Kuki Yesu Yabatijwe na Yohana?
Iriburiro
Muri
gahunda yo gusoma Ijambo ry’Imana buri munsi, ubu turi gusoma igitabo cya
Matayo. Ikibazo twibajije muri iki cyumweru kirebana no gushaka kumenya impamvu
Yesu ya Batijwe na Yohana. Matayo igice cya 3, hatangira hatwerekako Yohana yabatizaga
abantu kuko bari barataye Imana bakajya mubyaha. Bivuzeko Yohana yabatizaga
abanyabyaha, kuko icyambere yabasabaga kwari ukwihana, umubatizo ugakurikiraho.
Ubwo Yohana yarimo abatiza yabwiye abantu ko inyuma ye hari undi umuruta,
uzabatirisha Umwuka n’umuriro. Akivuga ayo magambo Yesu aza amusanga ngo
amubatize.
Impamvu Yesu yabatijwe (Matayo 3:11-17)
Hari
abashobora kugirango gusubiza impamvu Yesu yabatijwe biroroshye, oya. Matayo
3:13-14, ubwo Yesu yasangaga Yohana ngo amubatize, Yohana byaramushobeye, kubwa Yohana Yesu niwe wari ukwi kubatiza Yohana. None niba Yesu
atari umunyabyaha kuki yasabye Yohana ku mubatiza? Iki nicyo kibazo twibaza,
tugirango turebeko twabasha gusoma neza tukabona igisubizo. Abasesenguzi ba
Bibiriya bakunze gutanga impamvu zitadukanye, kandi nibyiza birafasha mu
gutekereza no gusesengura Ijambo ry’Imana. Jye ndi mu bakunze gushyira imbere
Yesu mu kumva Ijambo ry’Imana, bityo sijya kure yigisubizo Yesu yahaye Yohana.
Matayo 3;15, “Yesu aramusubiza ati “ Emera ubikore, kuko aribyo bidukwiriye ngo
dusohoze gukiranuka kose.” Aherako aremera.” Yohana wari wanze kubatiza Yesu
kuko atabonaga impamvu ya mubatiza, yemeye kumubatiza kugirango we na Yesu
basohoze gukiranuka kose. Ese “GUSOHOZA GUKIRANUKA KOSE” ibi bishatse kuvuga
iki?
Yohana Yakoresheje ubuhanuzi bwa Yesaya avuga
ko ari ijwi ry’urangururira mubutayu ati “ni mutunga inzira y’Uwitega,
mugororore inzira ze”. Yohana yarimo akora akazi ke, Yesu nawe byari bikwiye ko
asohoza ibyahanuwe kuriwe byose. Bityo kubatizwa kwe ntabwo byamugize
umunyabyaha ahubwo byagaragaje gukiranuka kwe. Yesaya 53:11 “ Umugaragu
wajye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azishyiraho
gukiranirwa kwabo. Kubatizwa kwa Yesu
kwari kugamije gusohoza gukinaruka kose, kuko Yesu akiranuka byari bikwiye ko akora
ibyo gukiranuka, asohoza ibyahanuwe kuriwe byose.
Kubatizwa kwa Yesu bishushanya iki?
Bivuze iki?
1. Kubatizwa kwa Yesu bigaragaza guca bugufi kwa Yesu, ashyigikira Yohana mu murimo wo kugarura abantu ku Imana.
2. Kubatwiza
kwa Yesu byarekanaga intangiriro y’Umurimo wari waramuzanye wo gucungura
abntu. Byari bikwiye ko yisanisha nabantu, nkuko Yesaya yabivuze, akishyiraho
ibyaha byabo. Aha hari abasesenguzi bagererenya Yesu na yantama umutambyi yatambaga kubw’ibyaha bya
Bisiraheri bose rimwe mu mwaka. Kugereranya Yesu n’intama yatambwaga nta kosa
ririmo kuko n’ubundi yazanywe no kuba igitambo kizima cyera gishimwa n’Imana,
gikuraho ibyaha byabo mu isi.
3. Kubatizwa
kwa Yesu kwabaye urugero kubazamwizera bose. Bityo nkuko ukiranuka yisanishije
natwe abanyabyaha niko natwi biba bikwiye ko igihe tumwakiriye mu mitima
yacu, tuba dukwiye kwisanisha nawe mu kubatizwa kwacu. Aha twibuke neza ko
Yesu yabatijwe muburyo bwo kwibizwa mu mazi menshi, mu mugezi wa Yorodani. Ibi
tubona byo kubatiza ku gahanga byri bitarabaho, kuko byatangiye ahagana mu
kinyejana cya kabiri kirangira ikinyejana cya gatatu gitangira nyuma ya Yesu. Byatangiye ari
umubatizo wabatizwaga abarwayi batashobora kwibizwa mu mazi, bifata indi ntera
ubwo hari hatangiye kubatizwa abana bakiri impinja, nyuma icyatangiye ari “clinic
baptism” bivuze umubatizo wo kwa muganga, kuko kubatiza kugahanga nkuko
twabivuze byatangiye bikorerwa abarwayi gusa, nyuma amatorero amwe abisimbuza
umubatizo wo mu mazi mesnshi Abayuda, Yesu, n’abizera bambere babatijwe. Impamvu
mbaje kuvuga ku mubatizo wo mu mazi menshi “kwibizwa” n’umubatizo wo kugahanga
ni uko, nyuma yo gupfa no kuzuka kwa Yesu, tubonako umubatizo wahawe ikindi
gisobanuro, soma 1Petero 3:21. Umubatizo ushushanya gukizwa atari uko amazi
akuraho ibyaha, ahubwo ni isezerano rikirisha kuzuka kwa Yesu Kristo. Umubatizo waje gufata ishusho yo gupfa no kuzuka kwa Yesu, aho ubatizwa iyo yibijwe mu mazi biba bishushanya ko apfuye kuri kamere y'icyaha, yakurwa mu mazi bikaba bishushanya kuzukira kubaho ubuzima byubahisha Imana.
Imana
Ibahe imigisha kandi mukomeze no gufashwa no gusoma Ijambo ry’Imana buri munsi
kuko aribyo bikwiye abizera Imana.
Pasitori
Kubwimana Joel
Comments
Post a Comment