Bene Isakari: Kumenya igihe no kumenya icyo gukora
Iriburiro
Kumenya icyo gukora
n’igihe cyo kugikora n’ishingiro ry’iterambere mu mibereho ya bantu. Ushobora
gukora ikintu cyiza ariko kuko ugikoze mu gihe kitaricyo bikagugiraho ingaruka
mbi. Ushobora no kumenya igihe ariko ntumenye gukora ibikwiye muri icyo gihe,
ibi nabyo bigira ingaruka mbi. Bene Isakari bari mu bantu ba mbere basobanukiwe
no kumenya kugenzura igihe kugirango bamenye igikwiye gukorwa muri icyo gihe.
“Abo
mu Bisakari b’abanyabwenge bwo kumenya ibihe no kumenya ibyo Abisiraheri
bakwiye gukora, abatware babo bari magana abiri kandi bene wabo bose bumviraga
itegeko ryabo.” 1Ingoma 12:33. Mbere
yo gusesengura uyu murongo ugaragaza bene Isakari nk’abanyabwenge mu kugenzura
ibihe no kumenya icyo gukora, ni byiza kubanza kumenya bene isakari.
Isakari yari muntu iki?
Isakari
yari umuhungu wa cyenda wa Yakobo akaba uwa gatanu yabyaranye na Leya, ubwo
Racheli yemeraga gufata amadundayimu ya Leya akamwemerera ko Yakobo ari
bumuraze. Itangiriro 30:14-18. Izina Isakari risobanuye (umugabo
w’umukodeshanyo).
Ubwo
Yakobo yatangaga umugisha kubana be, yagereranije Isakari nk’indogobe. Nkuko
izina rye risobanura, Yakobo yamuraze kuba umuhinzi, Itangiriro 49:14-14. Uyu Isakari niwe Abisakari bakomokaho, abo Bibiriya
ivuga ko bari bafite ubwenge bwo kumenya kugenzura ibihe no kumenya icyo
gukora. Ab’Abanyarwanda twabyumva neza cyane, kuko umubare munini w’Abanyarwanda
batunzwe no guhinga. Kugirango umuhinzi atere imbuto abanza kumenya ibihe,
akamenya igihe cyo gutangira guhinga, icyo kubiba ni cyo gusarura. Abisakari
kuko bari abakozi babanyembaraga, barazwe kuba abo gukorera icyate, byatumwe
biga kugenzura ibihe kugirango bamenye ibyo bakwiye guhinga. Uko ubumenyi
bwiyongeraga bageze kurwego rwo kugenzura ibihe bakamenya icyo Abisiraheli bose
bakwiye gukora.
Abisakari mu gihe cya Dawidi
Umurongo
twatangiriyeho wo mu 1 Ingoma 12:33, uvuga ku muryango wa Isakari, iyo usomye
icyo gice usanga havuga imiryango y’Abisiraheri yasanze Dawidi I Heburoni aho
yimikiwe kuba Umwami w’Abisiraheri. Sawuri amaze gupfa ntabwo Abisiraheri bose
bahise bayoboka Dawidi, mu bayobotse Dawidi mu bambere harimo Abisakari. Aba
basobanukiwe ko Sawuri yabaye Umwami utarakoze ibyo Imana ishaka. Biryo amaze
gupfa bari mu bambere bamenye igihe ni gikwiye gukorwa. Bahitamo kuyobaka Dawid
wari warasutsweho amavuta ngo asimbure Sawuri. Ubumenyi bwo kugenzura ibihe
bwatumye bafasha bamwe mubisiraheri kuyoboka Dawidi, kandi birangira batsinze, Dawidi
aba umwami w’Abisiraheri.
Isomo twakura kuri bene Isakari
Igikenewe
si ukumva ijambo ry’Imana dusoma muri Bibiriya gusa, ahubwo kumenya gushyira
ijambo ry’Imana mu ingiro ni byo
byingenzi. Ntabwo twabasha gushyira ijambo ry’Imana mu ingiro, tutazi kugenzura
ibihe, no kugenzura ibihe gusa nti bihagije, hatariho kumenya icyo gukora. Matayo 16 1-4, Abafarisayo na
Basadukayo bari bafite ubumenyi mu byanditswe no mu mategeko ya Mose. Muri ibyo
byanditswe abahanuzi batadukanye, yewe na Mose bari baravuze ko Mesiya azaza.
Ariko ubwo yazaga nti babashije kumumenya, kandi bari bazi kugenzura ibihe. Bene
Isakari bo ntabwo bari bazi kugenzura ibihe muburyo bw’ubumenyi gusa, ahubwo no
muburyo bw’imyemerere. Ibi bigaragazwa nuko bamenye ko igihe cyo kuyoboka
uwasutsweho amavuta kigeze.
Benshi
mubizera muri iki gihe bameze nk’Abafarisayo na Basadukayo, usanga bazi igihe
cyo, kubiba no gusarura, igihe cyo kwiga ni gihe cyo gukora, igihe cyo kubyara
no kutabyara, igihe cyo gushaka no kudashaka. Ubumenyi bwariyongereye kuburyo
abantu bamenya ko mu mwaka itanu irimbere hazaba ubwira kabiri, nibindi. Ariko
kumenya igihe ijambo ry’Imana rivuga birenze ibyo turebesha amaso, ibyo ubwenge
bwacu bubasha gutekereza, ahubwo ni ukumenya kumvuria Umwuka w’Imana. Abafarisayo na Basadukayo bananiwe kumenya ko
Kristo ari kumwe nabo, niko benshi muri ik’igihe bananiwe kumenya ko ubwami
bw’Imana buri muri twe. Ibi biterwa no kuba abantu benshi barebesha amaso
y’umubiri kurusha amaso y’umutima. Kwizera Yesu no kumahanga amaso kumanywa na
nijoro nibyo bitubashisha guhumuka amaso y’umutima akabona, tukamenya igihe turimo n'igikwie gukorwa.
Umwanditsi: Pasitori Kubwimana Joel
Comments
Post a Comment