Ntushobora kwiyumanganya wahuye na Yesu
Iriburiro
Inshingano
nyamukuru Yesu yasigiye Itorero niyo guhindurira abantu kuba abigishwa, tugenda,
tubatiza kandi twigisha abantu kwitondera ibyo Yesu yigishije byose. Ntabwo
byoroshye kugenda hirya no hino uvuga ubutumwa Bwiza bwa Yesu. Yewe hari na
bananirwa kuvuga Yesu ba mubwira abana babo, abo bashakanye, cyangwa abaturanyi
kandi bavuga ko ari Abakirisitu. Ariko umuntu wa huye na Yesu by’ukuri
ntashobora kwiyumanganya. Petero na Yohana bamaze gukiza uwari waravutse amugaye
wahoraga ku irembo ryitwa ryiza asabiriza, abatware n’abakuru n’abanditsi
barabafashe babata hagati ba babaza aho bakura ubutware n’ubushizi bwamanga bwo
kuvuga Ubutumwa bwiza. Abandi nabo basubiza ko ari Yesu. Babanyo ubushizi bwa
manga bwabo kandi ko abantu benshi bemeye ubutumwa bavuga, ba batera ubwoba ngo
nti bongere kuvuga muri iryo zina rya Yesu. Petero na Yohana mu gusubiza kwabo
bati “nti tubashaka kwiyumanganya ngo tureke kuvuga ibyo twabonye kandi
twumvise.” Ibyakozwe b’Intumwa 4: 20. Nkabantu babanye na Yesu bakumva ubutumwa
bwe bakabona ibyo yakoze ntibari gushobora kwiyumanganya ngo bareke ku mubwira
abandi, kuko barakubiswe, bashyirwa mu mazu y’imbohe, Yohana we agera aho
gutwikwa mu mavuta, ariko nti bareka guhamya Yesu. Uyu munsi turareba
Umusamariyakazi nk’urugero rwiza ko bidashoboka ko umuntu ya kwiyumanganya ngo
areke kuvuga Yesu yahuye nawe byukuri.
1.
Kuki
Abayuda ba nenaga Abasamariya? (Yohana 4:1-42)
Iyo
usomye 1 Abami igice cya 11 nicya 12 muri ibi bice byombi ubona uko ubwami bw'Abisirayeli bwigabanyijemo kabiri. Iherezo rya Salomo ryabaye ribi kuko
yagushijwe n’abagore benshi yari yarashatse. Imana niko kuvugira mu muhanuzi wayo ko ubwami
bwe buzagabwa kabiri, igice kimwe nacyo kigasigara kubwa Dawidi Imana yari
yarasezeranije ko urubyaro rwe ruzakomeza kuba ku bwami. Rehobowamu umuhungu wa
Salomo niwe wa musimbuye amaze gutanga. Ku ngoma ye, nibwo ubwami bwigabyemo
kabiri. Yerobowamu wari warahanuriwe kuzagabirwa imiryango icumi ya Isiraheli
yaje kubigeraho, maze aba umwami w’ubwami bw’Abisiraheri bwari I Samariya. Indi
miryango ibiri isigaye irangajwe imbere n’umuryango wa Yuda ifata ubwami
bw’Abayuda bwari bufite umurwa mukuru I Yerusalemu. Kuko Abisirayeli bagiye
bagira abanzi benshi ba barwanya, I Samariya higaruririwe n’abanyamahanga. Bityo
kwivanga kw’Abisirayeli bari I Samariya n’abanyamahanga byatumye Abayuda ba
banena ba bafata bose nk’abanyamahanga kuribo.
Aha niho hava urwango uyu Musamariyakazi yavuze rwari ruri hagati yabo
na Bayuda kandi bose ari bene Yakobo. Ariko no mu mvugo ya Yesu yagaragaje
isumbwe ry’umuryango w’Abayuda kuko muribo arimo Mesiya ariwe Yesu yakomotse.
Ariko kuko Yesu atari aziye Abayuda gusa, ahubwo isi yose, niko kurenga ku
insika z’imiryango, amoko, uturere anyura kubutaka bw’abasamariye kandi we ari
umuyuda.
2. Kuvoma amazi ku iraba rusange biragoye cyane kuri maraya
Muri iki gihe abavomaga bose bavomaga ku iriba rimwe,
bivuze ko bahahuriraga ari benshi. Nti byari byoroshye kuri maraya izwi mu
murwa kujya kuvoma ku masaha abantu bandi bari ku iriba. Yashoboraga kuhahurira
n’abagore yatwaye abagabo, cyangwa abana babo bakaba ba mukubita, cyangwa bamukoba.
Bityo uyu musamariyakazi yajyaga kuvoma saa sita. Ubwo abandi bagiye kurya we
niho yajyaga kuvoma kugirango asange ari wenyine. Bishoboke iyo ahinguka ku
iraba akabona hari umugore, umukobwa, umwana se, yari kubanza kwihisha, ariko
ubwo yabonaga ari umugabo uri ku iriba ashobora kuba yaragize ngo yavamo
umukiriya nawe. Niko gukomeza ajya ku iriba kuvoma. Mu kuhagera Yesu nawe ati
mpa ku mazi yo kunywa. Ese koko Yesu yari afite inyota cyangwa yari azi ko uyu
mugore ahangayikishijwe no guhora avoma abebera? Kuko Yesu areba mu mutima
nyuma yo kuganira n’uyu Musamariyakazi washatse kubanza ku mwereka ko we ari
Umuyuda undi akaba Umusamariya, Yesu ni ko kumubwira ko we yamuha amazi y’ubugingo.
Mu gusobanura amazi y’ubugingo Yesu yavuzeko adudubiza nk’isoko ihoraho. Uyu
mugore wari wifitiye ikibazo cyo guhora aza kuvoma abebera, kubera uburaye bwe,
niko kwifuza ko Yesu yamuha kuri ayo mazi ya muruhura guhora aza aho ku iriba.
We yavuze ko ari kure, ariko se koko ikibazo cye cyari uko iriba riri kure
cyangwa ipfunwe ryo kuba yahahurira n’abandi? Yesu nawe niko ku mubwira ati
banza uzane umugabo wawe. Uyu musamariyakazi nawe aba umunyakuri ati “ nta
mugabo ngira.” Yesu nawe ati uvuze ukuri, kuko wari ufite abagabo batanu kandi
nuwo ufite ubu si uwawe. Uyu mugore yari aje kuvoma ariko afite umugabo bari
kumwe muri icyo gihe. Ariko Yesu amubajije ngo ajye kuzana umugabo we ati
ntawe. Yari azi neza ko baza bigendera kuko yari maraya.
Uyu mugore yahise yemera ko Yesu ari umuhanuzi, yewe ati kera
nakare kuri uyu musozi niho basogokuruza basengeraga namwe muti I Yerusaremu
niho basengera. Muri make ni ngo kuvuga ati, burya aha naho Imana yahavugira.
Yesu nawe ati si aha i Samariya gusa, Yerusalemu gusa, ahubwo igihe kiraje
kandi kirasohoye ngo abasenga Imana by’ukuri basengere data mu Mwuka no mu kuri.
Muyandi magambo Yesu ati iki nicyo gihe ko Ubutumwa bukwira Isi yose, aho abantu
bose bari basenge Imana mu Mwuka no mukuri, atari ugukora urugendo abantu bajya
gushaka Imana I Yerusalemu. Ahubwo Imana yo irashaka abaramyi bukuri, abayisenga
mu Mwuka batari mu mubiri, bayisenga mu Kuri bataryarya. Abo
nibo basenzi, baramyi, bavugabutumwa, bigishwa ba Yesu Imana ishaka.
3.
Umusamariyakazi
intumwa ya Yesu ya mbere ku Basamariya
Umugore
akomeje kumva ibyo Yesu avuga, ati se ko twabwiwe ko ibyo bizavugwa na Mesiya?
Uyu mugore ari mu bantu bambere Yesu yeruriye ko ari Mesiya. Yesu akibwira Umusamariyakazi
ko ariwe Mesiya, ata ikibindi cye arirukanga, hahandi yitaga kure hahinduka
hafi cyane. Ajya mu murwa kuri ba bantu yatinyaga guhura nabo kuko yahuye na
Yesu. Ntabwo yongeye gutekereza ngo kuva aha ujya mu murya ni kure. Ntabwo
yibajije ngo abarambona mu murwa baravuga iki? Bara nkoba? Barantera amabuye?
Oya, yari yahuye na Yesu amubwira ibye byose. Nawe ntayindi nkuru yajyanye mu
murwa atari ukubabwira ati “ni muze mureba umuntu wa bwiye ibyajye byose
birashoboka ko ariwe Mesiya.” Igitangaje, uyu mugore wari maraya akibwira abantu
ibi mubayeho, abantu bizeye ibyo avuze mbere yuko nabo bahura na Yesu ngo
bamwiyumvira ubwabo.
Muri
iyi nkuru reka twere kwibanda ku bigishwa ba Yesu baje bagatungurwa no gusanga
aganira n’umugore, byongeye w’umusamariyakazi kandi bo ari Abayuda. Ahubwo reba
nawe umurwa wose uri inyuma yuwo bafataga nk’igicibwa, uwo kuvumwa, guterwa
amabuye. Ariko kuko yahuye na Yesu, uburaya bwe si bwo abantu bahururiye ahubwo
uwo ya babwiye niwe bahururiye. Uko umeze kose, ibyo ukora byose, waba waribiye
mubyaha gute, iyo uhuye na Yesu arakweze kuburyo abantu batabona wowe ahubwo
uwo wahuye nawe niwe babona. Abantu bahageze Yesu nabo ababwira ubutumwa bwiza.
Nabo bati wa mugorewe noneho ntabwo twizeye amagambo yawe gusa, ahubwo natwe turamwiyumviye uyu niwe Mukiza w’abari mu isi koko.”
4.
Amasomo
Iyi
nkuru ya Yesu nu musamariyakazi twa
yigiramo bwinshi ariko hari bitatu byingenzi nifuza ko wasigarana:
1. Uwo
uriwe wese, uko uri kose, aho uri hose nawe wahura na Yesu.
2. Iyo
uhuye na Yesu wowe urabura Yesu akagaragara
3. Iyo
uhuye na Yesu nti bigukundira guceceka ngo ntu mwamamaze.
Nkuko
twatangiye tubivuga Misiyo twasigiwe na Yesu, idusaba kudaceceka. Niba koko
warahuye na Yesu nawe genda wamamaze ko ari Umwami w’Abami, ko ubuzima bwuzuye
buri muri we, ko hanze ye nta buzima. Ariko niba bigukundira guceceka icyo
n’ikimenyetso ko utarahura na Yesu. Ahubwo nawe na kurarikira guhura nawe
ukwamwakira nk’Umwami n’Umukiza wawe. Reka ubuzima bwacu bube ubwa bantu bahuye
na Yesu, bashobora kwiruka ibirometero magana bajya kuvuga inkuru nziza ya Yesu
nk’uyu musamariyakazi tubonye.
Imana
ibahe umugisha.
Pasitori Kubwimana Joel
Amen
ReplyDelete