Imbaraga z’ijambo

                                                                                         


Imana ya bayeho mbere yibiriho byose, Ijambo ry’Imana ritwereka ko Imana ariyo muremyi w’isi n’ijuru itangiriro 1.1. Umuremyi wa byose ntagira iherezo yahozeho ariho azahoraho iteka ryose Itang 21, 33; Yes 40, 28. Ibintu byose Imana yaremye yabiremye ihereye kubusa. Mu itangiriro 1.1-2 hatwereka ko isi itagiraga ishusho ariko Imana iha ishusho ikitaragiraga ishusho. Uburyo Imana yakoresheje m’ukurema buratangaje, Imana yaravugaga icyo ivuze kikabaho. Ijambo ry’Imana niryo rya remye zaburi 33, 6-9 n’ Abaheburayo11, 3, itangiriro 1, 3-23.  
Ijambo rigira ububasha igihe cyose turisohoye mukanwa kacu, s’iry’Imana gusa rigira ububasha n’ubushobozi kuko Imana yaduhaye ububasha n’ubushobozi bwo kurema dukoresheje ijambo igihe cyose icyo tuvuze kigire icyo kirema ku isi no mu abantu.
Kubera kutamenya , kwirengagiza, kudakizwa n’ubujiji benshi barema ibibi mu buzima bwabo, mu bana babo, mu gihugu no ku isi. Urugero uzumva umuntu abwira umwana ati “ wa gicucuwe, wa muswa we, ntacyo uzigezaho n’ibindi” ibi bihinduka ukuri kuko akanwa karema. Hari ingero Ijambo ry’Imana riduha aho abantu bagiye barema bakoresheje ijambo: 

1. Aburahamu mu itangiriro 22 1-14 tuhasanga inkuru ya Aburahamu ageragezwa n’Imana imusaba kuyitambira umuhunguwe w’ikinege Isaka. K’umurongo wa 5 Aburahamu yaremye igitambo gitadukanye n’icyo Imana yari yamubwiye. Ava iwe yari azi neza ko Imana ya mu bwiye gutamba Isaka, ariko abwira abagaragube yagize ati “Musigarane hano indogobe jye n’uyu muhungu tujye hirya hariya dusenge, tubagarukeho”. Aburahamu yatuye mukanwa ke ko aragarukana na Isaka kandi agiye kumutamba, yaremye incungu ya isaka mu kanwa ke mbere y’uko Imana itanga umwana w’intama wo gutambwa mu icyimbo cya Isaka. Nkuko Aburahamu yaremye igitambo akoresheje ijambo, niko nawe bishoboka ko urema inshungu y’ibyawe. Birashoboka kandi biriho abantu benshi barema byinshi amanywa n’ijoro, ikibazo nuko batabimenya. Uzumva umuntu ati “ndapfuye, ndi umukene, ntacyo nshoboye, biriya n’ibyabakire”, ibi byose abantu bagenda biyaturiraho iyo usubije amaso inyuma usanga aribyo biba m’ubuzima bwabo. 

2. Saduraka na Meshaki na Abedenego muri Daniyeri 3: 17-18, baremye gukira kwako ba bwira umwami Nebukandinezari bati “ Imana yacu iribudukize” kandi niko byagenze Imana yara bakijije, bajugunywa mu itanura ry’umuriro ariko nti bashya. Ab’abasore bari bazi imbaraga z’ijambo bityo barema gukira kwabo bakoresheje ijambo. Imbere y’itanura ryaka aba basore bahagaze kigabo barakomera bareme gukira kwabo. Imbere y’ibikomeye wifata gute? Ese ntuba watura urupfu aho kwatura gukira? Uyu munsi nshuti menya neza ko akanwa kawe karema bityo wirinde kurema ibibi ahubwo ureme ibyiza mu buzima bwawe niyo waba ugeze imbere y’ikigeragezo gikomeye. Mu ijuru hari Imana yumva ibyo tuvuga kandi irasubiza, zirikana kwatura gukira kuruta kwatura urupfu. 

3. Ijambo niryo Yesu yakoreshe azura Razaro, ushobora kuvuga uti Yesu yar’Imana ariko mu ibyakozwenintumwa 9: 36-43, tubona ko Petero yazuye Tabita akoresheje ijambo ubwo nyuma yo gusenga yamubwiraga ati “ Tabita, haguruka”. Aha hagaragaza neza ko Petero yari yaramaze gusobanukirwa n’ibyo Yesu yari yara ba bwiye ko nibagira kwizera baza bwira n’umusozi ukava ahuri ugatabwa mu inyanja bigashoboka.   Ibyo Petero yakoze natwe twabikora mu gihe mu kanwa kacu havamo amagambo yo kurema, yo gukiza, yo kwizera, yo kwihangana, yo gutanga umugisha. 

Ese amagambo yose arareme?  
Iki n’ikibazo benshi bibaza, yego amagambo yose ararema. Nta n’impamvu yo kubishidikanyaho kuko na Yakobo yabivuze neza agaragaza ururime nka kantu gato ari ko gafite ubugi bungana n’isi. Soma Yakobo 3:1-12, akenshi abantu turema ibibi dukoresheje ururimi ryacu. Usanga turema urugomo, ubukene, urupfu, amacakubiri n’ibindi bibi, aho gutoza ururimi ryacu kurema ibyiza. Ururimi impamvu rukomeye niryo dukoresha mu gushima Imana ariko tuka rukoreshwa no kuvuma abantu baremwe n’Imana.  Ntabwo isoko imwe yavamo amazi meza n’amabi. Tujye twibuka ko Imana yahaye umuntu ububasha bwo guhitamo ikiza cyangwa ikibi, ariko tuzi ingaruka zbyo. Kuko Imana yaduhaye isezerano ko icyo tuzasaba cyose tuzagihambwa. Ca akarongo ku ijambo icyo muzasaba cyose, Imana yiteguye kuguha icyo usabye cyose ikibazo usaba iki? Usaba gute? Mureke dutoze indimi zacu kwatura amagambo meza arema ibyiza ni bwo tuzabasha gushimisha Imana nayo ika twishimira kandi ibyo tuzayisaba tuzabihabwa n’ibyo tuzarema bizabaho.  
Amen

 Umanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana



Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'