Ibitangaza: Intwaro Satani akoresha mu kuyobya benshi

Iriburiro

Muri iki gihe iyo urebye cyangwa ukumva amatangazo y’ibitaramo, ibiterane, amasengesho, haba ku mihanda, kuri za tereviziyo no ku maradiyo, ku imbuga nkoranyambaga, “ngwino wakire igitangaza cyawe” niyo ubona cyane cyangwa wumva cyane. Muri make ibitangaza nibyo bijyana abantu, mu biterane. Kuwa 21/02/2018, ubwo hamenyekanaga inkuru y’urupfu rw’umuvugabutumwa wamamaye cyane Dr. Bill Graham, icyo ibitangazamakuru byose biri kugarukaho ni umubare munini miriyoni zirenga 250 z’abantu yabwirije ubutumwa bwiza. Ntabwo bivuze ko ntabo yasengeye ngo bakiri ariko icyo isi yose isigaranye n’umubwiriza butumwa bwiza bwa Yesu, wa haraniye ko abantu bamenye Kristo akoresheje impano yo kubwiriza Imana ya muhaye.  Mu gihe cya Bill Graham na mbere ye yewe no mu gihe intumwa za Yesu zatangiraga kubwiriza ubutumwa bwiza bwa Yesu, kwakira Yesu nicyo cyari igitangaza kiruta ibindi. Kuko Yesu ariwe shingiro rya byose ibiriho n’ibizaza. Ariko ubu biragaragara ko ibyo Yesu yavuze aburira abigishwa be aribyo turi kubona.

Yesu Yavuze iki ku bakora ibitangaza?

Matayo igice cya 24, ku murongo wa 4 Yesu atangira abwira abigishwe be ati “mwirinde hatagira ubayobya.” Yesu abwira abigishwa be ibizaranga ibihe biheruka, aho hanzumvikana impuha z’intambara, ishyanga rigatera irindi, hakaba imitingito…. 6-8. Ku murongo wa cyenda ababwira uko bazafungwa, bagatotezwa bakicwa ba bahora kuvuga ubutumwa bwiza. Ku murongo wa cumi ababwira ko benshi bazasubira inyuma bagambanirane. Yesu ababwira byinshi kubizaba mu bihe biheruka. “ Icyo gihe umuntu nababwira ati’Dore Kristo ari hano’, n’undi ati ‘Ari hano’, nti muzabyemere. Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka.” Matayo 24: 23-24.  Ibyo Yesu yavuze ubyange ubyemere biriho nibyo tubona nibyo twumva. Abiyita Yesu turabumva, turababona, abahanuzi b’ibinyoma nibo benshi mu matorero hirya no hino. Iyo umuntu avuze ngo nkiza abantu, nirukana abadayimoni, nkora ibi nibi, ese wowe niba wizera koko ntabwo wumva ko uwo yigize Yesu. Niwe uri kwivuga, niwe ukiza si Kristo. Usome Bibiriya neza nta gitangaza intumwa nabandi bigishwa ba Yesu bigeze bakora mu izina ryabo. Nibyo bakoze byose birindaga ko abantu ba basingiza ahubwo baharaniraga ko Yesu asingizwa, yamamara, ubutumwa bwe bubatura abantu. Ariko muri iyi minsi twumva abantu bivuga, biyamamaza aho kamamaza Yesu bakoresha izina rya Yesu mukuyobya abantu. Biratangaje kuko nkuko ku murongo wa 24 uri hejuru havuga ngo “ kugira ngo babone uko bayobya intore.” Intore ni abatoranijwe n’Imana, abamaze kwizera Yesu bagahabwa ubushobozi bwo kuba abana b’Imana (Yohana 1:12). Abo nibo Satani ari gushaka kuyobya akoresheje ibimenyetso bikomeye aribyo bitangaza.
Nshuti Yesu yaburiye abigishwa mbere bitaraba, kuba ubona abantu bakora ibitangaza, ibimenyetso bikomeye rimwe na rimwe mu izina rya Yesu, nti bivuze ko ukwiye kubumvira no kwizera ibyo bavuga. Ahubwo wari ukwiye kugenzura ukamenya umwuka ubarimo uwo ariwo.

Ese birashoboka ko Abahanuzi b’ibinyoma bakoresha izina rya Yesu ibitangaza?  

Aha nta gushindikanya nagusubiza yego. Icyambere ukwiye kumenya ko Satani ari se w’ibinyoma (Yohana 8:44). Yesu agaragaza ko nta kuri kuba muri Satani ko ari umwicanyi uvuga ibye ubwe kuko ari umunyabinyoma. Kuba Abakozi basatani bakwiyambika isura yabakozi b’Imana iki si ikibazo.  Pawuro mu rwandiko rwa kabiri yandikiye Itorero ry’Abakorinto igice cya 11, ababwira ko atari igitangaza ko abantu babwiriza ubutumwa bw’ubuyobe baza bameze nk’abagabura iby’Imana. kuko Satani nawe yihindura nka marayika w’umucyo (2Abakorinto 11:13-14).  Kuba bakora ibitangaza ibyo ni bintu byoroshye kuko Satani bakorera afite imbaraga nawe. Ikibazo ahubwo ni uko hari abizera basuzugura Satani bakamufata nk’umuntu usanzwe. Satani uyu nti yatinye Yesu Matayo 4:5-10, ntawe atinya kuko akazi ke ni ukwica, kuyobya ashaka abo azarimbukana nabo, kuko yamaze gucirwaho iteka. Niyo mpamvu yiyoberanya akiyambika uruhu rw’intama kandi ari isega riryana. Akoresha amayeri yose, ngo ayobye intore z’Imana. ibitangaza bikurura abantu, yewe na Yesu bamukirikiye benshi kubera ibitangaza yakoraga. Usomye Yohana 6:60-66, ubonako igihe Yesu yigishaga amagambo akomeye nta kore ibitangaza abantu basubiraga inyuma. Ku murongo wa 66, ho hagaragaza ko benshi mu bigishwa be basubiye inyuma, kuko bumvise amagambo avuze akomeye. Uzarebe muri iki gihe iyo ubwiriza ijambo ry’Imana ukabwira abantu ukuri kuri mu ijambo ry’Imana barahunga. Ariko ubabwira ko bakira indwara, bakurwaho imyaku, bahabwa abagore cyangwa abagabo, batuburirwa ibyo bafite, uwo bara mukurikira aribenshi kuko avuga ibijyanye n’irari ryabo. Pawuro aburira Timoteyo nawe yamubwiye uko abantu bazaba bameze mu bihe biheruka: bazaba bikunda, bakunda impiya, bagambana, bibona, bagira urugomo, indashima, badakunda ababo, bakunda ibibanezeza aho kugunda Imana, igikomeye ngo bafiti ishusho yo kwera, ariko bahakana imbaraga zako (2Timoteyo 3:1-5). Pawuro arakomeza ku murongo wa 7 akagaragaza ko bahora biga ariko nti bamenye ukuri. Pawuro  abwira Timoteyo kubatera umugongo. Abantu kuko bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana, abahanuzi b’ibinyoma bakoresha ibyo abantu bashaka kumva. Ntabwo abantu bashaka gukizwa ahubwo barashaka gukira, nyamara gukira nyako ni ukubanza gukizwa kuko muri Yesu arimo hari gukira nyako. Gukira kutari uko gukira indwara, no kubona ubutunzi ahubwo gukizwa kuzana gukira gutuma umuntu aba icyarmwe gishya (2Abakorinto 5:17).  Iyo umaze gushaka ubwami bw’Imana ijambo ry’Imana ritubwira ko ibindi ari inyongera. Ibyo wirukaho hirya no hino ushaka Imana izi ko ubikeneye, ariko icyo ishaka nuko uyishaka mbere y’ibyo bindi (Matayo 6:31-34). Mbese wa gura inyanya ugasaba ko bakongeza inyama? Cyangwa wasaba kongezwa utaguze?
Satani ari gusenya ingo nyinshi, amatorero, ari kwica benshi mu buryo bw’umwuka akoresheje ibitangaza. Abantu bari kwiruka hirya no hino, bashaka gukira kuburyo nibyo batunze bihashirira. Abitwa abahanuzi bararushaho gukira abo bayoboye barushaho gukene. Bari gusahura abo bari bakwiye kuba babera igisubizo. Kubera inyigisho z’ubuyobe bigisha bateza amakimbirane hagati mu bantu. Uko bukeye nuko bwije amatorero aravuka, ese wibaza niba koko abashinga ayo matorero bose aba ari abakozi b’Imana? Satani yamaze kujyana abantu benshi kure y’Imana bagendera kubyo Apotere, Bishopu, Revera, Pasitori, Umuhanuzi, yavuze kuruta kugendera ku ijambo ry’Imana.  Nshuti ntabwo ukwiye gushukwa nuko abantu bakiza abantu, bazura ababfuye mu izina rya Yesu, ibyo byose babikora kandi Yesu atabazi. (Matayo 7:22-23), iyi mirongo itwereka neza ko Yesu azihakana abantu bazagenda bitwaje ko basengeye abantu, birukanye abadyimo, bakoze ibitangaza mu izina rye, ariko azaba bwira ati “nimumve imbere mwa nkozi z’ibibi mwe.”

Ese ko abakozi b’Imana bakora ibitangaza naba satani bakabikora, twabatadukanya dute?

Yesu yatanze igisubizo, Matayo 7:16 “Muzabamenyera ku mbuto zabo.” Imbuto z’abakozi b’Imana na bakozi ba Satani ziratadukanye. Yohana 10:11-12, Yesu agaragaza umwungeri mwiza. Yesu aba yivuga, ariko abamwiza natwe tugera ikirenga cyacu mucye kuko ariwe cyitegererezo cyacu abizera. Umwungeri mwiza apfira intama, ariko uragirira ibihembo, utari umwungeri bwite kandi n’intama atari ize, iyo isega rije arazita agahunga. Abakozi ba Satani biyoberanya bigira abungeri, bameze nk’abashumba baragirira ibihembo. Bashyira imbere inyungu zabo, ubuzima bwabo kuruta intama baragiye. Ariko umwungeri w’ukuri watoranijwe n’Imana, arangwa no gushyira intama imbere. Imbuto z’Umwuka ziranga abakozi b’Imana bose tuzisanga mu Bagalatiya 5: 22-23 “imbuto z’Umwuka ni  Urukundo n’ibyinshimo n’amahoro, no kwihanga no kugira neza, n’ingeso nziza no gukiranuka, no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.” Ujye witegereza abo bavuga ibitangaza gusa uzarebe ko ubasangana izi mbuto. Uzabasangana ubuzima bwo kwiyemera, kwibona, kwishyira hejuru, kwivuga, kwamamaza ibyo batunze aho kwamamaza Yesu. Kuvuga ibitangaza aho kuvuga Yesu we gitangaza. Bararikira ibyo kamere irarikira, kuko bifuza kumera nk’abandi bose. Ariko abakorera Imana by’ukuri ntibararikira ibyo kamere irarikira, kuko bazi neza ko ibyo Umwuka ashaka kamere ibirwanya, kandi ibyo kamere ishaka Umwuka urabirwanya. Abagalatiya 5:19-21, Pawuro arondora urutonde rurerure ruranga imirimo ya kamere. Nshuti ufashe umwanya ugasoma iyi mirimo ya kamere, warangiza ugafata umwanya muto ugatekereza kuri benshi ubona biyita abakozi b’Imana, ushobora guhita umenya abiyoberanya n’abakorera Imana by’ukuri. Imibereho babayeho ubwabo yakwereka uwo bakorera. Abenshi uzasanga babayeho mubuzima buhuje nibyo kamere irarikira. Ikindi kuva mu isezerano rya kera kugeza mu isezerano rishya abakozi ba Satani bamye aribenshi kandi bagira benshi babakurikira. Ibi Yesu yabihamije avuga ko inzira ngari ijyana ku rimbuka icamo benshi naho inzira ifunganye ijyana mu bugingo buhoraho abayinyuramo ni bake (Matayo 7:13-14).

Mu gusoza nakubwira ko ukwiye guharanira gukizwa aho guharanira gukira. Kuko kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza mu buzima bwawe aricyo ukeneye kuruta ibindi byose. Iyo ufite Yesu ibindi biba inyongera. Ibyakozwe n’Intutumwa 17:11, hatwereka ko abantu bi Beroya bari beza kuruta ab’I Tesalonike, kuko bahoraga bashakisha mu byanditswe kugirango bamenye ko ibyo bigishwa ari ukuri. Bizeye ibyo bigishwa bamaze gusoma ibyanditswe basanga ibyo Pawuro na Sila bigisha ari ukuri. Muri iki gihe icyo abakristo benshi babuze n’umwanya wo gusoma ibyanditswe byera. Aba baza bavuga ibitangaza nyamara ubuzima babayeho ari ubuzima buhabanye kure nibyo Bibiriya yigisha, nta wabaha amatwi asoma ijambo ry’Imana, byakorohera kumenya ibyo bagoreka. Ujye ubitegereza, ubumve, bagire umurongo umwe  cyangwa ibiri basoma, ubundi bakivugira ibyo batekereza abantu bashaka kumva nabo za amena zikaba nyinshi. Bakavuga ibyo waje ushaka kumva, ugataha uvuga ngo wafashijwe. Burya wifashije ntabwo wafashijwe, kuko waje ushaka kumva ko ubonye akazi, kandi nibyo wumvishije, waje ushaka kumva ko ukize, kandi nibyo wumvishije. Abantu bafashe Imana bayigira igikoresho bakoresha ngo bakire, bamamare cyangwa ngo bubahwe. Ese wari uziko hari igihe umuhanuzi yamaraga imyaka atarumva ijwi ry’Imana? Ese wari uziko hari igihe Imana iceceka? Ese wari uziko hari igihe ikubwira ngo ubuntu bwajye buraguhagije nkuko yabibwiye Pawuro? None ko mbona abo bahanuzi bakora ngaho bo aribo Mana? Bakora nkaho bafite ubu basha bwogukora icyo bashatse uko bashatse igihe bashakiye? Icyo cyonyine cyari gikwiye kukwereka ko imana bavuga atari Imana yo mu ijuru. Imana yo mu ijuru ikora uko ishatse igihe ishakiye. Ntabwo umwana w’umuntu ayikoresha ahubwo iramukoresha. Abo bakoresha Imana nkuko watsa amatara, ukanda rikaka wakongera rikazima, ndagirango nkubwire ko icyo bagendereye ari uku kuyobya. Imana iduhe gutunga imitima y’ubwenge tubashe kumenya ibihe turimo, bityo twirinde abahanuzi b’ibinyoma bakoresha ibitangaza ngo bayobye intore z’Imana.

Umwanditsi:
Pasitori Kubwimana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana


Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO, UMUNSI WA 29, 'KWEMERA UMURIMO WAWE'