Nta kanani nta Butayu




Nyuma y’imyaka mwinshi irenga magana ane Abisiraheri bari mu buretwa mu gihugu cya Egiputa Imana yaje kumva amarira no gutaka kwabo yohereza umugaragu wayo Mose kubakura m’uburetwa akabajyana mu gihugu cy’isezerano I Kanani.  Farawo ntabwo yahise yemera kurekura ubwoko bw’Imana ngo bugenda, ukwinangira kwe kwatumye haba ibyago bigera ku icumi muri Egiputa. Nyuma y’icyago cya cumi, aho impfura zose z’apfuye muri Egiputa n’impfura ya Farawo igapfa, Farawo yarekuye Abisiraheri baragenda ( Kuva 13:17-18) Hari inzira ebyiri zo kuva muri Egiputa ujya I Kanani mu gihugu Imana yari yarasezeranyije Aburahamu ko izaha urubyaro rwe. 
Inzira yambere yari inzira ngufi iva muri Egiputa ikanyura mu gihugu cy’Abafirisitiya I kagera I Kanani. Iy’inzira yari kubatwara ibyumweru bibiri gusa bakaba bageze I Kanani.
Inzira ya kabiri yari iyo kwambuka inyanja itukura bakanyura m’ubutayu bakajya I Kanani. Iyinzira yari ndende kandi iruhije, kuko harimo kwambuka inyanja, kuzamuka imisozi igikomeye kikaba kunyura mu butayu. Iy’inzira ndende kandi igoye niyo Imana yahisemo ko Abisiraheri banyura. Abisiraheri bavuye muri Egiputa bageraga kuri miriyoni eshatu. Ibaze miriyoni eshatu mubutayu ahantu hataba amazi, ibimera muri make ubuzima bugoye. Aho tubonako bigoye niho Imana igaragarira.

Kuki Imana itanyujije Abisiraheri mu inzira ica mu gihugu cy’abafirisitiya kandi ariyo ngufi? 
Imana muri kamere yayo ikora ibikomeye, kuko iteka igaragarira mu ntege nke z’abantu. Inzira z’ubusamu nizo abantu dukunda ariko Imana siko ikora, inzira ndende zigoye nizo Imana icishamo abantu bayo kugirango ibigaragarize babone gukomera kwayo.  Abisiraheri babonye gukomera k’Uwiteka ubwo ya bambutsaga inyajna itukura ingabo za Farawo zi karimbukira mu inyanja( Kuva 14: 15-31). Iyo Abisiraheri baca mu inzira yubusamu nti bari kubona iki gitangaza cy’Imana, kandi kwambuka inyanja kwa bongereye kwizera no kumenya ko Imana iri kumwe nabo. Inzira z’ubusamu nta mbaraga zisaba, Abisiraheri bari kwibwirako aribo bigejeje I Kanani, niyo mpamvu Imana yabacishije mu inzira ituma basobanukirwa neza ko Imana ariyo ibakuye muri Egiputa.
Ikindi cyatumwe Imana ihitamo ko Abisiraheri banyura mu butayu inzira ndende kandi igoye kwari ukubarinda gusubira inyuma igihe bari guhura n’intambara mu gihugu cy’Abafirisitiya. Kuko igihugu cy’Abafirisitiya cyari hafi ya Egiputa Abisiraheri bari guhura n’intambara bagahita basubira inyuma. Biroroha gusubira inyuma iyo uziko aho usubira ari hafi, ariko iyo uzi neza ko gusubira inyuma bidashoboka kubera urugendo rurerure kandi rugoye umaze gukora, ukomeza urugendo aho gusubira inyuma.  M’ubutayu  Abisiraheri bahuye nibigeragezo byinshi bitewe no kwizera guke kwabo. Babuze amazi Imana ibaha amazi, babuze ibyo kurya Imana ibaha manu, Imana yabagendaga imbere kumanywa na nijoro. Ariko Abisiraheri bagiye bayigomera kugeza ubwo Imana ihisemo ko abavuye muri Egiputa bose uretse Yosuwa na Karebu ko bapfira m’ubutayu.  Inzira yo m’ubutayu ya tumye Abisiraheri batubera akabarore nk’Abakristo banone (1Abakorinto 10: 11-13).  
Ubutayu nubwo bwari bugoye kubunyuramo igihe kigana n’imyaka mirongo ine, iherezo Abisiraheri bambutse yorodani bagera I kanani. Uru rugendo rw’Abisireheri rugereranywa n’urugendo Abakristo turimo. Uko Abisiraheri batari kugera I kanani nta butayu banyuzemo niko natwe tutazagera mu ijuru tutanyuze m’ubutayu aribyo bigeragezo ( Yakobo 1:12).  

Urugendo rw’Abisiraheri uko rugererannywa n’urugendo rw’Abakristo
1. Mose yari umucunguzi, umunyamategeko n’umuhanuzi k’ubisiraheri nkuko Yesu Kristo ari ku bakristo ( Gutegeka kwa kabiri 18:15-18)      
2. Amaraso y’umwana w’intama abisiraheri basize ku miryango yabo yatumye abana babo bimpfura badapfa, amarasoya Yesu niyo adukiza urupfi rw’iteka. Bariye umwana w’intama ( pasika) mbere yo guhaguruka muri Egiputa   ( kuva 12:1-15) Pasika yacu Abakristo ni Yesu ( 1 Abakorinto  5:7-8)  
3. Manu yahawe Abisiraheri m’ubutayu kugirango babashe kubaho ( Kuva 16:4) ku bakristo twahawe ijambo ry’Imana nk’umugati utunga umuntu wacu wi mbere. 
4.  Abisiraheri banyoye amazi m’ubutayu ava m’urutare ( kuva 17:6), Abakristo Yesu niwe mazi tunywa tugashira inyota ( 1Abakorinto 10:4)
5. Umutambyi Aroni niwe wezaga Abisiraheri (kuva 28: 36-40) Abakristo umutambyi utweza ni Yesu ( Abaheburayo 7: 23-28.  

Hari byinshi urugendo rw’Abisiraheri ruhuriyeho n’urugendo rwacu Abakristo, tugomba kwitonda kuko Abisiraheri benshi baguye m’ubutayu kubera kwinangira nti bumvire Imana. Urugendo turimo harimo ibigeragezo byinshi bishobora gutuma dutezuka tu kitotombere Imana, ariko dufite Imana iri kumwe natwe muri byose. Ntizadusiga ntiza duhana niyo mpamvu dukwiye gukomeza urugendo nubwo hari ibigeregezo byinshi mu inzira ducamo. Haribyo Imana yakoze tu dakwiye kwibagirwa. Imana ibashoboze tuzabashe kugera mu gihugu twasezenanijwe tutaguye m’ubutayu. 

Umanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'