Umuvugizi n’Umurezi: Umurimo wa Yesu na Satani mu Ijuru Imbere y’Imana



    Iriburiro

Kuwa 13/09/2019, nagize umugisha wo gusura abakozi b’Imana bari mu mahugurwa i Kigufi mu karere ka Rubavu,  ku mugoroba umukozi w’Imana umwe atuganiriza ijambo ry’Imana, agera ku gusobanura 1 Yohana 2:1-2. Yohana agaragaza ko Yesu ari “Umurengezi” ukoresheje Bibiliya Yera, “Umuvugizi” ukoresheje Bibiliya Ijambo ry’Imana.  Aha turifashisha Bibiliya Ijambo ry’Imana,  niko kutubwira ati “ Namaze imyaka myinshi uyu murongo ntabasha kuwumva neza. Ishusho nari mfite mu mutwe ni iyi : Iyo nkoze icyaha, Imana yayindi dusoma mu isezerano rya Kera yahaniragaho, yashakaga guhita impana, Yesu akitambika akayibuza.” Niko kubaza ati hari abari bafite iyo shusho nkanjye? Nabonye twari benshi babyumvaga uko, ko kuturengera cyangwa kutuvugira Yesu akora mu Ijuru imbere y’Imana ari ukubuza Imana guhita iduhana.
Ikindi ati ‟ Abenshi dufata Imana yo mu Isezerano rya Kera nk’Imana y’ingome, ihutiraho, mu gihe Yesu ari umunyempuwe.” Ariko mu bisobanuro kandi no mugusoma Ijambo ry’Imana tubona ko Imana uko yari kera n’ubu niko iri. Muri make Imana ntihinduka. Bityo rero ntabwo Yesu umurimo wo kutuvugira akora ari uwo kujya impaka n’Imana kubyaha byacu ayinginga ngo ibe iretse ku twica, kuduhana. Wa mbaza uti ‟None umurimo we ni uwuhe? Iki nicyo kibazo tugiye gusubiza.
1.      Umurezi: umurimo wa Satani
Umukozi w’Imana yarakomeje ati, naje kumva neza umurimo wa Yesu akora imbere y’Imana ari uko nsomye Ibyahishuwe 12:10  “Numva ijwi ry’uvugira mu ijru avuga cyane ati: “ Ubu agakiza k’Imana yacu karasohoye! Ubu yerakanye ububasha bwayo ngo yime ingoma! Noneho Kristo Imana yatoranyije yagaragaje ubushobozi bwe, kuko uwaregaga abavandimwe bacu ku Mana yacu ijoro n’amanywa yameneshejwe mu Ijuru!” Uyu murongo wahise uzana indi shusho igaragaza uburyo Yesu ari umuvugizi wacu mu ijuru imbere y’Imana.
Uyu murongo ugaragaza ko umurimo wa Satani ijoro n’amanywa ari ukuturega imbere y’Imana mu ijuru. Igihe cyose ataraneshwa ngo hashyirweho iherezo satani akora umurimo umwe mu Ijuru, kuturega imbere y’Imana,  bityo Yesu wa dupfiriye nawe akora umurimo wo kutuvugira imbere y’Imana. Kuko Satani aharanira ko yagira abo azarimbukanwa nabo akora ijoro n’amanywa ashaka abo agusha mu byaha, agahita yiruka ajya kurega imbere y’Imana. Ku murongo wa Kabiri wa 1 Yohana 2:2, hagaragaza ko Yesu yabaye incungu y’ibyaha. Bityo Yesu icyo akora imbere y’Imana ni ukuvuga ko mubo yapfiriye ko natwe turimo. Ntabwo umurimo wa Yesu ari ukujya hagati y’Imana natwe atangira Imana ngo idahutiraho iduhana, ahubwo ni uwo kwibutsa Umurezi wacu ari we  Satani ko mubo yapfiriye natwe turimo.
2.      Kuba Yesu yarapfiriye ibyaha byacu birahagije? 
Hari imyizerere yabamwe  ikoresha imirongo twasomye haruguru nabi,  ugasanga abantu bigisha ko Yesu yapfiriye ibyaha bya bantu bose,  bityo ko ibyo bakora byose byaba bibi cyangwa byiza ko ntacyo bitwaye,  kuko Yesu byose yabirangije ku musaraba.
Ariko ibyo sibyo, iyo ukomeje gusoma 1 Yohana 2: 1-6, ubona ko tubwirwa ko uzi Imana atica amategeko yayo, ahubwo akurikiza ibyo Imana ishaka.” Imana ishaka ko dukiranuka muri byose, mu gihe Satani we ashaka ko dukiranirwa. Uwizeye Yesu aharanira gukiranuka, yirinda ibyaha. Iyo akoze icyaha yihutira gusaba Imana imbabazi kuko Imana yanga ibyaha itanga abanyabyaha. Ntabwo rero Yesu yapfuye ngo dukore ibyo dushatse byose. Yapfuye kugirango atubere incungu. Dusabwa ku mwizera no gukiranuka kugirango tube mubo avugira imbere y’Imana.
3.      Ese kuba Yesu atuvugira imbere y’Imana bivuze ko atari Imana?
Indi shusho itariyo usanga abakirisitu benshi dukunze kugira, niyo gufata Yesu nk’Imana iri ukwayo, Imana Data wa Twese nk’indi Mana,  ndetse na Mwuka Wera akaba indi Mana,  muri make ukagirango hariho Imana eshatu. Ariko Yesu ati ‟Umbonye aba abonye data, kuko ndi muri Data nawe akaba muri gewe  (Yohana 14:9-10)
Iyo usomye Ibyakozwe n’Intumwa 1:8 Ubonako mu buryo bw’Umwuka Yesu ari kumwe natwe. Bityo rero ntihabaho Imana eshatu, ahubwo mu buryo bwinshi Imana yagiye yihishuriramo abantu tubona ko hari butatu buza imbere: Imana data, Imana umwana n’Imana Mwuka Wera. Ibidashobokera abantu bishobokera Imana, si ikibazo ko Yesu nk’Imana atuvugira ku Mana. Kuri twe tuba twumva ari ibintu bidashoboka ariko niko kuri. Niba hari ikintu tuzarinda tuva ku isi tutabashije gusobanukirwa ku buryo bwuzuye n’Imana. Abantu turi ibiremwa Imana yaremye biragoye rero ko twabasha kugera ku rwego rwo gusobanukirwa umuremyi wacu 100%, ahubwo. Pawulo we yabivuze neza mu rwandiko 1 Abakorinto 13:9 “ Kuko tumenyaho igice kandi duhanuraho igice…” Yesu utuvugira mu Ijuru niwe Mana, nk’uko Yohana abitubwira ko  Jambo yariho, ko yahoranye n’Imana kandi ko Jambo yari Imana  (Yohana 1:1- 12). 
Nasoza mvuga ko Yesu akora umurimo wo kutuvugira imbere y’Imana, kuko hari satani nawe ukora umurimo wo kuturega imbere y’Imana. Gewe nawe icyo twaharanira ni ugukiranuka kugirango Satani abure ibirego. Kandi n’igihe akubonyeho ibirego ihutire kwibuka ko Yesu yagupfiriye bityo umutakire uti “ Yesu mbabarira.” Yesu yadukunze tutarabaho n’ubu aradukunda, ahubwo twe twirinde kumubabaza.  Reka nkwifurize kuzaba mu mubare w’abazaririmba indirimbo yo kunesha ubwo Satani azaba atsinzwe burundu.
Imana idushoboze gukiranuka. Kandi duhore tuzi ko Yesu wacu wadupfiriye ahari atuvugira imbere y’Imana. uko satani yatsinzwe Yesu azutse reka ajye akomeza gutsindwa mu buzima bwacu abizera Yesu nk’Umwami n’Umukiza.

Umwuka w’Imana akomeza kubasobanurira, murakoze.

Pasitori Kubwimana Joel










Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'