Isabato n'Icyumweru mu mboni ya Bibiriya.
Iriburiro Isabato n’icyumweru ni iminsi ikomeye mu buzima bw’abayoboke b’amadini nk’Abayahudi, Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi… Kiliziya Gatolika, Abaporotesitanti n’abandi. Usanga hari impaka hirya no hino mu bayoboke b’amadini n’amatorero ku munsi nyawo wahariwe gusenga cyangwa se umunsi twafata ko wera. Usanga amahame no kwemera kw’amadini n’amatorero ari isoko y’impaka twavuze. Ariko se Bibiliya yo ibivugaho iki? Hari icyo Bibiliya ivuga ku Isabato? Ku Cyumweru? Ese Isabato ni umunsi wera kuruta indi? Ese icyumweru cyo ni umunsi wera kuruta indi? Mu kwandika iki gitabo twakoze uko dushoboye twifashisha Bibiliya cyane kugira ngo twirinde kugira indi myumvire itari iya Bibiliya dushyira imbere. Bityo turagerageza kureba icyo Bibiliya ivuga ku munsi w’Isabato. Ese Isabato n’iki? Tuze no kureba ku munsi wo ku cyumweru niba hari icyo Bibiliya ivuga kuri uyu munsi. Turasoza dutanga umwanzuro usubiza ikibazo kigira kiti ”Ese abasenga ku cyumweru baba bishe itegeko ry’Imana?” I.1. ...