Kwibuka Mahoro Giovanni
Mu Rwanda hari
indirimbo zagiye mu mitama y’abantu mu bihe bitadukanye. Nyuma ya Jenoside ya
korewe Abatutsi 1994, indirimbo ‘Ifoto y’Urwibutso’ ya Korari Itabaza yo muri
ADEPR Bibare, yarakunzwe cyane kuburyo itasibaga mu indirimbo abantu basabaga
cyane kuri Radiyo Rwanda. Muri iyi ndirimbo Itabaza baririmba bavuga uburyo abo
bakoranye umurimo w’Imana, bishwe muri Jenoside, imibereho yabo igihe bari
bakiriho ari ifoto y’urwibutso babasigiye. Uko babanaga n’abandi, ishyaka ry’
umurimo w’Imana bagiraga, ko ariyo foto y’urwibutso ba basigiye.
Kuwa 25 Mutarama 2016,
niho n’umvise inkuru ibabaje y’urupfu rwa Giovanni Mahoro. Dusengimana
Valantine twaririmbanaga muri Korali Integuza yo muri AEBR Butare Ville, wakoraga
kubitaro bya Kaminuza I Huye, niwe wa mpamagaye ati “ uziko Giovanni y’itabye
Imana? umurambo we bawuzanye hano ku bitaro.” Ntabwo nahise byemera kuko ako
kanya nahise jya kubitaro, turahura
tujyana aho umurambo wari mu buruhukiro. Nari nabaye nka Tomasi wemeye ko Yesu
yazutse aruko amwiboneye, abonye n’inkovu ze. Ubwo umusaza ukora aho mu
buruhukiro niwe wambwiye ati nibyo koko wa musore twakundaga twese y’itabye
Imana. Si nakubwira uko niyumvaga kuko hari hashize iminsi itatu gusa, Giovanni
avuye iwajye aho twari turi kuganira kuri gahunda y’ivugabutumwa dukoresheje
amakorari yo muri Huye.
Ntabwo uyu munsi icyo
ngendereye cyane ari ukubabwira Imibanire yajye na Giovanni, kuko nzi neza ko
hari benshi bari inshuti ze muri Huye, no mu Rwanda muri rusange. Ahubwo
ndagirango nk’ubwire ubutumwa bwe bwanyuma yatugejejeho, aribwo bwari n’ishingiro
y’igiterane twari turi gutegura. Bajya bavuga ngo ‘Inyana niya mweru’, ubwo
nahuraga na mama wa Mahoro Giovanni nibwo namenye neza, aho akura umutima wo
kubana n’abantu bose amahoro. Mu minsi ishize nibwo twumvise uko muri ADEPR
hari amategeko yari amaze iminsi atagikurikizwa ari kongera gushyirwago,
akumira imikoranire mwiza, n’imigendanire mwiza hagati y’Abizera baturuka mu
matorero atadukanye nabo muri ADERP cyane Abahanzi n’abavugabutumwa. Mu gihe
cy’umwaka n’igice nziranye na Mahoro Giovanni ntabwo nigeze mubonaho ivangura rishingiye
ku Itorero. Yewe abamukurikiranaga kuri Radiyo Salus cyane ku cy’umweru
mugitondo mu kiganiro tujye gusenga, bazi
neza ko yaheraga ku Abisiramu babaga
basenze kuwa 5 agashyiraho indirimbo zabo, Abadivantisite, bikaba uko, yagera
ku cy’umweru ati reka duhere muri, ADEPR, Tujye Methodist, Restoration,
Apostolic, AEBR, Catholic n’ahandi. Umwihariko we kandi n’uko yibandaga ku
makorari yo muri Huye, kuko ubwe yatwibwiriye ko kuba Radiyo iri I Huye, iba
ikwiye no kuzamura ibikorerwa I Huye.
Ubwo muri Korari
Integuza twari tumaze gusohora indirimbo, twatunguwe no kumva buri cy’umweru
indirimbo zacu kuri Radiyo Salus. Kuko mu Rwanda havugwaga icyo bitaga “Giti”
gutanga amafaranga ku banyamakuru ngo bashyireho indirimbo z’abahanzi, cyangwa
korari, bya nte gushaka kumenya impamvu we numva akora impande zose atavangura.
Nari mwarimu mu Itorero nkaba n’umutoza wa korari, bityo nari nzi neza ko
ntacyo korari yatanze kuri Giovanni ngo ajye ashyiraho indirimbo zacu. Ubwo
naramutumiye aza ku rusengero turi muri repetisiyo turaganira, nibwo
yadusobanuriye Misiyo yari afite. Kuri Giovanni Mahoro indirimbo yazifataga
nk’imiti yomora, ivura imitima y’Abanyarwanda. Nk’umunyamakuru wa koraga
n’ibiganiro bijyanye n’amateka, yari azi neza ko nyuma y’ibibazo abanyarwanda
banyuze mu bikomeye bityo ko hari hakanewe ubutumwa bwomora Imitima. Aho niho
yahereye atugira inama zo gukomeza kuririmba indirimbo zifite ubutumwa, kandi
ziri mu kinayrwanda ururimi abanyarwanda bumva. Mu indirimbo 10 twari
twasohoye, yatubwiye ko yakunze iyitwa “Igitaramo”, iyi ndirimbo ivuga ku
igotaramo kizabera mu ijuru twese dufitiye amatsiko. Kuva ubwo yatangiye kujya
ambaza amakuru y’amakorari, indirimbo yasohoye, aho niho havuye umubano hagati
ya Giovanni Mahoro, na Korari Integuza yo Muri AEBR, Korari Elimu yo muri ADEPR
Sumo, na Girugali yo muri Apostolic Cyarwa. Iminsi itatu mbere y’uko yitaba
Imana yari yaje iwajye turi kuganira ku gitaramo ayo makorari yari guhuriramo
n’andi yo muri Huye, twumvaga twatumira mu rwego rwo kuvuga ubutumwa bwiza.
Wagira ngo yari azi ko agiye kutubanziriza kujya gutegura icyo gitaramo cyo mu
Ijuru. Nti yahwemaga kuvugako byaba bibabaje abantu barimbutse kandi Imana
yaraduhaye impano yo kuririmba ikora ku mitima ya benshi. Kuri Giovanni kugirango igitaramo cyo mu ijuru
kizitabirwe twagombaga gushyira imbaraga mu ivugabutumwa, rihindura imibereho y’abantu.
Ubutumwa bwe bwari ugutegurira abantu
kuzaba mu gitaramo cyo mu Ijuru. Ubwo yaherukaga kuza k’urusengero rwa AEBR I
Tumba, baramwakiriye bamuha ijambo ngo agire icyo avuga, nawe ati “Mfit’amatsiko
yokuzumva indirimboo….” Ubwo aba atangiye gutera iyo ndirimbo ‘IGITARAMO’. Muri
make abamuzi bazi ko yagiraga amagambo make kandi y’ubwenge.
Kuwa 25/01/2017, ubwo
twateguraga amateraniro yo ku mwibuka kuri AEBR, hamwe n’amakorari navuze,
n’abambasaderi ba Salus, twa tunguwe no Gusanga mama we nawe yari azi indirimbo
z’amakorari yakundaga. Nawe twafatanyije kuririmba iyo ndirimbo ‘igitaramo’. Uyu munsi ndabizi ko hari
gahunda yo kumwibuka irabera I huye, aho haraba kugera ku irimbi I Ngoma aho
ashyiguye, nyuma hakaba guhurira hamwe mu rwego rwo kuganira ku buzima bwa
Giovanni twa kundaga, dukunda kuko imirimo ye ikivuga, nk’ifoto y’urwibutsi
yadusigiye. Ndagirango gusabe guharanira kuzaba mu gitaramo giteye amatsiko
kizabera mu ijuru. Mfite ibyiringiro ko tuzasangayo mweneda Giovanni Mahoro
maze turirimbane indirimbo yo kunesha muri icyo gitaramo. Ngaho nawe “ gira
umutwe wo kwezwa uzabe muri icyo gitaramo.”
Imana ibahe imigisha.
Umanditsi:
Pasitori
Kubwimana Joel
Umunyeshuri
muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller
Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana
Comments
Post a Comment