Posts

Showing posts from February, 2018

Ibitangaza: Intwaro Satani akoresha mu kuyobya benshi

Iriburiro Muri iki gihe iyo urebye cyangwa ukumva amatangazo y’ibitaramo, ibiterane, amasengesho, haba ku mihanda, kuri za tereviziyo no ku maradiyo, ku imbuga nkoranyambaga, “ngwino wakire igitangaza cyawe” niyo ubona cyane cyangwa wumva cyane. Muri make ibitangaza nibyo bijyana abantu, mu biterane. Kuwa 21/02/2018, ubwo hamenyekanaga inkuru y’urupfu rw’umuvugabutumwa wamamaye cyane Dr. Bill Graham, icyo ibitangazamakuru byose biri kugarukaho ni umubare munini miriyoni zirenga 250 z’abantu yabwirije ubutumwa bwiza. Ntabwo bivuze ko ntabo yasengeye ngo bakiri ariko icyo isi yose isigaranye n’umubwiriza butumwa bwiza bwa Yesu, wa haraniye ko abantu bamenye Kristo akoresheje impano yo kubwiriza Imana ya muhaye.  Mu gihe cya Bill Graham na mbere ye yewe no mu gihe intumwa za Yesu zatangiraga kubwiriza ubutumwa bwiza bwa Yesu, kwakira Yesu nicyo cyari igitangaza kiruta ibindi. Kuko Yesu ariwe shingiro rya byose ibiriho n’ibizaza. Ariko ubu biragaragara ko ibyo Yesu yavuze aburira ...

Imbaraga z’ijambo

Image
                                                                                           Imana ya bayeho mbere yibiriho byose, Ijambo ry’Imana ritwereka ko Imana ariyo muremyi w’isi n’ijuru itangiriro 1.1. Umuremyi wa byose ntagira iherezo yahozeho ariho azahoraho iteka ryose Itang 21, 33; Yes 40, 28. Ibintu byose Imana yaremye yabiremye ihereye kubusa. Mu itangiriro 1.1-2 hatwereka ko isi itagiraga ishusho ariko Imana iha ishusho ikitaragiraga ishusho. Uburyo Imana yakoresheje m’ukurema buratangaje, Imana yaravugaga icyo ivuze kikabaho. Ijambo ry’Imana niryo rya remye zaburi 33, 6-9 n’ Abaheburayo11, 3, itangiriro 1, 3-23.   Ijambo rigira ububasha igihe cyose turisohoye mukanwa kacu, s’iry’Imana gusa rigira ububasha n’ubushobozi kuko Im...

Niyibikora Nicolas: Urugero rwiza rugaragaza mpamvuki ari ngobwa kwiga teworojiya cyangwa iyobokamana

Iriburiro  Kuwa 10/02/2017, ubwo nari ndi gusoma amakuru ari ku mbuga nkoranya mbaga, nabonye ku igihe.com umutwe uvuga ngo “Kugereranya Itorero n’umugore ni iby’injiji itazi Bibiriya”- Pasiteri Mpyisi. Ntabwo nitaye gusoma inkuru kuko kenshi hari igihe jya mbona inkuru zitiriwe Pasiteri Mpyisi kandi atariwe, cyangwa ibyo yavuze abantu babihiduye urwenya. Kuri iki cyumweru ubwo nari mvuye gusenga nibyo mu rubuga rumwe rwa whatsApp mbamo nabonye audio nyifunguye numva ni icyigisho. Ariko mukumva icyo cyigisho natunguwe  nuburyo Bibiriya Ijambo ry’Imana irigukoreshwa nabi n’umuntu wiyita uwahishuriwe n’Imana yewe wigishijwe Bibiriya n’Imana.  Uburyo Imana yahishuriye uyu muntu ko hari bihwanya hagati y’umugore n’Itorero, byantunkuye nibaza Imana avuga iyo ariyo biranyobera. Ikibabaje ni uko yavugaga ko ibibi byose byakomotse ku bagore. None umugore ya ririmye? Kuki Imana yavuzeko ibyo yaremye byose ari byiza? Ibibazo byahise biba byinshi muri jye kuko mu magambo mens...