Ingaruka zo gusinzira ku umugore



Iriburiro





Mu 1 Abami 3:16-28, tuhasanga inkuru y’abagore babiri tubwirwako bari maraya. Akenshi iyo ababwiriza butumwa babwiriza kuri iyinkuru bashyira imbere kugaragaza ubwenge Salomo yari afite bwo guca imanza zitabera, kandi nibyo. Yewe no muri Bibiriya Yera iyi nkuru bayihaye umutwe uvuga ngo : “Salomo acira abagore babiri imanza”, urumvako nabo bitsa kurubanza. Jye narebye irindi somo rikomeye riri muri iyi nkuru, kandi rijyanye n’igihe turimo. Iyo urebye muri iki gihe ubona ub’umuntu bugenda buva mu bantu, abana nti bubaha abakuru, abakuru nabo ni uko nti bubaha abana. Abantu bakomeje kuba ba nyamwigendaho cyane, igiteye ubwoba ubwicanyi, ubusambanyi, n’ibindi bikorwa biteye isoni biriyongera kandi bikorerwa ku karubanda. Hari impamvu nyinshi zituma isi irushaho kuba gutya, Pawuro yabivuzeho  2 Timoteyo 3:1-13. Bivuze ko ibyo ndavuga muri iki cyigisho, ari bimwe muri byinshi betera ibyo turi kubona bitari byiza aho dutuye, dukorera, dusengera, twiga nahandi ntavuze. Nkuko umutwe w’inyigisho ubigaragaza ndaza kwibanda cyane ku bagore, tugendeye kuri iyi nkuru dusanga mu gitabo cyambere cy’Abami. 

1.      Gusinzira

Mu busanzwe gusinzira bivuze ko umuntu yagize ibitotsi hanyuma agasinzira, yaba aryamye cyangwa yicaye cyangwa ahagaze. Nibyo muri iy’inyigisho turavuga kuri ubu buryo bwo gusinzira busanzwe. Ariko hari n’uburyo bwo gusinzira, mu kutamenya, kudasobanukirwa, uzuva bavuga ngo “ runaka arasinziriye” batavuga ko asinzirijwe n’ibitotsi, ahubwo ko wenda atazi ibigezweho, atumva ibintu uko abandi babyumva. Ubu nabwo n’ubundi buryo bwo gusinzira muri iyi nyigisho turavugaho. Ariko cyane jye ndakoresha gusinzira mu buryo bwo kuba mu byaha bituma umuntu aba mu mwijima, ntabashe kuba umucyo kandi aribyo abizera Yesu duhamagarirwa (Matayo 5: 14-16). 

2.      Igihe abagore babiri bari basinziriye n’ijoro 

 Umwanditsi atangira, avuga ngo bukeye,  bivuze ko hari indi nkuru yari yabanjiriye ibyo agiye kuvuga. Inkuru ibanza ivuga uburyo Salomo yasabye Imana ubwenge kugirango abashe kuyobora ubwoko bwayo. Iyi nkuru ya bagore babiri, iza imize nk’isuzuma ryo kureba koko k’umwami Salomo afite ubwenge bwo guca imanza zitabera. Umwnditsi wanditse iyi nkuru akoresha amagambo ya banyiri ubwite. Abagore babiri bageze imbere y’umwami Salomo bigaragaraga ko ikibazo cyabo cya naniranye.  Aba bagore babanaga ari babiri gusa, mucyumba kimwe hamwe n’abana babo bari bakiri impinja. Abana barutanaga iminsi itatu gusa, mu ijoro baryamye umwe muribo yaryamiye umwana we arapfa. Mugicuku ukurikije ibyo mugenziwe yavuze akangutse asanga umwana we yapfuye. Niko gufata umwana muzima akamushyira mu gituza cya, uwa pfuye amushyira mu gituza cya mugenziwe wari ukiryamye, nawe arongera  arasinzira. Kare mu mu museke undi abyutse, asanga umwana we yapfuye. Ariko ngo mu gitondo amwitegereje neza asanga umwana wapfuye atari uwe, niko gutangira kujya  impaka.  
Mbere yo kujya ku impaga zabo nuko zakemutse, reka twibaza, ni gute waryamira umwana w’uruhinja nta take? Ese atatse ni gute utumva ko umwana ari gutaka? Uretse n’umuntu, iyo ukandagiye ipusi, ihita itaka, imbwa nuko, none uyu mwana w’uruhinja tuvuge ko atigeze ataka? Ko atateye utuboko cyangwa utuguru? Jye numva uyu mwan yaratatse ariko aba babyeyi bombi nti bamwumva kugeza apfuye. Bari bashyizweyo, bari basinziriye pe, kandi birumvikana kuko uburaya no kurera umwana byari ibintu bitaboroheye bibatera umunaniro wo gusinzira kuburyo batumva ko umwana ataka. Ikindi uretse no gutaka, ni kenshi nabonye abagore cyane abafite impinja bamenya ko umwan agize ikibazo, yawe niyo babaga batari kumwe n’umwana. Ukumva umugore ati, ndumva amabere akoranye, reka jya kureba umwana wajye icyo abaye. Undi ati, ndumva umwana wajye arira, kandi umwana ari mu rugo we ari nko ku rusengero, agataha kandi agasanga ariko bimeza. Bivuze ko amezi icyenda umugore amara atwite umwan haba hari umubano, afitenye nuwo mwana kurenza abandi bose, yewe na se wu mwana. Kuki aba bagore bombi habuze n’umwe ugira ibyo bicuro byo kumva ko hari ikintu kibi kiri kuba kumwana? Ese uyu wakangutse mbere yaba yarakanguwe nuwo mutima? Siko mbyumva kuko bigaragara ko yakangutse umwana yamaze gupfa kare. Ikigaragara aba bagore bombi basinziriye ku mubiri, ariko basinzirira no mubyaha, kuburyo hari ibyiyumvo bya kibyeyi bari barimo gutakaza. Cyane uyu mugore wa kangutse mbere, ibaze gusanga umwana wawe yapfuye, nturire, ntu tabaze, ugahita ugira igitekerezo cyo ku mugarana. Tuvuge se ko yarize uyu mugenzi we nta byumve? Si ko mbyumva, ahubwo uyu mugore yari yaragoneye mu byaha kuburyo nta mutima wa kibyeyi yari agifite. Ibi turaza kubibano tugeze kurubanza. Ariko icyo mbona aba bagore bombi bari bafiti gusinzira kurenze ukwibitotsi by’umubiri, ahubwo no muburyo bw’umwuka bari basinziriye. 

Umugore umwe yarakangutse undi akomeza gusinzira kumanywa yihangu 

Umugore umwe akomeza abarira umwami Salomo inkuru, amubwira ko mu gitondo yitegereje umwana neza agasanga uwapfuye atari uwe. Niko kubibwira mugenzi we ariko nawe arahakana ati, uwapfuye nuwawe. Impaka zabo bombi biragaragara ko zananiye abayobozi bibanze kugeza urubanza rwabo rugeze ku mwami Salomo. Imbere ya Salomo bakomeje guterana magambo, nibwo umwami yakoresheje ubwenge Imana ya muhaye ati uwo mwana muzima mu mucemo ibice bibiri, buri mugore mumuhe igice kimwe. Umugore wari wa kangutse, kuko yashoboye no kumenya umwana we, ati oya ahubwo uwo mwana nubwo ari uwajye si nifuza ko apfa mu mureke amujyane. Undi kuko yari akiri kugona ku manywa yihangu ati, oya nibyo ni bamucemo ibice bibiri twembi tu muhombe. Urumva umutima w’umugore usinziriye? Kuko yari azi neza ko umwana atari uwe, kuko uwe yari ya mwiyiciye, ati ni bamucemo ibice bibiri. Urumva ko we yifuzagako mugenzi we nawe abura umwana we. Ariko kuko bigaragara ko yari ataragera ku rugero rwo ku gona kumanywa yihangu ati umwana mu mureke amujyane. Salomo niko guhita avuga ko umwana bamuha umugore wa mugiriye impuhwe, kuko bigaragara ko ariwe nyina w’umwana. Uyu mugore wa mbere waryamiye umwana we agapfa, kugeza aho yifuza ko nuwo yari yibye, yicwa bigaragara ko yari yarasinziriye mubyaha. Kugeze aho ahangara kwemera ko umwana, acibwamo ibice bibiri. Ese  abagore bameze nkuyu wari wara ngoneye mubyaha bariho n’uyu munsi? Ibyo tubona, twumva muri iki gihe  bigaragaza ko bariho. 

Ingaruka zo  gusinzira ku umugore

Uyu mugore utagira impuhwe twumvise muri iyi nkuru yo muri Bibiri, ubwo yaryamiraga umwana akamwica ntabwo yishe umwana gusa, ahubwo yishe n’abari kuzamukomokaho “she killed a generation”.  Bivuze ko iyo umugore asinziriye mu buryo busanzwe bw’ibitotsi yica umwana n’abari kuzamukomokaho, kimwe n’igihe umugore asinzirijwe n’ibyaha, yica abana n’urubyaro rwabo, yewe n’imiryango bashatsemo. Umugore usinzirijwe n’ibyaha nta mutima wa babyeyi agira, nta mpuwe, kuriwe umwana aba akwiye gucibwamo ibice. Muri iki gihe hari abana benshi baciwemo ibice bibiri, n’ababyeyi biturutse ku gusinzirira mubyaha. Ibaze kumara amezi icyenda utwite umwana, warangiza ukajungunyira, umukozi, ababyeyi bawe, umusore mwabyaranye, ibigo by’impfumbyi, cyangwa ku muhanda. Uyu mwana akurana igikomere cyo kutarerwa n’umubyeyi  akenshi uba uriho arutwa nutariho. Keretse iyo agiriwe umugisha Imana ikamufasha gukanguka, nk’uyu mugore wa kabiri wageza aho akanguka, ati uwana nti mu mucemo kabiri. Igikomeye umugore usinziriye mu byaha, aba ameze nka wawundi wiba ahetse, kuko abayigisha uwo ahetse. Niyo mpamvu muri iki gihe ubona abana benshi batakigira ababyeyi babereka umutima wa kibyeyi, usanga nabo bakura nta mutima wa kimuntu bafite. Abana basigaye biyicira ababyeyi babo, umwana w’umukwobwa w’imyaka 12, 15, 25, kuzamuka nta gitinya gusambana n’umugabo ungana cyangwa uruta se, yewe tuvuge sekuru, umusore ni uko, kuki? Kuko baciwemo ibice bibiri, nti bahawe uburere bwuzuye. Barereshwa, amata, amashuri, abakozi, ariko nti barereshwa ijambo ry’Imana niko gucamo ibice mvuga. Ijambo ry’Imana riti: “ Menyereza umwana inzira akwiye kunyuramo, Azarinda asaza atarayivamo.” (Imigani 22:6). Ese muri iki gihe abana babonana  n’ababyeyi babo kangahe? Niba umugore wagiye ku bise, tutirengagije ko hari abahitamo kutajya kubise kandi bakabyara, nta mpuhwe agira zo kumenya abana, ba bagabo biyumva ko ari abatware nibo bagirira abo bana impuhwe? Ijambo ry’Imana riti: “Mbese umugore yakwibagirwa umwna yonsa, ntababarire uwo yibyariye? Icyakora bo babasha kwibagirwa, ariko jye sinzakwibagirwa.” (Yesaya 49:15). Aya magambo Imana yavugiye mu muhanuzi wayo Yesaya arakomeye, ubundi umugore n’Imana imuzi nkugira impuhwe, udashobora kwibagirwa konsa, kutababarira uwo yibyariye. Ariko kuko Imana izi itangiriro n’imperuka, ati yego birashoboka ko bo (abagore) bakwibagirwa. Uretse ibyaha nta kindi cyagombye gutuma umugore yibagirwa konsa umwana yibyariye, ngo abure kumugirira impuhwe. Kwishyira hejuru, kwigira ibyigenge, ubusambanyi, ubusinzi, gushaka indamu mbi, ubwibone, bitumye bamwe mubagore muri iki gihe bari kugona mubyaha, kuburyo bibagirwa urubyaro rwabo. Ingaruka, nibi tubona abana babakobwa  birirwa bishyira kukarubanda, nko niba “slay queen” bwacya ejo nko yafashwe kungufu, kandi ibyo bakora bigaragaza ko ari banyirakazihamagarira. Ni abana babahungu bishora mubujura, ibiyobyabwenge, kuko nta burere bahawe. Byumvikane neza ko ntari kumvikanisha ko abagore aribo bonyine bakwiye kwita kuburere bwa bana, ahubwo ndavuga aho uburere bwibanze bupfira. Ntabwo umugabo amara ameze icyenda atwite, ntabwo umugabo yonsa umwana, abagabo nti wababaza ibise icyo aricyo, ibi bijye bitwibutsa ko ibyo twiha byose tuvuga uburinganire, ko bidakuraho ko umubago atadukanye n’umugore mu miremere. Niyo mpamvu hari uruhare rukwiye kwibutswa abantu ko umugore ariwe muyoboro ugeze umwana ku isi, kandi akaba n’umusingi ukomeye w’uburere bw’umwana. Niyo mpamvu iyo umugore asinziriye, yica uwo mwana n’abazamukomokaho bose. Ya sinzirira mubyaha akica abana, n’abo mu gehe cyabo bose (jenerasiyo yose).  

Umusozo 

Nti dushobora kubuza umubiri kuruhuka, ngo tureke kuryama dusinzire, ariko nti dushobore kwemerera umubiri wacu ibyo wifuza byose. Kuko ibyo umubiri wifuza byose siko bituma umubiri uruhuka. Bimwe muribyo bizana gusinzira mu buryo bwubujiji, no gusinzirira mubyaha. Ibi rero birica, kandi ntabwo byica abana gusa, byica nabo mugihe cyabo bana. Birakwiye ko abagore muharanira kwirimbisha imirimo mwiza, ibera abagabo banyu, nabana banyu urugero rwiza rutuma bakira bagakiza nabo mugihe cyabo, aho gupfa ngo bice nabandi. 

Umwanditsi: 

Pasitori Kubwimana Joel 


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'