Intambara nziza
Iriburiro
Mu rwandiko rwa kabiri
Pawuro yandikiye Timoteyo, igice cya kane, Pawuro avuga amagambo ameze
nk’umubyeyi uri kuraga umwana we. Ku
murongo wa gatandatu avuga ko ‘amaze kumera nk’ibisukwa ku gicaniro’, kandi ko
abona ko igihe cye cyo kugenda gisohoye. Ku murongo wa 7-8, niho avuga amagambo
nakuyeho umutwe w’inyigisho tugiye kuganira, “Narwanye intambara nziza,
narangije urugendo, narinze ibyo kwizera. Ibisigaye mbikiwe ikamba ryo
gukiranuka, iryo Umwami wacu, umucamanza utabera azampa kuri urya munsi, nyamara
sijye jyenyine, ahubwo ni abakunze kuzaboneka kwe bose.”
Hari byinshi twakura mu
magambo Pawuro ari kuvuga, ariko igikomeye n’ukumva ko hari intambara nziza.
Ubundi iyo twumvise intambara akenshi duhita twumva ikintu kibi, aho abantu
barwana, bakicana, bakica, bagasenga, bakangiza. Igihe twumva ko hari abahunga,
abicwa n’inzara, ababura abana, ababyeyi, cyangwa abo bashakanye. Mbese kenshi
intambara ikunze kujyana n’ibibi. None ni kuki umuntu nka Pawuro, umukozi
w’Imana ukomeye yavuga ko yarwanye intambara nziza? Ese bivuzeko hari intambara
mbi n’intambara nziza? Mbere yo gusubiza
ko hari intambara nziza n’intambara mbi reka tubanze tumenye intambara Pawuro
avuga yarwanye.
Intambara
ya Pawuro
Usomye, 2Timoteyo
4:1-22, ntaho Pawuro avuga ko yafashe inkota, icumu, umuheto, cyangwa izindi ntwaro
zakoreshwaga mu intambara mu gihe cye. Pawuro ntabwo avuga niba hari abo
yateranye nabo imigeri cyangwa ibipfunsi. Ahubwo Pawuro uri kumusozo w’ubuzima
bwe, ari kubwira Timoteyo umusore yabyaje ubutumwa, uko yakoze umurimo w’Imana.
Ingorene n’akarengane yahuye nabyo kubwo kwizera Yesu no kuvuga ubutumwa bwa
Kristo. Niyo mpamvu avuga ko ya Kiranutse
, kandi ko Yarinze ibyo kwizera. Muri
make Intambara Pawuro ya rwanye n’intambara yo kwizera no gukiranuka. Kuba Pawuro yari
kurugamba ryo kwizera no gukiranuka nibyo bitumwa intambara ye ayita intambara
nziza. Kuko yabonaga kumusozo wayo hari ibihembo ateganirijwe. Kandi turabizi
no muntambara zo mu isi abantu barwana, hari abahabwa impeta z’inshimwe ku
musozo w’intambara. Rero tudatinze reka tuvuge ko hari intambara nziza
n’intambara mbi.
Intambara
nziza n’intambara mbi
Habaho, intambara
nyinshi cyane. Ubu hari intambara zirwanirwa mu ikorana buhanga, izo benshi
tutamenya ariko zihitana abantu n’ibintu. Hari intambara z’amagambo kandi nazo
z’ihitana abantu n’ibintu. Hari intambara hagati y’ibihugu, cyangwa imitwe
iryanya ibihugu, hari intambara ziba hagati y’imiryango. Amoko, uturere
cyangwa amadini. Izo ntambara zose nti
twahita tuvuga ko ari mbi cyangwa nziza. Ikintu cy’igenzi gishobora kutuma
intambara iba mbi cyangwa nziza ni GITERA.
Gitera mvuga aha si izina ry’umuntu, ahubwo ni igitera intambara, impamvu ituma
intambara ibaho. Ibindi bishobora gutuma
intambara iba nziza cyangwa mbi n’uburyo
iyo ntambara iryanwa n’ ibyo abantu barwanisha. Kuri Gitera, hari imirongo
mwinshi yo muri Bibiriya yadufasha kumenye igitera intambara, ariko nahisemo
umwe. “Mbese muri mwe intambara ziva he,
n’intonganya ziva he? Ntibiva ku byo mwinshimira bibi, birwanira mu ngingo
zanyu?” Yakobo 4:1. Yakobo
abigaragaza neza, igitera intambara, amakimbirane, intonganya, amacakubiri,
n’ibiba mu ingingo z’abantu. Duhagarariye aha byaba byoroshye icyo gihe
dushobora no gukemura iki kibazo. Kuko abantu babaye aribo batera intambara,
byashoboka no ko twashaka uburyo bwo kubrinda, wenda mu inyigisho, cyangwa m’ubundi
buryo. Ariko siko biri, usomye umurongo neza, urasanga mbere y’uko intambara
isohoka mu muntu, hari indi iba yabanje muriwe. Ariho Yakobo avuga ngo “ ibirwanira
mu ingingo zanyu”. Hari urugamba rukomeye rubanza kuba mu bantu mbere yuko tubona
hanze abantu batangiye kurwana. Ese n’ ibiki biba birwanira mu muntu? Pawuro mu
rwandiko yandikiye itorero ryo muri Efeso asoza avuga intambara na none.
Abefeso 6:10 -18, muri iyi mirongo Pawuro agaragaza ko hari imbara, imyuka
yahantu ho mukirere ko ariyo dukirana nayo. Ibi nibyo bibanza kuba mu mutima.
Hari imyuka ibiri ijya iganiriza umuntu:
Umwuka w’Imana n’ umwuka wa satani. Bibiriya itwereka ko Umwauka w’Imana utajya
uruhanya n’abantu, iyo wanze kumvira ibyo Imana ikubwira mu mutima wawe,
wumvira satani. Iyo wumviye satani ibiva muri wowe nibyo bibyara intambara.
Niyo mpamvu Pawuro abwira abo muri Efeso ko bakwiye kumenya umwanzi nyawe:
imyuka ya hantu ho mu ijuru, abategeka isi y’umwijima, abo ngo nti bafite
inyama n’amaraso. Muri make
GITERA utera intambara ni satani. None niba satani ariwe utera intambara ni
gute uvuga ko hari intambara nziza? Ese hari icyiza gituruka kuri satani ?
icyo kibazo ni cyiza kukibaza, nta kintu cyiza satani akora. Akazike n’ukwica,
kuyobya, no gushaka abo azarimbukana nabo. Ariko Pawuro nawe cyangwa najye ibyo
ndi kuvuga ntabwo ari ‘ nateje intambara nziza ?’ oya ntabwo Pawuro yavuze
ngo nateje intambara nziza, ahubwo yavuze ko yarwanye intambara nziza. Kurwana
no guteza intambara biratadukanye. Ahubwo iyo ushoboye gutsinda intambara
satani ateza, uba urwanye intambara nziza. Kuko nta muntu numwe uriho ushobora
gutsinda Satani, iyo ataje intambara, bisaba ko ushaka gutsinda yisunga
uwabasha gutsinda satani. Ushobora gutsinda satani ni umwe, ni Yesu Kristo.
Niyo mpamvu Pawuro yavuze kwizera no gukiranuka. Izindi ntaro azivuga mu
Rwandiko yandikiye Abefeso twavuze haruguru.
Twavuze ko ikindi gitumwa intambara iba mbi, cyangwa nziza ari uburyo tuyirwana,
n’intwaro turwanisha. Uburyo butuma intambara iba nziza ni igihe turwana tuzi
neza umwanzi, ko atari umuntu ufite inyama n’amaraso ahubwo ko ari satani.
Bivuze ko ar’ukurwana intambara yo mu buryo bw’umwuka, atari kurwana mu buryo
bw’umubiri. Ariko satani we yifuza ko dutsindwa mu urugamba rwo mu mitima bityo
kugirango aduhindure ibikoresho byo kurwanisha yica, asahura abantu n’ibintu.
Ikindi intwaro turwanisha zishobora kwerekana ubwoko bw’intambara turi kurwana.
Ntabwo abizera barwanisha : ibitutsi, gutesha agaciro, gusuzugura, ingumi,
imigeri, amacumu, imbunda, nizindi ntwaro tubona abantu barwanisha. Oya, ahubwo
abizera barwanisha : Ukuri, Gukiranuka, Ubutumwa bwiza. Kwizera, Agakiza,
Ijambo ry’Imana, Gusengashe Umwamuka iteka. Umuntu wese uri kurugamba afite izi
ntwaro, uwo ari kurwana intambara nziza kandi ntabwo azatsindwa.
Umusozo
Ntabwo nzi intambara wowe uri kurwana, ariko icyo nziko satani niwe GITERA
utuma habaho intambara. Bityo kuko twe tutamunesha, hari uwamutsinze uwo ni
Yesu. Reka kwirirwa utongana, utukana, ubona ko abantu bakwanga. Oya, nta muntu
ukwanga, ahubwo satani arakwanga. Rero uwo ubona ko akwanga siwe ahubwo GITERA
ari muriwe. Umubago wawe umugore wawe, abana bawe, abaturanyi, abo mukorana,
abo musengana, abo bose sibo kibazo, ikibazo ni GITERA (SATANI). INTAMBARA
NZIZA NI UKUMENYA UWO TURWANA NAWE, TUKAMENYA UBURYO DUKWIYE KURWANA NAWE
N’INTWARO ZA MUTSINDA.
MUGIRE AMAHORO Y’IMANA
Umwanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri
Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller
Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana
Comments
Post a Comment