Posts

Showing posts from December, 2019

ZABURI YA 65: NDIRIMBO YU MWAKA WA 2019

Image
IRIBURIRO Dawidi ni umwe mu baririmbyi dusanga muri Bibiliya baririmbye indirimbo nyinshi kandi zirimo ubutumwa. Kuba umwami ntibyamubuzaga kuzamura icyubahiro cy'Imana aririmba. Indirimbo za Dawidi n'abandi batware babaririmbyi zakubiwe hamwe mu gitabo cya Zaburi kiri mu bigize Bibiriya. Zaburiya ya 23 cyangwa indirimbo ya 23 niyo benshi twakunze kuko ivuga ko Uwite ariwe mwungeri wacu ko tutazakena. Ariko uyu munsi ubwo twitegura gusoza umwaka wa 2019, nasomye Zaburi ya 65 nsanga ari indirimbo abiteguye gusoza umwaka wa 2019 twese twafatanya kuririmba. Ubutumwa nyamukuru buri muri iyi ndirimbo: “ IMANA YATWAMBITSE KUGIRANEZA KWAYO UMWAKA WOSE, NATWE DUKWIYE KUYIHA ICYUBAHIRO.” Zaburi ya 65 (Bibiliya Yera) 1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w'abaririmbyi. Ni indirimbo ya Dawidi. 2Mana, i Siyoni bagushimisha kuguturiza,Ni wowe bazahigura umuhigo. 3 Ni wowe wumva ibyo usabwa, Abantu bose bazajya aho uri. 4 Gukiranirwa kwinshi kuranesheje, Ibicumuro byacu...

EBENEZER, This is How Far the Lord Has Helped us.

Image
Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission, and Culture/ Akropong-Ghana   Graduation on 7 th  December 2019. Dear Guest of Honor, Honorable Guests, ACI Council, Faculty members, Staff, families, and Friends, on behalf of all graduates, I say welcome and thank you for celebrating this special day with us. Let me start by saying “EBENEZER, This is How Far the Lord Has Helped us.”  We thank Onyankopon, Imana, God, Dieu, Mungu, Nzapa, Jwok for walking with us on this journey. Indeed the Lord has Helped us, we can now sing that “the Lord has done great things for us, and we are filled with joy.” My name is Joel Kubwimana from Rwanda, and I’m grateful to my fellow graduates for giving me this opportunity to speak on their behalf today.   We are grateful to our lecturers, yes; you made us sometimes rush to attend morning devotional without combing our hair or to look for our glasses while wearing them, to forget our laptops in the...

IBANGA RYO KUGORORERWA: NUGIRA UBUNTU NTUKAVUZE IHEMBE IMBERE YAWE

Image
IRIBURIRO Turi mu gihe aho ibyo Pawuro yabwiye Timoteyo ku bihe biheruka bigenda byose bisohora. Usome 2Timoteyo 3 iki gice cyose urabona uko abantu bazaba bameze. Baza bikunda, bakunda impiya ariyo mafaranga, birarira, babeshya, batukana, ari ibyigenge, Bibiliya ijambo ry'Imana yo ati ari ibyihebe... igiteye ubwoba ngo bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako. Bivuze ko bazaba biyita abera, abakiranutsi, ariko ibyo bakora bihakana uko kwera kwabo. Muri make ibyo bavuga bihabanye kuri nibyo bakora. Nutega amatwi urumva byinshi cyane muri iki gihe aho ikorana buhanga ryoroheje guhana amakuru. Urumva hirya no hino abantu bivuga ibigwi mu bikorwa bakora, ariko se kuki ubuzima burushaho kuba bubi kuri benshi? mu gihe ari cyo gihe twumva ibikorwa byo gufasha cyane? Yesu yasubije iki gisubizo mbere yuko tucyibaza. Reka turebe icyo Yesu yavuze ku kugira ubuntu, gufasha abandi.   MATAYO 6:1-4  "Mwirinde, ntimugakorere ibyiza byanyu imbere y'abantu kugira ...