Posts

Showing posts from May, 2020

Glossa and Glossolalia: Kuri Pentekote havuzwe Indimi zumvikana cyangwa indimi zitumvikana?

Image
  Umunsi wa Pentekote usohoye, bose bari bari hamwe mu mwanya umwe bahuje umutima. 2Nuko umuriri ubatungura uvuye mu ijuru umeze nk'uw'umuyaga uhuha cyane, ukwira inzu bari bicayemo. 3Haboneka indimi zīgabanije zisa n'umuriro, ururimi rujya ku muntu wese wo muri bo. 4Bose buzuzwa Umwuka Wera, batangira kuvuga izindi ndimi nk'uko Umwuka yabahaye kuzivuga. 5Muri Yerusalemu habaga Abayuda b'abaturage b'abanyadini, bari baraturutse mu mahanga yose ari munsi y'ijuru. 6 Uwo muriri ubaye abantu benshi baraterana, batangazwa n'uko umuntu wese yumvise ba bandi bavuga ururimi rw'iwabo.  7Barumirwa bose baratangara bati “Mbese aba bose bavuga si Abanyagalilaya? 8None se ni iki gitumye twese tubumva bavuga indimi z'iwacu za kavukire? 9Kandi turi Abapariti n'Abamedi n'Abanyelamu, n'abatuye i Mezopotamiya n'i Yudaya, n'i Kapadokiya n'i Ponto no muri Asiya, 10n'i Furugiya n'i Pamfiliya no muri Egiputa, no mu gihugu cy'i L...

YESU: Inzira, Ukuri n'Ubuzima

Image
Iriburiro   Intego nkuru: "Yesu niwe nzira, ukuri n'ubugingo tuzabanamo iteka hamwe na Data wa twese mu ijuru, hanze ya Yesu ni ukurimbuka, gucibwaho iteka."  Nyuma y'imyaka itatu ari kumwe n'abigishwa be, Yesu yaje kubaganiriza ababwira uko agiye kubambwa, agapfa ariko nyuma akazuka. Abigishwa be bumvise ko uwo bagendanaga akora imirimo n'ibitangaza agiye gupfa, bahagaritse imitima. Muri Yohana 14:1, Yesu atangira ababwira kudahagarika imitima yabo ahubwo bakamwizera, kuko mu rugo kwa Data aho ajya hari amazu menshi kandi azagaruka akabajyana yo. Toma yumvise Yesu avuga ko aho agiye inzira bayizi, yahise ava mukwiyoberanya we ahita avuga ati "Databuja, ntituzi aho ujya, inzira twayibwirwa n'iki?" (Yohana 14:5) Mugusubiza Toma Yesu yamubwiye ati " Ni jye nzira n'ukuri n'ubugingo: nta wujya kwa Data ntamujyanye."(Yohana 14:6) Iki gisubizo Yesu yabwiye Toma nicyo twaganiyeho uyu munsi mu materaniro twagize mu rugo. Muri ...

Gukomerere mu Mwami no mu mbaraga z'ubushobozi bwe bwinshi

Image
Iriburiro   Intego Nkuru: " Muri Yesu niho dukura imbaraga zidushoboza gukora umurimo w'Imana, kwihanganira imibabaro no kurwana intambara yo mu Mwuka."  Turi mu bihe aho abizera Yesu Kristo dusabwa gushorera imizi muri we kugirango tubashe guhagarara tudatsinzwe n'uburiganya bwa Satani. Nubwo twiyemera, twihagararaho, ariko muri kamere yacu abantu turi abanyantegenke, abanyabwoba. Niyo mpamvu uzabona abantu uko bakomera, uko batera imbere ariko barushaho gushaka ababarinda, abacunga umutekano wabo ni bintu byabo. No mu Mwuka niko biri, uko utera intambwe yo gukura ngo ugere ku kigero cya Kristo niko Satani nawe arushaho kongera imbaraga zo ku kurwanya, bityo akaba ariyo mpamvu tugomba " Gukomerera mu Mwami Yesu no mu mbaraga z'ubushobozi bwe bwinshi." Ubwo twaganiraga ku magambo dusanga mu Abefeso 6: 10-18, twasanze hari impamvu eshatu zingenzi dukwiye gukomerera muri Yesu Kristo.   1. Dukomerere mu Mwami Yesu kigirango tubashe ku m...

Koronavirusi Mara Yacu: Amasomo atatu yo kwigira mu buzima busharira

Image
Iriburiro  Intego nkuru: " Igihe cyose ugeze mu buzima busharira, zirikana ko Imana ariyo Ifite ubushobozi bwo guhindura ubusharire uburyo, bityo Uyitabaze wizeye ." Urugendo rw'Abiserayeli bava muri Egiputa bajya mu gihugu cy'isezerano i Kanani rugereranywa n'urugendo rwacu  rwo kuva mu isi y'ibyaha tugana mu ijuru. Kutumvira no kwizera Imana byatumye urugendo Abisirayeli bashoboraga kugenda icyumweru kimwe barugenda imyaka 40, kuko bazengurutse umusozi umwe iyo myaka yose. Mu materaniro twagize murugo uyu munsi twaganiriye ku masomo yo kwiga mu gihe ubuzima busharira. Igihe turimo isi yose ishaririwe na Koronavirusi, bityo reka turebe amasomo twa kwigira ku gusharirirwa kw'Abisirayeli i Mara. 22Mose agendesha Abisirayeli bakomeza urugendo, bava ku Nyanja Itukura bajya mu butayu bw'i Shuri, bagenda iminsi itatu mu butayu babura amazi. 23Bageze i Mara ntibabasha kunywa amazi y'i Mara, kuko yaruraga. Ni cyo cyatumye hitwa Mara. 24 Aba...

HARIRWA ABO IBYA YESU BITAZAGUSHA

Image
IRIBURIRO  Intego nkuru: " Nubwo ibya Yesu biturenze, gukomeza kumwizera nicyo gisubizo cyonyine ku gushindikanya kwacu ."  Biroraha cyane kuvuga ibya Yesu iyo turi mu bihe byiza, mu gihe cyamahoro, mu gihe nta byorezo bihari. Ariko iyo hari intambwara, ibyorezo, ibiza bitandukanye, usanga hajya habaho gushindikanya  kuri Yesu. Uyu munsi mu materaniro twagize mu rugo twaganiriye ku kibazo Yohana yatumye abigishwa be kubaza Yesu. " Ese ni wowe ukwiye kuza cyangwa dutegereze undi?"  Reka dusangire aya magambo meza atubwira ko " Hahirwa abo ibya Yesu bitazagusha ." LUKA 7: 17-23  17Iyo nkuru y'ibyo yakoze yamamara i Yudaya hose, no mu gihugu cyose gihereranye n'aho. 18Nuko abigishwa ba Yohana bamutekerereza ibyo byose. 19Yohana ahamagara babiri muri bo, abatuma ku Mwami Yesu ati “Mbese ni wowe wa wundi ukwiriye kuza, cyangwa dutegereze undi?” 20Basohoye kuri Yesu baramubwira bati “Yohana Umubatiza akudutumyeho ngo ‘Ni wowe wa wu...