Ikirema, Igipfamatwi, Ikiragi: Ese hari abantu Imana yaremye bakwiye kwitwa ibintu?



Iriburiro


Maze imyaka nibaza ku impamvu ituma mu Rwanda na handi hirya no hino ku isi abantu bafite ubumuga bateshwa agaciro cyane mu mvugo no mu ngiro. Igiteye agahinda kandi kibabaje cyane ni ugusanga n’Ijambo ry’Imana ryari rikwiye ku barema agatima rihindurwa mu buryo ribereka ko n’Imana itabakunda, itababona nk’abandi bantu yaremye ahubwo ko ari ibintu atari abantu. Uti aho uvuze iki? Ndabizi ko ingingo ngiye kuvugaho benshi bamaze imyaka bayivugaho, kandi ko abantu bafite uko bumva ibintu kuburyo butadukanye. Ariko ibi nti bikuraho ko Ijambo ry’Iman ari ukuri kandi ko Imana irema umuntu itigeze imwita ikintu, ahubwo ya muremye afite ishusho y’Imana: Umugabo n’umugore. None ni kuki muri Bibiliya zahinduwe mu Kinyarwanda iyo dusomye dusanga abafite ubumuga bashyirwa mu bintu aho gushyirwa mu bantu? Ese koko n’Imana yabikoze cyangwa n’abantu?   
1.      Umuntu n’ikintu
Mu gitabo cye  « La Philosophie bantu-rwandaise de l’être »  Padiri Alexis Kagame, mu gusobanura Filosofiya y’Abanyarwanda, avuga ko : « Nous avons donc fixé les « catégories » de la philosophie bantu-rwandaise, qui se rament à quatre » bisobanuye ngo : Twashyizeho ibyiciro bya filosofiya bantu-y’ abanyarwanda mu byiciro bine:
Umuntu-abantu = hommes,
Ikintu-ibintu = chose,
Ahantu = localité,
Ukuntu = mode d’être,[1]   
 Alexis Kagame Akomeza sobanura agaragaza buri cyiciro:
Umuntu= être qui a l’intelligence ; [bivuze ikiremwa, cyangwa ikinyabuzima gifite ubwenge],
Ikintu = être qui n’a pas l’intelligence, [ikiremwa, cyangwa ikinyabuzima kidafite ubwenge]
Ahantu = être localisateur, [ikiranga ahantu,]
Ukuntu = être modal[2]   [icyerekana imiterere, cyangwa ukuntu umuntu ateye, ikintu giteye] Icyitonderwa, Kagame agaragaza neza ko Imana idashyirwa muri ibi byiciro bine. «Dieu n’est pas dans les « categories » des NTU.[3] Ibi byiciro Alexis Kagame avuga yasanze muri filozofiya y’Abanyarwanda ari bine, ariko muri filozofiya y’Abagereki byari byinshi. Dore uko yagereranije ibyiciro bye n’ibya Aristote : Parallélisme entre les « catégories » aristotéliciennes et bantu-rwandaises.
Catégories[4]/Ibyiciro
Bantu-rwandaises
Aristotéliciennes
I.                   Umuntu
II.                Ikintu
I.                   Substance
III.             Ahantu
II.                Lieu
III.             Temps

IV.             Akuntu
IV.  Quantité
V.                Qualité
VI.             Relation
VII.          Action
VIII.       Passion
IX.             Position
X.                Possession


Kagame agaragaza ko icyiciro cya kabiri « catégories » kirimo «  1. Les êtres des règnes minéral, végétal et animal; 2. Les êtres du domaine cosmique, tells que la foudre (le tonnerre aussi), la trombe et autres similaires.[5] [1. Ibinyabuzima biba mu mazi, ibimera, n’inyamanswa ; 2. Ibinyabuzima, [ibiremwa] biba mu isanzure hejuru nk’inkuba, imirabyo n’ibindi bisa bityo. Iki cyiciro cya kabiri kigizwe n’ibiremya bidafite ubwenge, ibintu muri rusange nicyo abafite ubumuga bashyirwamo. Kuko iyo uvuze ngo : ‘ikirema, igipfamatwi, ikiragi,…’ uba uvuze ikintu ntabwo uba uvuze umuntu. Aya magambo afata abantu Imana yaremye mu ishusho yayo, akabashyira mu bintu tuyasanga no muri Bibiliya. Niyo mpamvu twibajije ese n’Imana niko ibifata ? Koko niyo ifata abantu ikabahindura ibintu cyangwa n’abantu bahinduye Ijambo ry’Imana mu mico yabo itesha agaciro umuntu ? Ikigaragara Filozofiya y’ Abanyarwanda irasobanutse kandi buri kintu igiha icyiciro kirimo. Si mu Rwanda gusa, usanga umuco wo gutesha agaciro abantu bafite ubumuga, ahubwo biri hirya no hino. Ariko jye ndaza kwibanda ku banyarwanda, ariko nitujya muri Bibiliya turaza kubona ko umuco w’ Abaheburayo nawo wagiye ukuza iyimyumvire mibi yo gutesha agaciro abantu Imana ikunda kandi iha agaciro itarobanuye.
2.      Ijambo ry’Imana ntirivangura ariko umuco wo uravangura.  
Nasomye inkuru zitadukanye zagiye zandikwa ku ngingo ivuga ku guhindura aya magambo atesha agciro akoreshwa muri Bibiliya. Ariko iyo urebye usanga hari benshi bafite imyumvire ikiri mu bubata bw’umuco aho kubaturwa n’Ijambo ry’Imana. Ni gute wabwira abantu ko Imana yabaremye mu ishusho yayo bose kandi uri gukoresha imvugo ibita ibintu ? aha niho abakirisitu bakwiye gukanguka bakamenya ko Bibiliya atari igitabo cya manutse kiva mu ijru ngo kigwe hasi. Byinshi kuri Bibiliya wasoma indi nkuru nanditse « Bibiliya inzu y’ibitabo ». Bibiliya yanditswe n’abantu bayobowe n’Umwuka w’Imana. Ariko abo bantu banditse mu muco wabo mu gihe barimo. Ikindi nk’abanyarwanda dukwiye kumenya ko Bibiliya itanditswe mu Kinyarwanda ahubwo ko yahinduwe mu Kinyarwanda. Bityo mu guhindura Bibiliya hari amagambo akoreshwa agenda ahinduka ariko ubutumwa nti buhinduke. Urugero  1Abatesalonike 5:26 “ Mutahishe bene Data bose guhoberana kwera.” Pawulo yakoresheje “Gusomana kwera” ‘holy kiss’ ijambo ry’ikigereki rya koreshejwe ni “philēma” , a kiss, kiss. Bivuze ko uyu murongo iyo uza guhindurwa uko Pawulo yawanditse inyuguti ku yindi wari kuba “Mutahishe bene Data gusomana kwera.” Nonese tuvuge ko abahinduye mu Kinyarwanda bibeshya cyangwa se ko bakoze ikosa? Oya, Pawulo icyo yari agendereye ni uko abantu basuhuzanya. Ariko ku isi abantu basuhuzanya muburyo butandukanye. Bityo abahinduye mu Kinyarwanda aho gushyiraho ko abantu basuhuzanya basomana bashyizeho guhoberana, kuko Abanyarwanda basuhuzanya bahoberana. Ibi byo gusomana n’umuco uri kuza dutiye ntabwo ari umuco wacu Abanyarwanda. Ingero natanga nyinshi reka ntange urundi rumwe ariko rwo rugaragaza amakosa ya kozwe n’abahinduye Bibiliya. Umurongo ukunzwe cyane kandi benshi muri twe twanyuze muri Sunday school, ishuri ry’icyumweru ry’abana twahitaga twiga ni Yohana 3:16. Uyu murongo muri Bibiliya Yera na Bibiliya Ijambo ry’Imana wahinduwe nabi. Kuko uvuga ngo “Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane…” ariko siko mu kigereki havuga, hakoreshwa ijambo ‘cosmos’ isi. Bityo  havuga kuko Imana yakunze isi cyane, kandi niko Byahinduwe muri Bibiiya Ntagatifu. Uku kugaragaza ko Imana yakunze abantu cyane, biri ku isonga yo kutabasha kumva ko ibindi biremwa byose Imana ibikunda. Ikindi nibyo biri gutuma benshi batumva ko guhsyira abantu mu bintu ari ikibazo. Kuko uyu murongo wa tumye umuco wo gutesha agaciro ibintu wiyongera, noneho habaho kumva ko umuntu ariwe Imana ikunda. Nibyo Imana ikunda abantu, ariko n’ibyaremwe bindi byose irabikunda. Aha n’usesengura uzumva impamu muri Jenoside ya korewe abatutsi abantu babanje kwamburwa ubumuntu bagirwa ibintu “inzoka”, “inyenzi” bityo byari byoroshye kwica uwo wamaze kugira ikintu. Niko biri no kubafite ubumuga kuko bagizwe ibintu, kubahohotera biroroha, kubavuga uko abantu biboneye biroroha kandi byagera no mu insengero ugasanga ni uko. Uti ese ko Bibiliya Ntagatifu yahinduye Yohana 3:16 neza kuki bitatumye Abanyarwanda bagira imyumvire myiza yo guha agaciro ibyaremye byose, no kumenya ko muri Bibiliya inzoka idashushanya Satani gusa ahubwo hari  naho dusanga inzoka ishushanya Yesu? Nanjye nakubaza ngo abagatorika batunga Bibiliya ni bangahe? Ariko kurundi ruhande Bibikiya Ntagatifu mu 1992 nibwo yari irangiye guhindurwa mu Kinyarwanda, hakiyongeraho ko abakatorike benshi bayisomerwa batayisomera.  Kubirebana nuko muri Bibiliya hari aho inzoka ishushanya Yesu soma:  Kubara 21:9 na  Yohana 3:14. Izi ngero nzitanze ngirango nsubize abavuga ko haramutse habayeho guhindura aya magambo atesha agaciro abantu bafite ubumuga, ko haba habayeho guhindura Ijambo ry’Imana. Ijamo ry’Imana nti rihinduka ariko umuco w’abantu urahinduka. Kandi twibuke ko ururimi ariwo muyoboro w’umuco w’abantu. Alexis Kagame we yaravuze ngo “Ntabwo wamenya filozofiya y’abantu utitaye ku kumenya ururimi rwabo.” Usome Itangiriro urasanga ibyo Imana yaremye byose ari byiza. Kandi urasanga ko umuntu ari ikiremwa Imana yaremye mu ishusho ya yo. Bityo ntabwo Imana ariyo yashyize abafite ubumuga mu bintu ahubwo umuco w’abanyarwanda niwo ubashyira mu bintu. Kuko abahinduye Bibiliya bangombaga gukoresha amagambo abantu barumva akenshi bakoreshaga ayo basanze abantu bakoresha. Bityo mu gihe tumaze gusobanukirwa ko umuco, filozofiya yacu Abanyarwanda ariyo kibazo bikwiye guhinduka, abafite ubumuga bagakurwa mu bintu bagashyirwa mu bantu kuko ari abantu Imana yaremye kandi ikunda.
3.      Kumva nabi no gusobanura nabi imirongo ya Bibiliya nicyo kibazo
Fata umwanya usome Abalewi 21: 16-24, aha tubona ko Imana yabwiye Mose kubwira Aroni wari umutambyi ko nta muntu ufite inenge wo mu muryangowe uzemererwa kugera ahera cyane. Ku murongo wa 23 haravuga ngo “ ariko ntakigire hafi yawa mwenda ukingiriza Ahera cyane, ntakegere igicaniro kuko afite inenge, kugirango atagira ahera hanjye yonona, kuko ndi Uwiteka uheza.” Hari indi mirongo yo mu isezerano rya kera dusoma igaragaza ko n’igitambo cyangombaga kuba kidafite inenge. Aha usomye ugahita urekeraho wa kumvako Imana iheza, ariko siko biri. Menya ko abatambyi bakoraga umurimo ukomeye urimo kubaga, gutunganya inyama zitadukanye zikwiye gutambirwa Imana, kandi ko uretse urugimbu batwikaga, izindi nyama baraziryaga. Bivuze ko umutambyi wari kuza gutamba hari uburwayi rukana afite, cyangwa ubumuga runaka byashoboraga kumubuza gukora uwo murimo neza. Ariko Ijambo ritwereka ko Yesu yabaye umwishingizi w’isezerano rirusha irya kera kuba ryiza ( Abaheburayo 7:22. Ese Yesu we aje mu isi, nk’Imana yagaragaje iki? Guheza abafite ubumuga? Cyangwa kubiyegereza nabo? Tubona Yesu akiza benshi bari bafite ubumuga, ariko tubona arara kwa Zakayo kandi wari mugufi. Ariko igikomeye gisubiza wa murongo wo Mu Balewi 21:23, ni uko wa soma Abaheburayo 9 igice cyose kugirango wumve ko ibyakorwaga kera byari umushorere utugeza kuri Yesu.  Ha hera hatandukanyaga abantu Kristo ubwo yari kumusaraba umwenda ukingiriza ahera cyane wa tabutsemo kabiri (Matayo 27: 51). Bivuze ko abantu bose nta kurobanura bafite ubushobozi bwo kwigerera imbere y’Imana. Bityo kuko Yesu ariwe gitambo kizima nta bwo wa kwihambira ku mirongo ivuga ibitambo byari ibyigihe gito. Ahubwo ntabwo Yesu yigeza yigisha guheza abantu bitewe n’uko Imana yabaremye, ahubwo yavuzeko ubuzima bwa bafite ubumuga bukwiye gutuma abantu babona ko Imana iri gukorera muribo. Imyumvire yo kubona ufite ubumuga abantu bakabona ikintu, icyaha, inenge, Yesu yahuye nayo.  Yohana 9: 1-3 haravuga ngo “ Akigenda abona umuntu wavutse ari impumyi. Abigishwa baramubaza bati “ Mwigisha, ni nde wakoze icyaha, ni uyu cyangwa ni ababyeyi be ko yavutse ari impumyi?” Yesu arabasubiza ati “ Uyu nta cyaha yakoze cyangwa ababyeyi be, ahubwo ni ukugira ngo imirimo y’Imana yerekanirwe muri we.” Abigishwa ba Yesu nk’abayahundi bafataga ko ubumuga buterwa n’ibyaha, ariko Yesu kuko mu byamuzanye harimo kutwigisha kurenga filozofiya, umuco wacu ahubwo tukumva kandi tukamenya ubushake bw’Imana. Buri muntu Imana ifite uko yamuryemye kandi igamije ko imirimo yayo igaragarira muri we. Bityo dukwiye kurenga umuco w’abanyarwanda, abayahundi, n’abandi utesha agaciro abafite ubumuga ahubwo tugaharanira kubahesha agaciro kuko nabo ari abantu Imana ikunda kandi yitaho. Ahubwo dukwiye no kuba maso kugirango tubashe kubona imirimo y’Imana ikorera mu bantu bingeri zitadukanye.

Umusozo:
Ese n’Imana ishyira abafite ubumuga mu bintu? Oya, ahubwo n’umuco w’abanyarwanda watumye abafite ubumuga bashyirwa mu cyiciro cy’ibintu aho gushyirwa mu cyiciro cy’abantu. Bityo kuba habaho gukosora amakosa yakozwe, cyane mu guhindura Bibiliya nta cyaha kirimo. Bibiliya yarahinduwe ntabwo yanditswe mu kinayrwanda. Kandi kuko ikinyarwanda ari ururimi kandi ururimi rurakura, rwunguka andi magambo mashya, ntacyo byaba bitwaye habayeho ko muri Bibiliya abantu bafite ubumuga bakurwa mu cyiciro cy’ibintu bagashyirwa mu cyiciro cy’abantu.  Naho kwitwaza ko kubikora kwaba ari uguhindura ijambo ry’Imana sibyo. Kuko nk’uko nakomeje kubivuga, ngatanga n’ingero, mu guhindura Bibiliya hitabwa ku bintu byinshi ariko icyigenzi ni uko ubutumwa budahinduka. Ntabwo rero guhindura amagambo runaka atesha agaciro abantu bihindura ubutumwa, keretse bikozwe nabi, bihubukiwe. Ariko imyaka ibaye myinshi umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, uvuga ko ugiye guhindura aya magambo atesha agaciro abafite ubumuga ariko nti bikorwe. Reka twizera ko abakuriye uyu muryango batari mu myumvire intumwa zari zifite mbere yo gusobanurirwa na Yesu, ko ubumuga ari icyaha.  Nasoza mbwira abafite ubumuga ko badakwiye narimwe kumva ko Imana ibafata nk’uko abantu babafata. Kandi no mu bantu bose siko bafite imyumvire igayitse yo kubatesha agaciro. Ahubwo nk’uko Imana ikorera mu bantu na satani nawe akorera mu bantu, bityo bakwiye kumenya iyo myuka yombi ko iri mu bantu. Abarimo umwuka w’Imana muzasanga barangwa n’urukundo, kugwa neza, no kuvuga neza. Abarimo umwuka wa satani nabo muzabumvana urwango, ivangura, no gutesha agaciro abantu. Ariko wowe ufite ubumuga menya ko ukwiye mu rwawe ruhande kwihangana no guharanira kubana nabantu bose amahoro kandi wumvira Imana kuruta abantu.

Imana ibahe imigisha

Pasitori Kubwimana Joel.




[1] Alexis kagame, La Philosophie bantu-rwandaise de l’être, Bruxelles: I.R.S.A.C., 1956,p.107.
[2]  kagame, La Philosophie bantu-rwandaise de l’être, p. 108.
[3] kagame, La Philosophie bantu-rwandaise de l’être, p. 110
[4] kagame, La Philosophie bantu-rwandaise de l’être, pp.119-120.
[5] kagame, La Philosophie bantu-rwandaise de l’être, p. 111.

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'