ZAKAYO: Urugero rwiza rwerekana uko ingamiya yanyura mu izuru ry’urushinge
Iriburiro
Uhereye aho abantu batangiye kwandika amateka
yabo, bigaragara ko mu bihe bitadukanye, ahantu hatadukanye hagiye habaho
abantu bafatwa nk’intwari, abanyabwenge, abavumbuzi, abayobozi beza, n’ibindi
tutarondora biranga abantu dukunze kuvuga ngo ‘bakoze amateka’. Muribo harimo
Yesu, Intwari, Umucunguzi, Umutabazi, Umwami w’abami, Imana mu bantu,
Itangiriro n’Iherezo, Urumuri, Ukuri, Umutambyi, Umwigisha, yewe ntabwo
namuvuga uko ari ngo mbishobore, bwakwira
bugacya nazarinda mva kuri iy’isi ntari narangiza ku muvuga. Ariko ibaze umuntu
wavuzwe mbere y’uko abaho, akavugwa ariho mu isi, akaba akivugwa n’ubu
abamwizera bategereje kugaruka kwe kwa kabiri? Nkunda gusoma iyi ibitabo nubu
nandika iyi nyigisho ndi kwiga
Teworojiya mu Gihugu cya Ghana, gusoma ibitabo nibwo buzima bwa burimunsi. Mubyo
maze kubona nuko waba wemera Yesu cyangwa utamwemera ugira icyo umuvugaho kandi
kiranga uwo ariwe. Yesu ni Imana yigize umuntu kugirango ibashe kwiyunga
n’umuntu wari warayihemukiye agakora ibitadukanye n’ubushake bwayo. Zakayo ni umwe mubo Yesu yunze n’Imana
n’abantu mu gihe yari ku isi. Mu isesengura tugiye gukora, tugamije kugaragaza
ko ubutumwa bwiza bwa Yesu ari ubw’abantu bose, abakire n’abakene, abakomeye n’aboroheje.
Birashoboka ko umutunzi ya kwakira Yesu, ntabwo ari ibidashoboka nkuko bamwe
tubyibwira yewe rimwe na rimwe dukoresheje n’ingero zo muri Bibiriya.
1.
Ingamaya yaca mu izuru ry’urushinge kuruta ko
umutunzi ya kwakira Yesu
Muri
Luka 18:18-27, tuhasanga inkuru y’umutware wari umutunzi wa bujijwe kwinjira mu
bwami bw’Imana no kwanga kugurisha ibyo atunze byose ngo abihe abakene, ubundi
akurikire Yesu. Inkuru itangira uyu mutunzi ubwe ariwe ubaza Yesu icyo yakora
kugirango aragwe ubwami bw’Imana. Yesu nawe amubaza niba azi amategeko undi
nawe ati yose narayitondeye kuva mu buto bwajye. Yesu niko kumubwirako hari kimwe
asigaje gukora, ko ari ukugurisha ibyo tunze byose akabiha abakene, ubundi
akaza akamukurikira. Uyu mutware ngo abyumvise agira agahinda kenshi kuko yari
umutunzi cyane. Kunanirwa kwemera kugurisha ibyo atunze byose, byatumye Yesu
amubwira magambo akomeye ati “Erega biraruhije ko abatunzi binjira mu bwami
bw’Imana! Ndetse icyoroshye ni uko ingamiya yanyura mu zuru ry’urushinge,
kuruta ko umutunzi yakwinjira mu bwami bw’Imana.” Abari aho bose babyumvise
bahise babaza ikibazo bati “ ubwo bimeze bityo ni nde ushobora gukizwa?” Iki
kibazo babajije kigaragaza neza ko bari bakurikiye ikiganiro cya Yesu
n’umutware w’umuntunzi uvugwa aha. Ariko kandi kitwereka neza ko buri wese ari umutunzi. Kuko waba
utunze byinshi cyangwa bike ufite icyo utunze. Kandi ibyo utunze byaba byinshi
cyangwa bike bishobora ku kubuza ubwami bw’Imana, igihe cyose ari byo urutisha
ubitinga. Yesu yasubije abantu bari bamubajije ati “ibidashobokera abantu bishobokera
Imana.” Ntabwo iki gisubizo Yesu yatanze aha, byoroshye guhita ugihuza nibyo
yavuze ko bitoroshye ko umutunzi yinjira mu bwami bw’Imana. Ariko mbere yo
kureba urugero rusobanura igisubizo Yesu yatanze, uyu mutunzi wari wiyemeye
nkabenshi muri ik’igihe usanga bivuga imyato mu bukirisitu bwabo, ya naniwe
kwikuraho ibintu ngo akurikire nyiri kubimuha. Yesu niwe waremye byose, natwe
abantu niwe waturemye, uyu mutunzi yarebye kubintu afite ako kanya, ariko
yibagirwa inkomoko yabyo ko ari ku Imana. Imana yo ya muremye, yamuhaye amaboko,
imbaraga, n’igihe cyo gukora kugirango
atunge. Imusabye kuyikurikira ati oya, si nagurisha ibyo mfite ngo nze ngu
kurikire.
Mu
bigaragra abakurikiraga Yesu, ndavuga abigishwa be, bagaragaraga nk’abakene ku
mubiri. Kuko na Petero nawe yahise abaza ati “ko twasize byose tukagukirikira?”
Bivuzeko yari agize amakenga amaze kumva ko Yesu we iby’ubutunzi atabishyize imbere.
Ariko igisubuzo Yesu yahaye Petero kigaragaza ko Yesu adafitanye ikibazo no
kuba abantu batunga, “Ndababwira ukuri yuko ari nta muntu wasize inzu ye
cyangwa umugore, cyangwa bene se cyangwa ababyeyi cyangwa abana ku bw’ubwami
bw’Imana, utazongerwa ibiruta cyane muri iki gihe, no mugihe kizaza agahabwa
ubugingo buhoraho.” Muri iki gisubizo cya Yesu harimo ko abakorera ubwami
bw’Imana ko bakwiye kongererwa mu gihe bariho, kandi no mu gihe kizaza
bakazahabwa ubugingo. Bivuze ko gutunga cyangwa kugira ubutunzi atari icyaka.
Icyakora habanza gutunga Yesu ibindi byo turabyongererwa. Kuko iyo ufite
nyiribintu uba ufite ibintu.
2.
Zakayo
ingamiya yaciye mu izuru ry’urushinge
Muri
Luka 19:1-10, tuhasoma inkuru y’umukoresha wikoro witwa Zakayo washatse kureba
Yesu. Zakayo yahuye n’imbogamizi eshatu z’igenzi:
1.
Imiterere
ye: Zakayo
tubwirwa ko yari mugufi, bivuze ko kubasha kureba Yesu mu bantu benshi bitari
ku mworohera.
2.
Amateka
ye:
Zakayo yari umukoresha wikoro ariko uzwiho ubwambuzi. Ntabwo yari afite amateka
meza kuko abantu bari bamuzi nabi, kubera ubwambuzi bwe.
3.
Abantu
benshi: Ubugufi bwa Zakayo, wongeyeho ko abantu bari bamuzi
nabi, bivuzeko nta nuwari ku mubererekera ngo abashe kureba Yesu. Ikindi Yesu
yakurikirwaga n’abantu benshi kuburyo ibyo kwita ku icyubahiro cya Zakayo ngo
bamuhe inzira bitari koroha.
Zakayo
wari wamaramaje ashaka kureba Yesu uko asa, yigiriye inama yo kurira igiti
cy’umuvumu. Ubwo yari mugiti yitegereza Yesu, yatunguwe no kumva Yesu
amuhamagaye mu izina ati “ Zakayo, ururuka vuba kuko uyu munsi nkwiriye kurara
iwawe.” Abantu ba babajwe no kumva ko Yesu agiye kurara ku munyabyaha nka Zakayo.
Ariko kuko bari bakurikiye Yesu nta kundi ubwo nabo byabaye ngombwa ko nabatari
kuzagera kwa Zakayo wu mwambuza ko bahagera. Koko “ibindashobokera abantu
bishobokera Imana”, Yesu kwinjira mu rugo rwa Zakayo gusa byatumye yihana
ubwambuzi bwe. Mukwihana kwe Zakayo
yavuze magambo akomeye ati “Dore databuja, umugabane wa kabiri w’ibintu byanjye
ndawuha abakene, kandi umuntu wese nambuye ndabimuriha kane.” Uretse kwihana no
kwiyemeza gutanga ubutunzi bwe abuha abakene, Zakayo yemeye kuriha akubye kane uwo
yambuye wese. Ibi bigaragaza ko Zakayo yari yihannye abikuye ku mutima, kandi
byerekana ko yari atunze cyane. Kuko niba yaratanze icyakabiri cy’ubutunzi bwe
ku bakene, akagumana ubutunzi bumwemerera kwishyura abo yambuke akubye kane,
bivuze ko yari atunze byinshi. Nkuko Yesu yahise avuga “agakiza kari kageze mu
inzu ya Zakayo”. Abigishwa bagendanaga
na Yesu aha bahaboneye isomo rikomeye cyane, ku kibazo bibazaga niba bishoboka
ko umutunzi y’injira mu bwami bw’Imana. Yesu yahamirije Zakayo bose bareba,
kandi uyu yari umutunzi, ntabwo byasabye Yesu kubwiriza cyane, ahubwo kwinjira
kwa Zakayo gusa byatumye ahinduka, inkamiye inyura mu izuru ry’urushinge. Zakayo
nawe aba umwe mu bana ba Aburahamu Yesu yaje gushaka.
Isomo kuri twe
Kuba
ubukirisitu bwa rakwijwe muri Afurika mu gihe cy’ubukoroni, bwagiye bukoreshwa
rimwe na rimwe n’abamisiyoneri bavaga I Burayi cyangwa America mu gukwiza
inyungu z’ibihugu byabo byakoronezaga Afurika. Bityo Abanyafurika bigishwa ko
ubwami bw’Imana ari ubw’abakene, nyamara bibiriya yo ivuga abakenye mu mitima
(Matayo 5:3). Abakene bakaneye ijambo ry’Imana nibo Bibiriya ivugako ko
bahirwa. Ariko uyu murongo wagiye usobanurwa nabi kugirango ubuntunzi bwa Afurika
busahurwe Abanyafurika bo bahugiye mu kwizera ko ijuru ari iry’abakene ku
mubiri. Ikindi ubumenyi buke mu gusesengura no gusobanura Bibiriya byatumye
benshi bigisha macuri ijambo ry’Imana. Imbaraga zishyirwa mukwigisha ko
iby’Imana ari iby’abaswa, abakene, ko abakire bazarimbuka, ko nta mutunzi wa
kwinjira mu bwami bw’Imana, ko nta mpamvu yo gushaka ubutunzi bw’isi kandi
izarimbuka n’indi myumvire mibi ya bantu yitiriwe Ijambo ry’Imana. Bibiriya yo itweretse neza ko mubo Yesu yaje
gukiza n’abatunzi barimo, iyo bitaba bityo Yesu yari kumera nk’abantu
ntiyinjire kwa Zakayo. Ariko Imana ntabwo irobanura kubutoni, abakire n’abakene,
abakomeye n’aboroheje, uyizera wese imushoboza guca muri rya zuru ryusushinge,
ariyo nzira ifunganye abizera ducamo twinjira mu bwami bw’Imana.
Pasitori Kubwimana Joel
Comments
Post a Comment