ZABURI YA 65: NDIRIMBO YU MWAKA WA 2019





IRIBURIRO


Dawidi ni umwe mu baririmbyi dusanga muri Bibiliya baririmbye indirimbo nyinshi kandi zirimo ubutumwa. Kuba umwami ntibyamubuzaga kuzamura icyubahiro cy'Imana aririmba. Indirimbo za Dawidi n'abandi batware babaririmbyi zakubiwe hamwe mu gitabo cya Zaburi kiri mu bigize Bibiriya. Zaburiya ya 23 cyangwa indirimbo ya 23 niyo benshi twakunze kuko ivuga ko Uwite ariwe mwungeri wacu ko tutazakena. Ariko uyu munsi ubwo twitegura gusoza umwaka wa 2019, nasomye Zaburi ya 65 nsanga ari indirimbo abiteguye gusoza umwaka wa 2019 twese twafatanya kuririmba. Ubutumwa nyamukuru buri muri iyi ndirimbo: “ IMANA YATWAMBITSE KUGIRANEZA KWAYO UMWAKA WOSE, NATWE DUKWIYE KUYIHA ICYUBAHIRO.”

Zaburi ya 65 (Bibiliya Yera)

1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w'abaririmbyi. Ni indirimbo ya Dawidi. 2Mana, i Siyoni bagushimisha kuguturiza,Ni wowe bazahigura umuhigo. 3 Ni wowe wumva ibyo usabwa, Abantu bose bazajya aho uri. 4 Gukiranirwa kwinshi kuranesheje, Ibicumuro byacu uzabitwikīra. 5 Hahirwa umuntu utoranya ukamwiyegereza, Kugira ngo agume mu bikari byawe. Tuzahazwa n'ibyiza byo mu nzu yawe, Ibyiza by'Ahera ho mu rusengero rwawe. 6 Mana y'agakiza kacu, Uzadusubirishe ibiteye ubwoba ku bwo gukiranuka kwawe, Ni wowe byiringiro by'abo ku mpera y'ubutaka hose, N'iby'abo ku mpera y'inyanja za kure. 7 Iyo ni yo ishimangirisha imisozi imbaraga zayo, Ikenyeye imbaraga. 8 Iturisha guhorera kw'inyanja, Guhorera k'umuraba wo muri zo, N'imidugararo y'amahanga.9 Kandi abatuye ku mpera y'isi batinya ibimenyetso byawe, Uvugisha impundu ab'aho igitondo gitangariza, N'ab'aho umugoroba ukubira. 10 Ugenderera isi ukayivubira, Uyitungisha cyane uruzi rw'Imana rwuzuye amazi. Ni wowe uha abantu amasaka, Umaze gutunganya ubutaka utyo. 11 Uvubira impavu zo muri bwo imvura nyinshi, Uringaniza imitabo yo muri bwo. Ubworohesha ibitonyanga, Uha umugisha kumeza kwabwo. 12 Wambika umwaka kugira neza kwawe nk'ikamba, Inkōra z'igare ryawe zigusha umwero. 13 Imvura igwa ku rwuri rwo mu butayu, Imisozi igakenyera ibyishimo. 14 Urwuri rukagatirwa n'imikumbi, Ibikombe bitwikīrwa n'amasaka, Biranguruzwa n'ibyishimo bikaririmba.

Zaburi ya 65 (Bibiliya Ijambo ry’Imana)

Imana ni yo itanga umusaruro utubutse
1 Indirimbo y'umuyobozi w'abaririmbyi, ni zaburi ya Dawidi. 2 Mana, ukwiye gusingizwa muri Siyoni, ukwiye guhigurwa imihigo wahigiwe. 3 Wita ku masengesho y'abakwambaza, ni yo mpamvu abantu bose bakugana. 4 Ibicumuro byacu byaradushegeshe, ariko wowe warabitubabariye. 5 Hahirwa umuntu utoranya ukamwiyegereza, ukamucumbikira mu rugo rw'Ingoro yawe. Tuzahāga ibyiza biboneka iwawe, mu Ngoro yakweguriwe. 6 Mana Mukiza wacu, uri intungane, utugoboka ukoresheje ibikorwa bihambaye. Abatuye ku mpera z'isi ni wowe biringira, abatuye mu birwa by'iyo gihera na bo ni uko. 7 Ni wowe washimangiye imisozi, wayishimangije ububasha n'imbaraga byawe. 8 Uhosha inyanja zarubiye n'imihengeri yazo, uhosha n'imidugararo y'abanyamahanga. 9 Abatuye iyo gihera barakubaha kubera ibitangaza wakoze, ab'iburasirazuba n'ab'iburengerazuba watumye bakuvugiriza impundu. 10 Mana, wita ku isi ukayivubira imvura, uyihundazaho ubukungu, imigezi yawe uyisendereza amazi, ugaha abantu ibyo kubatunga. Dore uko wateguye ubutaka: 11 wagushije imvura mu buhinge, wayujuje mu mayogi isomya ubutaka, umeza imbuto zibutewemo. 12 Watugiriye neza uduha umusaruro utubutse, wanyanyagije ibisarurwa mu nzira abasarura banyuramo. 13 Wagushije imvura mu butayu inzuri ziratōha, udusozi na two tumeraho ibyatsi n'indabyo.14 Inzuri zizimagizwa n'imikumbi, imibande itwikirwa n'imirima y'ingano, ibintu byose birishima biririmba biranguruye!

Zaburi ya 65 (Bibiliya Ntagatifu)

Indirimbo yo gushimira Imana yatanze uburumbuke
1 Igenewe umuririmbisha. Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi. Ni indirimbo. 2 Mana iri i Siyoni, abantu bakwiye kugusingiza, kandi bakarangiza imihigo bakugiriye. 3 Wowe wumva isengesho bakubwiye, abantu bose baza bakugana. 4 Ibyaha bikunda kutuganza, ariko wowe ukabitubabarira. 5 Hahirwa umutumirwa wihitiyemo ubwawe; ukamuha kwigumira mu bikari by’Ingoro yawe. Tuzahazwa ibyiza byo mu rugo rwawe, ibintu bitagatifu byo mu Ngoro yawe. 6 Mu butungane bwawe, uratwumva ukadukorera ibitangaza, wowe, Mana Mukiza wacu, mizero ya bose kugeza ku mpera z’isi, no ku batuye ibirwa byo mu nyanja za kure cyane. 7 Ububasha bwawe bushyigikira imisozi, ugakindikiza ubutwari, 8 ugahosha urusaku rw’inyanja, urusaku rw’imivumba yazo, ukanacubya imyivumbagatanyo y’ibihugu. 9 Ku nkiko z’isi baratangarira ibimenyetso werekana, ab’iburasirazuba n’iburengerazuba wabateye kuvuza impundu. 10 Wasuye isi, uyuhira amazi, maze uyigwizamo uburumbuke butagira ingano. Imigezi y’Imana isendereye amazi, maze ugategurira abantu imyaka ibatunga. Dore uko utegura ubutaka: 11 uyobora amazi mu mayogi, ugasanza amasinde, ukagusha imvura y’umurindi ngo ibworoshye, maze ugaha umugisha imbuto zimeramo. 12 Umwaka uwusoza uwuhunda ibyiza byawe, aho unyuze hose hagasigara uburumbuke buteye ubwuzu. 13 Ubwatsi bw’amatungo, buratohagira mu butayu, utununga ugasanga duteye ubwuzu, 14 inzuri zikanyanyagiramo amashyo arisha, n’imibande ikazimagizwa n’imyaka yeze. Nuko byose bigasabagizwa n’ibyishimo, bikaririmba.

Nyuma yo kuririmba iyi Zaburi muri verisiyo (version)  eshatu  reka turebe muri make ubutumwa Dawidi ari gutanga muri iyi ndirimbo n’impamvu ari indirimbo yumwaka wa 2019.  

Ubutumwa buri muri Zaburi ya 65 n’Impamvu ari indirimbo ya 2019

Mugusobanura ubutumwa buri muri iyi Zaburi turakoresha ibitero aho kuvuga imirongo kuko iyi ari indirimbo.  Igitero cya mbere gitangira batubwira ko iyi Zaburi ari iya Dawidi cyangwa se ko yitirirwa Dawidi.
I.                Igitereo cya 2 . Guha Imana icyubahiro: Dawidi atangira indirimbo ashima Imana kandi ahamagarira abantu kuyisingiza. Dawidi nk’umwami yari azi neza ko hejuruye hari Imana ikomeye bityo ko twese dukwiye kuyishima no guhigura imihigo yacu kubyo Imana idukorera. Ese wowe nta mihigo yawe Imana yasubije bityo ukaba ukwiye guhigura uyishima?
II.                Igitero cya 3. Imana yumva gusenga: Dawidi agaragaza ko Imana yumva gusenga, kuko yumva ibyo abantu basaba. Subiza amaso inyuma ese wowe Imana ntawbo yumvise gusenga kwawe ? Reba neza urasanga ukwiye gufatanya na Dawidi kuririmbka kuko amasengesho yawe Imana ya yumvise. 
III.             Igitero cya 4. Imana igira imbabazi: Ibyaha biratunesha,biradushegesha, biratuganza, ariko Imana irabitubabarira. Reba umwaka wose wa 2019 ni kangahe wacumuye ku Imana ? Ese wakoze ibyaha bingana gute? Ariko kuko Imana igira imbabazi yaratubabariye. Kuki se wowe utaririmba usoza uyu mwaka ukayishima, ufata n’ingamba zo kuzarushaho kuyegera muri 2020.
IV.             Igitero cya 5. Imana ihaza kwifuza kwacu: Dawidi ati utoranywa n’Imana akaguma mubikare byayo imuhaza ibyiza byo mu rusengero. Ese wowe uyu mwaka wa 2019 nta byiza biva mu nzu y’Imana wagaburiwe ? Ese Ijambo ry’Imana wagaburiwe umwaka wose ntacyo rya kunguye ? Ntabwo ryahagije inzara wari ufite? Ririrmba kandi wifuze kuguma mu bikari by’Uwiteka no muri 2020 kugirango ukomeze uhazwe n’Imana.
V.                Igitero cya 6. Imana n’ibyiringiro byabo mu isi bose: Abo kubutaka, abo kubirwa, Dawidi ati Mana ni wowe byiringiro byacu. Ese wowe muri uyu mwaka ntabwo Imana yakubereye ibyiringiro? Ntabitangaza yakoze mu buzima bwawe bituma ugira kwiringira? Ngaho tera hejuru turirimbe kandi dusabe Imana gukomeza kutubera ibyiringiro no muri 2020.  
VI.             Igitero cya 7-8. Imbaraga z’Imana mubyo yaremye:  Dawidi ati Imana ishimangira imisozi, iturisha inyanja, kandi ihosha n’imidugararo cyangwa imyivumbagatanyo y’amahanga. Hari ibyo Imana yaturishije mu buzima bwawe nibyo yashimangiye, twagiye twumva aho ihosha amakimbirane mu bihugu, kuba dufite amahoro none si uko ari imbaraga zacu ahubwo Imana yahosheje amakimbirane mu bihugu. Niba tutari ingayi dukwiye kuririmba iyi Zaburi dushima Imana ihosha amakimbirane kandi tuyisaba gukomeza guhosha amakimbirane mu bihugu. 
VII.      Igitero cya 9. Imana igenga amanywa n’ijoro:  Abo ku isi bose Imana ibavugisha impundu amanywa n’ijoro. Ese wowe aho waba uziko Uwiteka yakubereye maso amanywa n’ijoro?  Niba uzirikana ko akurinda ngaho reka tumuvugirize impundu tumushime.
VIII.         Igitero cya 10-14. Kugiraneza kw’Imana kuzana uburumbuke:  Muri ibi bitero Dawidi aririmba agaragaza uko Imana iduha imvura, uko imeza imyaka, uko kugiraneza kwayo kutubaho, kuba ku byo dutunze nibyo dukora umwaka wose. Ese uyu mwaka wa 2019, nta burumbuke Imana yazanye mu kazi kawe? mu mirima yawe? mu mashyo yawe? Murushako rwawe? mu bana bawe? mu kwiga kwawe? Ndahamya ntashindikanya ko jye nawe dukwiye gufatanya na Dawidi tukavuga tuti “ Imana yatwambitse kugiraneza kwayo umwaka wose, natwe dukwiye kuyiha icyubahiro.”

Uyu mwaka wa 2019 Uwiteka yatwambitse kugiraneza kwe nk’ikamba, reka natwe dukore icyo yaturemeye ku muha icyubahiro mu byo dukora byose. Ndakwifuriza kuririmba iyi ndirimbo ya Dawidi ariko uzirikana ko umwaka wa 2020 ukwiye kuba mu bikari by’Imana kugirango ukomeze guhazwa nayo. Reka Imana izakomeze kutwambika kugiraneza kwayo nk’ikamba muri 2020.

Pasitori Kubwimana Joel

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'