Posts

Showing posts from September, 2019

Umuvugizi n’Umurezi: Umurimo wa Yesu na Satani mu Ijuru Imbere y’Imana

Image
     Iriburiro Kuwa 13/09/2019, nagize umugisha wo gusura abakozi b’Imana bari mu mahugurwa i Kigufi mu karere ka Rubavu,   ku mugoroba umukozi w’Imana umwe atuganiriza ijambo ry’Imana, agera ku gusobanura 1 Yohana 2:1-2. Yohana agaragaza ko Yesu ari “Umurengezi” ukoresheje Bibiliya Yera, “Umuvugizi” ukoresheje Bibiliya Ijambo ry’Imana.   Aha turifashisha Bibiliya Ijambo ry’Imana,   niko kutubwira ati “ Namaze imyaka myinshi uyu murongo ntabasha kuwumva neza. Ishusho nari mfite mu mutwe ni iyi : Iyo nkoze icyaha, Imana yayindi dusoma mu isezerano rya Kera yahaniragaho, yashakaga guhita impana, Yesu akitambika akayibuza.” Niko kubaza ati hari abari bafite iyo shusho nkanjye? Nabonye twari benshi babyumvaga uko, ko kuturengera cyangwa kutuvugira Yesu akora mu Ijuru imbere y’Imana ari ukubuza Imana guhita iduhana. Ikindi ati ‟ Abenshi dufata Imana yo mu Isezerano rya Kera nk’Imana y’ingome, ihutiraho, mu gihe Yesu ari umunyempuwe.” Ariko mu ...

Ubukwe: Igikoresho cy’amatorero n’amadini mu gusenya imiryango mu Rwanda

Image
Iriburiro Mu busitani bwa Edeni niho Imana yakoze umuhango ukomeye ubwo yabonaga ko bidakwiye ko Adamu aba wenyine ikamuremera Eva umufasha umukwiye (Itangiriro 2:18-24). Abemera Imana ko ariyo yaremye byose, twemera ko kuri Adamu na Eva ariho abantu bose dukomoka. Kuva mu Itangiriro kugeza ubu ntawe utazi ko ubukwe ari itangiriro ry’umuryango muto n’umuryango mugari. Mu gihe turimo hari kugaragara amakimbirane menshi mu miryango aterwa n’impamvu zitadukanye. Uyu munsi ndasesengura impamvu imwe irimo gutera imiryango gusenyuka igishingwa. Impamvu iri  gutera umwiryane mu muryango mugari, ishingiye ku ruhare rw’amatorero n’amadini mu bukwe . 1 .        Ubukwe ni ubw’umuryango) Muri Bibiliya, ubukwe ni umuhango kuva mu itangiriro kugeza mu byahishuwe dusanga ushingiye ku muryango. Ubukwe bwose dusoma muri Bibiriya, kuva kuri Aburahamu atuma umugaragu we gusabira umuhungu we Isaka, kugeza ku bukwe bw’i Kana Yesu yatashye, ubukwe bwaber...

Umutunzi na Lazaro: Icyo Bibiriya ivuga ku buzima nyuma yo gupfa (Luka 16:19-31).

Image
Iriburiro Nigeze kuganira n’Abakirisitu mbabaza iki kibazo “Hari igiterane kirimo umuntu uravuga ubutumwa buvuye I kuzimu, hakaba n’ikindi kirimo umuntu uravuga ubutumwa buvuye mu ijuru, ni ikihe giterane cya kwitabirwa cyane?” Bose bansubije ko igiterane kirimo umuntu uravuga ubutumwa buvuye ikuzimu cya kwitabirwa kuruta ikirimo uvuga ubutumwa buvuye mu ijuru. Mbabajije impamvu bati “natwe nti tubizi ariko tubona aho umuntu yaje avuga ko agiye kumena amabanga y’ikuzimu, cyangwa kuvuga iby’ikuzimu tubona abantu bakubita bakuzura.” Hari impamvu nyinshi nagiye numva abavuga ko bafite ubutumwa buvuye ikuzimu batanga, zituma bavuga ibyo bo bavuga ko ari ukuri. Ariko jye hari ibibazo nibajije ngirango bize kutuyobora tureba icyo Bibiriya ivuga kubuzima nyuma yo gupfa ku muntu. Inkuru ya Lazaro n’umutunzi izara kudufasha cyane. 1.       Ese nyuma yo gupfa abantu bakomeza kubaho? Niba ari yego babaho gute? Hehe?   Abahanga muri Tewolojiya n’...

Everyone is a Theologian: An Exploration of one of Paul Kagame’s theological questions.

Image
Introduction In 2018, one of the news on Rwanda which attracted the attention of Rwandans and the whole world was the implementation of the laws regulating the religious organizations in Rwanda. More than 7000 churches were closed as they did not meet the requirements.  When the churches were being closed for some Rwandans especially Christians it was seen like persecution against the Church. A few months later we start hearing many good testimonies in different churches praising the government decisions, as people were seeing that the purpose is to enable them to worship God in healthy and secured places. When the laws regulating churches and other religions in Rwanda were being implemented, I was in Ghana for my theological studies at Akrofi-Christaller Institute of Theology, Mission and Culture. Many of colleagues, lecturers, different people that I met did not stop asking me what was my thought concerning the closing of churches in Rwanda. In explaining to peop...