Niyibikora Nicolas: Urugero rwiza rugaragaza mpamvuki ari ngobwa kwiga teworojiya cyangwa iyobokamana


Iriburiro 

Kuwa 10/02/2017, ubwo nari ndi gusoma amakuru ari ku mbuga nkoranya mbaga, nabonye ku igihe.com umutwe uvuga ngo “Kugereranya Itorero n’umugore ni iby’injiji itazi Bibiriya”- Pasiteri Mpyisi. Ntabwo nitaye gusoma inkuru kuko kenshi hari igihe jya mbona inkuru zitiriwe Pasiteri Mpyisi kandi atariwe, cyangwa ibyo yavuze abantu babihiduye urwenya. Kuri iki cyumweru ubwo nari mvuye gusenga nibyo mu rubuga rumwe rwa whatsApp mbamo nabonye audio nyifunguye numva ni icyigisho. Ariko mukumva icyo cyigisho natunguwe  nuburyo Bibiriya Ijambo ry’Imana irigukoreshwa nabi n’umuntu wiyita uwahishuriwe n’Imana yewe wigishijwe Bibiriya n’Imana.  Uburyo Imana yahishuriye uyu muntu ko hari bihwanya hagati y’umugore n’Itorero, byantunkuye nibaza Imana avuga iyo ariyo biranyobera. Ikibabaje ni uko yavugaga ko ibibi byose byakomotse ku bagore. None umugore ya ririmye? Kuki Imana yavuzeko ibyo yaremye byose ari byiza? Ibibazo byahise biba byinshi muri jye kuko mu magambo mensi arimo ubumenyi buke uyu muvugavutumwa yakoresheje harimo ko “hari urugamba hagati yabize Bibiriya muri zakaminuza na bigishijwe Bibiriya n’Imana.” Kumva avuga gutyo umuntu wese wize ujijutse wumvise uyu muvugabutumwa yahita yirinda kugira icyo amusubiza cyane ko kumwumva uzi Ijambo ry’Imana ari nko kumva umuntu uri gusenya Bibiriya. Umuntu uri kwigisha ibihabanye kure nukuri kwa Bibiriya.  
Nagize amatsiko mpita nsubira ku igihe.com jya kureba ya nkuru nabonye umutwe wayo ndayisoma noneho. Icyambere nasanze ibyo numvise kuri audio aribyo inkuru ivuga. Ikindi menya izina ry’umuvugabutumwa wavuze ububutumwa bupfuye buhabanye n’Ijambo ry’Imana.  Nkimara kumva ubutumwa bwa Niyibikora Nicolas, nahise numva ko icyiza atari ukumutera amabuye ahubwo ari ukumufasha atari wenyine kimwe nabandi benshi bari mu murongo arimo, batiga ijambo ry’Imana bavugako bigishijwe n’Imana. Imana ikorera mu bantu, abakozi bayo bise dusanga muri Bibiriya yagiye ibategura, ibigisha ikoresheje uburyo bunyuranye ariko ubwiganje ni abantu. Iyo abantu nkaba bafite ubumenyi buke bahubutse bakavuga ibyo babonye, uzi ukuri ugaceceka uba wemera ko ibyo bavuga aribyo. Iyo Pawuro nabandi batubanjirije baceceka nti bahugure ngo bigishe ku buyobe bwari mu matorero atadukanye nti tuba dufite Isezerano rishya muri Bibiriya dukoreshe. Icyo ibereyeho rero ni ugufasha abantu nka Niyibikora kugirango tubahugure basubire mu murongo. Ikindi haba hari abantu ubutumwa bwa ba Niyibikora buba bwaroze, biba byiza kubarogora, nubwo tutakiza bose ariko hakagira numwe dukura mu inzira yubuyobe.  Ndangirango ubumenyi buke bwa Niyibikora Nicolas mu mikoreshereza ya Bibiriya, no gupfombya ishuri aribyo nibandaho muri iyi nkuru. Ushaka kumenya byinshi kubyo Niyibikora yigishije wasura:  
http://www.igihe.com/iyobokamana/amadini/article/kugereranya-itorero-n-umugore-ni-iby-injiji-itazi-bibiliya-pasiteri-mpyisi
1.      Ubumenyi buke bwa Niyibikora Nicolas
Iyo wumvise inyigisho ye cyangwa usomye inkuru ku igihe.com, uzi ijambo ry’Imana uhita ubona ubumenyi buke. Jye nirinze gukoresha ubujiji kuko ari imvugo ipfombya kandi jye singamije gupfobya uyu muvugabutumwa ahubwo ni ukumuhugura kimwe nabandi bameze nkawe. Hari byinshi umuntu usoma Bibiriya yewe nuwaba atayisoma byakorohera gufasha uyu mwenedata amwereko ko ubutumwa yatanze yari yatannye yataye umurongo wa Bibiriya. Ndirinda kujya mubyo yigishije kugirango ntaza kubisubiramo kandi ntabyemera kuko kwaba ari ugukomeza gukwirakwiza ubutumwa bubi mu izina ry’Imana. Ahubwo ndavuga muri rusange nshingiye ku makosa yakoze mu mikoreshereza ya Bibiriya, kugirango tumenye uko twajya tumenya abantu bagoreka Ijambo ry’Imana.
a.      Ikigereranyo kitari cyo
Ijambo Itorero Niyibikora yakoresheje n’ijambo rya tangiye gukoreshwa mu igihe cya Yesu n’igihe Bibiriya yari imaze guhindurwa kuva mu igiheburayo cya kera ishyirwa mu ikigiriki cya kera.  Iyo mvuze cya kera bivuzeko izi dimi ubu zitakivugwa nkuko zari ziri mu igihe Bibiriya yandikwaga. Kandi hari imikoreshereza itadukanye cyane iyo uvuze Itorero muri Bibiriya. Matayo 16:18 Yesu abwira Petero ati “Nzubaka Itorero ryajye kuri urwo rutare…..” Yesu akoresha igihe kizaza ntabwo yavuze ngo nubatse Itorero, ahubwo nzubaka Itorero. Usomye Ibyakozwe n’Intumwa ibice bibiri uhita ubuno uburyo Umwuka Wera amanukiye abigishwa, Petero yasobanuriye abantu ibibaye, ababwira ubutumwa abantu ibihumbi bitatu barihana. Abasesenguzi ba Bibiriya benshi bemeza ko ibyo Yesu yabwiye Petero kuri uyumunsi wa Pentekote ariho byashyizwe mubikorwa Itorero riba riratangiye, ari ryo ihuriro cyngwa iteraniro  ry’abizera Kristo.  None Niyibikora yari akwiye kubanza gusobanura Itorero avuga iryo ariryo, iyo avata imirongo yo mu isezerano rya kera agahita iyisobanura akoresheje imyumvire yo mu isezerano rishya. Ibi kubikora bisaba kuba hari ubumenyi ufite kuburyo Bibiriya dufite yanditswe, uburyo yahinduwe, uburyo ibitabo byashyizwe hamwe, igikuru  kumenya gusobanura Ibyanditswe Byera uko biri.  Kuba twasanga muri Bibiriya imirongo igereranya umugore n’Itorero icyo si ikibazo, ntaho bihuriya no gushyira bihwanye hagati y’Itorero n’umugore. Icyo ni ikigereranyo, kimwe ko hari n’ibindi bigereranyo. Urugero umurongo twavuze haruguru uvuga ko Itorero Yesu azaryubaka ku rutare. Ese bivuze urutare uru tubona? Oya abazi Ijambo ry’Imana bazi neza ko urutare ari Yesu.  Kubera ubumenyi buke Niyibikora yafashe Itorero ariha isura y’Umugore kandi Itorero ni Umubiri wa Kristo, usomye Abaroma igice cya 12 wasobanukirwa uburyo abagabo, n’abagore, abantu bose bizera Kristo ari umubiri umwe muri Kristo. Itorero si umugore ahubwo Itorero ni Kristo, bityo kuba mu Itorero rya Kristo bisabako umuntu yizera Kristo.  
b.      Gusobanura bibiriya mu buryo butuzuye.
Uretse ikigererenyo kitaricyo, Niyibikora mu inyigisho ye harimo gukoresha nabi imirongo yo muri Bibiriya. Ikigaragara yagiye kwigisha afite ibyo we yumva bityo agenda afata umurogo aha naha muri Bibiriya ushobora kumufasha gutambutsa ubutumwa bwe. Iri  ni ikosa rikomeye kandi abantu benshi dukora ryo gutanga ubutumwa butuzuye kuko tutemereye Ijambo ry’Imana ngo ribanze rituyobore. Niyibikora afata umurongo umwe cyangwa ibiri mu igice cy’igitabo runaka agahita asimbuka akarohaho ubusobanuro bwe budafite aho buhuriye nubutumwa icyo gice kiri kwigisha.  Uku siko umuntu wigishijwe n’Imana avuga ubutumwa. Kuko dufite ingero nyinshi muri Bibiriya zabantu bagiye bagoreka ijambo ry’Imana, urugero satani  yabwiye Yesu ngo “handitswe ngo” (Matayo 4:6), kuba handitswe ngo ntibivuze ko ukwiye guhita ubifata uko. Niyo mpamvu bisaba kumve umurongo neza ugasoma igice cyangwa igitabo cyose. Iyo usimbutse ugafata umurongo ushobora kuwuha ubusobanuro ushaka ariko ntibivuzeko uwanditse icyo gihe ibyo uvuga aribyo yavugaga. Iyo ushaka kuvuga ukuri ufata umwanya wo gusoma no gusesengura imirongo kugirango icyigisho cyawe kize kuba gifite inshingiro ku Ijambo ry’Imana. Iyo ari icyigisho cyawe nabyo urabisobanura abantu bakamenya ko ari ibitekerezo byawe uri gutanga. Urugero nk’umuntu wumvise uko Niyibikora avuga ko Icyaha cyazanywe mu isi kinyuze ku mugore kandi uwo mugore mu inyigisho ye amugererenya n’Itorero bivuze ko icyaha cyazanywe n’itorero. Ibi ni ikinyoma cyambaye ubusa kuko icyaha nti cyazanywe n’Itorero ahubwo mu (1Abakorinto 15:22) hatubwirako, “ Nk’uko bose bokojwe gupfa na Adamu, ni ko bose bazahindurwa bazima na Kristo.”  Mubahinduwe bazima na Kristo abagore nabo barimo. Ubutumwa butuzuye bya Niyibikora byumvikanisha ko abagore ari babi bityo itorero n’iribi. Ibi simbyo kuko Kristo atashyizeho Itorero kugirango rikore ibibi cyangwa reteshe agaciro abantu. Kuba mu Itorero habamo abantu bakora ibibi, ibyo si ikibazo, ikibazo ni ugufata Itorero ry’Imana ryose ukarishyira mu gatebo kamwe, mu kigero kimwe. Kwiga ugasobanukirwa uburyo bwo gusobanura Bibiriya ni ingezi, nibyo byafasha mu kugabanya ubu butumwa buyombya buri gutambutswa nabantu batadukanye. Ariko ntibivuze ko abize badatambutsa ubutumwa bugoretse, ariko mpamya ntashindikanya ko nta wize wagira ubumenyi buke bwo kugereranya umugore n’Itorero ashaka kuaragaza ko ikibi cyose cya turutse ku mugore bityo ko itorero ariryo soko yibibi.  Urugero rwoshye rugaragaza ubumenyi buke Niyibikora afite mu Ijambo ry’Imana ni ikinyoma gikomeye ubwo avuga ko umugore wa Aburahamu ariwe wamushutse kuvuga ko ari mushikiwe. Itangiriro12:13 “ Ndakwingize, uzajye ubabwira uti ‘Ndi mushiki we’, kugira ngo ngirirwe neza ku bwawe, ukirishe ubugingo bwanjye.” Aburahamu ubwe niwe wasabye umugore we kujya avuga ko ari mushikiwe, ibyo Niyibikora avuga ni ibigaragaza ko ubutumwa bwe budashingiye ku Ijambo ry’Imana ahubwo ari imyumvure ye yashakaga gushigikiza Ijambo ry’Imana afitemo ubumenyi buke. Bityo agenda aterateranya imirongo yose ivuga ibibi abagore bakoze cyangwa bavugwaho agahita abihuza nibyo yise ubwiru, ariko ikigaragra ni ubwiru bwe ntabwo ari ubw’Imana.  
Uburyo bworoshye bwo kumenya ko umuntu ari gusobanura Bibiriya mu buryo butuzuye cyangwa ari kugoreka Ijambo ry’Imana, ni uko avuga uruhande rumwe gusa. Urugero muri Bibiriya hari imirongo mwinshi ivuga ubwiza bw’abagore, ibyiza bakoze, abagore bintwari, abagendanaga na Yesu, uburyo ari Mariya wabyaye Yesu, abagore ko aribo bamuririye ajya kubambwa, uko aribo bazidutse kare bajya gushyira imibavu ku gituro cya Yesu bagasanga yazutse nibindi byinshi byiza Bibiriya ibavugaho. Ariko nta murongo n’umwe Niyibikora yakoresheje uvuga ibyiza byabagore. Yewe niba nkuko abyumvikanisha yaravugaga Itorero, nonese ryo nta byiza rigira? Ntawihuta nk’umuntu wayobye uburyo uyu muvugabutumwa yavugaga wumvaga ko rwose yatannye. Abakurikiye iyi nyigisho musubiye inyuma mugasoma imirongo yabahaye murasanga hafi yayose ari iyo mu isezerano rya kera aho Imana ivuga ubwoko bwayo aho kuvuga Itorero. Ubwoko bw’Abisiraheri nibwo bwagiye bugererenywa na maraya iyo bakoraga ibihabaye n’ubushake bw’Imana. ntabwo ari abagore gusa, ahubwo yabaga ari ubwoko byose. Hari itadukaniro rinini hagati y’imvugo “ubwoko bw’Imana” mu isezerano rya Kera no mu Isezerano Rishya. Mu Isezerano rya Kera havugwa Abisiraheri, mu Isezerano Rishya muri Kristo abizera bose bahawe ubushoboze bwo kuba abana b’Imana  (Yohana 1-12). 
2.      Gupfobya ishuri
Mu bumenyi buke Niyibikora yagaragaje mu inyigishoye harimo guhubuka akavuga amagambo adafite ishingiro. Hari aho avuga ngo “muhagarare abize Bibiriya muri za kaminuza nabayigishijwe n’Imana duhangane.” Aha wakwibaza Imana ya mutumye iyo ariyo bikakuyobore. Nonese ko Ijambo ry’Imana ritwereka ko Imana izi byose, ishobora byose kandi iberaho hose icyarimwe, muri za kaminuza nta Mana ibamo? Cyangwa Imana itinya abize? Ese reka nkubaze Niyibikora, nabandi nkawe jya numva  bahora barwanya kwiga ijambo ry’Imana, mujya mutekereze kuri ibi bibazo:
-          NIba kwiga ari Bibi kuki Yesu yamaze imyaka Itatu yigisha abigshwa be? Kuki atabafashe ngo abasengere noheho bahite bamenya batabanje kwiga?  
-          Kuki Yesu yigishije abogohswa gusenga, gukora ibitangaza, kwirinda umusemburo wa bafarisayo nibindi byinshi? Kuki yababwiraga iby’ubwiru bw’Imana biherereye” ese muzi ko kujya ahi herereye n’umwigisha muri kiriya gihe aricyo bitaga ishuri?
-          Kuki Yesu bamwitaga mwigisha? Kuki Yesu yari afite abigishwa? Bari abigishwa batiga? Ese niba umwigishwa wa Socrate yarafatwaga nk’umufirozofe ukomeye, ubwo abigishwa ba Yesu uruta abafirozofe bose babayeho we twamushyira mu kihe cyiciro ko icyanyuma baguha Phd “ Doctor of Philosophy”?  
-          Ese iyo hataba abize ngo baminuze bamenye gushyiraho uburyo bwo kwandika, mubasoma gute? Mwandika gute? Ese Bibiriya wakoresheje ukwirakwisa ubuyobe yo wari kuyisoma gute?
Abantu nka Niyibikora iyo bavuga ngo kwiga teworojiya n’iyobokamana ntacyo bimaze, wibaza icyo baba bakoresha mu kwigisha Ijambo ry’Imana iyo Bibiriya idahindurwa ngo ishyirwe mu idimi bashobora kumva? Ese baba baziko amashuri, gusoma no kwandika byatangijwe n’amatorero na Kiliziya mu rwego rwo gufasha abantu gusobanukirwa Ijmbo ry’Imana. Ese iyo hataba abize ngo bandike ibyo Yesu yigishaga ubu muba mwigisha iki? Iyo abicyo gihe bagira imyumvire mike nkiyanyu? Ese ko usoma inzandiko Pawuro, Petero, Yakobo, banditse bigisha, bahugura amatorero, iyo bamera nkamwe bakavuga ngo abantu bajye barindira Imana ibigishe tuba dufite ubutumwa banditse? Ese ubundi Imana yigisha gute? Imana ikoresha abantu n’ibindi byaremwe. Nafashe urugero rumwe gusa rwo kwerekana uko Imana yigisha abantu. Soma inkuru ya Sawuri ari mu inzira ijya I Damasiko ( Ibyakozwe n’Intumwa 9:1-21). Sawuri amaze gutungurwa n’umucyo Imana imubwiye ko agomba guhagarika kurenganya Itorero, ntabwo yahise yoherezwa kujya kuvuga ubutumwa. Ahubwo yabwiwe kujya mu mudugundu aho azabwirwa icyo gukora. Mu mudugudu I Damasiko Imana yakoresheje umukozi wayo Ananiya asengera Sawuri arahumuka, maze aramwigisha. Ibyakozwe n’Intumwa 9:19 -20“Amaze gufungura abona intege. Amara iminsi n’abigishwa b’I Damasiko, aherako abwiriza mu masinagogi…” Inkuru ya Pawuro itwereka neza ko Imana yamubonekeye, ariko ntiyahise yishyira hejuru ngo mbonekewe n’Imana reka ngende ntangire nigishe. Ahubwo yabanje kwiga hamwe nabandi bigishwa b’I Damasiko. Ibi bitwereka neza ko  kubwiriza ubutumwa atari ibyo guhubukirwa hagomba kubanza kwiga. Pawuro yari asanzwe ari umuntu wize iyobokamana ya Bayahundi, ariko byamusabye kubanza kujya mu bigishwa ba Ananiya ariga abona gutangira kubwiriza ubutumwa. Yesu Ntabwo yahise yohereza abigishwa be ngo bagende bigishe yabanje kubigisha imyaka itatu, bakora graduation ku munsi wa Pentekote ubwo Mwuka Wera yabamanukiraga batangira kuvuga ubutumwa bashize amanga.  Ntabwo Imana twizera ari Imana itinya kaminuza kuburyo abayigamo itabakoresha, ahubwo abntu bose mu byiciro byose iyo baciye bugufi bakemera kuba abigishwa Imana irabakoresha. Kwiga si bibi kandi nta cyiciro cy’ishuri Imana yanga, ahubwo Imana yanga ubujiji kuko ishaka ko tugira ubwenge.  
Umusozo:
Mugusoza navuga ko  mwenedata Niyibikora Nicolas, ubutumwa yatanze bugererenya umugore n’itorero kandi agaragaza ko inkomoko yibibi ai ku bagore, abantu babufata nk’ubutumwa bw’umuntu ufite ubumenyi buke mu Ijambo ry’Imana. Ahubwo icyaba cyiza ni ugufasha Niyibikora na bandi nkawe  kwigishwa Ijambo ry’Imana mbere yo gutangira kujya kubwiriza abandi. Kuko Bibiriya uyikoresha neza igakiza abantu wayikoresha nabi ikica abantu. Urugero muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe bagiye bagoreka Ijambo ry’Imana bakangurira abantu kwica, ariko hari abandi bashoboye kurokora abantu no kwanga kujya mu bwicanyi kuko Ijambo ry’Imana bari barasobanukiwe ritemera ubwicanyi.  Gukangurira ababwiraza butumwa kwiga Ijambo ry’Imana ni byiza nubwo no mubize habamo abagoreka Ijambo ry’Imana, kubera inyugu zitadukanye zabo. ariko nibura ugasobanukirwa ko Bibiriya yahinduwe ikuwe mu idimi zitakivugwa ubu, ukamenya uko wahuza ibyo usoma mururimi rwawe nibyanditswe mu rurimi rw’umwimerere Bibiriya yanditswemo. Ukamenya guhuza Ijambo ry’Imana n’umuco wawe gakondo, dore ko ryo ryanditswe mu muco wa Bayahundi. Ibi bya gufashe kumva neza ubutumwa kugirango ubashe kubusobanura neza mu igihe wigisha cyangwa ubwiriza.   

Umanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana



Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'