Hanyuma Moridekayi asubira ku irembo ry’ibwami



Iriburiro
Nyuma y’ukwezi ndi mu biruhuko mu Rwanda, kuri iki cyumweru nongeye guterana hamwe na benedata bo mu Itorero rya Patekote umudugudu wa Akropong/Ghana  ishami ry’icyongereza. Umubwiriza wa none yari umukuru w’Itorero (Elder) Joseph uyobora uyu mudugudu. Natangajwe no kubona uko yari afite umunezero kandi kuwa kane mama we umubyara yaritabye Imana. Ino ntabwo umuntu bahita bamushyingura hari ushobora kumara amezi arenga atandatu, ariko abenshi nabonye ari hagati yamezi abiri natatu. Urumva ko umubyeyi we akiri mu buruhukiro, ariko umunezero, imbaraga, ibyiringiro yari afite ntabwo byagaragariye amaso gusa ahubwo ni mitima yacu yahembutse kubwo ijambo ryiza yatubwirije ngirango mbasangize. Ikibwirizo cye cyari gifite umutwe ugira uti “Afterward Mordecai returned to the king’s gate” mu Kinyarwanda “Hanyuma Moridekayi asubira ku irembo ry’ibwami.” Imirongo twasomye ni Esiteri 6:10-12.  

Gushyirwa Hejuru ni Mana

Iyo Imana ikuzamuye burya haba hari undi imanuye, kuko “Uwiteka arica, agakiza, ashyira ikuzimu kandi agakurayo. Uwiteka arakenesha agakenura, Acisha bugufi agashyira hejuru.”1Samweli 2:6-7. Ubwo Moridekayi yatambagizwaga umurwa hari umugabo witwa Hamani wari umaze kumanurwa agezwa kurwego rwo gutambagiza umurinzi wahoraga ku irembo ry’ibwami, amutamagiza mu murwa hose agenda avuga ngo “Uku ni ko bazajya bagenza umuntu umwami akunze kubaha.” Esteri 6:9. 
Hamani yabyutse anezerewe cyane kuko yabonaga umugambi we wo kurimbura Abayuda bose, ugiye gushyirwa mu bikorwa. Ubwo yajyaga I bwami mu gitondo yagiye yishimye, ariko akigera ku irembo abona abandi barinzi bose bikubita hasi ariko Moridekayi we nti yabikora kuko kuriwe Imana yo mwijuru ariyo yonyine ikwiye kubararirwa. Hamani yahise ababara nkuko byahoraga. Mu kwinjira nti yamenyeko Imana yabujije umwami gusinzira ijoro ryose, kugirango igitabo cy’ubucurabwenge gisomwe. Ikandi kuri paji yanditseho ko Moridekayi yaburiye umwami umugambi wo kumwica niho umwami yaraye asoma. Ibaze nawe kuba umwami yarageze aho mu ijoro abaza niba hari ishimwe Moridekayi yigeza ahabwa, igisubizo ki kaba oya. Bivuze ko ineza Morodekayi ya giriye umwami byatwaye igihe kugirango ayishimirwe. Ikandi nti byasabye ko we ajya kwibutsa, icyo we, Esiteri n’Abayuda bakoze ni ukwiyiriza ubusa bagasenga. Jyambona amakimbirane hirya no hino abantu bishyuza ineza bagize, aha Moridikayi we si ko yabikoze. Yagize neza kandi ineza ayisanga imbere.  
Hamani abajijwe icyo umuntu umwami akunze kubaha yakorerwa, ntabwo yahise asubiza, ahubwo yabanje kwibwira “ Hari uwo umwami yakunda kubaha kunduta?” Esiteri 6:7. Kuri Hamani ntawundi umwami yari kubaha ku muruta, kuko niwe wari icyegera gikuru, niwe umwami yabwiraga byose, yagishaga inama, yari yarasabye umwami kurimbura abayunda kandi umwami arabimwemerera, niwe Esiteri yari yatumiye hamwe n’umwami mu inkera, mbese yari afite ibimenyetso byinshi bimwereka ko ariwe umwami akunze kubaha. Hamani yahise atakereza ibyo yumva yakorerwa, nkuwari ufite inyota yo kuba umwami yahise asaba ibyo umwami akoresha byose ariko yongeraho ikindi gikomeye, kugenda bavuga ngo “Uku ni ko bazajya bagenza umuntu umwami akunze kubaha.” Hamani amaze kubivuga ibigomba gukorerwa uwo muntu, yumvaga ko ariwe, yatunguwe no kumva umwami amubwiye ngo ibyo uvuze” igare ry’umwami, imyenda y’umwami, nifarasi  itamirijwe ikamaba ry’ubwami”, niyo ndirimbo uhimbye byose ihute ubikorere Moridekayi. Ahiiii, sinzi niba muri iki gihe nta ndwara y’umutima yabagaho, ariko niyo ibaho ntacyo yari gutwara Hamani cyane ko Imana yashakaga kumucisha bugufi no gushyira hejuru Moridekayi kandi Hamani abigizemo uruhare rwo gutambagiza Moridekayi umurwa amuririmbira indirimbo nziza yari yahimbye.
Hamani, ashobora kuba ari umuntu wambere ku isi wa huye ni gisebo gikomeye. Burya koko kwishyira hejuru bibanziriza kugwa. Hamani umwanzi wa Moridekayi wari ufite umugambi wo gutsemba Abayuda bose kubera urwango yanga Moridekayi, aba ariwe utambagiza Moridekayi umurwa, aba ariwe utanga inama yibyo akwiye gukorerwa. Yewe inzira z’Imana zitadukanye kure cyane nizacu abantu.   

Moridekayi asubira ku irembo ry’ibwami 

“Hanyuma Moridekayi asubira ku irembo ry’ibwami.” Aha hari isomo rikomeye cyane, Moridekayi byamaze kumenyekana ko ariwe umwami akunze kubaha, kandi yambitswe imyenda y’umwami, none asubiye ku irembo ry’ibwami? Kuki Moridekayi atishyize hejuru nkuko biri kugaragara muri iki gihe aho abantu Imana izamura bagahita bacika ku irembo ya bakuyeho? Moridekayi ntiyigeze asuzugura irembo ry’ibwami, kuko umugisha niho yawuherewe. Nawe reba Moridekayi ku irembo nyuma yicyubahiro yari amaze kugira, umurwa wose uzi ko ariwe nkora mutima y’umwami? Ese yakuyemo imyenda ayisubiza umwami? Oya aha rwose nti bishoboka. Umwami nti yari abuze imyenda kuburyo yari kujya kongera kwambara imyenda yambitswe Moridekayi, bivuga ko yasubiranye ku irembo ry’ibwami imyambaro yu mwami. Wooo reba nawe abandi barinzi bose bashungereye Moridekayi mu ikanzu yu mamwi? Kurura iyo foto uyireba? Ariko utekereza n’isomo ririmo kuri twe none. Ese birakwiye kwibagirwa aho waherewe umugisha? Nti bikwiye, ariko suzuma neza ushobora gusanga irembo ry’ibwami waramaze kurivaho. 

Ese uracyari ku irembo cyangwa warivuyeho? 

Moridekayi we yasubiye ku irembo ry’ibwami kuko ariho Imana yari yaramushyize ngo ayiheshe icyubahiro. Wowe nawe ufite irembo Imana yagushyizeho, ese urarizi? Uririho? Cyangwa umaze gutambagizwa umurwa wahise ujya mu ingoro y’ibwami wibagirwa imbeho ni nzara byo ku irembo? Mu mirimo nakoze cyane harimo kuririmba, kandi nubu ndabikunda. Nabonye Imana ifata abantu benshi twabanaga ku irembo ryo kuririmba muri korari, ikabatambagiza umurwa w’Ubukire, akazi, ubukwe, urubyaro, kubaka amazu, ni amarembo menshi. Ariko nkumwana w’umuntu icyo nabonye nuko 90/100 yabo bose bahise bava kuri iryo rembo(Korari) Imana yabasanze. Hari nabahise bacika mu itorero, abandi bakarizaho imvura itaguye cyangwa izuba ritarikuva cyane, mbese rimwe na rimwe babonye umwanya. Ariko Moridekayi we nyuma yibyo byose asubira ku irembo. Hari abakozi b’Imana muri iki gihe muza babona nkunze kubavuga, twajyaga tubabona ku irembo basenga, biyiriza ubusa, musangira byose yewe ni nyotse. Ariko nyuma yo gutambagizwa umurwa w’ubu bishopu, ubwapotere, uburevera, ubupasitori, ubuhanuzi, nandi marembo yi cyubahiro dore ko amaze kuba menshi kuruta umubare w’Abakristo, uza babona barinzwe bikomeye, kubageraho usaba uburenganzira ugategereza gusubizwa, kubonana nabo urishyura, imodoka zabo nti zegerwa cyane ko ziba zirusha agaciro inyubako zinsengero bafite yewe hari nababanza kugura izo modoka zihenze bagikodesha aho gusengera. Mbese bahise baba ba Hamani bishyize hejuru ntibasubiye aho Imana yabasanze. Imana yaguhaye akazi usenga, subira mu masengesho, Imana yaguhaye umugabo,umugore, urubyaro usenga, uririmba, uhanura, ubwiriza, subira kuri iryo rembo kandi ahubwo usubiraneyo ibyo Imana yagutambagizanyije umurwa.   

Iyo udasubiye ku irmbo uba  intaza 

Intaza ni ibuye riba mu mazi, kandi riba ririho urubobi iyo uri kandagiyeho rirakunyereza ukagwa. Iyo ari ahantu habi urumva ushobora no guhita urohama, cyangwa ugakubita agahanga hasi ukahasiga ubuzima. Murimake intaza iragusha. Umuntu Imana izamura, ihidurira amateka akibagirwa aho imukuye, ntasubire ku irembo uwo nawe niko ameze agusha abandi. Reka nubundi nkoresha urugero rwo muri Korari. Muri korari twagiye dusengera ubukwe butadukanye, yewe tugakora byose bishoboka, mu kubutegura, mugutera inkunga abaririmbyi mubushobozi dufite, kuburyo ubukwe muri korari ar'ivugabutumwa, aha urugero ndavuga korari Integuza muri AEBR Paruwasi ya Butare Ville. Icyo naje kubona ni uko abaririmbyi bamwe bagiye bacirwa intege na bagenzi babo bamara gushyingirwa yaririmbaga agahita ava muri korari, cyangwa agatangira kwica gahuda zitadukanye za korari. Hari abagiye bakora ubukwe akajya gutura ahandi kure, ariko ugasanga hari ukomeje kuba ku irembo ariyo korari amenya amakuru yayo, atanga imisanzu itadukanye mubikorwa bikorwa, hari gahunda zibiterana yitabira, abandi aribo benshi duheruka tumbyina mubukwe bwabo, bamwe duherukana baza gushima Imana, imyaka ikaba yihiritse atazi aho irembo yahereweho umugisha riba, nuko rimeze ubu.  
Mu Itorero nabonye abantu benshi barihiwe amashuri, inama zabo zimwe nagiye nzitabira muri bimwe bigishwaga harimo ko ibyo bakorewe nabo bakwiye kubikorera abandi. Abo mbona mu murimo nyuma yo kurangiza kwiga ni mbarwa. Ahubwo mbona hirya nohino mu tubari, kuri facebook nizindi mbuga nkoranyambaga bamamaza abakobwa beza bafite, abasore bigikundiro bafite, ibyo bamaze kugeraho, ariko ntu babaze gusubira ku irembo bahereweho uwo mugisha.  Mbona abantu bakora amanywa nijoro, iminsi irindwi kuri irindwi kandi mu gihe twasengeraga akazi bavugagako Imana ni kabaha bazayikorera, bazatera inkunga umurimo wayo. Ariko benshi mperuka baza gushima Imana ko babonya akazi, sinzi niba barahiduye uburyo bakoreragamo Imana ariko abenshi imbuto zabo ni iza Hamani: kwikunda, kwivuga, kwishyira hejuru, kugambana, kwinezeza aho kunezeza Imana. 

Umusozo
“Nuko Ibuka aho wavuye ukagwa wihane, ukore imirimo nk’iya mbere kuko nutabikora nzaza aho uri, nkure igitereko cy’itabaza cyawe ahacyo” Ibyahishuwe 2:5
Nkwifurije kutirengegiza irembo Imana yaguhereyeho umugisha, niba kandi wari wararivuyeho igihe ni iki cyo gusubira ku irembo, kuko “Hanyuma Moridekayi asubira ku irembo ry’ibwami.”

Imana ibahe Imigisha
Umanditsi:
Pasitori Kubwiamana Joel
Umunyeshuri muri Masters of Theology (African Christianity) at:

Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture/Akropong-Akuapem/Ghana

Comments

Post a Comment

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza