1 Abatesalonike 5 :23) Aha turabona ko imibiri yacu ikwiye kurindwa kuko Yesu akwiye kuzasanga umwuka, ubugingo n’umubiri byose twarabirinze neza. Ikindi ntabwo Imana yishimiye ko Adamu na Eva bambara ibicocero ahubwo yishe inyamanswa ibadodera imyambaro. Bivuze neza ko icyaha cya mbika umuntu ubusa, ariko ubuntu bw’Imana bukambika umuntu icyubahiro no kwiyubaha. Ubuhanuzi bwose bukwiye gupimishwa Ijambo ry’Imana, kuko ari ryo twahawe nk’ubuhanuzi bwuzuye.
-          Imbuto za kamere nizo abahanuzi bi binyoma bera. Uzasanga aba biyita abahuzi benshi baba barataye ingo zabo, barananiwe kubaka, bagoreka ijambo ry’Imana. Abandi bakoresha ubuhanuzi gushaka indamu, icyubahiro, kurema ibice mu Itorero no mu  miryango, mbese imbuto zose za kamere dusanga mu bagalatiya 5 nizo bera. Abameze batyo ujye ubatare umugongo.
3.      Itorero ry’ubakiye ku migenzo n’imihango y’abantu
Arabasubiza ati “Yesaya yahanuye ibyanyu neza mwa ndyarya mwe, nk'uko byanditswe ngo‘Ubu bwoko bunshimisha iminwa yabo, Ariko imitima yabo indi kure. Bansengera ubusa, Kuko inyigisho bigisha ari amategeko y'abantu.’ “Itegeko ry'Imana murirekera gukomeza imigenzo y'abantu.” Kandi ati “Musuzugura neza itegeko ry'Imana ngo muziririze imigenzo yanyu,  kuko Mose yavuze ati ‘Wubahe so na nyoko’, kandi ati ‘Uzatuka se cyangwa nyina bamwice.’ Nyamara mwebweho muravuga muti: Umuntu nabwira se cyangwa nyina ati ‘Icyo najyaga kugufashisha ni Korubani’ (risobanurwa ngo ‘Ituro ry'Imana’), muba mutakimukundiye kugifashisha se cyangwa nyina, nuko ijambo ry'Imana mukarihindura ubusa kugira ngo mukomeze imigenzo yanyu yababayemo akarande. Kandi hariho n'ibindi byinshi mukora nk'ibyo.” (Mariko 7:6-13)
Ubwo Yesu yasubizaga Abafarisayo yagaragaje ko mu kwigisha kwabo ko bigisha imigenzo n’amategeko y’abantu kuko bagorekaga Ijambo ry’Imana bagakomeza imigenzo ya basekuru yari yarababayeho karande. No muri iki gihe hari amatorero nayo agoreka Ijambo ry’Imana, akarihinyura kubera imigenzo y’abantu. Dore ikikwereka Itorero rikomeza imigenzo y’abantu:
-          Kugira mategeko aremereye kurusha amabuye. Usanga bene aya matorero ahinyura ubuntu bw’Imana. Akunze gushyira imbere guhita aheza umukirisitu wakoze icyaha, aho kumufasha kwihana no kugaruka mu murongo. Usanga ibyaha babiha uburemere butandukanye, usanga aya matorero ahana inda aho guhana ubusambayi. Bivuze iki? Bahana utwite kandi hari abasambana bagasaba imbabazi itorero ati, Imana ikubabarire. Ariko uvuze ati ndasaba imbabazi, bakemera iyo bukeye bakabona aratwite ati, baguhagarike, ukibaza niba icyaha ari ugutwita cyangwa gusambana? Bene aya mategeko usanga andashingira ku Ijambo ry’Imana, kuko Ijambo ry’Imana rigaragaza ko mbere yo guhagarika umuntu mu Itorero ngo afatwe nk’umupagani ko hakwiye kubanza ku muhugura bihereye ku muntu umwe, itsinda ry’abantu n’inama y’Itorero yakwanga guhinduka hakabona kubaho kumufata nk’umupagani. Ese mu Itorero usengeramo ubu buryo bwo kugira umuntu inama, bwo guhugura, gukunda umunyabyaha ariko tukanga icyaha burahari? Cyangwa bashyira imbere guhita baheza buri wese ukoze icyaha? Niba ari uko bimeze uri mu Itorero ry’abafarisayo, bakomeza imigenzo y’abantu? Abantu akenshi tuba dushaka kuvugwa neza, kudaseba, bityo amatorero agendera ku migenzo y’abantu agwa mu mutego wa gushaka kugendana n’abantu bakiranuka gusa. Ariko Yesu ati, “Abazima sibo bakwiriye umuvuzi, keretse abarwayi.” (Luka 5:31)
-          Kuziririza umunsi aho kuziririza nyir’umunsi. Usanga amatorero agendera ku migenzo agwa mu mutego wo kuziririza iminsi, nk’isabato, icyumweru, n’indi ifatwa nk’iminsi yera, iminsi yo guterana kwera. Pawulo avuga kubijyanye no kudacirana imanza yagarutse kuby’iminsi agira ati, Umuntu umwe yubaha umunsi umwe kuwurutisha iyindi, naho undi akubaha iminsi yose akayihwanya. Umuntu wese namenye adashidikanya mu mutima we. Urobanura umunsi awurobanura ku bw'Umwami wacu, urya arya ku bw'Umwami kuko ashima Imana, kandi utarya yanga kurya ku bw'Umwami na we agashima Imana.  (Abaroma 14:5-6). Usanga amatorero akomeza imigenzo aha agaciro umunsi kuruta nyir’iminsi. Yesu niwe Jambo w’Imana waremye byose iminsi nayo irimo. Umunsi ntukwiye kubahwa kuruta nyir’umunsi. Umunsi wose uzahitamo, cyangwa muzahitamo go musenge cyangwa mugire guterana kwera mu zawuhitemo mugamije guhesha Imana icyubahiro kuruta abantu, ikindi nti muzizihize umunsi ahubwo muzizihize nyiri bihe ariwe Kristo. Niba usengera aho baziririza umunsi kuruta Yesu, inama wowe shyira umutima kuri Yesu kristo kuruta umunsi.
-          Guha agaciro ibintu kuruta abantu: Amatorero agendera ku migenzo usanga ashyira imbere ibintu ku buryo babuza abayoboke babo kwita ku bagize imiryango yabo cyane bitwaza ko badahuje itorero, ko bakwiye gushyira imbere gukorera Imana bitanga mu itorero. Usanga abayoboke bitanga mu insegero, ariko mu miryango yabo ababyeyi bicwa n’inzara, badashobora kugira uwo bafasha. Usanga bene aya matorero agira imyanya yabanyacyubahiro abenshi aba ari abatanga amafaranga ni bindi mu gufasha Itorero. Uzabwirwa Itorero ry’imigenzo nuko mu gihe cy’ubukwe bwawe bazakumvisha ko ababyeyi bawe bakwiye guhezwa kuko mudasangiye itorero. Kuko aya matorero aba ashyize imbere gushaka ubutunzi buvuye mu banyetorero bakora uko bashoboye ngo bafate bugwate abanyetorero, bababuze kujya guteranira mu yandi matorero bavuga ko yayobye, ko adakizwa, ko nta mwuka w’Imana agira, ko yataye umurongo….
-          Kutagera ku musaraba mu nyigisho zabo. Amatorero agendera ku migenzo akenshi ntabwo yigisha akamaro, nicyo umusaraba wa Yesu uvuze ku bantu bose. Usanga bigisha cyane amategeko, n’imihango y’idini aho kwigisha buntu bw’Imana Yesu Kristo. Umusaraba wa Yesu usobanuye ko yabaye igitambo cy’abantu bose, mu gihe amatorero agendera ku migenzo n’amategeko usanga yo yigisha ko Yesu yapfiriye abantu runaka, bameze gutya. Ariko Yesu yapfiriye abantu bose, bityo umwizera wese arakizwa akaba umwana w’Imana.
4.      Itorero ry’ubakiye kubutegetsi bw’isi
Hari amatorero usanga umusingi wayo ari ubutegetsi bw’isi. Aho usanga icyo Leta ivuze cyose nicyo ishatse cyose ayo matorero ahita ashyira mu bikorwa. Ibyo abashinzwe uburenganzira bwa muntu bemeye nibyo iryo torero ryemera. Mbese usanga bashyira imbere imyanzuro n’amategeko y’ubutegetsi bwite bwa leta kuruta Ijambo ry’Imana.  Ijambo ry’Imana ritwereka neza ko abizera bakwiye kumvira no kugandukira ubuyobozi, ariko rikanatwereka ko dukwiye kwanga no kwamagana ikintu cyose gihabanye n’ubushake bw’Imana. Igihe cyose leta ikora neza Itorero rishyigikira ibikorwa byayo, ariko igihe ikoze ibibi Itorero riba rikwiye kuba ryiteguye kwamagana ibyo bibi. Kuko Itorero ribereyeho kuba ijwi ry’abaciye bugufi. Ikindi kiranga aya matorero usanga abayobozi bayo bashaka kubaho nk'uko abayobozi ba leta babayeho, guhabwa icyubahiro nkuko biri mu bayobozi ba leta. Kugira inyito z’icyubahiro bishyirwa imbere yewe iyo wibeshye ntu bahamagare ukoresheje izo nyito uba ukoze icyaha gikomeye, kuko abayobozi b’itorero ba babashaka icyubahiro, Yesu we mutwe w’Itorero nti yubahwa kandi nti yumvirwa. Amatorero nkaya yubakira ku mwuka w’amatora akunze kurangwa n’imvururu, n’ibice. Usanga iri totero ari akazuyaze, nti rishyuha nti rikonja, kuko nti rifata umurongo umwe ngo abe ariwo rigenderamo muri make n’Itorero rimeze nki rya Lawodokiya dusoma mu Byahishuwe 3:14-22.   
5.      Itorero ry’ubakiye kubumenyi n’ikoranabuhanga  
Mu Rwanda ntabwo twari twagira bene aya matorero cyane, ariko turi kubona ibimenyetso byayo ubu. Aya ni amatorro ashingira ku bumenyi bw’abantu n’ikoranabuhanga. Aho usanga bene aya matorero ashyira imbere imyemerere ya bantu, ibyo bumva bibanogeye, ibijyanye n’igihe bagezemo… Bene aya amatorero usanga akenshi yigisha ubuntu bw’Imana gusa, nti yigisha gukiranuka no kutabera kw’Imana. Usanga yigisha ko abantu bose ba babariwe ibyaha ko Yesu yishyuye ibyaha byose ko ntacyo umuntu yakora ngo abone agakiza. Ariko iki n’ikinyoma gishingiye ku kwanga kwemera ko Imana yahaye umuntu guhitamo hagati yikibi n’icyiza, kandi ko kuba Yesu yarapfiriye ibyaha by’abantu bidakuraho ko bakwiye kumwemera cyangwa nti bamwemere. Usanga ikindi aya matorero anshingira ku bushakashatsi, ibitabo byanditswe n’abahanga, no ku buvumbuzi bwakozwe. Nibyiza ko abantu baha agaciro ubumenyi ariko kwizera n’ubumenyi bikora ku buryo butandukanye. Kwizera bisabako umuntu yemera atabonye, mu gihe ubumenyi bwo buvuga ko ukwiye kubanza kubona ukabona kwemera. Urumva ko bene aya matorero abayagize byoroshye ko bagwa mu mutego w’abahanuzi b’ibinyoma mu gihe bakoresha ibitangaza ngo bemeze abantu ko ari abakozi b’Imana, bityo abantu bakizera ibyo babona kandi kwizera ari ukwemera kurenze ibyo ubona n’amaso. Usanga muri bene aya matorero ariho, ubutinganyi, bwagiye buhererwa ijambo bukemerwa kuko abantu bashyize imbere ibyo abantu runaka basesenguye aho kureba ko ibyo bavuga bihuye n’Ijambo ry’Imana.   
Umusozo
Pawulo yandikiye Timoteyo amwereka ko hazaza ibihe birushya ubwo abantu bazaba batagishaka kumva inyigisho nzima, kuko bazaba bashaka kumva inyigisho zihuye n’irari ryabo. Reba neza urasanga turi muri ibyo bihe. Niyo mpamvu nifuza ko inama Pawulo yahaye Timoteyo ko ariyo nanjye naguha wowe uri mu Itorero uri kubonako ritubakiye kuri Kristo n’Ijambo ry’Imana, cyangwa ryatangiye guta umurongo wa Bibiriya.
Umenye yuko mu minsi y'imperuka hazaza ibihe birushya, kuko abantu bazaba bikunda, bakunda impiya, birarīra, bibona, batukana, batumvira ababyeyi babo, indashima, batari abera, badakunda n'ababo, batūzura, babeshyerana, batirinda, bagira urugomo, badakunda ibyiza, bagambana, ibyigenge, bikakaza, bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana, bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Abameze batyo ujye ubatera umugongo. Kuko muri bo harimo abagabo bomboka mu mazu bakanyaga abagore batagira umutima, baremerewe n'ibyaha, batwarwa n'irari ry'uburyo bwinshi, bahora biga ariko ntabwo babasha kugira ubwo bamenya ukuri. Nk'uko Yane na Yambure barwanije Mose, ni ko n'abo bagabo barwanya ukuri. Abo ni abononekaye ubwenge badashimwa ku byo kwizera. Ariko ntibazabasha kurengaho kuko ubupfu bwabo buzagaragarira abantu bose, nk'uko ubwa ba bandi na bwo bwagaragaye. Ariko wowe ho wakurikije neza inyigisho zanjye n'ingeso zanjye, n'imigambi no kwizera no kwiyumanganya, n'urukundo no kwihangana,  no kurenganywa kenshi no kubabazwa kenshi, n'ibyambereyeho muri Antiyokiya no muri Ikoniyo n'i Lusitira, n'ibyo nihanganiye byose ndenganywa, nyamara Umwami wacu akabinkiza byose. Icyakora n'ubundi abashaka kujya bubaha Imana bose bari muri Kristo Yesu, bazarenganywa. Kandi abantu babi n'abiyita uko batari bazarushaho kuba babi, bayobya bakayobywa. Ariko wowe ho ugume mu byo wize ukabyizezwa kuko uzi uwakwigishije, kandi uzi yuko uhereye mu buto bwawe wamenyaga ibyanditswe byera bibasha kukumenyesha ubwenge, bwo kukuzanira agakiza gaheshwa no kwizera Kristo Yesu. Ibyanditswe byera byose byahumetswe n'Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka kugira ngo umuntu w'Imana abe ashyitse, afite ibimukwiriye byose ngo akore imirimo myiza yose. (2 Timoteyo 3:1-17)

Nyuma yo kwereka Timoteyo uko abantu bazaba bameze, amugira inama:  Yo gutera umugongo  abantu babi yari amaze kumubwira. Ikindi amugira inama yo kugume mubyo yizeye, asoza amwibutsa ko kuva mu buto bwe azi ko ibyandistwe byera aribyo bibasha kumumenyesha ubwenge buzana agakiza. Bityo ko akwiye kuguma ku murongo w’Ibyanditswe byera no kumenya umumaro wa byo. Izi nama nizo nanjye naguha, turi mu gihe bisaba ko hari abo utera umugongo, kuko muribo harimo abomboka mu mazu basenya ingo. Guma mu kwizera nyakuri, ugire itandukaniro ikindi wubakire ku Ijmbo ry’Imana, uryemerere rikwigishe, rikwemeze ibyaha, rigutunganye, riguhane, rikugeze ku rugero rukwiye kandi rushyitse, nibwo uzaba ufite ibigukwiye byose. Mugire umugisha w’Imana no guhabwa amaso y’Umwuka mubashe kubona uko satani yinjije ibirura hirya no hino mu matorero byiyambitse uruhu rw’intama. Imbuto z’abo za kamere zirabagaragaza, bityo icyo gukora si ukurwana nabo ahubwo ni ukubatera umugongo, ubundi ukabasabira no gukomeza kubigisha wizeye ko Umwuka w’Imana yabaganza akabahindura. Abandahindutse si ikibazo kuko Yesu avuga neza ko hari abana bo kurimbuka. Haranira kuba mu mubare w’abazaragwa ubwami bw’Imana witandukanya n'abakora ibihabanye n’Ijambo ry’Imana, kuko umucyo n’umwija bihabanye.

Pasitori Kubwimana Joel

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'