Itorero n'Umuryango








Itorero rigira ubusobanuro bwinshi, ariko Itorero tuvuga hano ni Umuryango w’Abizera Kirisitu. Itorero rya kirisitu ni rimwe ku isi ari ryo Torero ritagaragara, rifite abayoboke bari mu amatorero agaragarira abantu menshi ari ku isi. 

Muri iyi minsi turimo bigaragara neza ko umuryango mugari wasimbuwe n’umuryango w’abizera ariryo Torero cyangwa aho umuntu asengera n’abo asengana nabo. Usanga umukirisitu agira igihe kinini ku rusengero aho asengera, ugasanga afitanye ubusabane bwimbitse n’abo asengana kuko akenshi ari nabo yiyambaza mu bihe byiza cyangwa bibi. Ni byiza nk’umuryango kugira Itorero ryo gufatanya na ryo kuko bigira umumaro ukomeye, hari mo kunguka umuryango mugari wiyongera ku muryango mugari umuntu aba asanzwe abarizwamo ku buryo bw’isano ishingiye ku maraso. Maze igihe mba mu inama y’itoreo nsengeramo ni kenshi nabonye abantu baza mu inama y’Itorero kuvuga ko bafite ubukwe ariko benshi ijambo “nimwe muryango mfite” nti baburaga kurivuga. Bigaragaza neza ko Itorero rifite umwanya n’uruhare rukomenye mu mibereho y’abayoboke baryo.
Iyo umuryango ufite aho usengera biba byiza hatabayeho guhindagura insengero kuko bigira ingaruka zitari nziza ku muryango cyane cyane iyo ufite abana. Usanga abana bagenda bagira uburere butari bwiza kubera guhindagura inshuti, kandi no ku babyeyi biba uko.
Muri iki gihe usanga hari inyigisho zitadukanye mu matorero atandukanye, hari aho usanga umuryango udahabwa agaciro mu inyigisho zitangwa. Nibyiza kumenya neza ko kudahindagurika mu myizerere nk’umukirisitu ari ingenzi kugira ngo no mu mibanire hagati mu muryango hatabamo guhindagurika. 
Umuryango ukeneye Itorero riwitaho, mu buryo bw’ubujyanama, no mu buryo bw’ubutunzi mu gihe umuryango ugeze mu ubukene. Kandi Itorero rigirwa n’imiryango, bivuze ko umuryango uri mu inkingi zigize Itorero. Ni yo mpamvu ari byiza ko abayobozi b’Itorero bibuka ko umuryango nawo uri mu inshingano zabo. Hakwiye kubaho kuzuzanya hagati y’umuryango n’Itorero kugira ngo umuryango utere imbere n’Itorero naryo ritere imbere.  Itorero rikwiye kuzirikana ko iyo umuntu arigannye aba ashaka aho abona umunezero n’amahoro atahabwa n’umuryango we, inshuti cyangwa ubutunzi. Niyo mpamvu atari byiza kubona no kumva ingo zisenyuka nyinshi ziba iz’abari mu Itorero. Amatorero akwiye guha umwanya uhagije gahunda y’abubatse ingo mu rwego rwo kubafasha, kubahugura no kubagira inama ku mibanire myiza hagati y’abashakanye nuko bakwita ku miryango yabo batibagwiwe umurimo w’Imana. 
Hari igihe usanga gahunda yo mu Itorero iba intandaro y’amakimbirane cyangwa gutandukana kw’abashakanye. Urugero birashoboka ko umwe mu bashakanye adakijijwe, cyangwa akijijwe ariko atarakura mu gakiza. Iyo umwe mu bashakanye afashe gahunda cyangwa yitabiriye gahunda y’amasengesho, ivuga butumwa n’izindi zituma atarara iwe cyangwa atirirwa iwe biba byiza iyo habaye kubiganira mbere yo gufata icyemezo cyo kujya muri iyo gahunda. Usigaye wumva umuntu agira ati: “na tadukanye nuwo twari twarashakanye kuko yambuzaga gukorera Imana.” Ibi ni ubuyobe bukomeye Imana ntiyemera gutandukana, kandi n’iyo bibayeho ntiyemera ko abatandukanye bashaka abandi keretse biyunze bagasubirana, cyane ku Abakirisitu. Gutandukana nuwo mwashakanye ugashaka undi ni ubusambanyi kandi Imana ibwanga urunuka. Niba uwo mubana adakijijwe ibyo si ikibazo gikomeye kuko uwo ariwo murimo Imana iguhaye ngo umwerere imbuto bityo ahidurwe n’ingeso zawe nziza nk’uko Petero abigiramo inama abagore ababwira ko bakwiye kugira ingeso nziza kugira ngo abagabo babo n’ubwo baba badakijijwe bahindurwe n’ingeso zabo nziza. Ntibikwiye ko umurimo w’Imana uba impamvu yo gutandukana kw’abashakanye, ahubwo umurimo w’Imana ukwiye kuba ku isonga mu ibyubaka imibanire myiza hagati y’abashakanye.   

Imana Ibahe imigisha
Umanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'